Inama yahuje umuyobozi w’akarere ka Nyanza n’abashinzwe imibereho myiza n’iterambere ry’abaturage mu tugali twose tugize ako karere yemeje ko abayobozi batarara aho bakorera bagiye gutangira guhabwa igihano bikarishye birimo kwirukanwa ku mirimo.
Ikipe y’igihugu y’igimbi y’umukino wa Volleyball yahawe itike yo kwitabira imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika izabera i Tunis muri Tuniziya, kuva tariki 28/02-09/03/2013.
Chairperson w’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu ntara y’Uburasirazuba akaba na guverineri w’iyi ntara arashima politiki ya FPR yahinduye isura mbi yari ku Munyarwanda none ubu n’abanyamahanga bakaba bifuza kuba Abanyarwanda.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Caharles Kayonga, avuga ko ikibazo cya FDLR ihungabanya umutekano w’u Rwanda kizakurikiranwa ku rwego rw’akarere k’ibiyaga bigari nyuma y’igihe kitari gito gihangayikishije u Rwanda.
Bamwe mu batuye akarere ka Muhanga baratangaza ko batinya kugana imirenge SACCO kuko bumva ko ishobora guhomba nk’uko za microfinance zahombye mu myaka ishize.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba uturere kwishakamo ibisubizo kuko byagaragaye ko bishoboka ko bimwe mu bibazo byakemuka nta nkunga ivuye ahandi.
Inzeko za polisi mu Ntara y’Uburasirazuba zirakeka ko abarashe umusore witwa Nshimyumurwa Bonaventure bamukekagaho amafaranga kuko bamutwaye agakapu yari afite ku rutugu avuye gucuruza mu isoko rya Ntunga muri Rwamagana.
Minisitiri ushinzwe ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda, Francois Kanimba, aranenga amabanki yakiriye imishinga abaturage bari batekereje muri gahunda ya Hanga Umurimo, bakayibika mu tubati ntibayihe inguzanyo cyangwa ngo bayisubize ba nyirayo bazishakire undi muterankunga.
Abakoresha umuhanda mukuru wo mu mujyi wo mu karere ka Muhanga uzwi ku izina rya Kigali-Butare barinubira ko ari muto kandi ugendwa n’abantu benshi kuko uhuza imijyi minini.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Lt.Gen Charles Kayonga n’umuyobozi wa Polisi IGP Emmanuel Gasana bagiranye ikiganiro n’inzego z’ibanze mu karere ka Rubavu kuri uyu wa kabiri tariki 04/12/2012, bababwira ko FDLR itakomeza kubatera ubwoba kuko ikibazo cyayo cyahagurukiwe n’akarere.
Habiyambere Samuel wo mu mudugudu wa Nyamatete, akagari ka Nyamugari, umurenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga akurikiranyweho kwiba moto.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Rulindo bavuga bashimishwa n’ibikorwa bagenda bageraho ku giti cyabo nta nkunga z’amahanga zitanzwe. Ngo niyo izo nkunga zitaboneka bazakomeza kwiyubakira igihugu nk’uko bakirwaniriye.
Noneninjye Jean Crallene ukora mu kigo cya Tumba College of Technology, avuga ko ashaka gutoza urubyiruko rwo mu karere ka Rulindo gukora siporo ariko akeneye ubufasha.
Havugimana Jules w’imyaka 13 utuye mu murenge wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi amaze kwigurira ihene ifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 10, abikesha inyungu yakuye mu bucuruzi bw’amagi.
Umwana w’umuhungu w’imyaka 16 witwa Ndatimana Jason wo mu mudugudu wa Mushungo, akagari ka Nyarusange, umurenge wa Kirimbi mu karere ka Nyamasheke, yarohamye mu kiyaga cya Kivu ubwo yari agiye kuvoma ahita yitaba Imana tariki 03/12/ 2012.
Abafite ubumuga butandukanye bagaragaje ko bakibangamirwa mu buryo bunyuranye, burimo no kubura uko bahabwa serivisi. Babitangaje mu gihe isi yongeye kubazirikana, kuri uyu wa mbere tariki 02/12/2012.
Umuyobozi wa polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel Gasana, arasaba Inkeragutaba zo mu karere ka Musanze kwima amatwi ibihuha, maze bagacunga umutekano wabo ndetse n’uw’abandi bashinzwe kurinda.
Urugendo rw’Amavubi muri CECAFA rwarangiye, ubwo yatsindwaga na Tanzania ibitego 2-0 mu mukino wa ¼ cy’irangiza wabereye kuri Stade Lugogo kuri uyu wa mbere tariki 03/12/2012.
Mu mpera z’icyumweru kirangiye, inzu ebyiri zafashwe n’inkongi y’umuriro watewe na sirikwi ijyanye no kwesitara amashanyarazi nabi maze zirashya zirakongoka; nk’uko Polisi ibitangaza.
Abana babiri baturikanwe n’igisasu mu gitondo cyo kuri uyu wa 03/12/2012 mu Mudugudu wa Mutara, Akagali ka Raba, Umurenge wa Minazi, Akarere ka Gakenke bahita bitaba Imana.
Urugaga rw’urubyiruko ruri mu muryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyamagabe rwubakiye umukecuru, umwe mu bahejwe inyuma n’amateka utishoboye utagiraga aho yikinga.
Umwana w’amezi 10 witwa Ishimwe Kevin wo mu mudugudu wa Kavumu, akagali ka Gahondo, mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yitabye Imana aguye mu ndobo y’amazi.
Mutabaruka Gakumba Desire, Munyemana Jean Pierre, Twahirwa Prothegene, Habiyaremye Theodere na Niyosenga Octave barashinjwa kuba barateye urugo rwa Nsengiyumva Euraste tariki 29/11/2012 bagiye kumwiba bagatema abantu batatu bari batabaye.
Umugabo witwa Nyarwaya Jean Pierre utuye mu murenge wa Ruhunde, mu karere ka Burera yiganye ingoma za kizungu maze azikora yifashishije ingoma za Kinyarwanda zikoze mu ruhu rw’inka.
Umuyobozi w’umuryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyamagabe, Philbert Mugisha aratangaza ko FPR-Inkotanyi yabahesheje agaciro ikabahindurira amateka, abantu bakaba batacyumva Gikongoro ngo bumve inzara n’abaturage bakennye cyane.
Abana b’umugore mukuru w’umugabo witwa Hategekimana Samson bakambitse mu gikari cy’umugore we muto kubera amakimbirane bafitanye ashingiye ku masambu.
Abaturage bo mu karere ka Nyagatare bizihije isabukuru y’imyaka 25 FPR imaze ivutse ndetse banishimira ibikorwa yabagejejeho nko kubakirwa no korozwa; banakangurirwa kongerera agaciro ibyo bakora no guharanira kwiteza imbere.
Abagabo babiri batawe muri yombi n’abamotari tariki 01/12/2012, mu Murenge wa Rushashi, Akarere ka Gakenke bazize kutambara ingofero-ndindamutwe (casque) bituma bimenyekana ko moto yo mu bwoko AG 100 bari batwaye bayibye mu Karere ka Rulindo.
Nubwo imyaka 25 ishize umuryango FPR-Inkotanyi uvutse, ibikorwa by’uyu muryango biracyakomeza kuko ubu aribwo ifite icyerekezo cy’imbere kandi gihamye.
Ubwo Abanyarulindo bizihizaga isabukuru y’imyaka 25 FPR imaze ivutse, bishimiye ibyo uwo muryango wabagejejeho birimo kuba barabashije kuva mu bukene, kugira umutekano, kuva mu bujiji n’ibindi byinshi bitandukanye bagiye bavuga.
Amarimbi arenga 100 mu gihugu cya Benin yibwemo bimwe mu bice by’imibiri y’abantu bashyinguyemo ijyanwa gukoreshwa mu bupfumu bwo mu bwoko bwa “Voodoo” bufasha abantu kugera ku bukire bw’agahebuzo, ibyishimo n’ubudahangarwa.
Ikibuga cya stade ya Muhanga cyari kimaze igihe cyubakwa ku buryo bugezweho kimaze kuzura, kikajya gifasha abana bato kuzamuka mu mupira w’amaguru.
Mu ntangiriro z’umwaka utaha ni bwo icyegeranyo kigaragaza inyingo y’umushinga wa Gali ya Moshi Isaka-Kigali kizashyikirizwa Leta y’u Rwanda. Icyo gihe hazakurikiraho gushakisha abashoramari bazubaka iyi nzira izatwara imyaka itanu ngo itangire gikoreshwa.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, asanga ibikorwa by’umuryango PFR-Inkotanyi bihesha Abanyarwanda bose agaciro, kuko buri gihe iba ishaka icyabateza imbere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye abakristu bo mu itorero rya ADEPR n’abandi baturage muri rusange kwirinda amacakubiri, aho ageraranya ukwemera, amoko n’ibitekerezo bitandukanye, nk’inzira nyinshi ariko ziganisha abantu bose ku Mana imwe.
Umuvugizi w’igisirikare cy’u Rwanda, Brig. Gen. Joseph Nzabamwita yemeje ko abarashe ku barinda Parike y’ibirunga, mu kagali ka Bisoke umurenge wa Kinigi akarere ka Musanze, ari agatsiko ka FDLR kahunze ubwo baheruka gutera.
Mu mikino ya ½ cy’irangiza yabereye mu karere ka Ngoma mu ntara y’Iburasirazuba, APR Volleyball Club na Kaminuza y’u Rwanda mu rwego rw’abagabo, nizo zabonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma mu irushanwa rigamije kurwanya Malariya ryeteguwe n’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ku bufatanye n’Imbuto (…)
Alphonsine Nyiranzabandora utuye mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza, avuga ko ubukene n’ubujiji byatumaga atimesera imyenda ye ariko nyuma yaho atangiye kwishyira hamwe n’abandi mu itsinda ryo kwiteza imbere byamugizeho impinduka nziza.
Inteko rusange y’Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Kamonyi (JADF), yateranye kuwa Gatanu tariki 30/12/2012, yemeje ko igomba gutegura imurikabikorwa rizaba mu cyumweru cya kabiri cy’ukwezi kwa 02/2013.
Minisitiri w’Ubuhunzi n’Ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, yaburiye abantu bahawe ubutaka kugira ngo babwororereho ariko ntibabukoreshe icyo babuherewe. Yabibwiye aborozi bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza mu nama bagiranye tariki kuri uyu wa Gatandatu 30/11/2012.
Abantu bataramenyekana barashe ku barinda barike y’ibirunga, umwe mu barinzi ahita ahasiga ubuzima, mu gitero cyagabwe mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru tariki 02/12/2012.
U Rwanda rwafashe umwanya wa mbere, runabona itike yo kuzakina ¼ cy’irangiza, ruzakina na Tanzania ku wa Mbere tariki ya 3/12/2012, nyuma yo gutsinda Eritrea ibitego 2-0 mu mukino wa nyuma mu itsinda wabereye i Lugogo kuri uyu wa gatandatu.
Ministiri w’Ubucuruzi n’Inganda,Francois Kanimba, yasabye abanyeshuri batangiye itorero ry’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu Karere ka Rusizi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, kuzajya barangwa no gukora cyane.
Kirehe-Barishimira ko isaburu ya FPR Inkotanyi igeze baramaze kubona amashanyaraziAbanyamuryango bo mu karere ka Kirehe bizihije umunsi mukuru w’umuryango FPR Inkotanyi ku rwego rw’akarere, kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012, bishimira byinshi bagezeho birimo kuba aka karere gafite iterambere ririmo amashanyarazi.
Akarere ka Nyamasheke kaza ku isonga mu Ntara y’iburengerazuba mu kugira abanyamuryango benshi ba FPR-Inkotanyi kandi bakora neza, nk’uko byemezwa na Komiseri Ushinzwe Imibereho myiza mu muryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba, Madame Nirere Françoise.
Abikorera bo mu karere ka Nyamagabe bahisemo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, berekana ibyo bagezeho babikesha uyu muryango, mu imurikabikorwa ry’iminsi ibiri ryatangiye kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012.
Guverineri w’Intara y’i Burasirazuba, Célestin Kabahizi, aratangaza ko ibura ry’umuriro rya hato na hato ryabangamiraga akazi muri iyo Ntara, rigiye kubonerwa igisubizo kirambye, nk’uko byagarutsweho mu nama y’umutekano yaguye y’Intara y’i Burengerazuba, kuwa Gatatu tariki 28/11/2012.
Abapolisi 450 boherejwe na leta ya Congo bamaze kugera mu bice bagomba Gukoraremo, nyuma y’uko ingabo n’abapolisi ba M23 bavuye mu mujyi wa Goma n’utundi duce bari bafashe nyuma ya taliki 20/11/2012.