Kuri iki cyumweru tariki 26/08/2012 hateguwe igitaramo cyo gushima Imana ku rwego rw’igihugu cyiswe “Rwanda Shima Imana”.
Bizimana Barthazar utuye mu kagari ka Mageragere, umurenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yashyikirijwe inzego zishinzwe umutekano mu karere, nyuma yo gutema ukuboko umukecuru witwa Kabagina Mariyana.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria (NFF) ryamaze gutangaza ko imikino ya gicuti izahuza u Rwanda na Nigeria mu baterengeje imyaka 17 izabera mu mujyi wa Calabar uherereye mu Majyepfo ya Nigeria.
Nyuma y’aho uwari umutoza wa APR FC, Ernie Brandts, arangirije amasezerano ye, iyo kipe yafashe icyemezo cyo kugarura Eric Nshimiyimana wahoze ari umutoza wayo wungirije akaza kwirukanwa muri 2011 ashinjwa gukoresha uburozi.
Mu gitondo cyo kuwa kabiri tariki 21/08/2012 mu kagari ka Karumuna, umurenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera mu ruzi rw’akagera hatoraguwe umurambo w’umuntu utaramenyekana amazina ye.
Sosiyete y’itumanaho mu Rwanda, Tigo, yatangije umushinga witwa “reach for change” wo gutera inkunga imishinga ibiri buri mwaka, y’abantu bafite hagati y’imyaka 18 na 30 bazagaragazamo ibitekerezo birusha iby’abandi ireme.
Polisi y’u Rwanda icumbikiye abantu batandatu mu karere ka Rwamagana bakekwaho gusakaza amafaranga y’amiganano mu baturage mu buryo bunyuranye kandi bwihishe. Abafashwe barimo abafatanywe ayo mafaranga n’abakekwa kumenya aho akomoka kuko bari mu bayasakaza mu baturage.
Nyuma y’amezi abiri akarere ka Gicumbi kamaze kayoborwa mu nzibacyuho ubu kabonye umuyobozi mushya ariwe Mvuyekure Alexandre.
Ubwo Manchester United yakinaga ikanatsindwa na Everton mu mukino wabaye ku wa mbere tariki 20/8/2012, abari ku kibuga batangajwe no kubona izina ry’umukinnyi Anderson ryanditse ku mwenda we ryanditse nabi.
Abasore 14 bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kirehe bazira guteza umutekano muke aho batuye mu kagari ka Muganza mu murenge wa Gatore. Aba basore biyita abamoke kubera ko babibonye muri filime.
Kuri Station ya Police i Karongi hacumbikiwe abagore bane banze kwibaruza kubera imyemerere yabo ngo itabemerera kugira ahandi bibaruza hatari mu ijuru.
Umuyobozi wa Gereza ya Ruhengeri, Ntirushwa Francois, yemeza ko bimwe mubyo umugororwa akwiye kuvana muri gereza harimo n’amagara mazima, kugirango nagera hanze azabashe kwiteza imbere ndetse anateze imbere igihugu cye.
Umuryango w’ivugabutumwa wa Anglican mu Rwanda (EAR) wasuye impunzi z’Abanyekongo bari mu nkambi ya Kigeme mu karere ka Nyamagabe, ubashyikiriza inkunga y’ibyo kurya n’imyambaro bifite agaciro ka miliyoni zisaga eshatu.
Abakozi b’akarere ka Muhanga ku rwego rw’akagari bo baratangaza ko bagabanirijwe umushahara kandi bigakorwa batabanje kubiteguzwa mu gihe abandi bakozi ba Leta bakomeje kugenda bongezwa imishahara.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Mpanda mu murenge wa Byimana acumbikiwe kuri station ya polisi ya Nyamagana guhera tariki 20/08/2012 azira gusebya umupolisi imbere y’abaturage.
Mukiza Kazungu uzwi nk’umukarasi muri gare ya Ruhango na Albert ushinzwe gushakira abagenzi sosiyete itwara abantu ya KBS mu mujyi wa Ruhango, bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana guhera tariki 20/08/2012 bazira kurwanira umugenzi.
Bamwe mu bana bari mu biruhuko batuye mu mujyi wa Nyanza barashinjwa n’ababyeyi babo kuba hari imikino imwe n’imwe yatangiye kubararura kugeza n’ubwo biba amafaranga y’iwabo.
Abaturarwanda barakangurirwa kwitabira gukoresha uburyo bwa Visa Card, bufasha umuntu kwishyura akoresheje ikarita atiriwe agendana amafaranga. Bigaragara ko ubu buryo bukiri bushya kuri benshi bataramenyera imikorere y’ikoranabuhanga.
Hategekimana Emmanuel, umuturage wo mu karere ka Rubavu, yihangiye umurimo akora irangi akoresheje itaka ibyatsi n’amazi ku buryo byatumye atanga akazi ku bandi bakozi 15 ahemba buri munsi. Buri mukozi ahembwa amafaranga 1300 ku munsi.
Karamuka Damaseni utuye mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana yaraye yishe umwana we mukuru witwaga Mudahoranwa Jean Bosco w’imyaka 18 amuziza ko yajyaga amubuza gukubita umugore we (nyina w’uwo mwana).
Umunya-Cameroun, Alexandre Dimitri Song Billong, yamaze kuva mu ikipe ya Arsenal yari amazemo imyaka irindwi yerekeza muri FC Barcelone aguzwe miliyoni 15 z’ama Pounds.
Habumugisha Edouard w’imyaka 29 utuye mu Kagali ka Gahinga, umurenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva tariki 17/08/2012 akekwaho gukubita inkoni ise, Ntanturo Elias w’imyaka 55, bikamuviramo urupfu.
Tuyisenge Eric w’imyaka 27 y’amavuko yatawe muri yombi n’inkeragutabara ashyikirizwa polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza tariki 20/08/2012 akekwaho guhohotera umukobwa amusanze aho acururiza imboga mu isoko rya Nyanza.
Abatwara abagenzi kuri moto bibumbiye muri koperative COMORU (Coopérative des Motards de Rusizi), tariki 20/08/2012, batangije umushinga w’ishoramari ugamije kubaka inzu y’ubucuruzi y’amagorofa ane mu murenge wa Kamembe, biteganyijwe ko izuzura itwaye ikayabo ka miliyoni 175.
Mu kagari ka Ruragwe umurenge wa Rubengera mu karere ka Karongi hari abahinzi bahinga ibishyimbo bita ‘mugabo kirigita umugore!’.
Umuntu umwe yitabye Imana undi arakomereka bazize impanuka ya moto yabereye ahitwa ku giti cy’inyoni kuwa mbere tariki 20/08/2012, ahagana mu masaa sita n’igice z’amanywa. Iyo moto yari ihetse abantu babiri igonga imodoka yari ihagaze.
Umuryango mpuzamahanga uteza imbere imikino (Right to play) usaba abantu cyane cyane urubyiruko n’abana kwitabira gukina, kuko bigira uruhare runini mu kubaka umubiri n’ubwonko.
Uwambazamariya Emmanuel bakunze kwita Gitamburisho yiyemeje gukwirakwiza ibinyamakuru mu Rwanda hose abigeza mu byaro, abigurisha ku mafaranga make, kugira ngo abaturage bamenye gahunda za Guverinoma y’u Rwanda biboroheye bityo bagane iterambere.
Nyuma y’ibiganiro hagati y’ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza n’abafana bakuru ba Rayon Sport bitwa ‘Imena’, hafashwe icyemezo ko muri Nzeri uyu mwaka wa 2012 Rayon Sports igomba gusubira ku nkomoko yayo i Nyanza, ikazajya inaterwa inkunga n’ako karere.
Bimwe mu bimenyetso byatanzwe n’itsinda ry’impuguke z’Umuryango wabibumbye (UN) ko u Rwanda rutera inkunga umutwe wa M23 bikomeje kugenda bigaragara ko bikwiye gushidikanywaho kuko nta kuri kurimo.
Meles Zenawi wari Minisitiri w’Intebe w’igihugu cya Ethiopia yitabye Imana mu ijoro rishyira kuwa kabiri tariki 21/08/2012 aho yivurizaga hanze y’igihugu azize uburwayi butatangajwe.
Kuri uyu wa kabiri tariki 21/08/2012, Inama Njyanama y’akarere ka Gicumbi iratora umuyobozi mushya usimbura uwayoboraga ako karere uherutse kwegura.
Abana bazahagarira umurenge wa Muhoza mu karere ka Musanze, baravuga ko bazihatira kuwanya ihohoterwa rikorerwa bagenzi babo, haba irishingiye ku gitsina, iryo ku mibiri no gutotezwa bigira ingaruka zitandukanye ku mibereho y’umwana.
Polisi y’igihugu yataye muri yombi abagabo babiri bacyekwaho kugira uruhare mu bugizi bwa nabi bwibasiye abantu mu karere ka Muhanga, nyuma y’itemwa ry’abantu rigamije gukomeretsa rimaze iminsi rihavugwa.
Ubuyobozi bw’ Ishuri ry’imikino rya SEC (Sports Empowerment Club) riherereye Kicukiro mu mugi wa Kigali, bufite gahunda yo kubaka ikigo cy’imikino itandukanye kizatarwa Miliyoni 4,5 z’amadolari kizakubakwa mu gihe kingana n’imyaka itandatu.
Rumwe mu rubyiruko ruremeza ko umuco w’isoni wo gukoresha agakingirizo ugenda ucika, nyuma y’aho imibare y’ikigo cy’igihugu cyita ku buzima RBC yerekaniye ko 50% by’urubyiruko mu Rwanda rusigaye rukoresha agakingirizo.
Emmanuel Nyabyenda afungiye kuri station ya Polisi ya Kabagali, akekwaho urupfu rutunguranye rw’inshuti ye yitwa Valentine Uwamahoro rwabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki 20/08/2012.
Umunyamerikakazi witwa Diana Nyad mu cyumweru gishize yatangiye urugendo rwo koga ibirometero 165, akava mu gihugu cya Cuba akagera mu ntara ya Floride muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr Agnes Karibata atangaza ko u Rwanda ruzafashwa n’itsinda ry’impugucye z’Abanyabrezil guhashya inzara kugera kuri zero, binyuze mu kwigisha abana bo mu mashuri.
Abayisilamu bo mu karere ka Rubavu, basoje igisibo, kuri iki Cyumweru tariki 19/08/2012, basabirana kuba umwe no kwiyubaha, birinda gutatana bakanasenyerera umugozi umwe nk’uko Imana ari imwe.
Umuhanzi Gatsinzi Emery uzwi ku izina rya Riderman yageze mu Rwanda avuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yari amaze ibyumweru bitatu yitabiriye inama y’abahanzi ba Hip Hop yitwa “Hip Hop and Physics Engagement”.
Icyorezo cya Ebola cyageze muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo, aho abagera kuri 12barindwi namaze guhitanwa nacyo, nyuma ya Uganda aho icyorezo cyahitanye abantu 16 mu kwezi kwa Karindwi.
Gahunda yo guhuza ubutaka ikomeje kwitabirwa, hakorwa amaterasi ndinganire ahingwamo ibihingwa byatoranijwe nk’ingano, ibigori, ibirayi n’ibishyimbo. Gahunda yashyizweho na Leta mu rwego rwo kungera umusaruro no kwihaza mu biribwa.
Community Policing yashyizweho mu rwego rwo guhanahana amakuru ku bibazo byose byabangamira umutekano, iragenda igaragaza kugera ku ntego yayo, harimo gufasha kurandura ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge rimaze kuba ikibazo n’ihungabanya umutekano.
Inama y’abaminisitiri b’ingabo, abagaba b’ingabo n’impugucye mu bya gisirikare bo mu bihugu bihuriye mu nama mpuzamahanga y’akarere k’ibiyaga bigari (CIRGL) banzuye ko hashobora kuzakenerwa ingabo zigera ku 4000 zo kubungabunga amahoro ku mupaka w’u Rwanda na Kongo.
Minisitiri wari ushinzwe iyobokamana mu guhugu cya Sudani yahitanywe n’impanuka y’indege yabereye ahitwa Kordofan mu gitondo cyo kuri icyi cyumweru tariki 19/08/2012.
Rwabuzisoni Damascène w’imyaka 32 y’amavuko, ku mugoroba wa tariki 18/08/2012, yadukiriye murumuna we witwa Nzayisenga Augustin amukomeretsa izuru amurumye biturutse ku ideni yari amufitiye ry’ibihumbi 40 by’amafaranga y’u Rwanda.
Bamwe mu babyeyi baturiye akabari kitwa New Stars gaherereye i Musambira ku muhanda baterwa impungenge n’imyambarire y’abakobwa baza kuhabyina . Buri mugoroba wo ku wa gatanu, ako kabari gatumira abahanzi n’ababyinnyi ngo basusurutse abahanywera.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo ibikesheje icyemezo gifatwa na Perezida wa Repubulika, iratangaza ko bitewe n’umunsi mukuru w’Abasilamu bizihizaho umunsi mukuru wa Eid al-Fitr hatanzwe ikiruhuko ku munsi w’ejo tariki 20/08/2012.