Gatibo: Uruganda rw’umuceri rweguriwe abikorera

Kongera ubuso buhingwaho umuceri no gushaka imbuto nziza zikunzwe ku isoko nicyo kizere cyahawe sosiyete SOPAVU Ltd yeguriwe uruganda rutonora umuceri ruri mu karere ka Gatsibo tariki 22/04/2013.

Abahawe uru ruganda bizeje ubuyobozi bw’Akarere ko bagiye kurwagura hagamijwe kurwongerera ubushobozi kuko umusaruro w’iki gihingwa ugenda wiyongera.

Umuyobozi w’akarere ka Gatsibo, Ruboneza Ambroise, yashimye umukuru w’igihugu watanze uru ruganda nyuma yo kurwizeza Akarere no gutunganya ibishanga bya Kanyonyomba na Ntende bihinzweho umuceri.

Uruganda rw'umuceri rwo mu karere ka Gatsibo rweguriwe Sosiyete SOPAVU Ltd.
Uruganda rw’umuceri rwo mu karere ka Gatsibo rweguriwe Sosiyete SOPAVU Ltd.

Yagize ati: “abahinzi b’umuceri muri Gatsibo mbere baryaga umuceri uturutse hanze y’igihugu, ariko ubu babasha kuwiyezereza icyaburaga ni ubushobozi buhagije”.

Kuba Abanyagatsibo batangiye kuryoherwa n’ibyo biyejereje ngo niyo ntego ya Leta y’u Rwanda mu gushyira mu bikorwa uburyo umuturage yakwihaza mu biribwa ndetse agasagurira n’isoko.

Uwari uhagarariye Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, Sendege Norbert, yavuze ko minisiteri ifite gahunda yo kongera ubuso buhingwaho umuceri no gushakira abahinzi imbuto zikunzwe ku isoko.

Itegere Dieudonne uhagarariye SOPAVU Ltd yeguriwe uruganda rw'umuceri ro mu karere ka Gatsibo.
Itegere Dieudonne uhagarariye SOPAVU Ltd yeguriwe uruganda rw’umuceri ro mu karere ka Gatsibo.

Sosiyete SOPAVU yibukijwe ko agomba kwegera amakoperative y’abahinzi ndetse n’ubuyobozi bwite bwa Leta ku ngorane yahura nazo kugira ngo zikemurwe hakiri kare kugira ngo hirindwe ibihombo.

Mu karere ka Gatsibo umuceri uhinze ku buso bwa hegitari zisaga gato 1000 ariko muri gahunda ya minisiteri y’ubuhinzi ngo ubu buso bugomba kongerwa kugera ku 3000.

Benjamin Nyandwi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka