Muzo: Yasubijwe imitungo y’umuryango we nyuma y’imyaka 19

Mukamurezi Valerie, uvuka mu Murenge wa Muzo, Akarere ka Gakenke, tariki 22/03/2013 yasubijwe isambu y’umuryango we wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Mukamurenzi warokokanye n’umuvandimwe umwe gusa, avuga ko byamugoye kubona isambu y’umuryango we yagurishijwe n’umwe mu bo mu muryango we nyuma ya Jenoside kuko uwo mwene wabo atari azi ko haba hari umuntu wabashije kurokoka.

Abantu icyenda baguze iyo sambu bemeye gusubizwa amafaranga, abandi batatu baranga bitwaje ko hari ibikorwa byabo birimo n’amashyamba.

Iki kibazo cyagiwemo n’ubuyobozi bw’ibanze kirananirana kuko abaguze ayo masambu bari barashyizemo ibikorwa bitandukanye bagashaka inyungu z’ikirenga.

Mukamurenzi ashimira Ntabazakira nyuma yo kwemera kumusubiza isambu yaguze. (Ifoto: L.Nshimiyimana)
Mukamurenzi ashimira Ntabazakira nyuma yo kwemera kumusubiza isambu yaguze. (Ifoto: L.Nshimiyimana)

Tariki 22/03/2013, itsinda ridasanzwe mu gukemura ikibazo cy’imitungo y’abacitse ku icumu ryicariye ikibazo cya Mukamurenzi n’abo kireba bahari birangira gikemutse, asubizwa isambu y’umuryango we.

Nyuma yo gusubizwa isambu y’umuryango, Mukamurezi yatangaje ko yishimye kuko byari baramunaniye mu nzego z’ibanze. Ati: “Ndishimye cyane kuko byari byarangoye mu nzego z’ibanze ariko tukaba tubashije kumvikana biranshimishije cyane.”

Ntabazakira Antoine, umwe mu bumvikanye na Mukamurenzi akemera no kumurekera ibiti birimo akazabisarura, avuga ko abantu bagombye kumvikana bakirinda guhangana kugira ngo ibibazo bafitanye bikemuke.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka