Umuyobozi w’akarere ka Burera atangaza ko iyo umuntu akoresha ukuri kandi akanga ikibi aho kiva kikagera aba agana inzira y’ubutwari kuko Intwari iharanira kugana mu murongo mwiza.
Polisi y’igihugu, ishami ryayo rya Ruhango, iravuga ko iri muri aka karere ku mpamvu z’umutekano w’abaturage igasaba abatuye aka karere kuyegera ikabafasha.
Abashoramari b’Abanyarwanda n’abo mu gihugu cy’Afurika y’epfo bashyizeho urwego rubahuza (Rwanda-South Africa Business Council), mu rwego rwo korohereza buri wese guteza imbere ubucuruzi bwe, no gukora ubukangurambaga kuri bagenzi babo baba mu Rwanda no muri Afurika y’Epfo.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’inama y’abaminisitiri, Protais Musoni, ubwo yari yagiye kwifatanya n’abatuye akarere ka Gatsibo mu kwizihiza umunsi w’intwari wizihijwe tariki 01/02/2013, yabibukije ko ibikorwa intwari ikora ibikorera abandi itiyitayeho.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Gaspard Byukusenge, ku mugoroba ubanziriza umunsi mukuru w’intwari wizihijwe tariki 01/02/2013, yatanze ikiganiro mu Rwunge rw’Amashuri rwa Bumba, akangurira abanyeshuri kurangwa n’ibikorwa by’ubutwari bagaca ukubiri n’ubugwari.
Abandi Banyarewanda 24 batahutse kuri uyu wa kane tariki 30/01/2013, bakigera mu nkabi ya Nyagatare bahise batangaa ko ubuzima bwo mu mashyamba bumaze kubava ku nzoka, kuko bose uko batahutse nta numwe ufite ubuzima bwiza.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, barinubira ko bishyuza abana babo amafaranga y’ishuri mu byiciro n’amashuri, mu gihe Leta y’u Rwanda ivuga ko uburezi kuva mu mashuri abanza kugeza ku myaka 12 y’uburezi bw’ibanze ari ubuntu.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, yifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Nyanza mu kwizihiza umunsi w’intwari kuri uyu wa Gatanu tariki 01/02/2013, yabasabye ko bagomba kugera ikirenge mu cy’Intwari bibuka kuko gkora ari ibya buri wese.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi bo mu mudugudu wa Kivomo akagari ka Gitarama, umurenge wa Bwishyura mu karere Karongi baravuga ko ubuyobozi bwabatereranye, ntibwabafashe gutunganya aho ababo bari barajugunywe none ubu ngo hasigaye hakinirwa umupira n’insoresore zo mu gasantire ka Gitarama.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, barinubira ko bishyuza abana babo amafaranga y’ishuri mu byiciro n’amashuri, mu gihe Leta y’u Rwanda ivuga ko uburezi kuva mu mashuri abanza kugeza ku myaka 12 y’uburezi bw’ibanze ari ubuntu.
Umubitsi n’umucungamari ba SACCO y’umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi bacumbikiwe kuri station ya Polisi y’akarere ka Karongi, nyuma yo kwiguriza amafaranga ya SACCO nta burengenzira. Kesiyeri we afunze azira kubakingira ikibaba.
Uruhnjwa rwahawe izina rya Esperance ni rwo rwavukiye bwa mbere mu nz nshya y’ikigo nderabuzima cya Matyazo, mu masaha y’ijoro mbere ho gato ngo gitahwe ku mugaragaro, kuwa Gatanu tariki 01/02/2013.
Abasirikare bakuru bari mu ishuri ry’i Nyakinama basuye akarere ka Kirehe mu rwego rwo kureba aho i bikorwa bitandukanye birimo n’ikoranabuhanga bigeze muri. Mu rzinduko bagize kuri uyu wa Gatanu tariki 01/02/2013, banagirana ibiganiro na njyanama y’aka karere.
Mu kiganiro cy’abaturage b’imirenge ya Nyundo, Kanama, Nyakiriba na Kanzenze bagiranye n’ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu n’umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza Prof Shyaka Anastase, basabye ubuyobozi bw’iki kigo kubakorera ubuvugizi ku bibazo bibabangamiye.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Dr. Alvera Mukabaramba, kuri uyu wa Gatanu tariki 1/02/2013, yasuye Intore ziri ku rugerero mu kagari ka Gihinga umurenge wa Gaurabwenge, zimutangariza uko ibikorwa bigenda n’imbogamizi bahura na zo.
Umuntu ubarwa nk’intwari muri iki gihe, ni ufite ubupfura n’ubunyangamugayo n’ibikorwa by’ubukungu bifasha mu guhindura imibereho y’abaturage myiza, nk’uko yari intero yaranze ibirori byo kwizihiza uyu munsi ngarukamwaka, kuri uyu wa Gatanu tariki 01/02/2013.
Ministeri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) irashakisha uburyo abahinzi bo mu karere ka Gicumbi babona aho bagurisha umusaruro wabo w’ingano nyuma y’aho byagaragariye ko inganda zikora ibituruka ku ifaraini zitagura izo ngano bavuga ko zitavamo ifaraini nziza.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Afurika ryemereye Ikipe y’u Rwanda ya Basketball mu bagabo kuzitabira imikino y’igikombe cya Afurika kizabera muri Cote d’Ivoire muri Kanama uyu mwaka.
Abakuru b’imidugudu 59 yo mu karere ka Kamonyi bakoze neza mu gukangurira abaturage kubahiriza gahunda za leta no gutanga serivisi nziza bahembwe amagare kuwa kane tariki 31/01/2013.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ku mugaragaro ko ikipe y’igihugu Amavubi izakina umukino wa gicuti na Uganda tariki 06/02/2013, mu rwego rwo kwitegura imikino yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi.
Ubumwe Community Center ikorera mu karere ka Rubavu yatangije ishuri rihuriwemo n’abana bafite ubumuga n’abatabufite kugira ngo abana bafite ubumuga bareke kugira imfunwe no guhabwa akato ko kwiga bonyine.
Mukakalisa Emeline utuye mu kagali ka Rususa, umurenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero yirukanywe na barumuna be mu nzu y’umuryango babagamo kubera amakimbirane, ubu akaba acumbikiwe n’umuturage nawe wo muri uwo murenge.
Ubuyobozi bukuru bw’ingabo z’igihugu na minisiteri y’umutungo kamere, kuri uyu wa kane tariki 31/01/2013 batashye ibikorwa byo kumutsa igishanga cya Mugogo mu murenge wa Busogo, ndetse n’inkuta zigabanya umuvuduko w’amazi aturuka mu migezi iva mu birunga mu murenge wa Kinigi.
Ubudage bwarekuye inkunga ya miliyoni 26 z’amadorali bwari bwarahagarikiye u Rwanda mu mezi ane ashize; nk’uko byatangajwe na Minisitiri ushinzwe ububanyi n’amahanga w’ubudage taliki ya 31/1/2013.
Ababyeyi babyarira ku kigo nderabuzima cya Matyazo bazajya babyarira mu nzu yujuje ibya ngombwa bakesha Imbuto Foundation n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana (UNICEF), byabashakiye inkunga yo kubaka iyi nzu yari ikenewe cyane.
Urusengero rw’itorero ry’abapentikositi (ADEPER) rwari ruri kubakwa rugeze igihe cyo gusakarwa, ahitwa i Nyarusiza mu murenge wa Kamegeri mu karere ka Nyamagabe rwakubiswe n’inkuba 11h20 tariki 31/01/2013.
Umuvugizi w’igisirikare cy’ishami ry’umuryango w’abibumbye ukorera muri Congo (MONUSCO) avuga ko ingabo za MONUSCO zidafite gahunda yo kurwanya imitwe yitwaza intwaro mu burasirazuba bwa Congo ahubwo ngo iki gikorwa kizakorwa n’ingabo zidafite aho zibogamiye zizatangwa n’ibihugu byo mu miryango ya ICGRL na SADC.
Gahunda yo gutanga umusanzu mu kigega Agaciro Development Fund (AgDF) irakomeje, aho ikigo gishinzwe gihuriza hamwe ababaruramari mu Rwanda cyatanze 17,553,282, kikaba cyujuje miliyari 26.2 by’amafaranga yose yemejwe ko azatangwa, mu gihe ngo ikigega AgDF kimaze kwakira asaga miliyari 13.
Urubyiruko rurakangurirwa kwirinda gutwarwa n’irari ryo gukora imibonano mpuzabitsina y’imburagihe ahubwo rukarangwa n’urukundo nyakuri kandi rufite intego; nk’uko byatangajwe mu itangizwa ry’icyumweru cy’Urukundo Nyakuri mu Rubyiruko (Week for True Love).
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 31/01/2013, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwaramukiye mu gikorwa cyo guhiga abihagarika aho babonye n’abata imyanda mu nzira. Umukwabu wari ugamije kongera guhwitura abantu kwita ku isuku y’umujyi muri rusange.
Ku gicamunsi cya tariki 29/01/2013, inkuba yakubise abantu batatu imvura ikubye, umwe ahita yitaba Imana mu Kagali ka Ruhanga mu Murenge wa Busengo, Akarere ka Gakenke.
Abantu batandatu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatirwa mu cyuho bacukura impombo z’amazi wa EWSA ziri mu murenge wa Ririma, mu kagari ka Nyabagendwa.
Minisiteri y’ingabo (MINADEF) na Minisiteri y’umutungo kamare (MINIRENA), kuri uyu wa 31/01/2013, batashye amazu 42 yubatswe n’Inkeragutabara yubakirwa abaturage baturiye umugezi wa Sebeya mu karere ka Rubavu.
Nyuma y’aho urugomero rwa Rukarara ya I rwuzuriye, imishinga yo kubaka ingomero z’amashanyarazi kuri uyu mugezi uri mu karere ka Nyamagabe irakomeje. Biteganyijwe ko kuri uwo mugezi hazubakwa ingomero eshanu.
Perezida wa komisiyo y’amatora, Kalisa Mbanda, atangaza ko ubu umuntu ashobora gukoresha telefoni zigendanwa na internet akamenya ko ari ku rutonde rw’itora ndetse no mu minsi iri mbere Abanyarwanda bashobora kujya bakoresha ikoranabuhanga mu gutora.
Dushimimana Samson yarangije amashuri abanza mu mwaka wa 2012, afite amanota ya mbere mu karere ka Kamonyi. Mu kiganiro twagiranye, yadutangarije ko yahise afata ingamba zo gukaza umuhate mu kwiga, ku buryo azagera no muri kaminuza.
Banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) ishami ryo mu karere ka Rubavu ryashyikirije umurenge wa Kanama inyubako z’ivuriro zifite agaciro k’amafaranga miliyoni 46 nyuma yo kubona ko inyubako z’ivuriro zidahagije.
Ingingo ivuga ko umunyamakuru ukora itangazamakuru mu Rwanda agomba kuba yararyize yagaragaraga mu itegeko ryo mu 2009 ngo ntabwo izagaragara mu itegeko rishya, bitewe n’uko byaje kuboneka ko hari byinshi yahungabanya.
Musabyimana Jean w’imyaka 44 wari ufungiye kuri sitasiyo ya Porisi ya Muganza mu karere ka Rusizi ashinjwa gutunga imbunda mu buryo butemewe n’amategeko yatorotse aho yari afungiye anyura mu gisenge cy’inzu mu ijoro rya tariki 28/01/2013.
Docteur Rushanika Christophe utuye mu murenge wa Masoro mu karere ka Rulindo akaba akomoka mu gihugu cya Kongo yahawe ubwenegihugu bw’ubunyarwanda tariki 30/01/2013 mu muhango wabereye mu murenge wa Masoro ho mu karere ka Rulindo.
Abagore babiri bafatanywe amakarito 48 y’inzoga ya African Gin batazisoreye bava ku mupaka wa Cyanika berekeza mu karere ka Rubavu, bavuga ko batari bazi ko bitemewe bityo ko ubwo babimenye batazabisubira.
Ikigega cy’Abanyamerika gitera inkunga abanyeshuri cy’Abanyafurika (African Student Education Fund) kuri uyu wa gatatu tariki 30/01/2013 cyahisemo abanyeshuri 30 bagiye gufasha guhera mu ntangiriro z’umwaka w’amashuri 2013.
Umugore witwa Murekatete Beatrice utuye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera atangaza ko kubumba amatafari ya rukarakara bimutunze n’abana be batatu kuburyo abirutisha kure kujya gusabiriza.
Ubwo hakinwaga imikino y’umunsi wa 15 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, tariki 30/01/2013, amwe mu amakipe y’ibigugu APR FC, Rayon Sport na Mukura yatahanye amanota atatu, ariko Kiyovu Sport yongera gutakaza amanota yikurikiranya.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yavuze ko mu mpera z’ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza kwatangiye tariki 22/01/2013 ibibazo byose by’akarengane bigomba kuba byarakemuwe, aboneraho asaba abayobozi bose mu nzego z’ibanze ko bagomba kubicyemura mu maguru mashya.
Udukino tugufi tw’ikinamico ryifashisha kuririmba, maji, indirimbo z’inshinwa, ndetse n’imikino imwe n’imwe ishingiye ku igororamubiri, ni byo byaranze igitaramo itorero riturutse mu Bushinwa ryagaragarije Abanyehuye bari muri Grand Auditorium ya Kaminuza y’u Rwanda tariki 29/01/2013.
Guverineri Uwamariya Odetta uyobora Intara y’Iburasirazuba aratangaza ko muri uku kwezi kw’imiyoborere myiza atazongera kwakira ibibazo byinshi mu biro akoreramo, ahubwo ngo ni igihe cyo kumanuka bagacyemura ibibazo aho biri mu Mirenge no mu Midugudu.
Abagore bakora umurimo w’igipolisi basanga umurimo bakora ntacyo ubabangamiraho kuri kamere Imana yahaye umugore, cyangwa mu nshingano bafite zo mu rugo.
Urubyiruko rwo mu mashuri makuru, rurasabwa kubakira imitekerereze yarwo ku ndangagaciro z’ubutwari, ndetse rukaba umusemburo w’imiyoborere myiza.