Abarozi bibumbiye muri cooperative “KAMU Zirakamwa” yo mu murenge wa Mudende bavuga ko mu mezi ane bamaze guhomba ibihumbi 500 bitewe n’ibyuma rweyemezamirimo yashyize muri iryo kusanyirizo ry’amata bubakiwe ku nguzanyo ya BRD.
Abafite amazu y’uburiro, ubunywero n’acumbikira abagenzi mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu barasabwa kongera imbaraga mu byo bakora bita cyane ku isuku kuko hari aho byagaragaye ko bidakorwa neza.
Twizerimana Silas uvuka mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero yakoreraga sosiyete y’Abashinwa yubakaga umuhanda Ngororero-Mukamira aza kugongwa n’imodoka none amaze umwaka n’amezi ane atarabona ubufasha mu kwivuza.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubuzima, Dr Uzziel Ndagijimana, yarasabye rwiyemezamirimo wubaka inyubako y’ibitaro bya Kirehe kumenyesha hakiri kare ikibazo yahura nacyo mu kubaka aho kugira ngo ahagarike akazi.
Igihe cyo kwiyandikisha mu marushanwa ya Rwanda Premier Models Competition (RPMC) cyongereweho icyumweru kugira ngo abanyeshuri bari gukora ikizamini cya Leta nabo babone amahirwe yo kwiyandikisha. Kwiyandikisha byagombaga kurangira tariki 17/11/2012 none bizarangira tariki 24/11/2012.
Mu muganda wabaye kuri uyu wa gatatu tariki 14/11/2012 mu karere ka Kirehe, umurenge wa Gahara ku gasozi ka Rununga hatewe ibiti ibihumbi 15 mu rwego rwo kubungabunga amashayamba.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Milutin Micho, avuga ko itsinda u Rwanda ruherereyemo mu gikombe cya CECAFA izabera muri Uganda kuva tariki 24/11/2012, ari iryo kwitonderwa kuko amakipe arigize ashobora gutungurana.
Gutanga serivise nziza ni ikintu cy’ingenzi cyane buri wese yagakwiye kwitaho kuko ngo burya umukiriya umwe ugiye atanyuzwe aruta 10 banyuzwe ariko batazagaruka; nk’uko byemezwa na Nahimana Therese uyobora Mukamira House mu karere ka Nyabihu.
Ibitego bibiri kuri bibiri nibyo byakiranuye u Rwanda na Namibia mu mukino wa gicuti wabereye kuri stade Amahoro tariki 14/11/2012, gusa abatoza ba Namibia bababajwe cyane n’imisufurire y’uwo mukino bavuga ko bagombaga gutsinda u Rwanda ibitego 3-2.
Inyeshyamba enye z’umutwe wa FDLR na Mai-Mai n’umusirikare umwe wa Leta ya Kongo-Kinshasa baguye mu mirwano yabahuje mu cyumweru gishize mu gace ka Lubero mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere (JADF) ryo mu karere ka Gisagara ryasoje amahugurwa y’iminsi ibiri ryatangaga ku bafasha myumvire b’irihuriro bakorera mu mirenge igize aka karere.
Abasore n’inkumi 240 bo mu mirenge yose igize akarere ka Musanze, tariki 14/11/2012, basoje amahugurwa bamazemo amezi atatu bahugurwa ku guhindura imyumvire hagamijwe kumenya kwihangira imirimo.
Umukobwa ufite imyaka 22 witwa Nyiraguhirwa Angelique, utuye mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze, avuga ko nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri 2011, yahise ajya kubumba amatafari ya rukarakara, none nibyo bimutunze.
Urubanza rwa Stanislas Mbanenande ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye ruratangira kuri uyu wa kane tariki 16/11/2012 mu gihugu cya Suede.
Umugabo w’imyaka 52 witwa Murenzi utuye mu karere ka Rusizi amaze umwaka yibasiwe n’indwara z’amavunja zamufashe ubu akaba atabasha kugenda kuko ngo iyo akandagira aba ari kubabara.
Celestin Vuningoma w’imyaka 32 na Alphonse Ndacyayisenga w’imyaka 23 bakomoka mu Karere ka Kamonyi bafatanwe ibiro bitanu by’urumogi ubwo bakoraga impanuka mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke tariki 11/11/2012.
Abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri yisumbuye nderabarezi (TTC) kuri uyu wa 14/11/2012 bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye bwa mbere kuva byakwegurirwa ishuri rikuru nderabarezi rya Kigali (KIE).
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro ry’i Kigali (IPRC) ryatanze impamyabushobozi ku bakozi b’ibitaro 17 baryigagamo, bakaba bagiye kuziba icyuho kigeze byibuze kuri 1/3, cyo kubura abasana ibyuma bikoreshwa mu bitaro bya Leta mu Rwanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe indangamuntu mu Rwanda cyiramagana umuntu uwo ariwe wese ufatira indangamuntu ya mugenzi we kuko nta mpamvu n’imwe yemerera umuturage kubika indangamuntu itari iye.
Imashini ebyiri zikora umuhanda za kompanyi NPD/COTRACO yakoraga umuhanda mu karere ka Ngoma zafashwe n’inkongi y’umuriro tariki 13/11/2012 mu mujyi wa Kibungo zirashya zirakongoka.
Kuri uyu munsi tariki 14.11.2012, umunyamakuru ku Isango Star, Patrick Kanyamibwa, n’umudamu we Mukabacondo Jeanine Keza bizihije isabukuru y’imyaka itatu bamaze bashyingiranywe.
Umuntu umwe yitabye Imana aguye mu ruzi rw’Akagera abandi babiri barakomereka bazize inkubi y’umuyaga yibasiye akarere ka Bugesera mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Abakuru b’amadini batandukanye barututse mu bihugu bigize akarere k’ibiyaga bigali, bateraniye i Kgali aho biga uruhare rw’amadini bahagarariye mu kugarura amahoro no guhuza abaturage batuye muri aka karere.
Komiseri mukuru w’urwego rw’amagereza mu Rwanda, Paul Rwarakabje, arasaba ubuyobozi bwa gereza ya Cyangugu kwicyemurira ikibazo cy’inyubako zishaje kuko abafungiye muri iyo gereza birirwa batanga amaboko hirya no hino mu bikorwa by’ubwubatsi kandi bakabigaragazamo ubuhanga.
Mu nama yahuje ubuyobozi bw’ibanze na polisi mu murenge wa Buyoga mu karere ka Rulindo, tariki 13/11/2012, byagaragaye ko nta bibazo by’ihohoterwa rishingiye ku bitsina bafite kuko bahagurukiye kubirwanya.
Isosiyete ikora imyenda yo mu gihugu cy’Ubuyapani yitwa Seiren yashyize ahagaragara ikariso irwanya umwuka mubi ushobora guturuka ku mubiri w’uyambaye ku gikero kiri hagati ya 89 na 99 ku ijana.
Ubwo hahabwaga ibiganiro ku bumwe n’ubwiyunge tariki 13/11/2012, abaturage bo mu kagari ka Kazizi ho mu murenge wa Nyamugari mu karere ka Kirehe batangaje ko icyumweru cyahariwe ubumwe n’umbwiyunge gisanze bariyunze nyabyo.
Mu rwego rwo gushyigikira uburinganire n’iterambere ry’umuryango, mu karere ka Ngororero biyemeje kuzamura umubare w’abagore bagaragara mu mirimo itandukanye itari iy’ubuhinzi, kuko hari abacyitinya bigatuma basigara inyuma.
Bamwe mu basheshe akanguhe bo mu murenge wa Gakenke mu karere ka Gakenke batangaza ko batanyuzwe n’uburyo abakuru b’imidugudu batoranyijwe abari mu zabukuru bazahabwa inkunga ya VUP.
Tough Stuff Solar ni sosiyete icuruza amatara atanga umuriro ukomoka ku mirasire y’izuba yihaye intego yo kugeza amatara ku baturage bo mu byaro mu rwego rwo guca akadodowa kuko gatera ndwara z’imyanya y’ubuhumekero ndetse n’amaso.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Abanyamerika bigaragaza ko inyangingo z’imiterere y’ubwenge zigenda zimuka, bitewe n’ubuzima tubamo, bigatuma ubwenge bwacu bugabanuka uko bwije n’uko bukeye.
Minisitiri ushinzwe iterambere mpuzamahanga mu Bwongereza, Justine Greening, arashima intambwe yatewe n’u Rwanda mu kurwanya ubukene, ndetse n’uburyo rukoresha inkunga rubona mu bikorwa by’iterambere.
Ifoto ya Obama ahoberana cyane n’umufasha we yiswe “four more years » yashyizwe ku mbuga nkoranyambanga nka facebook na twitter n’umuryango wa Obama, ubwo yari amaze gutorerwa kongera kuyobora Amerika, ngo yafotowe tariki 15/08/2012 ifotorwa n’uwitwa Scout Tufankjian.
Myugariro wa Yanga Africans ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Mbuyu Twite, uzwi nka Gasana Eric mu Mavubi, ashobora gufatirwa ibihano, nyuma yo kwanga kuza gukina umukino wa Namibia tariki 14/11/2012 ndetse na CECAFA izaba tariki 24/11/2012.
Umukino wa gicuti ugomba guhuza u Rwanda na Namibia kuri uyu wa gatatu tariki 14/11/2012 kuri stade Amahoro i Remera, washyizwe ku mugoroba guhera saa kumi n’imwe n’igice aho kuba saa cyenda n’igice nk’uko byari biteganyijwe.
Amafaranga y’umurengera ba rwiyemezamirimo baka amabanki akorera mu Rwanda, arabahangayikishije kuko bataba bizeye ko azishyurwa. Minisiteri y’Inganda n’Ubucuruzi (MINICOM) nayo yemeza ko izo mpungenge zifite ishingiro.
Polisi y’igihugu igiye kujya ifatanya n’itangazamakuru mu gukumira ibyaha, guharanira uburenganzira bwa muntu ndetse no kwita kuri gahunda zigamije iterambere rirambye ry’igihugu muri rusange.
Habiyakare Jean Nepomscene, Niyoyita Emmanuel na Murenzi Francois, bafungiye kuri sitasiyo ya polisi i Kabarondo mu karere ka Kayonza bazira kwica imbogo muri Parike y’Akagera. Bateze umutego muri parike tariki 07/11/2012 ufata imbogo ku cyumweru tariki 18/11/2012.
Umugore witwa Mary Achieng utuye mu mujyi wa Nakuru muri Kenya yakubise umugabo we witwa Moses Oduor amuziza ko yasesaguye amafaranga y’urugo mu kabari yishimira itorwa rya Barack Obama, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Umuryango utegamiye kuri Leta, ATEDEC wateye inkunga abagore 100 babana na virusi itera SIDA bo mu mirenge itatu yo mu karere ka Nyamasheke kugira ngo bahereho biteze imbere. Buri mugore yahawe amafaranga ibihumbi 20.
Abakozi bakorera KPC (Kigali Professional Cleaners), isosiyete ikora isuku muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, bigaragambije mu gihe cy’amasaha make tariki 13/11/2012 kubera ko umukoresha wabo atabishyuye amafaranga yari yababeshye ko yabashyiriye mu isanduku y’ubwiteganyirize bw’abakozi.
Ku gicamunsi cyo ku wa mbere tariki 12/11/2012, imvura ivanzemo umuyaga n’urubura yasenye amazu 37 mu tugari twa Gihara na Kagina mu murenge wa Runda. Abasenyewe bacumbikiwe n’abaturanyi mu gihe ubuyobozi bukibasabira inkunga y’amabati ku karere.
Umusore witwa Nteziyaremye wo mu kagari ka Rusave mu murenge wa Murama mu karere ka Kayonza, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kabarondo, akurikiranyweho icyaha cyo kwica umuntu akoresheje ifuni.
Polisi yataye muri yombi abantu babatu bakomoka mu Karere ka Gakenke bakekwaho gukora amafaranga mpimbano y’amadolari bakanagerageza kuyakwirakwiza mu baturage.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buremeza ko bizagera muri Nyakanga 2013 abaturage 8540 bagejejweho amazi meza nubwo kugeza ubu abamaze kuyabona ari 85 gusa. Icyi kizere ngo kiraterwa nuko imishinga izageza aya mazi meza ku baturage iri gukurikiranwa.
Abanyeshuri bo muri College ya Karambi mu murenge wa Kabagari mu karere ka Ruhango bamaze kubakirwa ivomo ry’amazi meza kandi na gahunda yo kuyabagezaho ikaba iri hafi. Ikibazo cy’amazi kuri iryo shuri cyatangiye kugaragazwa kuva muri Mata 2012.
Abanyamuryango ba koperative KOZIMU (Koperative Zigama Ibicanwa Munyarwanda) ikorera mu murenge wa Kinihira, akarere ka Rulindo, bahisemo gukoresha icyo bise PISIMEKA mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ibicanwa cyatumaga bangiza ibidukikije.
Umukinnyi w’umunya-Kameroni, Samuel Eto’o Fils, yaba ahabwa ibihumbi 15 by’ama euro uko atsinze igitego, ndetse n’ibihumbi 7.8 by’amaeuros uko atanze umupira mwiza maze udi agahita atsinda.
Ikipe ya Police Handball Club yerekeje muri Maroc tariki 12/11/2012 aho igiye kwitabira imikino y’igikombe cya 34 gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, izatangira tariki 14-25/11/2012.