Nyuma y’uko umupaka muto uhuza umujyi wa Gisenyi n’umujyi wa Goma ufunzwe washyize urafungurwa ariko abagabo n’abasore b’Abanyarwanda bajya i Goma barasabwa kwigengesera cyane kuko hari abahohoterwa.
Emmy, umuhanzi wakunzwe cyane hano mu Rwanda akaza kwerekeza muri Leta zunze Ubumwe za Amerika umwaka ushize ubwo yari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star2, aritegura gushyira hanze indirimbo nshya.
Polisi y’igihugu iratangaza ko amakuru akomeza gukwirakwira ku ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, ridaterwa no kuba ryiyongeyereye, ahubwo bituruka ku kuba ababikorerwa n’abantu muri rusange baratinyutse kujya batanga amakuru ku hagaragaye ihohoterwa.
Umuryango w’abapfakazi ba Jenoside (AVEGA) ufatanyije na Minisiteri y’uburinganire no guteza imbere umuryango, batangije igikorwa cyo kuremera inshike za Jenoside zitishoboye.
Mu ijoro ryakeye, abajura bateye mu ngo z’abagabo babiri bakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro (Egide na Mbarushimana) batuye mu kagari ka Kagarama mu murenge wa Musha bica abaturanyi babiri batabaye, batema abandi umunani.
Ubuyobozi bw’ishuri rya Ecole des Science Byimana mu karere ka Ruhango, buravuga ko bugiye gushyira umuntu muri buri cumbi ry’abanyeshuri mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’inkongi y’umuriro umaze iminsi wibasira inyubako z’iri shuri.
Itsinda ry’impuguke zo muri Kaminuza ya Massachusetts ryitwa J-PAL zakoze inyigo yiswe “From Evidence to Policy” mu bihugu 21 by’Afurika, zivuga ko u Rwanda rugena gahunda zo kugabanya ubukene, zibanje gusuzumwa neza ko ari ngombwa (evidence based policies).
Mu gihe hategurwa umuganda rusange usoza ukwezi kwa gatanu uzaba tariki 25/05/2013, raporo y’umuganda usoza ukwezi kwa kane wakozwe tariki 27/04/2013 igaragaza ko imirimo yakozwe ndetse n’ubwitabire bw’abaturage byagize agaciro k’amafaranga miliyoni 12 ibihumbi 416 n’amafaranga 900.
Sosiyete yitwa Broad Mind Creation igiye guteza imbere umuco Nyarwanda ibinyujije mu marushanwa y’umuco azajya yitabirwa n’Abanyarwanda bari mu byiciro binyuranye bazi ibijyanye n’umuco, mu rwego rwo kongera kuwubyutsa kuko wasaga n’utangiye kwibagirana.
Umwiherero w’iminsi ibiri w’abayobozi kuva ku rwego rw’umurenge kugeza ku rwego rw’intara mu Majyaruguru warangiye tariki 21/05/2013 wasize bafashe imyanzuro igera kuri irindwi izatuma ubukungu buzamuka ku kigero cya 11.5%.
Ntaganda Telesphole w’imyaka 30 y’amavuko wakoraga umwuga w’ubushoferi ku modoka ya muramu we yasanzwe mu nzu yapfuye kandi tariki 20/05/2013 yari yaryamye ari muzima.
Ahagana saa sita z’amanywa tariki 21/05/2013, nibwo byari bimaze kumenyekana ko inzu abanyeshuri b’abahungu bararamo mu kigo cya College APARUDE giherereye mu mujyi wa Ruhango yibasiwe n’inkongi y’umuriro.
Saa moya zo muri iki gitondo cyo kuwa 22/05/2013 ingabo n’abapolisi ba Congo bari maze gufunga umupaka muto uhuza umujwi wa Goma na Gisenyi. Uyu mupaka unyurwaho n’abantu barenga ibihumbi 25 ku munsi.
Mu rwego rwo kureba uko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa muri gereza zo mu Rwanda, Michel Arrion uhagarariye umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi mu Rwanda yasuye gereza ya Nyanza izwi rya Mpanga ashima uko abafungiyemo babayeho.
Reta y’u Rwanda ifatanyije n’umuryango mpuzamahanga ufasha abimukira (IOM) bamaze gukusanya amafaranga agera kuri miliyari ebyiri azakoreshwa mu gusubiza mu buzima busanzwe Abanyarwanda batahuka mbere y’uko icyemezo gikuraho ubuhunzi gishyirwa mu bikorwa.
Minisitiri w’ibikorwa remezo, Prof. Silas Lwakabamba, ari kumwe n’izindi ntumwa zo muri minisiteri ayobora basuye imishinga migari igiye kubakwa mu karere ka Rusizi harimo n’uruganda rwa Nyiramugengeri ruzabyazwa amashanarazi angina na MW15 azakoreshwa mu ruganda rwa SIMERWA rukora sima.
Umutwe w’abasirikare 120 bo mu ngabo z’u Rwanda bashinzwe ibijyanye no kubaka, tariki 21/05/2013, bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo.
Kuri uyu wa kabiri tariki 21/5/2013, Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), yasinyanye amasezerano y’impano na Banki y’isi, ingana na miriyoni 50 z’amadorari y’Amerika agenewe gufasha inzego z’ibanze gutanga servisi zifite ireme.
Abayobozi b’imirenge 15 igize akarere ka Musanze, biyemeje ko munyubako z’utugali ndetse n’izindi zose bagiramo uruhare bazajya bazirikana ko bazaganwa n’abafite ubumuga, bityo babategurira aho bashobora kunyura.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) iratangaza ko nubwo biteganyijwe ko buri muyobozi agomba kurara aho akorera, nta gahunda ihari yo gukurikirana abatahaba biterwa n’uko bakiga.
Mu nama ya komite ishinzwe imiturire mu karere ka Nyamagabe yateranye kuri uyu wa kabiri tariki 21/05/2013, hafashwe ingamba zo kwihutisha ibikorwa byo kwimura abaturage batuye ahantu hashobora kwibasirwa n’ibiza mu buryo bworoshye bagatuzwa mu midugudu hagamijwe kurengera ubuzima bwabo.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu araburira Abanyarwanda bajya guhahira no gukorera i Goma kwitwararika kubera intambara yongeraga kubura mu nkengero z’uwo mujyi ndetse n’ubu ikaba igikomeje.
Abaturage 10 bo mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro bishyize hamwe bakora koperative yenga inzoga mu bisheke mu rwego rwo gushakira umuti ikibazo cy’umusaruro mwinshi w’ibisheke wabonekaga muri ako gace nyamara abahinzi bakabura isoko.
Umujyi wa Kigali waciye ikoreshwa ry’impapuro mu kwaka ibyangombwa byo kubaka ku bikorwa binini, ahubwo hazajya hakoreshwa rwa internet www.kcps.gov.rw mu rwego rwo guhindura imikorere no kwihutisha akazi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo buri mu biganiro n’abashoramari n’abandi bafatanyabikorwa bahakorera kugira ngo barebe uburyo bazanzamura ingengo y’imari y’akarere ya 2013/2014, yagabanyutseho amafaranga agera kuri miliyoni 500.
Mu gitindo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 21/05/2013, Pasiteri Bisimwa yaje kubwiriza mu mujyi wa Kamembe maze abwira abamotari ko kubera ibyaha bakora bagiye guhura n’impanuka 12 ndetse akaba yababwiye n’aho zizabera.
Abantu 14 bafashwe bashaka gukorera abandi ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga, mu gihe abandi batatu bo bari bafite impapuro zemeza ko bishyuye (guitence) z’impimbano.
Girukubonye Daniel w’imyaka 70 ukomoka mu Murenge wa Cyabingo, Akarere ka Gakenke yafashe icyemezo cyo kwiga gusoma no kwandika nyuma yo gukurwa mu ishuri n’umubyeyi we ubwo yari akiri umwana muto.
Byari bimaze kumenyerwa ko muri aya marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 3, Eric Senderi, Kamichi na Knowless aribo biyegereje abafana b’amakipe y’amaguru ariko noneho biravugwa ko n’abandi bahanzi batangiye kubigana.
Umuhanzi Frere Manu, mu gikorwa arimo cy’ivugabutumwa agiye kwerekeza mu karere ka Musanze, aho azaririmbira abantu anabacurangira gitari, nyuma yo kumva ubutumwa bwa bamwe mu bavugabutumwa bo mu ntara y’Amajyaruguru.
Bamwe mu Banyafurika batuye ku mugabane w’Uburayi bagaragaye mu birori bya Rwanda Day 2013 i London mu Bwongereza mu mpera z’icyumweru gishize basabye Perezida w’u Rwanda gutegura uburyo yazigisha abandi bayobozi ba Afurika ihame ryo kwigira no guharanira kwihesha Agaciro.
Itangazo dukesha ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (White House) riragaragaza ko amakuru yatangajwe mu minsi ishize ko Perezida wa Amerika Barack Obama azasura u Rwanda mu kwezi gutaha bwa Kamena yari ibihuha bidafite ishingiro.
Umugabo witwa Colin Fiedler nyuma y’uko umutima we uhagaze, yajyanwe mu bitaro bifite igikoresho kitaboneka henshi AutoPulse, maze ku bw’iri koranabuhanga arongera aba muzima.
Umukobwa w’imyaka 22 witwa Tintswalo Ngobeni yahungiye mu Bwongereza nyuma yo gutinya kugirirwa nabi n’umwami wa Swaziland Mswati wa Gatatu washaka kumugira umugore we wa 14.
Bamwe mu baririmbyi bo mu Rwanda cyane cyane abakizamuka, bavuga ko kumenyekana kwabo cyangwa kumenyekanisha indirimbo zabo bigorana ngo kuko hari igihe bakwa ruswa kugira ngo ibyo bifuza bishyirwe mu bikorwa.
Antoine Twagirumukiza ushinzwe ishami ry’imari mu karere ka Rusizi yatoranyijwe nk’umukozi warushije abandi gukora neza muri uyu mwaka wa 2012-2013 ahabwa igihembo cy’amafaranga ibihumbi 150.
Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo gishinzwe gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina (Gender Monitoring Office) igaragaza ko uturere twa Karongi, Kayonza, Gatsibo na Gasabo twaje imbere mu kugira abana benshi b’abakobwa batwaye inda z’indaro mu mwaka wa 2012.
Uturere twa Rutsiro, Karongi, Nyamasheke na Rusizi twegukanye imyanya ya mbere ku rwego rw’intara y’Uburengerazuba mu byiciro bine by’amarushanwa yo guteza imbere imiturire y’icyaro.
Kwihangira imirimo niyo nyishyu Leta itegereje ku biga gukora sinema mu ishuri rya African Digital Media Academy (ADMA) bigira ubuntu kuko Leta y’u Rwanda yashoyemo akayabo k’amafaranga miliyoni 743.
Nyuma y’igihe kitagera ku kwezi inyubako z’ishuri rya Ecole de Science Byimana zibasiwe n’umuriro, mu ijoro rya tariki 20/05/2013 izindi nyubako z’iryo shuri zafashwe n’umuriro zirashya zirakongoka n’ibirimo byose.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 20/05/2013, ahagana saa cyenda na 45, akabari kitwa New Bandal kari hafi ya Alpha Palace Hotel mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, kadutsemo inkongi y’umuriro karashya, karakongoka .
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame arahamagarira Abanyarwanda guhindura imyumvire bagafata ingamba zo kwibeshaho, bakihitiramo uko bashaka kubaho kuko kubeshwaho n’inkunga z’amahanga bisa no kwizirika ku ibere kandi umuntu nyawe agomba gucuka akibeshaho.
Kuva hafatwa icyemezo cyo kwambura kashe abakuru b’imidugudu, abaturage bo mu karere ka Ruhango baravuga ko ubu service bahabwa zihuta cyane ugereranyije n’izo bahabwaga mbere abakuru b’imidugudu bakizitunze.
Abacuruzi bacuruza ibiribwa bibumbiye muri koperative TWUNGANE mu mujyi wa Rusizi baratangaza ko babangamiwe n’abagenzi babo bacuruza ibirayi byaboze kuko bizamura umwuka mubi bigatuma bakora batisanzuye ndetse n’abaguzi bakaba bake kuko baba bahunga umwuka mubi uva muri ibyo birayi.
Ubwo umuhanzi Eric Senderi “international hit” yari mu karere ka Nyamagabe mu gitaramo cya Primus Guma Guma Super Star 3 tariki 18/05/2013, yongeye kugaragaza kwiyegereza abafana b’ikipe ya Rayon Sports ngo bamutore.
Imyitozo yiswe ‘Mashariki Salam 2013” ihuje abasirikare, abapolisi n’abasivili barenga 1200 baturutse mu bihugu bigize Akarere ka Afurika y’Uburasirazuba yatangiye tariki 19/05/2013 mu kigo cya gisirikare cya Jinja, mu gihugu cya Uganda.
Mu mpera z’iki cyumweru twasoje, Katabarwa Filmin na Nyandwi Emervan bafatanwe udupfunyika 5200 tw’urumogi, ubwo bageragezaga kurwambukana bava mu karere ka Nyabihu berekeza mut urere twa Ngororero na Muhanga.
Kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere tariki 20/05/2013 imirwano yongeye kubura mu burasizuba rwa Kongo aho ingabo za Leta ya Kongo-Kinshasa zifatanyije n’abarwanyi ba FDLR bagabye igitero ku ngabo za M23.