Musanze: Tigo yahuguye abakozi bayo 70 ku bijyanye no kwihangira imirimo

Ubuyobozi bwa Tigo ishami rya Musanze bwahuguye abakozi bayo uko bakwakira neza ababagana ndetse no kwihangira imirimo haganishwa ku kureba uko akazi kabo bagakora nk’abanyamwuga.

Muhire Richard uhagarariye Tigo mu ntara y’Amajyaruguru, yavuze ko guhugura abakozi bayo ari ukubafungurira imiryango hagamijwe ko bakomeza bakiteza imbere, ndetse bakanashikariza n’abandi guhaguruka bagakora.

Ati: “Abaje bagakora bakanungukira muri Tigo bakwiye kugerageza bakegera n’urundi rubyiruko hirya no hino kugirango babereke ibyiza bagezeho, bitandukanye n’uko bumvaga akazi bakora gasuzuguritse, gusa ngo ubu bamaze kwigarurira ikizere”.

Tigo imaze amezi abiri ihugura uru rubyiruko kwihangira umurimo.
Tigo imaze amezi abiri ihugura uru rubyiruko kwihangira umurimo.

Bamwe mu bahuguwe kuri uyu wa gatatu tariki 13/02/2013 bavuze ko batabashaga gucunga neza imari babaga bafite, gusa aya mahugurwa akaba yaberetse uburyo bwiza, butuma umukozi yiteza imbere akagera kuri byinshi kandi mu gihe gikwiye.

Umukozi ushinzwe ubutegetsi mu karere ka Musanze, avuga ko amahugurwa bahawe yatumye bazabasha kwiteza imbere, bagahinduka abacuruzi bakomeye, bikagirira akamaro sosiyete Tigo, igihugu ndetse na bo ubwabo, bitewe n’amasomo bahawe muri aya mezi abiri bari bamaze.

Jean Noel Mugabo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka