Abakoresha Gare ya Nyabugogo mu ngendo no mu kazi kabo, barifuza ko hakwiye ubutumwa bukangurira abantu kwirinda icyorezo cya Ebola, bitewe no kuba ari agace gahuriramo abantu baturuka ahantu henshi harimo na Uganda.
Abacikacumu ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bari mu kigero cy’imyaka 40 na 45 no munsi ya 25, bakeneye ababegera kubera ihungabana batewe nayo, nk’uko ubushakashatsi bwakorewe mu turere twa Huye na Gisagara bwabigaragaje.
Mukamasabo Thabée, ari mu maboko ya Polisi kuri sitasiyo ya Kaduha, akurikiranyweho gukubita umukobwa we w’imyaka 14 bikamuviramo urupfu, tariki 30/07/2012, ubwo yari akimugeza mu rugo amuvanye aho yabaga.
Ndakaza Gerald, umwarimu wigisha mu ishuri ribanza rya Joma ry’i Gitwe, yibwe umushahara wose yari amaze guhembwa anatabwa muri yombi n’inzego z’umutekano, ubwo yari yagiye kwigera ijisho ikimansuro mu Ruhango, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 03/08/2012.
Ubuyobozi bwa Parike y’Akagera ku bufatanye n’ubuyobozi bw’imirenge ihana imbibe n’iyo parike n’inzego z’umutekano, basubije muri Parike imbogo 42 zari zimaze igihe gisaga ukwezi ziba hanze ya Parike.
Abanyamadini bo mu karere ka Kayonza barasabwa kubaka insengero nziza kandi zigezweho, bakajyana gahunda y’akarere yo gusukura umujyi wa Kayonza, nk’uko nitangazwa n’umuyobozi w’aka karere, John Mugabo.
Inzego z’umutekano mu Karere ka Rwamagana zataye muri yombi umugabo ufite imashini ikora amafaranga. Hanagaragaye amafaranga y’amahimbano mu bantu barenga batanu muri aka Karere.
Dr. Habumuremyi yabwiye abari muri uwo muhango ko kwizihiza umunsi w’umuganura bishushanya gahunda za Guverinema y’u Rwanda. avuga ko zikubiyemo kwimakaza ubutabera, iterambere ry’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage n’imiyoborere myiza.
Pariki y’igihugu ya Nyungwe ni ishyamba cyimeza ribarizwa mu burengerazuba bw’amajyepfo bw’u Rwanda. Rifatanye na Pariki y’igihugu ya Kibira yo mu gihugu cy’u Burundi kandi rishobora kuba ari ryo shyamba ry’inzitane ryo mu misozi minini kandi miremire muri Afurika yose; ryari rifite ubuso bwa km² 924 mu mwaka w’i 2000.
Amazu akorerwamo ubucuruzi bunyuranye ari imbere ya Banki y’ubucuruzi y’u Rwanda (BCR), yahiye ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 03/8/2012, azize intsinga z’amashanyarazi zo mu bikoni. Utubare tubiri twadutsemo iyo nkongi y’umuriro turitana bamwana.
Ubushinjacyaha bukuru buremeza ko mu rubanza rwa Cyrille Turatsinze, Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu, nta kagambane karimo ahubwo ko bushingira ku bimenyetso bifatika byemeza ko uyu muyobozi ahamwa n’icyaha cyo kwaka ruswa.
Ndayisaba Aimable, umukozi wa COGEBANQUE ari mu maboko ya polisi y’u Rwanda kuri station ya Kigabiro akekwaho kurigisa amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni esheshatu (6,400,000 Rwf) yari yahawe ngo ayakoreshe mu kazi kuwa gatatu tariki 01/08/2012.
Minisiteri y’Ubuzima irasaba Abanyarwanda kudaterwa ubwoba n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kigaragara muri Uganda, kubera ko ku ruhande rw’u Rwanda hafashwe ingamba zigamije ubwirinzi.
Jackson Niyomugabo, Umunyarwanda ukina umukino wo koga muri metero 50 (nage libre), yasezerewe mu mikino Olympique akiri ku rwego rw’amajonjora ku wa kane tariki 02/08/2012.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo yasuye abaturage bo mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara bakoze amaterase aherereye hejuru y’igishanga cya Rwasave nyuma bakamburwa na rwiyemezamirimo. Yabijeje ubufasha ngo icyo kibazo gikemuke.
Abantu batatu batawe muri yombi na Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Gakenke nyuma y’ubujura bwibasiye SACCO y’umurenge wa Kamubuga mu ijoro ryishyira kuwa kane tariki 02/08/2012.
U Rwanda ni cyo gihugu kiza ku mwanya wa mbere ku isi mu bihugu bifite abaturage batekanye. Mu mwaka wa 2011 Abanyarwanda basaga 92% bemeje ko bumva bafite umutekano usesuye; nk’uko bigaragara mu bushakashatsi bwakozwe n’ikigo Gallup Inc.
Mukarubega Donathile n’umugabo we ndetse na Tuyishimire Leontine, wakubiswe ifuni azira gusambana na Nemeyimana Joseph bakatiwe n’urukiko rw’ibanze rwa Gakenke igifungo cy’amezi atandatu kuri uyu wa gatanu tariki 03/08/2012.
Abagabo bane bo mu Murenge wa Rwiyamiyaga mu Karere ka Nyagatare bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare basinjwa gushaka kwivugana uwitwa Ndebakure Félicien, na we mu Murenge wa Rwimiyaga mu Kagari ka Ntoma, bakoresheje intwaro.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu 03/08/2012 mu Murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi hatwitswe ibintu bitandukanye byafatanywe abajura, abarobyi batemewe n’amategeko n’abandi bagizi ba nabi muri rusange.
Utugari umunani tugize umurenge wa Rwankuba mu karere ka Karongi, tariki 02/08/2012, twamurikiye abayobozi ibikorwa tumaze kugeraho mu mihigo y’umwaka 2011-2012. Hamuritswe ibikorwa bijyanye n’imibereho myiza, ubukungu, ubuzima, iby’ubuhinzi n’ubworozi harimo na Girinka.
Hari abaganga bemeza ko amafaranga bahabwa yo kwitabira amahugurwa abunganira mu bijyanye no gukemura ibibazo by’urugendo, mu gihe hari abasanga akwiye kuvaho kuko ari intandaro yo kubibagiza inshingano zabo zo kwihugura.
Kuva aho mu karere ka Ruhango hatangiriye kuvugwa indwara y’inka yitwa Ubutaka tariki 23/07/2012, inka zigera ku munani zimaze gupfa.
Impamvu y’ingenzi yo kutagabanuka kw’ibiciro by’ibiribwa ku masoko, iterwa n’uko ibiribwa biva mu Rwanda bitajya ku masoko y’imbere mu gihugu gusa, ahubwo ko hari ibijya mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC) na Sudani y’Epfo.
Uwizeyimana Zakayo w’imyaka 30 yagiriwe n’ikirombe ubwo yacukuraga amabuye yo kubaka mu mudugudu wa Karambi akagari ka Mpumbu mu murenge wa Bushekeri ahita apfa mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 03/08/2012.
Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Cyrille Turatsinze, na mugenzi we Rwego Harelimana bahakanye icyaha bakurikiranyweho cyo kwaka ruswa ubwo bari imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge kuwa kane tariki 02/08/2012.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Nyamiyaga rwibumbiye mu makoperative aterwa inkunga na Global Fund ibicishije mu Nama y’Igihugu y’urubyiruko, rutunga agatoki abayobozi babo bafatanyije n’ubuyobozi bw’umurenge gutanga isoko ryo kubaka ibiraro by’ingurube ku buryo budakurikije amategeko.
Zambia yirukanye ku butaka bwayo umupadiri w’Umunyarwanda witwa Viateur Banyangandora azira kuba yarigishije mu misa ko abaturage bamwe ba Zambia ari abakene mu gihe abandi bakomeza gukira.
Umukozi mu kigega gifasha abacitse ku icumu rya Jenoside (FARG) atangaza ko icyo kigega cyahaye burusu abanyeshuri 4678 barangije amashuri yisumbuye muri 2011.
Kubera ikibazo cy’ubujura bwo mu ngo kimaze iminsi kigaragara mu mirenge imwe n’imwe yo mu mujyi wa Kigali, umurenge wa Nyarugunga wo mu karere ka Kicukiro wakoze inama y’umutekano yihutirwa yafatiwemo ingamba zigamije guca ubwo bujura.
Ndahimana Jean de Dieu uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Asa ni umwe mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana akaba afite ubuhanga bukomeye mu njyana ya Afrobeat ndetse n’injyana ya R&B na Pop.
Jackson Kalimba uherutse kugaragaza ubuhanga buhambaye muri Tusker Project Fame 5 araganira n’abanyamakuru kuri uyu wa gatatu tariki 03/08/2012 mu rwego rwo kubanyuriramo uburyo Tusker Project Fame 5 yagenze kuri we.
Elie Munyazikwiye w’imyaka 31 yatawe muri yombi tariki 01/08/2012 na Polisi y’igihugu nyuma yo gufatanwa inoti eshashatu z’amafaranga 5000 ashaka kuyabitsa mu gashami ka Banki y’Abaturage ya Gakenke.
Minisiteri y’imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDMAR) yatangaje ko igiye kwagura inkambi ya Kigeme icumbikiye impunzi z’Abanyekongo kugira ngo iyi nkambi ibashe kwakira izindi mpunzi zigicubikiwe by’agateganyo mu nkambi ya Nkamira.
Temarigwe Abdallah uzwiho ubuhanga bwo kurya ibiryo byinshi kandi mu buryo budasanzwe mu Rwanda yatunguranye ntiyigaragaza neza muri uwo mukino ubwo yari mu mujyi wa Nyanza tariki 01/08/2012 umunsi wizihirijweho umuganura.
Twagiramungu Innocent ufite imodoka ya taxi minibus ararira ayo kwarika nyuma yuko icyuma cyo muri gare cyakubise reservoire y’imodoka ye maze lisansi y’ibihumbi 70 irameneka yose.
Muri kongere ya 6 y’umuryango AVEGA Agahozo yabereye mu karere ka Huye tariki 02/08/2012, umuryango IBUKA wasohoye itangazo ryamagana raporo y’Umuryango w’Abibumbye (ONU) ivuga ko u Rwanda rutera inkunga M23, umutwe urwanya ubutegetsi bwa Leta ya Kongo
Igikorwa cyo guhuza ubutaka buhingwaho kandi burwanyije isuri kimaze kugera kuri 87%, ugereranyije n’ibisabwa muri Gahunda za Leta zo kwikura mu bukene (IDPRS), nk’uko bitangazwa na Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi.
Ndikumana Souvenir w’imyaka 19 y’amavuko uvuga ko atuye mu karere Gasabo mu murenge wa Kimihurura mu mujyi wa Kigali yafatiwe mu cyuho yiba amafaranga y’iduka ricururizwamo telefoni zigendanwa mu mujyi wa Nyanza tariki 02/08/2012.
Abayobozi bo mu Ntara y’Amajyaruguru barasabwa gukora neza igenamigambi rijyanye na gahunda yo gutura mu midugudu kugira ngo hatazabaho urwitwazo ko kuba iyo ntara igizwe n’imisozi miremire byatumye abaturage badatura mu midugudu uko bikwiye.
Ihuriro ry’abamotari 6000 bakorera mu Ntara y’Uburasirazuba ryatangiye igikorwa cyo kubakira abakene amazu mu mudugudu w’icyitegererezo ahitwa Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi Akarere ka Rwamagana, inyubako ebyiri zizatwara amafaranga asaga miliyoni 10.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza burasaba abafatanyabikorwa b’ako karere mu iterambere gufatanya kugira ngo haboneke amafaranga miliyoni 150 yo gusana ikigo nderabuzima cya Mukarange.
Urwego rw’umurenge mu karere ka Kayonza rukoramo abakozi barindwi gusa bagenerwa umushahara, mu gihe bagombye kuba abakozi 11; nk’uko Leta y’u Rwanda yateganyije imyanya y’ubuyobozi ku rwego rw’umurenge.
Nyuma yaho bimaze kugaragara ko akarere ka Ruhango kaza ku isonga mu ihohoterwa, ubu imiryango itandukanye yatangiye igikorwa cyo kwegera abaturage ibashishikariza guhangana n’ihohoterwa iryo ari ryose.
Abanyamerika Julian Appel ufite imyaka 22 y’amavuko na Tina Gianakon w’imyaka 35 bari mu maboko ya polisi bakurikiranyweho gukorera imibonano mpuzabitsina mu isoko (supermarché) rwagati.
Ntakirutimana Frederick w’imyaka 22 yafatiwe mu cyuho yiba ibyuma by’ubwubatsi by’ururusengero rwa ADEPR ruherereye mu mudugudu wa Mont Cyangugu mu murenge wa Kamembe ahagana saa kumi z’igitondo tariki 02/08/2012.
Hashize ukwezi abakozi b’ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bajya kwivuza i Kigali bakababwira ko badashobora kwivuriza ku bwishingizi mu kwivuza basanzwe babamo bwa RAMA kubera ko ngo nta misanzu ikigo bakoramo cyatanze guhera muri Mutarama.
Bamwe mu bakinnyi bakinira Isonga FC bagiye kugurishwa mu makipe makuru yo mu cyiciro cya mbere mu Rwanda, kugira ngo haboneke umwanya wo kwakira abandi bana bakiri batoya bashaka kuzamuka mu mupira w’amaguru.
Umushumba wa diyoseze ya EAR Gahini mu karere ka Kayonza, Mgr Alexis Birindabagabo, aravuga ko nta mpamvu n’imwe ihari yatuma abacuruza n’abakoresha ibiyobyabwenge badahashywa burundu kuko nta mbunda cyangwa izindi mbaraga bafite zatuma badahagarikwa.
Santere ya Gahunga iherereye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera iri mu kizima nyuma y’uko mu ijoro rishyira tariki 01/08/2012 abajura bibye insinga zijyanayo umuririmo w’amashanyarazi.