Suarez yahanishijwe kutazakina imikino 10 kubera kuruma Ivanovic

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bwongereza (FA) ryafashe icyemezo cyo guhanisha Rutahizamu wa Liverpool Luis Suarez, kutazakina imikino 10, nyuma yo kuruma myugariro wa Chelsea Branislav Ivanovic ubwo ayo makipe yombi yakinaga mu mukino wa shampiyona wabaye tariki ya 21/4/2013, umukino ukarangira amakipe anganyije ibitego 2-2.

Igihano Suarez ukomoka muri Uruguay yahawe kuzageza muri Nyakanga uyu mwaka akaba aribwo ashobora kuzongera gukina.

Suarez ufite ibitego 23 muri shampiyona, yari yemeye ikosa ryo kurumana yakoze ariko akaba yari yavuze ko azajurira igihe cyose FA yamuha igihano kirenze imikino itatu ihanishwa umukinnyi wahawe ikarita y’umutuku.

Babanje kugundagurana mbere yo kumuruma.
Babanje kugundagurana mbere yo kumuruma.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na FA ryasohotse no mu kinyamakuru Dailymail dukesha iyi nkuru rigira riti, “Akanama kigenga ka FA kagizwe n’abantu batatu, bijyanye n’uburemere bw’ikosa umukinnyi yakoze, kafashe icyemezo cy’uko agomba guhanishwa kudakina imikino 10 mu ikipe ya mbere, kandi icyo cyemezo kigatangira gushyirwa mu bikorwa nyuma y’iryo tangazo”.

Ako kanama ariko kemera ko umukinnyi ashobora kujurira bitarenze kuri uyu wa gatanu tariki 26/4/2013 saa sita z’amanywa.

Ikipe ya Liverpool ariko nayo ngo yatunguwe n’icyo gihano ivuga ko kiremereye, gusa nk’uko umuyobozi wayo Ian Ayre abitangaza ngo nta byinshi bavuga kuri icyo cyemezo batarahabwa inyandiko irambuye ivuga iby’icyo gihano yise ko kiremereye n’impamvu yacyo.

Aba aramurumye.
Aba aramurumye.

Iki gihano Suarez agihawe nyuma y’igihe gitoya avuye mu kindi gihano cy’imikino umunani yahawe nyuma yo gutuka myugariro wa Manchester United Patrice Evra ku bijyanye n’uruhu.

Kuva mu mwaka wa 2011, Luiz Suarez amaze guca agahigo ko guhanwa cyane, kuko amaze guhanishwa imikino yose hamwe 26 hatabariwemo ibihano bikomoka ku makarita y’umuhondo ndetse n’umutuku ahabwa abakinnyi mu kibuga.

Suarez aruma Ivanovic.
Suarez aruma Ivanovic.

Uretse no mu Bwongereza, Suarez yagiye kenshi arangwa n’amakosa ndetse n’ibihano biremereye ubwo yakinaga mu Buholandi mu ikipe ya Ajax Amsterdam. Urugero rwibukwa ni igihe yahanishijwe imikino umunani ubwo muri 2010 yakubitaha Otman Bakkal wakiniraga PSV Eindhoven.

Kugeza ubu ikipe ye ya Liverpool nayo yafashe icyemezo cyo kumuhanisha kumukata umushahara we ungana n’amezi abiri akaba ari ama ‘pounds’ asaga gato ibihumbi 200.

Suarez kandi yigeze no huhanishwa imikino umunani yatutse Patrice Evra ku bijyanye n'uruhu rwe.
Suarez kandi yigeze no huhanishwa imikino umunani yatutse Patrice Evra ku bijyanye n’uruhu rwe.

Nubwo ariko amakuru hirya no hino ku isi avuga ko uyu mukinnyi w’imyaka 26 yaba azagurishwa mu mpera z’iyi shampiyona ndetse akaba yifuzwa cyane n’ikipe ya Bayern Munich , umuyobozi wa Liverpool Ian Ayre avuga ko bifuza kumugumana ahubwo bakazihatira kumwigisha ibijyanye n’imyitwarire.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka