Kuva tariki 12/11/2012 mu mirenge ya Kabarore na Rwimbogo yo mu karere ka Gatsibo haravugwa indwara y’uburenge yibasira inka.
Inzoga y’inkorano yitwa ‘Kayuki’ ikorerwa mu murenge wa Nkotsi mu karere ka Musanze, ngo yaba igiye gukorerwa isuzumwa, kuko imerera nabi abayinyoye, bikabatera gukora urugomo rukabije.
Ishyaka The Communist Party of China (CPC) ryo mu Bushinwa ryiyemeje ubufatanye n’umuryango FPR-Inkotanyi, hagamijwe kunoza ibirebana n’inshingano zabo.
Mu murenge wa Mamba mu karere ka Gisagara hagaragaye ubwoko bw’imyumbati irumbuka cyane ku buryo igiti kimwe cyeraho imyumbati ipima ibiro 80.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ishinzwe gucunga ibiza no gucyura impunzi, Antoine Ruvebana, atangaza ko imishyikirano ya Leta ya Congo n’umutwe wa M23 nigera ku mahoro u Rwanda ruzaruhuka kwakira impunzi zihahungira kubera ihohoterwa bakorerwa.
Abarema isoko rya Kinyababa, riri mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera barishimira ubwiherero bushya bwubatse hafi y’isoko kuko bwatumye muri iryo soko ndetse no mu nkengero yaryo hagaruka isuku.
Tombola y’uko amakipe azahura muri 1/8 cy’irangiza mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi (UEFA Champions League) yagaragaje ko Real Madrid yo muri Espagne na Manchester yo mu Bwongereza zizahura.
Ku rutonde rwa FIFA rwashyizwe ahagaragara tariki 19/12/2012 u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa 134, bivuze ko rwamanutseho imyanya 12. Mu kwezi gushize, u Rwanda rwari ku mwanya wa 122.
Mu rwego rwo kwitegura imikino yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi cya 2014, kuri uyu wa 21/12/2012, ikipe y’igihugu irerekeza muri Angola gukina umukino wa gicuti n’ikipe y’icyo gihugu, nayo yitegura kujya mu mikino y’igikombe cya Afurika.
Nyuma y’amezi abiri gusa igaragarira ku murongo wa interineti wa www.rwandafamily.tv, guhera tariki 20/12/2012 Family TV yatangiye no kugaragara kunyakiramashusho zisanzwe (televiseur). Umuntu ufite ifatabuguzi rya StarTimes ashobora kuyireba kuri shene ya 121.
Umugabo uzwi ku izina rya Musaza Xaveur utuye mu kagali ka Kabugondo, umurenge wa Mugina akarere ka Kamonyi amaze gutunga abagore 15 mu myaka 45.
Perezida Kagame yamenyesheje abanyamuryango ba RPF ko mu myaka 25 umuryango umaze ushinzwe, wageze ku bikorwa by’ibanze bimeze nko gusiza ikibanza no kubaka umusingi w’iterambere, igisigaye akaba ari ukubyubakiraho.
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni waje mu Rwanda kwifatanya n’umuryango RPF-Inkotanyi kwizihiza isabukuru y’imyaka 25, yavuze ko RPF-Inkotanyi yashoboje Abanyarwanda kugenderana no guhahirana n’akarere, bitandukanye na Leta zayibanjirije avuga ko zigishaga urwango no kwironda.
Abahanga mu by’imiyoborere baturutse hirya no hino ku isi, bifatanyije n’umuryango RPF-Inkotanyi mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umaze ushinzwe, aho bavuze ko uyu muryango ari intangarugero muri Afurika mu kugira icyerekezo gihamye kiganisha ku iterambere.
Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, yongeye guhamya ko indangagaciro z’umuryango FPR-Inkotanyi zitigeze zihinduka, cyane cyane mu gihe bibaye ngombwa ko harengerwa uburenganzira bw’Abanyarwanda n’igihugu.
Ingamba zimaze gufatwa mu guharanira ko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda cyangwa n’ahandi ku isi ni nyinshi kandi zizanakomeza mu gihe biri ngombwa, nk’uko byatangajwe Ministiri w’intebe, mu nama mpuzamahanga yabereye i Kigali, kuri uyu wa kabiri tariki 18/12/2012.
Ubucamanza bwo muri Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bwahanishije Christopher Chaney igifungo cy’imyaka 10, kubera kwinjira muri emails z’ibyamamare akiba amaforo yabo bambaye ubusa akayashyira kuri internet.
Kuva tariki 16/12/2012, Abanyekongo 300 bavuga Ikinyarwanda bamaze kugera mu nkambi ya Nkamira iri mu karere ka Rubavu bahunga ibikorwa by’ihohoterwa bavuga ko bakorerwa n’ingabo za Leta ya congo.
Abaturage bo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bavuga ko imvura imaze iminsi igwa iramutse idatanze agahenge yazatuma abaturage basonza kuko iri kubangiriza imyaka.
Umuryango Francois Xavier Bagnoud (FXB) ugiye kujya wibanda ku bikorwa byo kurengera abana bakomoka mu miryango itishoboye yo mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza.
Kuwa gatandatu tariki 15/12/2012 mu gihugu cya Thailand, sosiyete ikora imodoka yitwa AutoAlliance Thailand ihuriweho n’amasosiyete asanzwe azwi mu gukora imodoka yitwa Ford na Mazda yateguye umunsi mukuru wo kwizihiza ishira ry’isi.
Umuyobozi w’a karere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, arahamagarira ba rwiyemeza miririmo batsindiye kwishyuza imisoro muri ako karere gukora iyo bwabaga kugira ngo hagaragare umusaruro ushimishije.
Ingo 12 zo mu kagari ka Kabeza, umurenge wa Kabarore zimaze kwibwa insinga z’amashanyarazi nyuma yo kumara igihe batanze amafaranga ngo bahabwe amashanyarazi ariko na n’ubu ngo ntibarayabona.
Aborozi bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza bari guhura n’igihombo kubera ko bashyiriweho akato kubera indwara y’uburenge yagaragaye muri uwo murenge. Aborozi bafite inka zikamwa bavuga ko batemerewe kugurisha amata ahantu na hamwe.
Mathieu Ngudjolo Chui wahoze ari mu bayobozi b’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Congo Kinshasa yahanaguweho ibyaha n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) kubera ko nta bimenyetso bifatika ubushinjacyaha bwagaragaje ko yakoze ibyaha by’intambara n’ibyibasira inyoko muntu.
Perezida Paul Kagame aremeza ko ibizakorerwa ku nyubako nshya y’icyicaro cy’umuryango FPR-Inkotanyi kigiye kubakwa mu murenge wa Rusororo mu karere ka Gasabo, buri wese azaba abifiteho uruhare n’utari umunyamuryango wayo.
Abasore n’inkumi 314 bari bamaze ibyumweru 3 mu Itorero kuri site ya Groupe Scolaire IBUKA mu murenge wa Kabaya bashyigikiye ikigega AgDF bakusanya amafaranga 94200.
Nyuma y’igihe batemeranya ku ngingo bagomba kuganiraho, abahagarariye Leta ya Congo na M23 bemeranyijwe ko mubyo bazigaho harimo gusuzuma amasezerano Leta ya Congo yagiranye na CNDP taliki 23/03/2009 hamwe no kurebera hamwe imicungire y’igihugu.
Uwatorewe kuyobora imirimo y’irangiza ry’ibikorwa by’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) Theodore Meron uri mu ruzinduko mu Rwanda aho yagiranye ibiganiro n’umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda, Martin Ngoga.
Umukinnyi Christopher Katongo wo muri Zambiya yemejwea na BBC ko ari we mukinnyi witwaye neza mu bakinnyi bakomoka muri Afurika muri uyu mwaka wa 2012.
Abanyarwanda batuye mu mahanga barizeza Leta ko bagiye gushyira ingufu mu bikorwa bigamije iterambere ry’igihugu.
Kuba umusemburo w’impinduka nziza mu muryango nyarwanda ni bwo butumwa bwatanzwe ku banyeshuri basoje Itorero mu karere ka Nyagatare tariki 17/12/2012.
Hakizamungu Jean w’imyaka 20 utuye mu murenge wa Kirehe yiyemerera ko yakubise se umubyara ikibando mu mutwe tariki 15/12/2012 ahagana saa sita n’igice z’amanywa akajyanwa mu bitaro bya Kirehe nyuma akaza kwitaba Imana tariki 17/12/2012.
Majoro Bertin Chirumana waje ayoboye Polisi yaje gucunga umutekano mu mujyi wa Goma taliki 31/11/2012 ubwo ingabo za M23 ziteguraga kuva muri uyu mujyi yatoraguwe yishwe arashwe amasasu arenga 9 aho yari atuye taliki 15/12/2012 .
Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ingufu n’Amazi, Isumbingabo Emma Françoise, yasabye abanyeshuli barangije Itorero mu karere ka Karongi gukomeza kurangwa n’ubutore ku rugerero kuko ari nayo ntego nyamukuru y’Itorero.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi Kayumba Bernard arasaba urubyiruko kutazapfusha ubusa amahirwe rwagize yo gukurira mu bihe u Rwanda rufite ubuyobozi bwiza.
Umusaza w’imyaka 62 witwa Nemeyimana Jean Nepo utuye mu Kagali ka Gisozi, Umurenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke avuga ko amaze imyaka 41 arwaye indwara yitwa “ibinimba” izwi ku izina ry’imidido.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buvuga ko Hoteli iri kubakwa muri ako karere ari igikorwa cy’indashyikirwa ndetse kizagirira akamaro akarere, abakagendamo hamwe n’abaturage b’akarere.
Umuyobozi w’akarere ka Huye wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Cyprien Mutwarasibo, yibukije abaturage bahawe inka na Centre igiti cy’ubugingo, tariki 17/12/2012, ko kwikura mu bukene bigomba kujyana no kugira isuku.
Umusaza witwa Tharcisse Kamamanzi utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera ngo yibuka ko akiri umusore yanyweye inzoga, yita byeri (bière), yitwaga Rwanda-Burundi igura amafaranga 15.
Mu muhango wo gusoza Itorero ry’abanyeshuri mu karere ka Nyabihu tariki 17/12/2012, umuyobozi w’akarere wungirije ushinze ubukungu yabasabye gukoresha ibyo bize bakaba umusemburo w’iterambere aho batuye, mu karere n’igihugu muri rusange.
Minisitiri w’Ubutabera, Tharcisse Karugarama, yakoresheje umwanya yahawe mu nama mpuzamahanga y’urugaga rw’abavoka bakoresha Igifaransa, asaba abo ibihugu byabo bicumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside, kuvuganira u Rwanda bikabohereza.
Igihugu cya Lesotho cyagaragaje ko gishishikajwe no kugirana umubano wihariye n’u Rwanda, cyohereza itsinda ry’abayobozi 15 bahagarariwe n’uwungirije Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu mu rugendoshuri, kubera icyo bise ibitangaza u Rwanda rukomeje kugeraho muri iki gihe.
Ahitwa ku Murindi wa Byumba mu karere Ka Gicumbi hagiye kubakwa inzu ndangamateka igaragaza amateka ingabo zari iza FPR zanyuzemo mu gihe cyo kubohoza u Rwanda kuva mu 1990 kugeza 1994.
Abantu 7 bo mu kagari ka Ntenyo mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango, batawe muri yombi bazira gukora no gucuruza ibiyobyabwenge kugeza ubu bakaba bafungiye kuri polisi ya Byimana.
Abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bakoreye itorero mu karere ka Kirehe bafashije abana bane b’imfubyi zibana hamwe no kubakira umukecuru utishoboye.
Abanyeshuri bishyurirwa n’umushinga Global Fund barasaba kujya babarurirwa hafi y’aho batuye aho kujya ku karere kuko bibavuna bitewe nuko hari abaturuka mu mirenge n’utugari bya kure.
Ikipe Imena FC y’abasheshe akanguhe mu karere ka Ruhango, yahuye na ngenzi yayo yo mu Burundi le Ferose nayo y’abasheshe akanguhe tariki 15/12/12 mu gihugu cy’u Burundi.
Bashinguriki Damascene w’imyaka 21 wo mu murenge wa Gihundwe na mugenzi we Mwitirehe Baritazari w’imyaka 32 nawe wo muri uwo murenge bafatanywe udupfunyika 14 tw’urumogi ahagana mu masaa tanu z’amanywa zo kuwa 16/12/2012.
Intore zo ku rugerero zo mu karere ka Nyamasheke zashoje Itorero zishimirwa imyitwarire myiza zagaragaje ndetse n’abariteguye bakaba barakoze ibyasabwaga kugira ngo bigende neza.