Hamwe na hamwe ngo byagaragaye ko iyo abaturage bakorewe ibintu usanga batabyitayeho bavuga ngo ni imfashanyo ntibagire uruhare mu kubibungabunga cyangwa kubisana iyo byangiritse.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Kenya, James Nandwa, yirukanye abakinnyi babiri ( Paul Were na Kevin Omondi) batorotse hoteli mu ijoro ryo ku wa kabiri tariki 27/11/2012, bakajya mu kabari batahuka basinze ndetse banafite abagore.
Nyuma yo gutsinda Malawi ibitego 2-0, ikipe y’u Rwanda yatangiye gushyirwa ku rutonde rw’amakipe ashobora gutwara igikombe cya CECAFA, ariko Umutoza wayo Milutin Micho avuga ko hakiri kare cyane kuba umuntu yatanga amahirwe ku ikipe abereye umutoza.
Bamwe mu badepite bagize ihuriro ny’Afurika ry’inteko zishinga amategeko (APNAC) barashima aho u Rwanda n’Abanyarwanda bageze biteza imbere, babifashijwemo n’ubuyobozi bwiza bubacira umusingi bubakiraho.
Abantu 86% by’imbaga y’abitabiriye amatora yakoreshejwe n’ikinyamakuru The Guardian bifuje ko Ubwongereza butahagarika burundu inkunga bwateraga u Rwanda kuko iyo nkunga ihagaritswe byagira ingaruka mbi ku baturage rubanda ruciye bugufi mu Rwanda.
“Urubyiruko ruzima ahazaza heza” niyo ntero y’urubyiruko rw’Abadivantiste b’umunsi wa karindwi ruri mu ngando mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, muri College ya Rwankeri.
Umwana w’imyaka 11 witwa Iranzi Sara uvuka mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi yafashwe n’indwara yayoberanye imubuza gukura.
Hashize imyaka ibiri abantu bahawe akazi mu kubaka umuhanda wa kaburimbo wa Ngororero-Kabaya-Mukamira bishyuza amafaranga yabo ariko ntibayahabwe.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’umuvugizi wa Guverinoma, Louise Mushikiwabo, atangaza ko u Rwanda rutazemera ko igitero cya FDLR ku butaka bw’u Rwanda gisubiza inyuma inzira y’amahoro yatangijwe n’umuryango w’inama y’ibihugu by’ibiyaga bigari (ICGLR).
Abarwanyi ba FDLR bateye mu Rwanda bagera kuri 250; nk’uko bitangazwa n’umwe mu barwanyi bafashwe witwa Girukwayo Martin wari uyobowe na Majoro Ruhinda bavuye muri Masisi.
Muri hotel Brothers’INN iherereye mu mujyi wa Muhanga ahitwa i Gahogo hasohokamo amazi y’umukara kandi anuka akagera mu muferege wo ku muhanda wa kaburimbo ku buryo ubangamira abahanyura cyne cyane abanyamaguru.
Abahanga mu ikoranabuhanga ry’amabanki makuru yo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba bateraniye hano i Kigali, bigira hamwe ku ngamba zo kunoza uburyo bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Umwarimu Blandy Brujo Uwimana, afite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, ariko abanyeshuri yigisha mu karere ka Ruhango bavuga ko bamukunda cyane, kuko akora iyo bwabaga amasomo abigisha bakayumva neza kurusha abandi barimu bumva.
Gutoza urubyiruko umuco utarangwamo ruswa biri mu bishishikaje Urwego rw’Umuvunyi, ruri gutegura ibikorwa bitandukanye byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya ruswa; nk’uko bitangazwa n’Umuvunyi Mukuru, Madame Aloysie Cyanzayire.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Musebeya mu karere ka Nyamagabe bifuza ko hari ibyahinduka muri politiki nshya y’ubwisungane mu kwivuza kuko hari aho bibabera imbogamizi mu kuyishyira mu bikorwa.
Ihuriro ry’abanyamakuru baharanira guteza imbere uburenganzira bw’ikiremwamuntu no kurwanya ubucakara, batangaza ko Intara y’Amajyepfo ari yo ivamo abana benshi bajyanwa mu mujyi wa Kigali mu kazi k’ubuyaya, ububoyi no gucuruzwa.
Ibitaro bikuru bya Kibungo biratangaza ko abaturage bazanwa muri ibi bitaro bagize impanuka cyangwa abandi baza abarembye badafite mitiweli byatumye bihomba amafaranga miliyoni hafi 9.
Ingoro yo mu Rukali iri mu karere ka Nyanza yasuwe n’Abadepite bagize ihuriro ry’Inteko zishinga amategeko muri Afurika baje kureba bimwe mu bimenyetso biranga amateka y’u Rwanda rwo hambere mu ruzinduko bakoze tariki 27/11/2012.
Nyandwi Gerald w’imyaka 19 wo mu kagari ka Gitinda, umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, afungiye kuri station ya Nyamagana kuva tariki 27/11/2012 azira kwiba ihene 2 mu rugo yakoragamo.
Umuyobozi w’ingabo za M23, Br.Gen Soultan Makenga, yatangaje ko ingabo ze zizava mu mujyi wa Goma tariki 30/11/2012 nyuma yo kwitegura kuko hari ingabo ziri kure y’umujyi wa Goma.
Abaturage batuye mu duce abarwanyi ba FDLR banyuzemo ubwo bateraga mu Rwanda tariki 27/11/2012 bavuga ko abo barwanyi baranzwe no gufata abaturage bugwate no gusahura ibyo bahuye nabyo bakabyikoreza abaturage.
Abahanga mu gupima imirambo bakamenya icyo umuntu yazize, tariki 27/11/2012, bataburuye umurambo wa nyakwigendera Yasser Arafat wahoze ayobora Leta ya Palestina, kugira ngo bapime bamenye niba uwo mukambwe yarazize uburozi bw’abanya Israel nk’uko bivugwa.
Sifa Nsengimana wagize uruhare mu gushinga ikigo Agahozo-Shalom giherereye mu karere ka Rwamagana gifasha abana bagera kuri 500 b’impfubyi za Jenoside yitabye Imana azize impanuka y’imodoka yaberere muri Afrika y’Epfo mu mpera z’icyumweru gishize.
Ishuri ryigisha umupira w’amaguru rya Gatsibo (Gatsibo Football Academy) ribifashijwemo na sosiyete y’itumanaho ya Airtel, rigiye kugirana ubucuti n’ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza.
Uzamukunda Goreth uzwi ku izina rya Mama Gospel yatangiye ibitaramo bizazenguruka u Rwanda rwose yiyereka abakunzi be anabagezaho bimwe mu bihangano bye amaze gukora.
Ku bufatanye bw’umushinga ARTCF (Association Rwandaise des Travailleurs Chretiens Feminin) na Care international, kuri uyu wa kabiri tariki 27/11/2012, hatangijwe amahugurwa y’iminsi itatu agenewe abarimu bazigisha mu masomero y’abakuze bo mu mirenge igize akarere ka Nyamagabe.
Mu marushanwa yakozwe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, ikipe ya Les Onze du Dimanche niyo yatwaye igikombe mu makipe y’abakuze mu karere ka Muhanga.
Abacuruzi babiri bakorera mu Mujyi wa Kigali batawe muri yombi na Polisi ishinzwe gukumira magendu (RPU) bakekwaho gucura ibirango mpimbano by’imisoro bishyirwa ku nzoga ziva hanze kugira ngo babashe kuzinjiza magendu mu gihugu; nk’uko Polisi ibitangaza.
Umwongereza w’imyaka 33 witwa Graham Hughes amaze gusura ibihugu 193 akoresheje imodoka, gari ya moshi n’amato. Afite intego yo kuzazenguruka ibihugu 201 adakoreshe indege dore ko yenda kwesa uwo muhigo.
Umugabo witwa Uwifashije Hiramu afungiye kuri sisasiyo ya polisi ya Busogo mu karere ka Musanze, kuva tariki 26/11/2012 akekwaho kwigira veterineri maze akabyaza inka bikayiviramo gupfa ndetse n’iyo yahakaga.
Ikipe y’u Rwanda (Amavubi) yatangiye irushanwa rya CECAFA yitwara neza itsinda Malawi ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Namboole Stadium i Kampala ku wa mbere tariki 26/11/2012.
Ubushinjacyaha bwo mu gihugu cya Norvège bwasabiye Umunyarwanda Sadi Bugingo igifungo cy’imyaka 21 kubera kugira uruhare mu rupfu rw’Abatutsi barenga 2000 bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Umugore witwa Akumuntu Josiane, utuye mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera afunzwe aregwa kugambirira gushimuta abana b’abakobwa batanu abashutse ngo abajyane muri Uganda maze biramupfubana.
Umushinga Imbuto Foundation wasabye abanyeshuri bitabiriye ibiganiro by’iminsi itatu byateguwe kuva tariki 25-28/11/2012, ko bagomba gukomera ku bupfura, kwiyubaha no guharanira ejo heza habo, bahereye muri iki gihe abanyeshuri bari mu biruhuko.
Igice cy’abikorera mu Rwanda cyongeye kugawa kubera uburyo abakoramo bakira abakiriya, nyuma y’aho ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) bwagaragaje ko kugeza ubu nta kirakorwa kugira ngo serivisi zihatangirwa zanozwa.
Inama mpuzamahanga iteraniye i Kigali, yiga ku iterambere ry’itangazamakuru, igomba gushaka ibisubizo byatuma ibitangazamakuru byo muri Afurika byigenga, bikishyiriraho umurongo bigenderaho, kandi bikavuga ibibera iwabyo, aho kubivugirwa n’itangazamakuru ryo hanze.
Abarwanyi batandatu ba FDLR bitabye Imana abandi babiri bafatwa ari bazima ubwo bateraga ibirindiro by’ingabo z’u Rwanda mu karere ka Rubavu; nk’uko bitangazwa n’umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Br.Gen Joseph Nzabamwita.
Minisitiri wa siporo n’umuco, Protais Mitali, arasaba amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda (federations) gufatira urugero ku ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ryateguye neza irushanwa ryo kuzenguruka u Rwanda (Tour du Rwanda) ryasojwe ku cyumweru tariki 25/11/2012.
Abapasitoro n’abayobozi bakuru mu idini rya ADEPR basaga 350 bagiye kumara icyumweru mu ngando i Nkumba mu Karere ka Burera, aho bazaba bagiye kwisuzuma, bakiyungurura, bagafata ingamba zo gutandukana n’amacakubiri yagaragaye mu itorero mu minsi ishize.
(*ATM yaba igura urukundo ?) Aye ! (Yemwe Yemwe!) Za masiku? (Amakuru y’iminsi?) Ebana, ntihagire unzana (ungora) ngo nabaga he… namwe agatigito (gahunda nyinshi) ko muri iyi tawuni (umujyi) murakazi… bongo? (siko bimeze?)
Mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri tariki 27/11/2012, FDLR yateye ibirindiro bibiri by’ingabo z’u Rwanda mu karere ka Rubavu, abarwanyi bane ba FDLR bahasiga ubuzima.
Umuvugizi w’umutwe wa M23, Amani Kabasha, avuga ko bishimiye imyanzuro yafatiwe mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa ICGRL ndetse M23 yiteguye kuyishyira mu bikorwa nyuma yo kuyibona.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 26/11/2012, urusengero rwa Pantekote (ADPER) rwo ku Kinamba mu kagari ka Kamutwa, mu murenge wa Kacyiru, rwibasiwe n’umuriro uturutse mu gisenge, inyuma mu biro by’abakozi b’Imana.
Nyuma yo kurangiza ibizamini bisoza amashuri yisumbuye tariki 24/11/2012, abanyeshuri 888 bo mu karere ka Kamonyi bateganyijwe kujya mu Itorero kandi ngo ibizakenerwa byose byarangije gutegurwa.
Kuva Orchestre Impala de Kigali zakongera kuvuka bundi bushya nyuma y’imyaka zari zimaze zitakibaho kubera ibibazo birimo n’uko abari bazigize benshi bapfuye, kuri ubu ziri gushimisha Abanyarwanda b’ingeri zose.
Bamwe mu bashakashatsi bo mu mashuri makuru na zakaminuza byigenga (ARIPES), baravuga ko ubushakatsi bwakozwe bwerekana ko amakoperative y’abahinzi afite uruhare mu iterambere rusange ry’igihugu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimye ishyirahamwe ry’abanyeshuri barokotse Jenoside (AERG), kuba ryarageze ku ntego zaryo, zo kurwanya guheranwa n’agahinda, kugirana inama, kurerana (kuko batagira ababyeyi), ndetse no guharanira kwiteza imbere.
Umukobwa witwa Edwarda O’Bara ukomoka mu gihugu cya Leta zunze ubumwe z’Amerika mu mujyi wa Floride yapfuye tariki 24/11/2012 afite imyaka 59 nyuma y’imyaka 42 ari muri koma.
Gasigwa Augustin uri mu kigero cy’imyaka 20 utuye mu kagari ka Ninzi mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi mu gitondo cya tariki 26/11/2012 azira kwiba insinga z’amashanyarazi mu mudugudu wa Kavune muri ako kagari.