Abanyamahanga batuye mu Rwanda ngo baba badakunze kwitabira gahunda zo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 uko bikwiye; nk’uko byavugiwe mu nama ya nyuma itegura gahunda zo kwibuka Abazize Jenoside mu karere ka Kayonza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bwahaye abakinnyi n’abatoza ba Bugesera FC agahimbazamushyi k’amafaranga ibihumbi 600 nyuma yuko iyo kipe itsinze Rayon Sports muri 1/8 cya Peace Cup against Malaria 2013.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) irasaba abantu bose bafata gahunda zo guhunga igihugu kuko kigeze mu gihe cy’icyunamo, kumva ko iyo gahunda ibareba bose. Ikabasaba gutangira kwifatanya n’abandi Banyarwanda mu kwibuka.
Mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’i Burayi (UEFA Champions League), ikipe ya FC Barcelone yanganije na Paris Saint Germain ibitego 2-2 mu mujyi wa Paris.
Uburyo bworoshye bwo kwirinda umwanda bwiswe “Kandagirukarabe” yagabanyije umwanda mu baturage bo mu karere ka Gicumbi. Icyo gikoresho giterekwa imbere y’ubwiherero ndetse n’imbere ya za resitora ugiye kwinjiramo wese akabanza gukaraba akoresheje amazi n’isabune.
Rwanzegushira Jean Claude ukomoka mu murenge wa Muringa ahitwa Nyankukuma yahitanywe n’igisimu mu murenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu, ubwo yajyaga gucukura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa “colta” mu buryo butemewe.
Tito Barahira wabaye umuyobozi wa Komini ya Kabarondo mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibungo na Prezida wa MRND muri Kabarondo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yatawe muri yombi mu Bufaransa tariki 02/04/2013.
Ubuyobozi bw’umuryango Good Windows uratangaza ko nta kimenyane cyabaye mu gikorwa cyo gutanga inka ku bakene bo mu karere ka Muhanga na Ruhango.
Umutoza wa Police FC, Goran Kopunovic, avuga ko ari nta mpungenge na nkeya afite ko yasezererwa ku mirimo ye nubwo amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka yagabanutse ndetse akanasezererwa mu marushanwa atandukanye yitabiriye.
Kuri uyu wa kabiri tariki 02/04/2013, abapolisi 80 batangiye amahugurwa ku gukumira ibyaha no gukora iperereza azamara iminsi itanu, aya mahugurwa akaba ari kubera ku ishuri ry’ishami rya polisi rishinzwe iperereza (CID) riri ku cyicaro cya polisi ku Kacyiru.
Mu gihe u Rwanda rurimo kwitegura kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Guverineri w’intara y’amajyepfo yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru abasobanurira aho imyiteguro yo kubibuka igeze ndetse n’uko abayirokotse babayeho.
Bihira Yuvenali wari uzwi nk’umwe mu bantu bafite amafaranga menshi mu mujyi wa Butare yitabye Imana tariki 24/03/2013, i Burayi aho yari yaragiye kwivuriza. Ku itariki 01/04/2013 ni ho yashyinguwe.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru asaba abahinzi bo mu karere ka Burera gutunganya ubuhinzi bwabo, bahuza ubutaka kandi bibanda mu guhinga ibihingwa byatoranyijwe, badahinga ibyo kubatunga gusa ahubwo bahinga ibibaha amafaranga.
Abacuruzi b’umucanga bakorera ahitwa kuri Depo mu karere ka Rusizi bavuga ko batishimiye gusoreshwa badakora nyuma yo gufungirwa bagasabwa kujya gukorera ku cyambu cya Busekanka.
Orchestre Amis de Jeunes ikorera mu murenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi yakoze igitaramo kidasanzwe cyo gushimira Perezida Kagame inkunga y’ibikoresho bya muzika bifite agaciro k’amafaranga asaga miliyoni eshanu yabagejejeho mu mpera z’umwaka ushize nkuko yari yabibasezeranyije ubwo yasuraga akarere ka Rusizi muri 2010.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ibigo Visa international na Access to Finance Rwanda (AFR) bugaragaza ko Abanyarwanda benshi bakibika amafaranga mu mazu iwabo. Ibi bigo birashishikariza abaturage kubika amafaranga mu bigo by’imari kugirango binafashe igihugu kwikura mu bukene.
Abaturarwanda cyane cyane urubyiruko barasabwa kwitabira ibikorwa bijyanye no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bizabera ku rwego rw’imidugudu mu gihe cy’iminsi irindwi, guhera tariki 07/04/2013.
Umurama w’abana b’amafi wateye mu biyaga by’akarere ka Bugesera urimo gutanga umusaruro kuko watumye uwabonekaga warazamutse cyane. Mu mwaka ushize wa 2012 hasaruwe toni 126.4 kandi hari ikizere ko uyu musaruro uziyongera kubera ingamba zafashwe.
Urwego rw’umuvunyi rusaba inzego z’ubuyobozi zose mu Rwanda kwakira no gukemura ibibazo by’akarengane ibyo ari byo byose abaturage bazigezaho bitarajya ahandi, kuko ngo iyo bibaye byinshi bituma ababifite batishimira ababayobora, bityo bikaba byatuma batubahiriza gahunda za Leta nk’uko ziba zateganijwe.
Imvura idasanzwe yaguye mu ishyamba rya Gishwati ku cyumweru tariki 31/03/2013, bituma umugezi wa Gatare uri hepfo y’iryo shyamba wuzura wica umwana w’imyaka icyenda, ndetse n’ikiraro cyendaga kuzura kirasenyuka.
Nyuma yo kugenzura isuku mu karere ka Gicumbi ahacururizwa ibiribwa no muri za restora itsinda rishinzwe kugenzura abo bacuruzi rirasaba abatereka ibyo bacuruza ku muhanda kubireka kuko imyanda ijyamo yangiza ubuzima bw’abantu.
Umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Rwagaju Louis, yagiranye inama n’abakozi bakorera ku karere, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge n’Utugari ndetse n’inzego z’ubuyobozi zikorana n’Akarere ngo abasobanurire bimwe mu byagaragaye nk’ibigomba gukosoka cyangwa kongerwamo imbaraga byavuye mu mwiherero w’Abayobozi bakuru (…)
Muragijimana Immaculée, intore iri ku rugerero mu murenge wa Mbazi mu karere ka Nyamagabe yahimbye indirimbo irata itorero ry’igihugu ndetse inagaragaza ubutumwa bwerekana ko bashyigikiye urugerero.
Urukiko rukuru rwemeje ko ibyo ubushinjacyaha bwasabaga byo kubanza gusuzuma ikimenyetso bwatanze mu rubanza rwa Mugesera niba nta nenge gifite, bitaba impamvu yo guhagarika iburanisha.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Muhura mu karere ka Gatsibo buratangaza ko imyiteguro yo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe abatutsi igenda neza muri uwo murenge, bukaba busaba buri wese uwutuye kuzitabira ibikorwa byose byo kwibuka barushaho guharanira kwigira.
Umuhanzi M1 umaze igihe akorera umuziki we mu gihugu cya Uganda, aratangaza ko kuri ubu agiye gutangira amasengesho ya buri munsi nyuma yo kumenya ko ngo afite abatifuza ko muzika ye yatera imbere.
Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya “Unguka Bank” mu karere ka Kamonyi, kuri uyu wa mbere tariki 1 Mata 2013, Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi Rutsinga Jacques, yasabye n’andi mabanki kuza gukorera mu karere kuko ahakenewe, ngo afashe mu kwihutisha iterambere.
Nyiri hoteri yitwa Finn iri mu mujyi wa Helsinki mu gihugu cya Finlande yatunguwe no gutanga akazi ko kugerageza ibyumba bya hoteri ye, maze akabona abantu bashaka ako kazi bagera kuri 800 mu gihe hagisigaye ukwezi kose ngo igihe cyo gusaba ako kazi kirangire.
Mbarubukeye Athanase w’imyaka 43 afungiye kuri Polisi ya Kabagari mu karere ka Ruhango guhera tariki 01/04/2013 akurikiranyweho gutunga gerenade mu buryo butemewe n’amategeko.
Ikigo cy’amashuri Groupe Scolaire Musasa giherereye mu murenge wa Gitovu mu karere ka Burera kimaze guca agahigo muri ako karere mu gutsindisha abana bose bacyigaho kuburyo mu myaka itanu ishize aricyo cyihariye umwanya wa mbere muri ako karere.
Abahanzi bari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 3 bakomeje kwiyegereza abafana ba Rayon Sports kuko ifite abafana benshi bityo umuhanzi uzatorwa n’abafana ba Rayon akazaba nta kabuza yizeye kwegukana insinzi.
Imvura idasanzwe yaguye ku mugoroba wa tariki 31/03/2013, yangije imyaka y’abaturage, yangiza amazu 38 ku buryo yose agomba kongera gusakarwa, ndetse inagusha amapoto ane y’amashanyarazi mu tugari tubiri two mu murenge wa Gataraga mu karere ka Musanze.
Abakina cinema nyarwanda barakangurira abantu cyane cyane urubyiruko ruvuga ko rudafite akazi kwinjira muri uyu mwuga, kuko ubasha gutunga uwukora kandi ukamugeza ku iterambere rirambye.
Tariki 08/04/2013, biteganyijwe ko imibiri 899 y’Abatutsi bazize Jenoside muri Mata 1994 izashyingurwa mu Rwibutso rwa Buranga, Akarere ka Gakenke.
Ikoranabuhanga mu itumanaho (ICT) biri muri gahunda z’ibanze Guverinoma y’u Rwanda ibonamo igisubizo mu gukemura bimwe mu bibazo bikunda kugaragara mu mikoranire y’inzego za Leta.
Ubufatanye bw’abaturage n’ubuyobozi bwatumye abana babiri b’abakobwa, umwe w’imyaka 14 n’undi w’imyaka 15 bo mu karere ka Nyamasheke bari bayobotse inzira y’ubuzererezi batarurwa basubizwa mu miryango yabo.
Abatuye mu murenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi bemeza ko igitebo bita “Umuhuza” cyagabanyije amakimbirane yo mungo aturuka ku gutinda gutegura amafunguro yo mu rugo hagati y’umugore n’umugabo.
Tariki 02/04/2013, Urukiko rukuru ruzafata umwanzuro ku rubanza rwa Dr Leon Mugesera, ku birebana n’icyifuzo cy’ubushinjacyaha bwasabye ko habanza gusuzumwa ikimenyetso bwatanze niba gifite ubusembwa cyangwa se ari kizima.
Ntivuguruzwa Jedeo, Ntaganzwa Furbel, Siborurema Japhet na Nzakizwanimana Oswald bo mu itorero Union dese Eglise Baptiste au Rwanda (UEBR), bafungiye kuri station ya polisi ya Kinazi mu karere ka Ruhango bakurikiranyweho kwigaragambya mu rususengero bakabuza pasiteri kwigisha no kubatiza.
Minisiteri ishinzwe impunzi (MIDMAR), iratangaza ko inkambi ya Nyabiheke yo mu karere ka Gatsibo igiye kongerwa ikabasha kwakira izindi mpunzi, nyuma yaho impunzi zituruka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikomeje kwiyongera mu Rwanda.
Ubwo umuryango utegamiye kuri Leta w’Abayisilamu witwa “Good windows” wahaga inka abatuye intara y’Amajyepfo, umuyobozi w’iyi ntara, Alphonse Munyantwali yashimiye Abayisilamu uburyo bari gufasha igihugu mu iterambere by’umwihariko mu mibereho myiza y’abagituye.
Ndakaza Claver w’imyaka 35 wari utuye mu kagali ka Mulinja mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza yatwawe n’amazi y’imvura yaguye ku mugoroba wa tariki 31/03/2013 umurambo we bawusanze mu gishanga bucyeye bwaho.
Ibyiza byo gukoresha Biogaz biragenda byigaragaza ku bayikoresha . Ik’ingenzi akaba ari uko ifasha mu kutangiza ibidukikije nk’uko Nyiramahoro Immaculée, umwe mu bategarugori bakoresha Biogaz mu karere ka Nyabihu, yabidutangarije.
Miss Rwanda 2012, Umutesi Aurore Kayibanda, muri iki gitondo cyo kuwa mbere tariki 1/04/2013, yakoze impanuka y’imodoka, ubwo yari yitwaye mu mujyi wa Kigali ariko nta muntu wayiguyemo cyangwa ngo akomereke bikabije.
Nyuma y’ibyumweru bibiri bari mu murenge wa Mudende akarere ka Rubavu, abari abarwanyi ba Runiga witandukanyije na M23 iyobowe na Gen Makenga, bimuwe aho bari bacumbikiwe.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu umurenge wa Kanama ntibashoje Pasika neza kubera ibiza batewe n’imvura yaguye ku mugoroba wa tariki 31/03/2013 ikuzuza umugezi wa Sebeya yateye mu baturage igatwara abana babili.
Ikipe yari yiswe ‘A’ yatojwe na Bahufite John ni yo yatsinze iyari yiswe ‘B’ yatojwe na Cliff Owuor mu mukino wari wahuje abakinnyi bakomeye mu mukino wa Basketball mu Rwanda (All Stars Game).
Police FC na Rayon Sports, zanganyije igitego 1-1 mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa 18 wa shampiyona wabaye ku cyumweru tarki 31/03/2013 kuri Stade Amahoro i Remera.