Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kirasaba ubufatanye hagati y’abaturage, abacuruzi n’ubuyobozi kugira ngo hakumirwe indwara y’uburenge yibasiye tumwe duce tw’igihugu cy’Ubugande duhana imbibe n’Akarere ka Nyagatare.
Tuyisingize Ariette w’imyaka 15 yaguye mu rusengero rushya rwitwa “Rednmieed” abandi bita “Orebu” arimo gusengerwa n’umupasiteri witwa Mukamurenzi Francoise ukomoka mu karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.
Urugendo rwa APR FC muri ‘CECAFA Kagame Cup’ y’uyu mwaka rwarangiriye muri ½ cy’irangiza ku wa kane tariki 26/07/2012, ubwo yatsindwaga na Yanga igitego 1- 0.
Abaturage b’umurenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke bishimiye igikombe begukanye ku nshuro ya kabiri nyuma yo kuza ku mwanya wa mbere mu kwesa imihigo ku rwego rw’akarere mu mwaka wa 2011-2012.
Umubare w’abagore bari mu nzego z’ubuyobozi ntuhagije kwemeza ko ireme ry’uburinganire ryubahirizwa mu gihe abo bagore badahabwa ibindi bikenerwa mu kazi; nk’uko Depite Aphonsine Mukarugema ukuriye Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu Nteko Ishinga amategeko (FFRP), abitangaza.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na Minisiteri y’Ubuzima y’u Rwanda byiyemeje gukorana mu gufasha u Rwanda kurinda no kuvura indwara z’ibikatu zirimo na kanseri.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) n’Ikigega kigamije gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye (FARG) bisobanuye imbere y’inteko ishingamategeko ku iyubakwa ry’amazu agera ku bihumbi 11 bubakiye abatishoboye, amwe muri yo akaza kugaragaza ibibazo.
Umusore witwa Nkundumukiza Jean Bosco uvuka mu murenge wa Kinyababa mu karere ka Burera yiyemeje guteza imbere ikoranabuhanga mu cyaro mu rwego rwo kurwanya ubushomeri anakangurira abandi kuryitabira.
Raporo y’umugenzuzi w’imari mu karere ka Kayonza yagaragaje ko amafaranga y’u Rwanda angana na miriyoni 16 y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) yo mu murenge wa Rwinkwavu yanyerejwe mu mwaka wa 2011/2012.
Liam Corcoran, umwana w’imyaka 11 wo mu gihugu cy’ubwongereza ari kwibazwaho byinshi nyuma yo guca mu rihumye abashinzwe umutekano ku kibuga cy’indege ku kibuga cya Manchester tariki 24/07/2012 akigira i Roma aho yahagarikiwe akagarurwa mu Bwongereza.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) imaze kurekura imishahara y’abakozi 110 b’akarere ka Rwamagana yari yarafatiriye, bakaba bashobora kuyihabwa ku makonti yabo ari muri Banque Populaire kuko abari bafatiriwe imishahara ari ab’iyi banki gusa.
Mu rugo rw’uwitwa Munyaneza Faustin mu kagari ka Munini, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango hatoraguwe umurambo w’umugabo utazwi tariki 25/07/2012.
Ubwo Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari, yasuraga abaturage bo mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza tariki 25/07/2012 bamupfunyikiye agaseke bise ko ari ako kumuha umuganuro ku musaruro w’ibyo bejeje muri uyu mwaka wa 2012.
Abiga gutunganya ubwiza bw’umuburi mu ishuri ryitwa Belasi bavuga ko uretse kwigira kumenya umwuga uzababeshaho, banaganira ku buryo bwo kubana neza mu miryango nko kurangwa n’imyitwarire myiza, bigereranywa n’icyo abakurambere bitaga “Urubohero.”
Bamwe mu bitabiriye imurikagurisha ribera mu Rwanda ku nshuro ya 15 barasaba ko hakwiye gushakishwa uko hajyaho gahunda y’imodoka zerekeza mu mayira ajya ahabera iri murikagurisha i Gikondo ngo kuko akavuyo k’imodoka nyinshi kabangamira abaryitabira.
Imbuto ya pomme yajyaga iribwa ari uko itumijwe mu gihugu cy’Afurika y’Epfo ubu igiye kujya gihingwa mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza; nk’uko Nkurunziza Philbert umuhuzabikorwa mu mushinga LWH mu Ntara y’Amajyepfo abivuga.
Umuterankunga Cooperate Out Of Poverty –Rwanda (COOP-RWANDA) aravugwaho imikorere mibi mu karere ka Nyabihu ubwo yatangaga ihene mu murenge wa Bigogwe ubuyobozi butari bwashimye.
Umwana w’umukobwa w’imyaka itatu witwa Sofya Dickson amaze kuba icyamamare kubera amashusho yamugarageje yurira ku rukuta rw’inzu mu buryo budasanzwe bwatangaje abantu benshi.
Abantu ntibavuga rumwe ku ibonekerwa umugore witwa Carmen Lopez avuga yaboneye mu gace gahana imbibe n’umujyi wa Manhattan muri Leta zunze ubumwe za Amerika tariki 10/07/2012.
Ku gasongero k’umusozi wa Kinyamakara uri mu murenge wa Kigoma mu karere ka Huye ngo hashobora kuba ari ahantu hatagatifu kuko abashaka gusenga ariho bihererera maze bakabwira Imana ibibari ku mutima byose, kandi ngo barasubizwa.
Ndege Jackson, umucuruzi mu murenge wa Kazo ahitwa ku giturusu ari mu bitaro bikuru bya Kibungo nyuma yo gukumeretswa no kwamburwa amafaranga 61700 ku cyumweru tariki 22/07/2012 n’abantu bagishakishwa.
Mu rukerera rwo kuwa kabiri tariki 24/07/ 2012 ku isoko ryo ku Giturusu mu kagali ka Karama, umurenge wa Kazo mu karere ka Ngoma hatoraguwe umurambo w’uruhinja.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko Ubushinjacyaha bwa Gisirikare buzajuririra icyaha cyo gushaka guhirika ubutegetsi Lt.Col. Rugigana Rugemangabo yakuriweho n’Urukiko rukuru rwa gisirikare tariki 25/7/2012.
Biteganyijwe ko tariki 28/07/2012 umuhanzi wo muri Amerika, Jason Joel Desrouleaux uzwi ku izina rya Jason Derülo, azataramira Abanyarwanda kuri sitade Amahoro i Remera ubwo bazaba basoza irushanwa rya PGGSS II (Primus Guma Guma Super Star 2).
Ikipe ya Etincilles yari imaze igihe idafite umutoza mukuru, yarangije kwemeza no kugirana amasezerano n’umutoza Bizumuremyi Radjab uzayitoza muri shampiyona itaha.
Abayobozi bakuru b’urwego rw’umuvunyi bitabye komisiyo ya politiki, ubukungu, uburinganire n’iterambere ry’umugore mu Nteko Ishinga Amategeko, tariki 24/07/2012 batanga ibisobanuro kuri raporo y’umwaka wa 2010-2011 baherutse gusohora ivuga ku bibazo biri muri kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR).
Umusore w’imyaka 25 witwa Iyakaremye Theogene yavukanye ubumuga bwo kutagira amaguru bituma yiga amashuri abanza ajyanwa ku ishuri ahetswe mu mugongo na se none ageze mu mwaka wa kabiri muri kaminuza.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda, kuri uyu wa gatatu tariki 25/07/2012, yasuye ibikorwa by’umushinga FHI Raods 360 mu karere ka Rusizi mu rwego rwo kumenya niba koko inkunga uhabwa ikoreshwa ibyo yagenewe.
Abantu bari bibwe ikaziye ya Primus bafunganywe n’ababibye kubera ko babafashe bakabihanira kandi bitemewe n’amategeko.
Lt Col. Rugigana Rugemangabo yahamwe n’ibyaha byo kugambanira igihugu no guteza imvururu mu baturage, akaba yahanishijwe igifungo cy’imyaka icyenda n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 100 ubwo urubanza rwe rwasomwaga kuri uyu wa gatatu tariki 25/7/2012.
Umubyeyi witwa Nirvanna Jeannette utuye mu majyepfo ya Leta Zunze za Amerika muri Leta ya Georgia mu gace kitwa Savannah yirukanwe mu rusengero nyuma yaho azamuye umwambaro we atangiye konsa umwana we.
Abacuruzi n’abarobyi baravuga ko akabo gashobotse kubera ko hafashwe icyemezo cyo guhagarika uburobyi bw’amafi mu Kivu mu gihe cy’amezi abiri kandi nta yindi mirimo bafite.
Hakizimana Jean Claude w’imyaka 27 utuye mu murenge wa Karago mu karere ka Nyabihu yishe uwo bavukana Nsengiyumva Prince Alias Fils w’imyaka 18 mu rukerera rushyira tariki 24/07/2012 amuziza amakimbirane bari basanzwe bafitanye.
Abantu 10 barokotse impanuka y’modoka itwara abagenzi yagonze icyapa kiri hagati mu muhanda ugisohoka muri gare yo mu mujyi wa Butare werekeza i Kigali, ndetse n’imodoka yari yikoreye imizigo yo mu bwoko bwa Daihatsu mu gitondo cya tariki 24/07/2012.
Musabimana Theogene afungiye mu karere ka Muhanga aho akurikiranwa n’ubushinjacyaha icyaha cyo gukora no gukoresha amafaranga y’amahimbano.
Iyakaremye Zayinabo w’imyaka 21 yarohamye mu musarane ahetse umwana w’imyaka ibiri mu mugoroba wa tariki 24/07/2012 ku bwamahirwe abaturage babakuramo bakiri bazima.
Musonera Emmanuel wari umuyobozi w’ikigo cy’amashuri yisumbuye cya Rusumo mu gihe cy’imyaka 16 yitabye Imana mu ijoro rya tariki 22/07/2012 mu bitaro bya CHUK. Umuhango wo kumushyingura wabaye tariki 24/07/2012 mu murenge wa Kigina mu karere ka Kirehe.
Ikamyo ya rukururana ifite puraki numero T 613 CA yari itwaye ingano yaguye ahitwa kuri poids lourds i Rwamagana mu ijoro rishyira tariki 25/07/2012 irangirika bikabije ku buryo abazi uko imodoka zikorwa bavuga ko izasubira mu muhanda bigoranye.
Itsinda ry’Umuryango w’Abibumbye zakoze raporo yashinje u Rwanda gufasha umutwe wa M23 wigometse ku butegetsi bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ryaje kumva uruhande rw’u Rwanda, nyuma y’aho rurishinjirije kubogamira ku ruhande rumwe.
Umunsi wa mbere w’imurikagurisha mpuzamahanga ry’u Rwanda, ryatangiye kuri uyu wa gatatu tariki 25/07/2012, ryaranzwe n’ubukererwe kuko ku munsi w’itangira ariho bari bagitunganya aho bazakorera, hari n’abari batarabona ibyicaro byabo, nk’uko bamwe muri bo babyitangariza.
Igaraje rya Jean Burayima riri mu murenge wa Gatsata, akarere ka Gasabo ribasiwe n’inkongi y’umuriro tariki 24/07/2012 mu masaha moya za mugitondo, imodoka eshatu zirakongoka, moteri ibyiri z’imodoka n’ibindi bintu binyuranye bitikiriramo.
APR FC ifite ibikombe bitatu bya CECAFA Kagame Cup izakina na Yanga yatwaye igikombe giheruka ku wa kane tariki 26/7/2012, mu mukino wa ½ cy’irangiza uzabera kuri stade y’igihugu i Dar Es salaam muri Tanzania guhera saa cyenda za Kigali.
Hakizimana w’imyaka 20 yagonzwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ya sosiyete itwara abagenzi yaVirunga mu kagali ka Rusagara, umurenge wa Gakenke mu ijoro rishyira tariki 24/07/2012 arakomereka bikabije mu mutwe.
Tuyishimire Leontine w’imyaka 22 urwariye mu Bitaro Bikuru bya Nemba atangaza ko atangiye koroherwa nyuma yo gukubitwa ifuni mu mutwe n’umugore wasanze asambana n’umugabo we mu rugo tariki 20/07/2012.
Nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina, abagore baba bashaka kuganira n’uwo baryamanye cyangwa gukomeza iyo mibonano mu gihe abagabo bo bashimishwa no guhita basinzira nta kindi bitayeho ku buryo hari abagore bashobora gukeka ko badakunzwe n’umugabo bari kumwe.
Umusore witwa Nzabanita wo mu kagali ka Kagoma, umurenge wa Gakenke yatewe icyuma mu rubavu mu ijoro rishyira tariki 23/07/2012 bimuviramo kujya mu bitaro.
Inteko rusange y’umuryango w’abibumbye ku isi wafashe icyemezo cyo kongerera abacamanza bane b’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) igihe cy’akazi bakazarangiza manda yabo tariki 31/12/2012.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 (Rwanda U20) yatsinze iya Nigeria igitego kimwe ku busa mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa kabiri tariki 24/7/2012.
Umwe mu bahagarariye Huguka asbl, Kabagwira Pelagie, yitabiriye ikiganiro cyari kigamije gushakira hamwe uko amakimbirane ari hagati ya Huguka n’abakozi bakoreraga radiyo yayo yakemuka mu bwumvukane babifashijwemo n’umukozi w’akarere ka Muhanga ushinze abakozi n’umurimo.