Umunyamabanga Mukuru w’umuryango FPR-Inkotanyi, François Ngarambe, yasabye abanyamuryango ba FPR bo mu karere ka Karongi, gufata umwanya bakibuka intwari zose zitangiye u Rwanda none rukaba rutengamaye mu mahoro n’iterambere.
Bamwe mu bari inshuti za hafi na bagenzi be bari abahanzi ndetse n’abanyamakuru, batunguwe no kumva urupfu rwa Henry Hirwa waririmbaga mu itsinda rya KGB, wazize kurohama mu kiyaga cya Muhazi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012.
Imishyikirano ku ishyirwaho ry’ifaranga rimwe mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC) imaze kurangira, ku buryo hasigaye kunoza amasezerano kugira ngo abakuru b’ibihugu bazayasinyeho mu kwa 11/2013, nk’uko byemejwe na Ministiri ushinzwe EAC mu Rwanda.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu karere ka Kayonza bizihije isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR Inkotanyi umaze ubayeho. Mu kwizihiza iyo sabukuru ku rwego rw’akarere ka Kayonza, abanyamuryango bamuritse ibyo bagezeho birimo gukemura ibibazo by’abaturage kubakira abatishoboye no kuboroza.
Ikigo gishinzwe kugenzura itangazamakuru muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (CSAC), yahanishije Radio Okapi ikorera mu mujyi wa Goma, igihano cyo guhagarika ibiganiro mu gihe cy’iminsi ine, izira icyo iki kigo kise kutagira gahunda ngenderwaho no kutubahiriza amabwiriza.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera barasabwa kuvugisha ukuri batanga amakuru yose ajyanye n’ihohoterwa, kugira ngo ihohoterwa rishingiye ku gitsina ricike burundu.
Diyosezi ya Cyangugu na Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro birishimira uburyo bikomeje kwita ku gikorwa cyo guhuza abari bashyamiranye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, barimo abarokotse Jenoside n’imiryango y’abayigizemo uruhare.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball y’ingimbi zitarengeje imyaka 17 izatangira imyitozo mu cyumweru gitaha, yitegura irushanwa rizahuza amakipe y’ibihugu byo mu karere ka Gatanu, rizabera mu Rwanda muri Mutarama umwaka utaha.
Umusore uvuga ko akomoka mu Murenge wa Muhondo, akarere ka Gakenke bamufatanye amadolari y’impimbano 250, ubwo bamufataga bamukekaho kwiba ibikoresho byo mu rugo, kuri uyu wa Gatanu tariki 30/11/2012.
Ingabo za M23 zirwanya Leta ya Congo zamaze gusohoka mu mujyi wa Goma hamwe n’ibikoresho byazo byose, ziwusigira igpolisi cya Leta ya Congo, nk’uko zari zabitangaje.
Ubuyobozi za SACCO burakangurirwa gutanga serivisi nziza ku banyamuryango, kwirinda kugendera ku marangamutima mu gutanga inguzanyo no gucunga amafaranga y’abanyamuryango neza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko nyuma y’icyumweru kizatangira kuri uyu wa Mbere tariki 03/12/2012, buzaba bwamaze gukemura ibibazo byose byajyaga bigaragara mu kudatangirwa imisanzu y’abakozi ku gihe mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubwiteganyirize bw’abakozi (RSSB) cyane cyane mu birebana n’ubuvuzi.
Amavubi arasabwa gutsinda umukino wa gatatu ari nawo wa nyuma akina na Eritrea kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, kugira ngo yizere gukomeza muri ¼ cy’irangiza, Nyuma yo gutsindwa na Zanzibar 2-1 mu mukino wa kabiri mu itsinda.
abayobozi n’abikorera batuye mu murenge wa Murambi wo mu karere ka Karongi, biyemeje kuwuhindurira isura y’ubukene wari usanzwe uzwiho, bakawuteza imbere, nk’uko babyemereye mu mwiherero w’umunsi umwe wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 30/11/2012.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA (ONUSIDA), ryashyize ahagaragara raporo igaragaza ko umubare w’abandura agakoko gatera SIDA wagabanutseho 50% mu bihugu 25 bikennye, na 25 % mu bihugu biri munsi y’Ubutayu bwa Sahara muri 2012.
Umusore witwa Nsabimana bakunze kwitwa Kabuhinja na Ndeze bakunze kwita Buyi bose batuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera bararegwa gukubita umukobwa bakamusiga yenda gushiramo umwuka akajyanwa mu bitaro.
Gahunda ya hanga umurimo ni imwe mu nzira yo guhanga umurimo no kurwanya ubushomeri mu Rwanda, nk’uko Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, ubwo yari mu karere ka Rusuzi, kuri uyu wa Gatanu tariki 30/11/2012.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze, hafungiye abantu batatu bazira kwinjiza mu gihugu udupfunyika tugera ku 12.152 tw’urumogi, aho bafungiye kuva kuwa Gatatu w’iki cyumweru.
Abapolisi 278 nibo bageze mu mujyi wa Goma baturutse i Bukavu, baje gusimbura ingabo za M23 zigomba gusohoka muri uyu mujyi kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, ku isaha ya saa Yine z’igitondo.
Abanyeshuri barangije umwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye bo mu karere ka Nyagatare barasabwa kuzagerera ku gihe ku byicaro by’aho bazakorera itorero ry’igihugu.
Inama y’umutekano y’Intara y’Amajyepfo yabaye tariki 30/11/2012 yagaragaje ko muri rusange uturere twose tuyigize umutekano wifashe neza inasezeranya abaturage bayo ko ntakizegera kiwuhungabanya.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, arasaba aborozi bo mu duce twagaragayemo indwara y’uburenge kubahiriza akato kashyiriweho inka zamaze kwandura, kugira ngo zibanze zivurwe zitanduza izikiri nzima.
Kwihangira imirimo aho kuyitega kuri Leta nk’umusanzu mu gucyemura ibibazo byugarije igihugu ni bimwe mu byasabwe abanyeshuri basaga 700 basoje amasomo yabo muri kaminuza y’Umutara Polytechinc mu karere ka Nyagatare.
Inama yahuje abayobozi batandukanye bo mu Ntara y’Amajyepfo iyobowe na Guverineri wayo Munyentwari Alphonse yafashe ingamba zo kurwanya kirabiranya y’urutoki abahinzi bashishikarizwa kuyikumira itarakwirakwira hose.
Umuyobozi w’ikigo cyigisha imyuga cya Kibali mu karere ka Gicumbi, Ruzindana Eugene, avuga ko gutanga ‘stage’ ku banyeshuri barangije bikwiye kuba itegeko kugira ngo ikibazo cy’ubushomeri kigabanuke.
Mu rwego rwo kurushaho gusobanurira Abanyarwanda b’ingeri zose ibyo ikora, tariki 05/12/2012, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda izamurikira abaturage ibyo ikora.
Ababyeyi b’i Gitwe mu karere ka Ruhango bishatsemo ibisubizo mu iterambere bubaka amashuri yisumbuye, ishuri rya kaminuza n’ibitaro bya Gitwe.
Ubwo basozaga amahugurwa bari bamazemo icyumweru i Nyakinama, tariki 29/11/2012, abayitabiriye bavuze ko amasomo bahawe ku kurinda abana gushorwa mu ntambara no gufasha abashyizwe muri uwo murimo ari ingenzi kuko igihugu kidafite abana nta hazaza kiba gifite.
Kanyenzira Hirdebrande, umwana w’imyaka 11 wo mujyi wa Muhanga mu murenge wa Nyamabuye, avuga ko atibukira igihe yatangiriye kurwara amavunja.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) kirasaba abanyamakuru ubufatanye mu kumenyekanisha gahunda zigezweho zo guteza imbere itangwa n’iyakirwa ry’imisoro, hamwe no gukangurira abantu kwitabira gusora.
Inama yahuje ubuyobozi bwa M23 n’uyoboye ingabo z’ibihugu bigize akanama mpuzamahanga mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR) yemeje ko M23 izava mu mujyi wa Gomam tariki 01/12/2012 saa yine za mu gitondo.
Abanyarwanda bane bari bafashwe bunyago na FDLR kugira ngo itaraswa n’ingabo z’u Rwanda zari zayigose bashoboye kugaruka mu Rwanda.
Kuri iki gihe imyambarire y’urubyiruko ikomeje kwibazwaho byinshi ahanini hashingiwe ku muco nyarwanda.
Mu ijoro rishyira tariki 29/11/2012, abantu bataramenyekana bibye muri kiriziya ya paruwasi Byimana iherereye mu murenge wa Byimana maze batwara bimwe mu mutungo w’iyo paruwasi.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Rusizi yateranye tariki 29/11/2012 byagaragaye ko nta muturage wo muri ako karere ukijya muri Congo akoresheje jeto nk’uko byari bisanzwe bigenda.
Mu gihe habura amasaha ngo umuryango wa FPR-Inkotanyi wizihize isabukuru y’imyaka 25 ku rwego rw’akarere ka Nyamasheke, ubuyobozi bwawo muri aka karere buratangaza ko ari byinshi byishimirwa byagezweho ku bw’uyu muryango.
Musabyemungu Emmanuel w’imyaka 27 wo mu murenge wa Macuba mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Poste ya Polisi ya Macuba akurikiranyweho icyaha cyo kwica murumuna we witwa Harindintwari Jean Paul w’imyaka 23, amuteye icyuma mu mutima.
Abacururiza n’abatuye mu isantere ya Kabuga mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro bamaze amezi atandatu batazi impamvu yatumye urugomero rw’umuriro w’amashanyarazi bari biyubakiye ruhagarara. Barasaba ubuyobozi bw’akarere kubakurikiranira ikibazo kugira ngo bakomeze ibikorwa byabo by’iterambere.
Amakoperative y’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Nyamagabe arasaba gufashwa kwiga imishinga yabyara inyungu kugira ngo amafaranga bagenerwa abashe kunguka bityo abafashe gutera imbere.
Sibomana Eliazar, Umuyobozi w’Umudugudu wa Mwisha, mu Kagali ka Taba mu Murenge wa Gashenyi, Akarere ka Gakenke yitabye Imana tariki 29/11/2012 nyuma yo guterwa icyuma n’umukozi wo mu kabari k’inzoga bapfuye amafaranga.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangije uburyo bwo kumenya icyo abakiriya batekereza kuri serivisi zitangirwa mu mahoteli yo mu Rwanda, nyuma y’aho urwego rw’abikorera rushyiriwe mu majwi ku mitangire mibi ya serivisi.
Lionel Messi na Andres Iniesta bakinira FC Barcelona na Cristiano Ronaldo wa Real Madrid nibo bazatoranywamo umukinnyi wa mbere ku isi akazahabwa umupira wa zahabu ( Ballon d’or 2012).
Mu mukino wayo wa kabiri wo mu itsinda, u Rwanda rwatsinzwe na Zanzibar ibitego 2-1 kuri Namboole Stadium kuwa kane tariki 29/11/2012. Uwo mukino wabereye ku kibuga cyangiritse cyane kubera imvura yatumye gihinduka amazi n’ibyondo bikabije.
Abakoresha bafite inshingano zo gutuma abo bakoresha bakunda akazi bakora, babaha ibyo babagomba, bakanabaha agaciro; nk’uko bitangazwa n’Umuryango ushinzwe Imicungire y’Abakozi mu Rwanda (RHRMO).
Umushinjacyaha w’urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’urukiko rw’Arusha (MICT), Hassan Bubacar Jallow, tariki 28/11/2012, yashyikirije ubushinjacyaha bw’u Rwanda dosiye ya Lit. Col. Pheneas Munyarugarama wari umuyobozi w’ikigo cya gisirikare cya Gako.
Inyubako igezweho y’ibiro by’akarere ka Bugesera izuzura itwaye amafaranga miliyari 1, miliyoni 50, ibihumbi 722 na 650, azava ku ngengo y’imari y’akarere ya 2012-2013.
Umukecuru w’imyaka 69 witwa Nyirangerageze Purinalina utuye mu Mudugudu wa Masoro Akagali ka Nyakina mu Murenge wa Gashenyi, Akarere ka Gakenke, mu gitondo cyo kuri uyu wa 29/11/2012, ngo yakubiswe n’abagabo babiri bamugira intere bitewe n’isenene.
Ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) yatangije gahunda z’ubujyanama no gupima SIDA (VCT) buri munsi ku bigo by’urubyiruko biri mu gihugu. Iyo gahunda yatangiriye ku kigo cya Kimisagara mu mujyi wa Kigali tariki 29/11/2012.
Abaturage bo mu mujyi wa Goma batinye kujya ku kazi tariki 29/11/2012 kubera gutinya ingaruka bashobora guhura nazo nyuma y’uko M23 ivuye mu mujyi wa Goma, abandi bahitamo kwiyizira mu Rwanda ngo babanze barebe aho ibintu byerekera.