Iyegura rya Papa Benoit XVI ryahuriranye n’inkuba yakubise ingoro ya Saint Pierre

Ubwo Papa Benoit XVI yatangaza ko ahagaritse kuyobora Kiriziya Gatolika tariki 11/02/2013, muri uwo mugoroba inkuba yakubise ingoro ye yitiriwe Mutagatifu Petero iri i Roma; nk’uko ikinyamakuru Le Gentside kibitangaza.

Ifoto igaragaza umurabyo umanuka ku gasongero k’ingoro ya Mutagatifu Petero yafashwe n’umunyamakuru w’Umutaliyani witwa Filippo Monteforte ukorera ikigo ANSA. Yaje gukwirakwira vuba ku mbuga nkusanyambaga.

Bamwe bibaza niba iyo foto ari umwimerere bivuga ko byabaye cyangwa ari mpimbano. Abahanga mu kugenzura amafoto bemeza ko iyo foto ari umwimerere n’ubwo nta bushobozi buhambaye bakoresha mu kuyisuzuma.

Abantu bakomeje kwibaza niba inkuba yakubise ku ngoro ya Petero i Roma hari aho ihuriye n'iyegura rya Papa.
Abantu bakomeje kwibaza niba inkuba yakubise ku ngoro ya Petero i Roma hari aho ihuriye n’iyegura rya Papa.

Ikindi kibazwa ni uko iyegura rya Papa ryahuriranye n’inkuba yakubise iwe ari impanuka cyangwa uruhurirane cyangwa ni ikimenyetso cy’Imana. Kugeza ubu, igisubizo buri wese yahagararaho ntacyo.

Papa Benoit XVI w’imyaka 85 yeguye ku bushumba bwa Kiriziya Gatolika kubera imbaraga nke z’izabukuru. Biteganyijwe ko tariki 28 Gashyantare 2013 ari bwo azahagarika imirimo ye ku mugaragaro.

Papa Benoit XVI ni we mu mupapa ufashe icyemezo nk’icyo mu myaka 600 ishize. Uwaherukaga kwegura ni Papa Gregory XII mu mwaka w’i 1415.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 12 )

mwese ntimuzi ibyo muvuga..............

m a yanditse ku itariki ya: 4-03-2013  →  Musubize

ahaa! Imana idufashe twimenyere ukuri tuzabashe kurwana niyiminsi yanyuma naho ubundi wowese politique mu iyobokamana mwe mubona bikwiye? buriya papa abonye atagishoboye kubesha abakiristo bitabaye ibyo ntiyatererana ubwoko bwimana tuziko hari nabemeye gupfa bazira yesu ni ubuhe butwari yaba agaragaje?

yanditse ku itariki ya: 26-02-2013  →  Musubize

ISI IGEZE KURE UBWOKO BW’IMANA BURATERERANWA BIGEZE AHA?IMANA IRATUBURIRA ARIKO NTITUBYITEHO. URABONA NA PAPA NGO ABONE IBIMENYETSO YANGE KUVA KU IZINA; UBUSE NINDE UZATSINDA URUGAMBA SATANI AGABA MUBANTU ?

UWIHIRWE.Jacky yanditse ku itariki ya: 21-02-2013  →  Musubize

imana iratuburira nuko tutabimenya

vestine yanditse ku itariki ya: 21-02-2013  →  Musubize

EHeeeeeeee!Papa kweli akirengagiza kuyobora umukumbi yahamagariwe kuyobora nakumiro rwose!Umukumbi utagira uwuyoboye ntaho utaniye n’inzuki zitagira urwiru ubuse ntago isi ikwiye gusengerwa n’ikibazo gikomeye cyane.

UWIHIRWE.Jacky yanditse ku itariki ya: 20-02-2013  →  Musubize

Ibi byose nibimenyotso by’isi yanyuma kandi bitugaragariar ngo tube masoope!Doreko hasigaye umu Papa umwe gusa Isi ikarangira kand uwo niwe ugiye gukorana na ANT-CHRIST eg kwemeza kuruhuka kucumweru isi yose,guha ubrenganzira abahuje igitsina kubana akaramata nkumugabo numugore,noguha uburenganzira gushinga amatorero yabayoboke ba SATAN.

Turasabwa kuba maso cyane kandi tugasaba imbaraga ikomeye ituruka ku Mana.

bahire yanditse ku itariki ya: 20-02-2013  →  Musubize

Imana idusaba ko umuntu wese akora umurimo yahamagariwe gukora hano ku isi.Sinibaza impamvu Papa yakwanga umuhamagaro we kandi yaratoranijwe n’Imana. Ese ibi birasanzwe?cyangwa n’ibimenyetso by’ibihe? ibi birasaba ubushishozi kuko ntawamenya impamvu inkuba yakubise ingoro ya Papa.

UWIHIRWE.Jacky yanditse ku itariki ya: 19-02-2013  →  Musubize

Kereka niba uwo munyamakuru yari yasezeranye n’inkuba? Mujye mwirinda impuha ba sha! Bibaye ari byo nta kinyamakuru kitari kubyandika! Mujye mwirinda gushyushya abantu imitwe

mushyitsi yanditse ku itariki ya: 18-02-2013  →  Musubize

Ibi bigaragazako imana igifite ifuhe rikomeye kandi ntishaka ko intama zayo zibaho zidafite umushumba uziyoboye.

UWIHIRWE.Jacky yanditse ku itariki ya: 18-02-2013  →  Musubize

Aho hantu mu byahishuwe ko nduzi atari ko havuga aho ntiwibeshye muvandi?Ubwo se ufite gihamya cyangwa ufite ibindi ugamije?

yanditse ku itariki ya: 16-02-2013  →  Musubize

Ntacy’imana izakora itabwiye ubwoko bwaya.mureke tubiteg’amaso

Kayitakirwa yanditse ku itariki ya: 15-02-2013  →  Musubize

Iki ni ikimenyetso cy’umujinya w’Imana, irakariye ingoma y’ubupapa yasiribanze amategeko yayo, kandi ikaba irimo gutegura guhata isi yose kwerereza icyumweru, no kwicisha abatazemera kuyoboka ubwo bwami(Reba Ibyahishuwe 16 n’Ibyahishuwe 13.)

yanditse ku itariki ya: 14-02-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka