Mu rwego rwo kurushaho kwiyubakira ibikorwa by’iterambere, Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, tariki 25/03/2013, yifatanyije n’abaturage ba Gicumbi kwagura umuhanda uhuza utugari twa Ruvumu na Karushya.
Nyirabarura Primitive w’imyaka 19, utuye mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu yabyaye abakobwa 2 n’umuhungu 1 ku mugoroba wa tariki 24/03/2013 mu bitaro bya Kabaya. Akarere kamuhaye amafaranga 100.000 byo kumufasha kamwemerera n’inka.
Ikigo k’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyatangaje ko abacuruzi bo mu isoko rya Muhanga batarebwa n’itegeko rishya ry’umusoro, basabwa kwiyandukuza muri icyo kigo bitarenze tariki 31/03/2013.
Umugabo Emanuel wihaye izina ry’ingwe ngo atere abantu ubwoba abambure, aherutse gufatwa na Polisi iramufunga bitewe nuko abaturage bagaragaje ko yambura abantu ariko habuze umuntu n’umwe umushinja.
Imyiteguro yo gushyira kaburimbo mu muhanda uhuza uturere twa Rutsiro na Rubavu igeze kure ku buryo nta gihindutse imashini zizaba zatangiye gusiza mu kwezi kwa mbere 2014.
Hakunze kugaragara cyane ibibazo hagati y’abahanzi n’ibyamamare ariko wakurikirana ugasanga ba bahanzi hagati yabo ntacyo bapfa cyangwa se baba bakwisanzuyeho bakakwibwirira ko rwose babanye neza.
Polisi yo mu mujyi wa Bangalore, mu gihugu cy’Ubuhinde yatangiye gukora abapolisi bakoze mu bikarito, maze ngo abashoferi nibabona bagende neza ngo badahanwa.
Umusore witwa Munyanziza Boniface wo mu kagari ka Rwindume mu murenge wa Juru mu karere ka Bugesera yishwe n’ingona ziramurya ziramumara ubwo yajyaga kuroba rwihishwa mu kiyaga kitwa Gashanga.
« …it’s moving … (Biteye ubwoba) ni ijambo ryasohotse mu kanwa ka Angelina Jolie, icyamamare mu gukina filime muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, ubwo yari agisohoka mu muryango w’Urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi, nk’uko umwe mu bakozi b’uru rwibutso bari bamwegereye babitangarije Kigali Today.
Abanyarwanda bibumbiye muri company yitwa Algorithm Incorporation bashyize ahagaragara porogaramu za mudasobwa zifashishwa mu bucuruzi cyangwa ibindi bikorwa bisaba kubara cyangwa kubika amakuru umuntu aba azakenera.
Nyuma y’uko umutoza Didier Gomes Da Rosa agaragarije ko ari umutoza ushoboye, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwamereye gusinya andi amasezerano y’imyaka ibiri yiyongera ku yo yari asanganwe y’umwaka ari hafi kurangira.
Abaturage bo mu murenge wa Munyiginya mu karere ka Rwamagana batashye inyubako ya koperative yabo yo kuzigama no kugurizanya bise “My SACCO” ifite agaciro ka miliyoni 17 z’amafaranga y’u Rwanda.
Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo, Murekezi Anastase, yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa inzu izaba ari ihuriro ry’imyuga itandukanye bita “agakiriro” mu karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba, araburira abatubahiriza amabwiriza yo gusaba no gutanga ibyangombwa byo kubaka mu mujyi wa Kigali mu gihe cya vuba, ko bagiye kujya bafatirwa ibihano, nyuma y’impinduka zo kwihutisha ishoramari ry’imyubakire.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye umunyamabanga wa Reta ushinzwe ububanyi n’amahanga w’Ubwongereza, William Hague ku mugororoba wo ku wa mbere tariki 25/3/2013, aho basuzumye amasezerano y’ubufatanye mu iterambere asanzweho hagati y’ibihugu byombi.
Imodoka nini (bisi) ya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR), yavaga i Huye yerekeza i Rwamagana, yakoze impanuka igeze ahitwa ku Mugomero mu murenge wa Rugarika, mu Karere ka Kamonyi, abanyeshuri 15 barakomereka.
Urubanza rw’ubujurire bwa Victoire Ingabire Umuhoza, umukuru w’ishyaka FDU-Inkingi uregwa ibyaha birimo ubugambanyi, kugirira nabi ubuyobozi buriho no gutegura ibitero by’intambara k’u Rwanda, rwageze mu rukiko rw’ikirenga, aho ruzaburanishwa guhera hagati mu kwezi gutaha kwa kane.
Save the Children, umwe mu bafatanyabikorwa bita ku bana mu nkambi ya Kigeme, yakoze ubukangurambaga ku burenganzira bw’umwana, ishishikariza impunzi ziri muri iyi nkambi kwita ku burenganzira bw’abana.
Igice cya mbere cya Filimi “Ineza Yawe” y’umukinnyi wa filimi, Iyaremye Yves, ukomoka mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, kizashyirwa ahagaragara tariki 31/03/2013.
Ubwo yari yaje mu karere ka Karongi aho arimo kumva ibibazo by’abaturage, Umuvunyi Mukuru, Cyanzayire Aloyisie, yasabye abaturage kujya birinda imanza aho bishoboka, bakegera abunzi mbere yo kwihutira mu nkiko.
Ubuyobozi bwa World Vision buratangaza ko gukorera mu Rwanda biboroheye kuko gahunda z’ibanze zabo zihuye na politiki Leta y’u Rwanda yashyize imbere, zirimo kwihaza mu biribwa, isuku no guteza imbere urubyiruko muri gahunda zitandukanye.
Julian Assange akomeje kuza ku mwanya wa mbere mu bahatanira igihembo cy’abahanaranira uburenganzira bwa muntu, kizatangwa hizihizwa isabukuru y’imyaka 25 y’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu.
Umushoferi witwa Nshimiyimana Alexis wari utwaye imodoka yo mu bwoko bw’ivatiri ya Carina, yagonze umusore mu mujyi wa Kibungo ahita ata imodoka aratoroka mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 /03/2013 ahagana saa kumi n’ebyiri.
Raporo y’umuryango w’abibumbye igaragaza ko bantu benshi ku isi bashishikajwe no gukoresha itumanaho ryihuse kurusha uko bagira ubwiherero bwiza. Abantu barenga miliyari esheshatu batunze telefoni ariko abafite ubwiherero bwiza ni miliyari enye n’igice.
Ubufaransa bwohereje ingabo 350 muri Centrafrique ngo barinde umutekano w’Abafaransa n’abandi banyamahanga bari muri iki gihugu nyuma y’uko inyeshyamba zirwanya Leta ya Perezida Froincois Bozize zifatiye umurwa mukuru, Bangui.
Abayoboke b’umutwe wa politike PSD mu karere ka Ruhango, barasabwa gukora ibikorwa byose byatuma bihesha agaciro ndetse bakaba intangarugero mu bandi bayoboke b’imitwe ya politike ikorera mu Rwanda.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu bakobwa batarengeje imyaka 18, irakina umukino wayo wa mbere na Algeria kuri uyu wa mbere tariki 25/03/2013 guhera saa kumi z’umugoroba, mu mikino y’igikombe cya Afurika irimo kubera i Cairo mu Misiri.
Angelina Jolie wamenyekanye cyane mu gikina filime ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, aho yageze ari hamwe na minisitiri ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Bwongereza, William Hague. Baje muri gahunda yaguye yo guhagarika ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa mu Burasirazuba bwa Kongo.
Mu mirenge 13 igize akarere ka Gisagara, umurenge wa Kansi niwo wabashije kugera ku kigereranyo cya 100% mu bwisungane mu kwivuza. Uyu murenge uvuga ko nta rindi banga wakoresheje usibye gutangira ubukangurambaga hakiri kare maze abaturage bakigishwa bihagije.
Abasenateri 10 bayobowe na Visi Perezida wa Sena, Bernard Makuza, ku wa gatandatu tariki 23/03/2013 bifatanyije n’abatuye akagari ka Rwanza, umurenge wa Save mu karere ka Gisagara, gukora umuganda baca imirwanyasuri n’imiyoboro y’amazi mu bibanza bizubakwamo umudugudu w’icyitegererezo.
Amakosa abiri yakozwe na ba myugariro b’ikipe y’u Rwanda (Amavubi) niyo yatumye Mali itsinda u Rwanda ibitego 2-1 mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi, wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku cyumweru tariki 24/03/2013.
Akarengane kariho muri iki gihe ngo gashingiye ahanini ku buharike, nk’uko Urwego rw’umuvunyi rubigaragarizwa iyo rwagiye gukemura ibibazo by’abaturage mu mirenge yabo mu cyumweru cyahariwe kurwanya akarengane.
Mu nama mpuzamahanga abanyeshuri biga ibya farumasi (ubuhanga mu by’imiti) muri Kaminuza y’u Rwanda bagiriye i Huye kuwa 23/03/2013, bagaragaje ko hakenewe ko abize ibya farumasi bagira uruhare mu kugenera imiti abarwayi.
Abaturage biganjemo urubyiruko batuye ku nkengero z’umugezi wa Muregeya ugabanya bo mu turere twa Rutsiro na Karongi babonye akazi ko guterura moto bazirenza ibyuma byatambitswe hejuru y’ikiraro gishaje kugira ngo ibinyabiziga bitakinyuraho. Moto imwe bayiterura ku mafaranga 500.
Abaturage bo mu kagari ka Gikombe umurenge wa Nyakiriba akarere ka Rubavu bavuga ko bamaze imyaka ibiri n’amezi atandatu batanze amafaranga yo kuzana umuriro aho batuye ariko amaso yaheze mu kirere.
Abanyeshuri bo ku ishuri ryisumbuye rya APAKAPE mu karere ka Rutsiro bavuga ko bashimishijwe n’uko tariki 16/03/2013 ikigo cyabo cyabahaye ifunguro ririho inyama mu gihe abahamaze imyaka itandatu bavuga ko nta kindi gihe bigeze bahabwa inyama.
Mukamurezi Valerie, uvuka mu Murenge wa Muzo, Akarere ka Gakenke, tariki 22/03/2013 yasubijwe isambu y’umuryango we wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umugore wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yamenye ko umugabo we amuca inyuma ananirwa kumubikira ibanga, afata icyemezo cyo kumushyira ku karubanda akoresheje icyapa gishyirwaho amatangazo yo kwamamaza.
Akarere ka Muhanga kari ku mwanya wa nyuma mu kwinjiza imisoro n’amahoro mu turere umunani tugize intara y’Amajyepfo; nk’uko byemezwa n’inama njyanama y’aka karere.
Abanyarwanda 13 (abagabo 2, abagore 2 n’abana 9) bari barahungiye mu Burundi muri comine ya Cyibitoki batahutse tariki 23/03/2013 ubu bakaba bari mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi.
Abitandukanyije n’umutwe wa FDLR batahutse tariki 23/03/2013 batangaza ko icyateye gutahuka ari uko amasezerano babwirwa n’abayobozi babo ari ibinyoma kuko ngo bategereje ko yasohora bagaheba.
Mu nama yahuje inama njyanama y’akarere ka Muhanga, tariki 21/03/2013, bize ku kibazo cya siporo muri aka karere kuko bavuga ko isa n’iyahariwe ikipe y’akarere gusa kandi igomba kugera kuri buri muturage.
Perezida Kagame yifatanyije n’abandi bayobozi b’ibihugu bo mu karere mu kwiga ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa. Inama iri kubera kuri Congo Brazzaville kuri icyi cyumweru tariki 24/03/2013.
Perezida wa Repubulika ya Centre Africa, Francois Bozize, kuri icyi cyumweru tariki 24/03/2013, yahungiye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’uko inyeshyamba zimurwanya zigaruriye Bangui umurwa mukuru w’igihugu.
N’ubwo mu gihe kingana n’amezi atatu cyahariwe imiyoborere myiza mu Rwanda abaturage bo mu karere ka Ngororero bahawe ijambo ngo batange ibitekerezo ndetse babaze n’ibibazo bafite, icyo gihe cyasojwe abaturage bagitora umurongo ari benshi kugira ngo babaze ibibabangamiye.
Mu rwego rwo kumenya amateka y’u Rwanda rwo hambere abanyeshuli biga ibya farumasi muri kaminuza zitandukanye zo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC) basuye ingoro y’umwami Mutara wa III Rudahingwa iri mu karere ka Nyanza kuri uyu wa gatandatu tari 23/03/2013.
Davite Giancarlo usiganwa ukoresha imodoka yo mu bwoko bwa SUBARU Imprezza N11, ni we wegukanye isiganwa ry’amamodoka ryiswe ‘Rally de l’Est’ ryaberaga mu bice bya Rugende na Gahengeri mu turere twa Gasabo na Rwamagana kuri uyu wa gatandatu tariki 23/03/2013.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu tariki 23/03/2013, umuryango w’Abanyapakistani baba mu Rwanda wizihije isabukuru y’imyaka 66 igihugu cyabo kimaze cyemerewe kwigenga. Bavuze ko bishimiye umubano wabo n’Abanyarwanda, bifuza ko hafungurwa za ambasade.
Mu gihe gutwara twara abantu n’ibintu ku magare mu muhanda wa kaburimbo byaciwe, abatsimbaraye bagikora uwo murimo bavuga ko bahohoterwa bakagongwa cyangwa bagakoreshwa impanuka.