N’ubwo mu gihe kingana n’amezi atatu cyahariwe imiyoborere myiza mu Rwanda abaturage bo mu karere ka Ngororero bahawe ijambo ngo batange ibitekerezo ndetse babaze n’ibibazo bafite, icyo gihe cyasojwe abaturage bagitora umurongo ari benshi kugira ngo babaze ibibabangamiye.
Mu rwego rwo kumenya amateka y’u Rwanda rwo hambere abanyeshuli biga ibya farumasi muri kaminuza zitandukanye zo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC) basuye ingoro y’umwami Mutara wa III Rudahingwa iri mu karere ka Nyanza kuri uyu wa gatandatu tari 23/03/2013.
Davite Giancarlo usiganwa ukoresha imodoka yo mu bwoko bwa SUBARU Imprezza N11, ni we wegukanye isiganwa ry’amamodoka ryiswe ‘Rally de l’Est’ ryaberaga mu bice bya Rugende na Gahengeri mu turere twa Gasabo na Rwamagana kuri uyu wa gatandatu tariki 23/03/2013.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu tariki 23/03/2013, umuryango w’Abanyapakistani baba mu Rwanda wizihije isabukuru y’imyaka 66 igihugu cyabo kimaze cyemerewe kwigenga. Bavuze ko bishimiye umubano wabo n’Abanyarwanda, bifuza ko hafungurwa za ambasade.
Mu gihe gutwara twara abantu n’ibintu ku magare mu muhanda wa kaburimbo byaciwe, abatsimbaraye bagikora uwo murimo bavuga ko bahohoterwa bakagongwa cyangwa bagakoreshwa impanuka.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa (JADF) mu karere ka Rulindo rifatanije n’ubuyobozi bw’aka karere batoye komite nyobozi na komite ngenzuzi bishya zigiye kubahagararira muri uyu mwaka.
Abanyeshuri bo mu ishuri ry’amahoteli n’ubucyerarugendo (RTUC) ishami rya Gisenyi bahuriye mu muryango wa AERG batangiye ibikorwa byo kwitegura icyunamo bakora ibikorwa byo gutanga ubufasha ku batishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu kiganiro ubuyobozi bwa Polisi mu karere ka Rubavu bwagiranye n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ku byerekeye ibikorwa by’ihohoterwa rikorerwa mu mirenge basange ibikomeje kwiganza mu gutuma byiyongera ari ibinyobwa bitemewe hamwe n’amakimbirane yo mu miryango.
Mu gihe minisiteri y’ubuzima ikomeje gahunda yayo yo kurwanya maraliya burundu, ikoresheje uburyo butandukanye harimo no gutanga inzitiramubu zikoranywe umuti, bamwe mu baturage bazikoresha mu yindi mirimo itari ukuziryamamo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) gifatanyije n’inzego z’Inkeragutabara zo mu karere ka Nyamasheke bahagurukiye kubungabunga ibidukikije, by’umwihariko ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu ndetse no kubungabunga ibinyabuzima byo muri iki kiyaga byajyaga byangizwa na barushimusi.
Intumwa zaturutse mu gihugu cy’Ubudage mu ntara ya Rhenanie Paratinat ifitanye umubano ushingiye kuri jumelage n’u Rwanda batashye amashuri yubakiye akarere ka Gicumbi mu murenge wa Giti.
Abaturage ibihumbi 45 bo mu mirenge ya Shingiro na Kinigi mu karere ka Musanze babonye umuyoboro w’amazi ufite uburebure bwa kilometero 41 nyuma y’uko mu 2010 bagaragarije Perezida Kagame ko batazi amazi meza maze akabemerera kuyabagezaho.
Abaministiri bashinzwe ibikorwa by’umuryango w’Afrika y’iburasirazuba b’ibihugu by’u Rwanda, Monique Mukaruliza, na Shame Bogayne ku ruhande rwa Uganda basuzumye imitangirwe ya Serivise ku mupaka wa Gatuna, aho basanze abaturage bakomeza koroherezwa kwambuka umupaka.
Inyubako z’ishuri ry’Uryunge rw’Amashuri rwa Tanda ziherereye mu kagali ka Tanda, umudugu wa Tanda, umurenge wa Giti, akarere ka Gicumbi, zatashywe ku mugaragaro, igikorwa kitabiriwe n’intumwa zaturutse mu Budage, mu ntara ya Rhenanie Platinat ifitanye umubano wihariye n’u Rwanda.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyamagabe na Nyaruguru barifuza ko nyuma ya gahunda ya mudasobwa kuri buri munyeshuri, hakenewe na gahunda ya mudasobwa kuri buri mwarimu.
Gerard Ugirashebuja ukomoka mu Murenge wa Janja, Akarere ka Gakenke, yamenye abamukomokaho bane ubwo yitabaga itsinda ridasanzwe mu gukemura ikibazo cy’imitungo y’abarokotse Jenoside, kugira ngo atange amakuru ku kibazo cy’isambu, kuri uyu wa Gatanu tariki 22/03/2013.
Ubushakashatsi buragaragaza ko mu bana 100 bari hagati y’imyaka itandatu na 17, batatu baba bakoreshwa imirimo itandukanye n’iyo bagombye kuba bakora ariyo kwiga no kurerwa, kugira ngo bazakorera igihugu cyabo bamaze gukura.
Gutangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, bizabera mu murenge wa Nyamyumba, kubera ubwicanyi bwakorewe abakozi b’uruganda rwa Bralirwa n’abandi bajugunywe mu kiyaga cya kivu ahari amashyuza.
Abaturage bo mu murenge wa Busasamana bakoresha umuhanda wa Gasiza-Busasamana, bavuga ko kutagira umuhanda mwiza biri mu bisubiza inyuma umusaruro w’ubuhinzi babona kuko kubona ababagurira bitaborohera niyo baje babahenda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere Myiza (RGB), cyahagurukiye urugamba rwo kwimakaza imiyoborere myiza igamije gukorera abaturage. iki kigo kigiye guhwiturira abayobozi bose kujya bacyemura ibibazo by’abaturage hakiri kare, bitarindiriye Perezida wa Repubulika.
Iryo tsinda rigizwe n’inzobere 10 z’abaganga b’abasirikare bari bamaze iminsi ine mu karere ka Karongi, bavura indwara zitandukanye abarwayi bafashwa n’ikigega kita ku bacitse ku icumu rya Jenoside (FARG).
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kicukiro mu karere ka Kicukiro, kuri uyu wa Gatanu tariki 22/03/2013 bwiriwe mu gikorwa cyo gufunga imiryango ikorerwamo ubucuruzi mu mudugudu wa Gashiha akagari ka Kagina mu rwego rwo kwimura abantu batuye mu bishanga.
Umutoza w’ikipe y’ihigugu Amavubi, Milutin Sredojevic Micho, arizeza Abanyarwanda ko nibashyigikira Amavubi kuri icyi Cyumweru tariki ya 24/03/2013, ubwo bazaba bakina na Mali, ashobora kuzakora amateka nk’ayo u Rwanda rwakoze rutsindira Ghana kuri Stade Amahoro muri 2003.
Abafite ubumuga basabye Leta ko yashyiraho gahunda yo kuborohereza kubona imirimo muri Leta no mu bikorera bishobotse. Bakabona imyanya idapiganirwa byibuze iri hagati ya 3% na 5%, nk’uko babyifuje mu nama yabahuje kuwa Gatanu tariki 22/03/2013.
Polisi y’igihugu iratangaza ko ikomeje guhangayikishwa n’impanuka zirushaho kwiyongera zikangiza ubuzima bwa benshi, n’ubwo bwose iba yashyizemo imbaraga nyinshi mu kurwanya no gukangurira abatwara ibinyabiziga kwitondera icyateza izo mpanuka.
Mukamana Alphonsine, umukecuru utuye mu Kagari ka Kabona mu Murenge wa Kinazi, Akarere ka Huye, afite ihene yise Cyabakobwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko ibiyobyabwenge aribyo biteza umutekano muke muri ako karere ku buryo ngo bafashe ingamba zo kubihashya ndetse barwanya ubusinzi mu baturage.
Uwimbabazi Fortunée w’imyaka 39 y’amavuko bamusanze ku mbuga yo mu rugo iwe mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza, mu rukerera rwo mu gitondo tariki 22/03/2013 bigaragara ko yishwe bamunigishije umwambaro wa karuvati.
Muri gahunda ye yo gusura inkambi zakira impunzi z’Abanyarwanda zitahuka, Minisitiri w’Imicungire y’ibiza no gucyura impunzi, Mukantabana Seraphine, yasuye inkambi ya Nyagatare mu Karere ka Rusizi aho yagejejweho bimwe mu bibazo iyi nkambi ifite.
U Rwanda rwarengeje imibare isabwa n’umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) mu kuvura igituntu kuko ikigereranyo cy’abavurwa igituntu mu Rwanda bagakira kigeze kuri 89% mu gihe OMS ivuga ko abagomba gukira bagombye kuba nibura 85%.
Chinua Achebe, umwanditsi ukomeye w’ibitabo, ukomoka muri Nigeria yitabye Imana mu ijoro rishyira kuri uyu wa gatanu tariki 22/03/2013.
Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo, aravuga ko kuba u Rwanda rushimwa muri gahunda zitandukanye bitagomba gutuma twirara, kuko n’ubwo aho tugeze hashimishije hakiri byinshi byo gukora kugirango tugere aho twifuza.
Abantu batandukanye bo mu Karere ka Gakenke bashimangira ko kwemerera umugabo ufite abagore benshi batarasezeranye bwemewe n’amategeko guhitamo umugore ashaka basezerana ari ukwimika uburaya n’ubwomanzi.
Nyuma yo kumenyekana ku ndirimbo nka “Unsange” na “Musaninyange” yahimbiye umugore we ariko akaza kuzimira mu ruhando rw’umuziki, Umuhanzi Bigirimana Fulgence agarukanye n’indirimbo nshya yise “Iz’ubu” ivuga ibibazo by’ingo.
Umuvunyi wungirije, Hon. Kanzayire Bernadette, avuga ko ikigega cy’abantu b’i Butaro mu Karere ka Burera basahuye imitungo y’abacitse ku icumu igihe bari barahungiye mu Karere ka Gakenke hazarebwa uko cyakwishyura n’imitungo y’Abanyamuzo.
Ijambo“Ndagukunda” hagati y’umuhungu n’umukobwa si ijambo rikunda kuza vuba ubusanzwe kuko urukundo ruzira uburyarya ari ikintu kigoye, gikomeye kandi kidahita gihutiraho.
Abaturage bo mu mirenge ya Busasamana, Bugeshi, Mudende, Rubavu, Cyanzarwe, Rugerero na Nyakiliba yo mu karere ka Rubavu, taliki 21/03/2013 bashyikirijwe umuyoboro w’amazi meza ufite uburere bwa kilometero 102 uzagera ku baturage ibihumbi 52.
Nubwo ubuyobozi bw’umurenge wa Mugina buvuga ko abanyakabari bafite ibwiriza ryo kwirinda ikoresha ry’umuheha umwe, tumwe mu tubari two muri uwo murenge wo mu karere ka Kamonyi turacyagaragaramo iyo ngeso.
Abashinzwe iby’ubutaka mu bigo bitandukanye, baravuga ko ibyuma kabuhariwe mu bijyanye no gupima ubutaka, bizoroshya gahunda zo kugenzura no kumenya neza ubutaka, haba mu gukora ibishushanyo mbonera ndetse no kubona amakuru ahagije y’ibice byose by’igihugu.
Amakuru dukesha Jules Sentore umwe mu bagize Gakondo Group akaba n’umwuzukuru wa Athanase Sentore ni uko ku itariki 03/04/2013 aribwo hazaba igitaramo cyo kwibuka Athanase Sentore.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi arasaba inzego zitandukanye gufasha mu gukangurira abaturage ububi bwa sukari guru kuko hari abacuruzi bo mu isoko rya Mugina bayicuruza rwihishwa.
Umuririmbyi w’Umunyamerika Bobby Brown (wahoze ari umugabo wa nyakwigendera Whitney Houston) yafunzwe amasaha icyenda kubera ubusinzi no gutwara imodoka nta ruhushya abifitiye.
Nyuma y’umwaka umwe gahunda yo gushyikiriza imiryango abana baba mu bigo by’imfubyi itangijwe, abana ba mbere batangiye guhuzwa n’imiryango bakomokamo cyangwa ishaka kubarera.
Inkambi ya Kigeme iri mu karere ka Nyamagabe yacumbikirwaga mo impunzi z’Abanyekongo yamaze kuzura kandi ntibishoboka ko yakwagurwa, ubu impunzi zikomeje guhunga zikaba zizajyanwa mu nkambi ya Nyabiheke mu karere ka Gatsibo.
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza umuriro, amazi n’usukura (EWSA) cyatangaje ko ibura ry’umuriro rya hato na hato ryagaragaraga henshi mu gihugu ryaturutse ku bujura bwakorewe ku mapironi atwara umuriro.
Inganda nto n’iziciriritse (SMEs) zo mu birwa bya Mauritius zaje kumurika no kugirisha ibicuruzwa byazo mu Rwanda, kugirango zitangire kwiga imiterere y’amasoko zizashoramo imari.
Umusore witwa Hakizimana Jean Paul bakunze kwita Jay Polly, yarashe umukobwa witwa Uwingeneye Afisa w’imyaka 20 ku gicamunsi cya tariki 20/03/2013 mu mudugudu wa Kagara, akagari ka Nyabisindu, umurenge wa Remera mu mujyi wa Kigali.
Umwarimu umwe wigisha ku kigo cy’amashuri GS Kirwa mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma afungiye kuri station ya Polisi ya Kibungo, abandi bagabo ikenda nabo bari gushakishwa nyuma yuko kuri iki kigo abanyeshuri icumi batwariye inda zitateguwe.
Munyemana Eliphase w’imyaka 30 y’amavuko yagwiriwe n’urukuta rw’urusengero rwa EAR Hanika ruri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza ahita apfa tariki 20/03/2013 ubwo barimo bacukura umusingi bashaka kurusana.
Umusaza Hakuzimana Anicet utuye mu murenge wa Butare, tariki 20/03/2013, yakubiswe n’abaturanyi be yenda gushiramo umwuka bamushinja kuroga abaturage bagenzi babo.