Mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ivutse, tariki 25/11/2012, ubuyobozi bw’uwo muryango mu karere ka Muhanga bwasabye abatuye aka karere kwishimira ko mu Rwanda ikimenyane kiri kugenda gikedera.
Afurika ni umugabane ufatwa nk’uwibibazo kubera intambara n’inzara bihoramo, ariko umuntu yitegereje neza asanga abazungu aribo batera ibyo bibazo; nk’uko bitangazwa na Perezida w’Inteko ishina amategeko y’u Rwanda, Depite Rose Mukantabana.
Etienne Karemera w’imyaka 38 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Murambi, akagali ka Masangano, umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yatoraguye gerenade yo mu bwoko bwa “STICK” mu murima w’umuturage ahita ayishyikiriza inzego zishinzwe umutekano.
Guhera mu kwezi kwa 11/2012 ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwahinduranyije abakozi batandukanye bakora mu mirenge yo muri ako karere mu rwego rwo kongera imikorere myiza.
Uwahoze ari Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza akaba ari umujyanama wa Perezida Kagame, avuga ko adashyigikiye abashaka guhagarikira inkunga u Rwanda; ahubwo asanga u Rwanda rugomba gushyigikirwa mu ntambwe rurimo y’iterambere.
Ababaturage bo mu murenge wa Gihundwe akarere ka Rusizi batangaza ko inyamaswa zitwa inkende zibonera imirima cyane kuko ngo zimaze kuba nyinshi cyane imusozi. Bimwe mu bihingwa izi nyamaswa zona cyane ni ibijumba imyumbati ndetse n’ibindi byerera mu butaka.
Perezida Paul Kagame na mugenzi we Denis Sassou-N’guesso wa Congo Brazzaville bashyigikiye imyanzuro yafashwe n’inama y’akarere (ICGLR) igamije gushakira umuti ikibazo cy’intambara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo; nk’uko bigaragara mu itangazo rya Leta y’u Rwanda.
Umwana w’imyaka 7 witwa Gisubizo Janvier, yagonzwe n’imodoka ya Sosiyete y’Abashinwa bakora umuhanda mu karere ka Nyamasheke saa tanu tariki 25/11/2012 yitaba Imana nijoro aguye mu Bitaro bya Kibogora.
Umunyafurika y’Epfo, Lill Daren, ni we wegukanaye isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka u Rwanda ‘Tour du Rwanda’ ryasojwe ku cyumweru tariki 25/11/2012. Intera yose hamwe ya kilometero 894 yarayirangije akoresheje amasaha 22 iminota 43 n’amasegonda 41.
Mu mpera z’icyumweru cyaangiye tariki 25/11/2012, Abanyarwanda 50 biganjemo abagore n’abana batahutse bavuye muri Congo. Batangaza ko kugararuka mu rwababyaye babibonye nk’inzozi kuko ngo bari barambiwe no kuba mu mashyamba hamwe n’abana babo.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu kagari ka Muhororo umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, baravuga ko mu bizima bwabo batigeze babona irindi shyaka ryumva ibibazo by’abaturage, ariko ubu upfa guhura n’ikibazo gito waterefona FPR ibisubizo bikagusanga aho wibereye.
Tonzi uherutse gushyira ahagaragara alubumu ye ya kabiri mu gitaramo yise “East Africa Gospel Concert” kuri ubu ari kubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho ari mu mwiherero (Retraite).
Mu mbyino n’indirimbo, imivugo n’ibiganiro; abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu tugari twa Ruyenzi na Muganza, two mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi; barishirira ibyiza u Rwanda rwagezeho rubikesha FPR.
Ally Bizimana wahoze atoza Mukura FC ubu akaba ari umutoza wungurije muri Rayon Sport akomeje gutunga agatoki akarere ka Huye kuba karamwambuye amafaranga miliyoni 2 n’ibihumbi 100 y’umushahara.
Utugari twose tugize akarere ka Karongi twizihije isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe maze imiryango itishoboye ihabwa inka n’ihene mu birori byabaye tariki 25/11/2012.
Ambasaderi Hwang Soon Talk yashimye ibikorwa by’umuryango w’Abanyakoreya witwa Good Neighbors mu kagari ka Kagina mu murenge wa Runda kuko byagejeje abaturage ku iterambere.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Aime Bosenibamwe, arasaba abaturage bo mu karere ka Burera gukaza umurego bagakora bakiteza imbere, bakirinda ibihuha bivugwa hirya no hino ku ma Radio ko u Rwanda rufasha M23, inyeshyamba zirwanya Leta ya Congo.
Ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni imwe n’ibihumbi 584 na 500 mu mafaranga y’u Rwanda, nibyo ubuyobozi bwameneye imbere y’imbaga mu murenge wa Ruhunde, akarere ka Burera mu rwego gukomeza gukangurira Abanyaburera kwitandukanya nabyo.
Ministre w’Umutekano, Sheikh Musa Fasil Harelimana, yasabye abatuye agace ka Rusizi gahana imbibe na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, gusabana n’abaturanyi bagenzi babo b’Abanyekongo no kwita ku mutekano.
Minisitiri w’Umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, yifatanyije n’abaturage ba Nyabihu mu gikorwa cyo gutera ibiti cyabereye mu misozi ya Cyamabuye yo mu duce twa Muderi na Matyazo mu murenge wa Karago, kuri uyu wa Gatandatu tariki 24/11/2012.
Umunya Afurika y’Epfo Lill Darren ni we wongeye kwegukana umwanya wa mbere ahita anahabwa umwambaro w’umuhondo uhabwa umukinnyi umaze gusiga abandi bose kuva isiganwa ryatangira. Ku umunsi wa karindwi w’isiganwa rya Tour du Rwanda, ryakomeje kuwa wa Gatandatu tariki ya 24/11/2012.
Ubuyobozi bwa M23 bukomeje gutsimbarara ku cyemezo cyabwo cyo kuva mu mujyi wa GOma no kuwusubiza Leta ya Kinshasa, nyuma y’aho inama yahuje abakuru b’ibihugu bigize Inama Mpuzamahanga y’Ibiyaga Bigali (ICGLR), yari yayisabye kuva I Goma mu minsi ibiri.
Perezida wa Sena, Dr. Jean Damscene Ntawukuriryayo, yasabye abaturage bo mu murenge wa Rwinkwavu kurinda ibiti, mu rwego rwo ku bungabunga ubuzima bwa bo n’ubw’ibidukikije muri rusange.
Pascal Nkurunziza w’imyaka 27, afungiye kuri station ya Polisi ya kamembe akekwaho gufata umwana w’imyaka 13 ku ngufu, ariko nyirubwite akabihakana n’ubwo abishinjwa n’abaturanyi be bamufashe.
Abasirikare bane bambutse umupaka wa Rusizi baurutse muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo, bavuga ko bari barambiwe kuba mu mutwe wa FDLR udafite politiki ihamye ugenderaho.
Inama y’abayobozi b’ibihugu bigize umuryango w’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), yari itaraniye Kampala yiga ikibazo cy’intambara ibera mu burasirazuba bwa Congo, yasoje isaba ko abari abapolisi bakoreraga mu mujyi wa Goma basubizwa ibikoresho bagasubira mu kazi.
Abayobozi bo mu karere ka Gisagara barasabwa kwegera abaturage bayobora, babasanze mu mirenge no mutugari, bakabafasha gukemura ibibazo bihari no kumva ibitekerezo byabo, cyane cyane muri gahunda z’imihigo.
Polisi y’igihugu yo mu karere ka Musanze, yahuguye abaturage uburyo bakwirinda impanuka zo mu muhanda, bagabanya umuvuduko, birinda ubusinzi, bakoresha umuhanda neza n’ibindi, mu rwego rwo kwizihiza icyumweru cy’umutekano wo mu muhanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yabwiye abitabiriye umuganda wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 24/11/2012, i Masaka mu karere ka Kicukiro, ko batagomba gutegereza ko hari ibindi bikenewe kugira ngo bihaze muri byose, kuko n’Imana itakimanura ibyo kurya by’ubuntu.
Jean Pierre Ntawusigiryayo w’imyaka 54, utuye mu murenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, yafashe icyemezo cyo gukangurira bagenzi be bakoranye impibonano mpuzabitsina kujya kwipimisha bakamenya uko bahagaze, nyuma yo kumenya ko afite virus itera SIDA.
Abaturage bo mu mirenge ya Musebeya na Buruhukiro bivuriza ku kigo nderabuzima cya Musebeya, ntibishimira kuba iyo bibaye ngombwa ko boherezwa ku bitaro babohereza i Kaduha, bemeza ko bigoranye kugera kuhagera, aho koherezwa ku bitaro bya Kigeme.
Kwishyura imitungo yangijwe muri Jenoside ntibigora ubikora iyo afite ubushake bwo kwishyura, nk’uko bivugwa na Jean Bosco Kambanda, umwe mu bangije imitungo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’u Rwanda hagiye guterwa ishyamba rya kijyambere, rizafasa mu kongera kuzahura umutungo kamere n’ibidukikije byagiye byangizwa, biturutse ku ngaruka z’iyangirika ryabyo n’isuri muri rusange.
Abatuye umurenge wa Kiyumba biyubakiye inzu y’izajya ikoreramo umurenge Sacco yawo, iyi yarubatswe ku mafaranga yari avuye ahanini mu banyamuryango bayo, aho buri munyamuryango yatangaga amafaranga ibihumbi bine kugira ngo yubakwe.
Imodoka eshatu zagonganiye mu gishanga cya Nyabarongo, zakomereje abantu bane zinafunga umuhanda mu gihe cy’amasaha atatu, ahagana mu masaha y’Isaa Moya z’umugoroba, wo kuri uyu wa Gatanu tariki 23/11/2012.
Guverineri w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwali, aributsa abayobozi ko bagomba gutura aho bayobora, utabishoboye akareka ababishoboye bagakora. Yemeza ko ari mu rwego rwo kugira ngo bakurikirane ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo intara yiyemeje.
Imiryango igera ku 162 yo mu murenge wa Muganza, akarere ka Rusizi, yashikirijwe inkunga y’ibiryo, yiganjemo ibigori, amavuta yo guteka n’ibishyimbo, nyuma y’uko ako gace kibasiwe n’ibiza biherutse kuba, byasize byangije ibintu by’abaturage abandi bakahasiga ubuzima.
Ababyeyi bo mu karere ka Bugesera barasabwa kwita ku isuku y’abana babo, kuko usanga henshi mu byaro byo mu Rwanda hariabana batameserwa imyenda ntibanabakarabye. Icyo bikiyongeraho n’isuku nke y’aho barara.
Ubuyobozi bwa M23 bwagaragaje aho uyu mutwe ukura ubushobozi bwo kurwanya ingabo za leta ya Congo. Ibikoresho ingabo za Leta ya Congo ziba zataye, nk’uko babitangarije itangazamakuru, kuri uyu wa Gatanu tariki taliki ya 23/11/2012.
Minisitiri Bernard Membe ushinzwe Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane muri Tanzaniya yemeje ko igihugu cye cyiteguye kohereza ingabo kurwanya umutwe wa M23 muri Congo igihe LONI yaba itanze uburenganzira.
Uruhinja rumaze nk’icyumweru kimwe ruvutse rwatoraguwe rukiri ruzima mu gashyamba ko mu mudugudu wa Kinene, mu kagali ka Gasoro mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza.
Mu gihe mu cyumweru gishize abanyaruhango bari biteguye gutaramana na Orchestre Impala, nyuma ikaza kubatenguha nize, ubu noneho icyizere ni cyose cy’uko kuri uyu wa Gatandatu tariki 24/11/2012 bagomba kuba barikumwe nazo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yongeye gutangaza ko nta ruhare u Rwanda rufite mu guteza umutekano muke mu karere, kandi ko ari ko Umunyamabanga wa Leta mushya, Amb. Eugene-Richard Gasana, usanzwe uhagarariye u Rwanda mu muryango w’abibumbye (UN), asabwa kujya kuvuga.
Umusore w’umunyamerika wari uri hafi kurongora asigaje nk’icyumweru kimwe, yagiye gusura kwa sebukwe asanga ntabahari, ariko asangayo murumuna w’umukobwa yagomba kurongora. Nyamukobwa si ukumushotora yiva inyuma ariko ku bw’amahirwe umuhungu ntacyo yakoze.
Byibura abaperezida 10 bategerejwe guhurira i Kampala muri Uganda tariki 24/11/2012 ngo baganire ku butabazi bwihuse bakorera abaturage ba Congo bugarijwe n’intambara ingabo z’icyo gihugu FARDC zirwana n’umutwe wiyise M23.
Akarere ka Nyamasheke karishimira ko abaturage bagatuye bakangukiye gukoresha neza ifumbire kandi imvura ikaba yaragwiriye igihe mu gihembwe cya mbere cy’ihinga cy’umwaka wa 2013 bikazatuma umusaruro w’ubuhinzi wiyongera, nk’uko babiteganya.
Mu mujyi wa Goma hamwe n’ahandi hafashwe n’ingabo z’umutwe wa M23 abaturage barimo kwizezwa umutekano, bagasabwa gusubira mu mirimo yabo. Mu nama yahuje ubuyobozi bwa M23 n’abayobozi b’ibitangazamakuru tariki 22/11/2012 bijejwe imikoranire myiza.
Abaturage bo mu Murenge wa Kavumu bari amasambu bambuwe n’icyahoze ari umushinga wa DRI RAMBA GASEKE, bariruhukije tariki 22/11/2012 ubwo basubizwaga amasambu yabo mu nama bagiranye n’umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon.
Kuba abazajya bagaragaraho ubusinzi kimwe n’abazatanga inzoga ku bantu basinze bazajya bahanwa n’itegeko bizatuma bamwe bazajya banywa birinda kugaragaza ibyishimo.
Umuryango wa gikiristu World Vision (WV) uvuga ko impfu z’abana ziri ku kigero cya 76/1000 mu Rwanda, zikwiye kurwanywa hashingiwe ku guha abaturage iby’ibanze bikenerwa mu buzima, no kubakangurira kumenya ko izo mpfu zishobora gukumirwa burundu.