KARONGI: Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yateye inkunga ya miliyoni 1,6 impfubyi za Jenoside
Mu gihe bizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango RPF-Inkotanyi umaze ubayeho, abanyamuryango bayo bafatanya ibyo byishimo banagaragaza mu ma murikagurisha ibikorwa bagezeho, kugira ngo bibe ikimenyetso cy’uko bayobowe neza.
Lit. Gen. Fred Ibingira, uyobora umutwe w’Inkeragutabara, yahumurije abatuye akarere ka Ngororero ko umutekano urinzwe, asaba abaturage kugira uruhare rwo kuwubungabuga bamenya uwinjiye, uwasohotse, bubahiriza gahunda z’amarondo, batanga amakuru vuba kandi ku gihe no kurwanya ibihuha.
Imvura y’urubura ivanze n’umuyaga mwinshi yaguye kuwa kuwa Kane w’iki cyumweru mu murenge wa Kabarore, mu karere ka Gatsibo, yasize yangije imyaka y’abaturage ku ubuso bungana na hegitari enye bibaviramo igihombo.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie, arasaba abaturage b’ako karere kudaterwa impungenge n’ibikorwa by’ubwiyahuzi bya FDLR kuko nta bushobozi na buke ifite bwo guhungabanya umutekano rusange w’igihugu.
Abana batatu bo mu rugo rwa Uzayisenga na Munyashongore batuye mu kagari ka Gihundwe, umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bamaze iminsi ibiri bakingiranye mu nzu biturutse ku makimbirane ababyeyi babo bafitanye.
Umusore witwa Ntigurirwa Issa utuye mu karere ka Rusizi yemeza ko yisanze ari ikuzimu mu ijoro rishyira tariki 07/12/2012 ariko ntazi uko byagenze ngo ahagere.
Ubwo yari amaze gusura inyubako ya Banki Nkuru y’u Rwanda iri kubakwa mu mujyi wa Butare, kuwa kane tariki 06/12/2012, Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Madamu Monique Nsanzabaganwa, yatangaje ko iyo nyubako izaba yuzuye muri Gicurasi 2013.
Akimanizanye Jemima ufite Akabyiniriro ka Kakizi akaba na mushiki wa Kinga James atangaza ko yatunguwe no kumenya gushushaya abikesha inshuti ze bamenyaniye kuri Facebook.
Indege ya kompanyi ya EgyptAir yahagaze ku kibuga cy’indege mu buryo butari buteganijwe kubera ko umugenzi umwe mu bari bayirimo yari arumwe n’inzoka yari yinjiranye mu ndege yayihishe mu gakapu ko mu ntoki.
Abakorerabushake 32 bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bitwa Peace Corps barahiriye kuba mu cyaro cy’u Rwanda mu gihe cy’imyaka ibiri, bakora akazi ko kwigisha mu mashuri yisumbuye, nyuma yo kumara amezi atatu mu karere ka Kamonyi bigana imibereho y’abaturage bakennye.
Urubyiruko rw’u Rwanda rwasabwe kubera urugero urubyiruko rwo muri Afurika mu kurwanya ruswa cyane ko u Rwanda rukomeje kuba intangarugero kuri uyu mugabane no ku isi mu kuyirwanya.
Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwemeje ko umugore wa Yuvenali Habyarimana wahoze ari Perezida w’u Rwanda ahabwa uburenganzira bwo gutura mu Bufaransa.
Itsinda ry’abasore n’inkumi 8 barangije kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda banze guhora mu nzira bajya gusaba akazi bafata icyemezo cyo kwishyira hamwe bashinga sosiyete itunganya divayi .
Umugabo witwa Ntambara Canision utuye mu murenjye wa Byumba mu Kagari ka Gisuna azi gukora amakara mu bisigazwa by’imyanda; akaba asanga hari icyizere mu kubungabunga ibidukikije.
Nyiraneza Felicite, utuye mu mudugudu wa Yorudani, akagali ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza, mu karere ka Musanze amaze imyaka umunani arera abana barindwi wenyine kandi nta handi akura ubushobozi uretse mu gutunda amatafari ya rukarakara.
Plate Forme ya Sosiyete Sivile y’u Rwanda isanga icyemezo u Bwongereza bwafashe cyo guhagarika inkunga bwageneraga u Rwanda buyicishije mu ngengo y’imali kibangamiye ubuzima n’imibereho by’Abanyarwanda bakennye yari ifitiye akamaro.
Niyomugabo Joseph utuye mu mudugudu wa Kagarama mu kagali ka Katarara mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yafatanwe ibiro 200 bya forode y’amamesa ku mugoroba tariki 06/12/2012 abonye ko bikomeye ariruka.
Urubyiruko ruri mu itorero ry’igihugu ryo ku rugerero mu karere ka Rutsiro rurasabwa kwirinda amacakubiri ndetse no gukunda igihugu, bamagana abagisebya, barangwa n’imyitwarire myiza kugira ngo bazigirire akamaro, bakagirire n’igihugu cyabo.
Abanyagicumbi batuye ahacukurwa amabuye n’imicanga, mu bishanga, ku manga ndetse no kumanegeka y’inzira cyangwa hejuru ku musozi (ahitwa high risk zones) bakomeje kubarurwa mu mirenge yose igize akarere ka Gicumbi ngo bashakirwe aho bimurirwa heza.
Umuhanzi w’umunyarwanda Corneille Nyungura ari ku rutonde rw’abahanzi bahatanira ibihembo by’abahanzi b’indashyikirwa bya NRJ bitangirwa mu gihugu cy’u Bufaransa.
Kuri uyu wa gatanu tariki 07/12/2012, hateguwe ikirori cyiswe “The Goat Plot” kuri Caiman Bar and Restaurant Kibagabaga guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba. Muri ibi birori harimo kurya inyama z’ihene zitetse ku buryo bushimishije.
Muyoboke Alexis, umujyanama w’itsinda rya Urban Boys akaba yaranigeze kuba umujyanama wa Tom Close nyuma akaba n’uwa Dream Boys, tariki 08/12/2012, azasezerana na Muhimpundu Deis Ornella babyaranye umwana.
Mu mishinga 150 yatoranyijwe muri gahunda ya Hanga Umurimo mu Ntara y’Amajyepfo igashyikirizwa amabanki ngo ihabwe inguzanyo, 51 yonyine ni yo yamaze kwemererwa akenshi bitewe nuko ba nyiri imishinga batse inguzanyo nyinshi.
Perezida w’urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’urukiko rwa Arusha (MICT) tariki 05/12/2012 yatangarije akanama gashinzwe umutekano ku isi ko bashyize imbere gukurikirana no guta muri yombi abantu batatu bari ku isonga ry’abashakishwa n’urwo rukiko.
Abaturage batarimuka mu gice cya Kimicanga cyegereye ku gishanga mu karere ka Gasabo, kivuga ko ahamaze gusenywa haruguru yabo, ngo imvura iyo iguye bahura n’ingorane zikomeye cyane.
Abagore b’Abasilamu bagize ishyirahamwe ry’abahinzi b’ibihumyo bo mu Karere ka Gicumbi baratangaza ko ibihumyo byabibagije kurya inyama kuko byifitemo intungamubiri nyinshi kandi ntihenda nk’inyama.
Ndagijimana Thomas (Sadiki) ufite ubumuga bw’ingingo avuga ko yahisemo kuba umuhanzi w’indirimbo kugira ngo yumvikanishe akababaro k’abantu bafite ubumuga.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 08/12/2012, mu karere ka Huye na Gisagara mu ntara y’Amajyepfo, hazabera isiganwa ngarukamwaka ry’amamodoka ryiswe ‘Huye Rally’ rikazazenguruka ibice bitandukanye bigize utwo turere.
Umuhanzi uririmba indirimbo nyarwanda, Nshimiyimana Naason, aratangaza ko avuka mu muryango w’abaririmbyi n’abahanzi nubwo batagize amahirwe nk’aye ngo bamenyekane.
Itsinda rya Dream Boyz rigizwe n’abasore babiri Nemeye Platini na Mujyanama Claude aka TMC, kuwa kane tariki 06/12/2012 ryasusurukije impunzi z’Abanyekongo zahungiye ku nkambi ya Kigeme iri mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Kuri uyu wa kane tariki 06/12/2012, uruganda rw’icyayi rwa Shagasha rweguriwe sosiyete y’ishoramari ya RTI (Rwanda Tea Investiment). Ihererekanya bubasha hagati ryakozwe ya NEAB yari ifite urwo ruganda mu nshingano zayo na RTI yaruguze.
Mu ruzinduko umuvunyi mukuru Aloysie Cyanzayire yagiriye mu karere ka Kamonyi, tariki 06/12/2012, yasabye abaturage kugira uruhare mu gukumira ruswa n’akarengane kandi bagatunga urutoki ahavugwa ruswa hose.
Ishyirahamwe Duterimbere, ry’Abanyarwandakazi bahujwe no kuzamurana mu bukungu, ryashimiwe ko mu myaka 25 rimaze rishinzwe ryashoboye guhesha Abanyarwandakazi benshi ubukungu budashingiye ku byo bahabwa n’abagabo, ndetse no kwanga guhozwa ku mirimo yitwaga iya kigore.
Abantu 9 barimo abagore 8 n’umusore umwe bari mu maboko ya Polisi i Kamembe bazira gutwara ibicuruzwa bya forode babinyujije mu kiyaga cya Kivu mu ijoro rya tariki 05/12/2012.
Inzego z’umutekano mu gihugu cy’Ubudage zataye muri yombi Abadage 3 bashinjwa kwamamaza, gukora ubuvugizi no gushakira abayoboke umutwe wa FDLR ugizwe ahanini n’abantu basize bakoze Jenoside mu Rwanda mu 1994.
Umugaba w’Inkeragutabara (Reserve Forces) atangaza ko u Rwanda ntawe rusaba imbabazi cyangwa uburenganzira bwo kurinda umutekano warwo kuko Abanyarwanda bafite uburenganzira bwo kubaho neza.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, abinyujije ku rubuga rwa Twitter yatangaje ko urupfu rwa Minisitiri Inyumba Aloysia ari igihombo gikomeye ku muryango wa FPR-Inkotanyi no ku gihugu muri rusange kuko yari umuyobozi mwiza.
Umuryango nyarwanda utegamiye kuri Leta witwa Point ukomeje gufasha abana bato bo mu karere ka Ngororero mu gihe cy’ibiruhuko mu rwego rwo kurwanya ubuzererezi no kongera ubumenyi n’imyidagaduro by’abana.
Kasigasi Jackson wari utwaye ikomyo yo mu bwoko bwa rukururana avuye i Kigali yerekeza i Ngozi mu gihugu cy’u Burundi yahagaze gato imbere y’akarere ka Bugesera imodoka ihita yibirandura kuri uyu wa kane tariki 06/12/2012.
Ubwo yatangizaga ku mugaragaro itorero ry’intore z’urubyiruko rw’abanyeshuli bo mu karere ka Nyanza, tariki 6/12/2012, umuyobozi wa Task Force ishinzwe itorero ry’igihugu mu Rwanda, Rucagu Boniface yatangaje ko ibyo rimaze kugeraho biri ku rugero rushimijshije.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba abayobozi b’amadini atandukanye akorera muri ako karere kwigisha abayoboke babo ijambo ry’Imana ariko bakanabigisha icyabakura mu bukene kuko aka karere kakigaragara mu turere dukennye.
Mutemberezi Jean de Dieu wari utuye mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro yaraye yishe umukobwa wari inshoreke ye amuhoye ko abandi bagabo bari baje kumukomangira ngo bararane batazi ko aryamanye na Mutemberezi.
Hategekimana Vicent uzwi ku izina rya Gitoya ukomoka mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi yitabye Imana azize umuhini yakubiswe n’uwitwa Dusabeyezu Emmanuel ubwo bari mu kabari mu murenge wa Kamembe mu ijoro rishyira tariki 06/12/2012.
Abakinnyi 65 harimo 15 b’abagore bakina umukino w’amagare mu Rwanda nibo bazitabira isiganwa ry’amagare rigamije kurwanya ruswa, rizaba ku wa gatandatu tariki 08/12/2012.
Rukundo Vevullice ufite ipeti rya Major wabarizwaga mu mutwe wa FDLR yafashe icyemezo cyo kugaruka mu gihugu cye ngo kubera ko FDLR uri kugenda urushaho gusenyagurika kandi nta cyerekezo ifite.
Abaturage bo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu batunguwe no kubona inka y’umworozi witwa Kazungera ibyara inyana ebyiri n’ikimasa tariki 04/12/2012. Bamwe mu baturage batangaje ko basanga ari nk’igitangaza.
Abantu bake bakomeretse byoroheje ubwo taxi itwara abagenzi yakoraga impanuka mu gitondo cyo kuwa kabiri tariki 06/12/2012, mu mudugudu wa Gasaka, akagari ka Nzega ko mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Abagize ihuriro ry’abafite ubumuga « Ubumwe Community Center » batanze ibikoresho by’isuku ku mpunzi z’Abanyecongo 130 ziri mu nkambi ya Nkamira mu karere ka Rubavu zakuwe mu byabo n’intambara ibera mu burasirazuba bwa Congo.
Abaturage bakorera mu isoko rya Bazirete mu murenge wa Nyakiriba akarere ka Rubavu bavuga ko bakwiye gufashwa kwimura isoko ryabo kuko batakibona abaguzi b’ibicuruzwa byabo kubera ko umuhanda wanyuraga ku isoko wimuwe.