Gakenke: Abacuruzi b’imbuto n’imboga barinubira gukorera ahantu banyagirwa

Abacuruzi b’imbuto n’imboga bacururiza mu isoko rwa Gakenke, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke baratangaza ko babangamiwe no gukorera ahantu banyagirwa, bikabatera igihombo .

Isoko rya Gakenke rirubakiye ariko ahacururizwa imbuto n’imboga hararangaye. Mu gihe cy’imvura, abacuruza bahura n’ikibazo cyo gucuruza kuko imvura igwa ikabanyagira ndetse n’ibyo bacuruza.

Abacuruzi bagaragaza ko babangamiwe no gukorera ahantu hadasakaye kuko amatunda anyagirwa, agakoboka bikabatera igihombo, bakifuza ko basakarirwa nabo bagakorera ahantu heza.

Munyarukundo Bosco, umucuruzi w’amatunda agira ati: “Badusakariye aha hantu twajya turabona uko dukora neza kuko iyo imvura iguye mbese ibintu birangirika cyane ariko hasakaye twajya turakora neza nta kibazo.”

Abacuruzi b'imboga mu isoko rya Gakenke bemera ko bakongera umusoro nyuma yo kubasakarira aho bakorera. (Foto:L. Nshimiyimana)
Abacuruzi b’imboga mu isoko rya Gakenke bemera ko bakongera umusoro nyuma yo kubasakarira aho bakorera. (Foto:L. Nshimiyimana)

Undi mucuruzi ati: “Mugomba no kutuvuganira iri soko rya Gakenke aha mu matunda bakaryubakira turanyagirwa kandi iyo tunyagiwe usanga amatunda arimo apfa, akoboka tugahomba mbese.”

Ngo iyo imvura iguye baratwikira bakajya kugama, abadafite shitingiti imbuto n’imboga bikanyagirwa bagakurizamo guhomba.

Bavuga kandi ko basora amafaranga 500 ku kwezi bakaba biteguye gusora amafaranga arenze ayo batanga igihe cyose rizaba ryubakiye bagakora imvura iba ku mugongo.

Uretse no mu gihe cy’imvura, gucururiza ku izuba mu mpeshyi na byo biragoye, imboga zikubitwa n’izuba zikaraba ndetse zikanataza uburyohe. Baramutse bakoreye ahantu hasakaye, ibikorwa byabo by’ubucuruzi byagenda neza n’imisoro yinjira mu isanduku y’akarere yakwiyongera.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka