Mu isuzuma ry’aho imihigo y’umwaka wa 2012/2013 igeze ishyirwa mu bikorwa, itsinda riturutse ku Ntara y’Amajyepfo ryasabye abakozi b’akarere ka Kamonyi gutanga raporo zigaragara neza kandi bakazitanga ku gihe, aho kuzikora hutihuti.
Haruna Niyonzima na Gasana Eric ‘Mbuyu Twite’ bakina muri Tanzania, uzamukunda Elias ‘Baby’ ukina mu Bufaransa na Steven Godfroid ukina mu Bubiligi bageze i Kigali mu ijoro rya tariki 18/03/2013 aho baje kwitabira umukino uzahuza u Rwanda na Mali tariki 24/03/2013.
Ubwo hasozwaga ibikorwa by’icyumweru cyiswe “Students on field week”, tariki 17/03/2013, Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi, Jean Philbert Nsengimana, yashimiye urubyiruko ibikorwa by’indashyikirwa rwagezeho ndetse abashishikariza gukomeza uru rugero rwiza.
Abakristu Gatulika bavuka muri paruwasi ya Byimana batuye mu mujyi wa Kigali bihurije hamwe batura igitambo cya misa, cyabereye muri chapelle ya St Paul tariki 17/03/2013, banungurana ibitekerezo ku musanzu wa buri wese hagamijwe gusana paruwasi yabo ya Byimana.
Ubwo Kigali Today yabazaga umuvugizi w’ingabo za M23, Col Kazarama, aho Gen Ntaganda aherereye, yatangaje ko bakimushakisha mu mashyamba ya Congo nyuma y’uko ingabo ze zitsinzwe taliki ya 16 Werurwe zigahungira mu Rwanda.
Gen Bosco Ntaganda, umwe mu nyeshyamba zikorera mu Burasirazuba bwa Congo, yahungiye mu Rwanda ahita yishyikiriza ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Kigali.
Umuvunyi Mukuru, Aloysie Cyanzayire arasaba abaturage kwirinda guhora basiragira mu nzego z’ubuyobozi zitandukanye kubera imanza kuko bigira ingaruka zo gutakaza umwanya wo gukora imirimo yabo kugira ngo biteza imbere.
Ikimoteri rusange kiri kubakwa mu mujyi wa Nyamagabe gitegerejweho kuzatanga umusaruro utandukanye harimo kunoza isuku, kubyaza umusaruro imyanda inyuranye ikorwamo amakara ndetse no gutanga akazi ku bantu benshi bo mu byiciro bitandukanye.
Abanyeshuri 15 babonye amanota ya mbere mu bizamini byakoreshejwe n’ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’ibaruramari mu Rwanda (iCPAR) mu Ukuboza 2012 barashimiwe bahabwa mudasobwa zigendanwa na seritifika.
Mu gihe mu Rwanda twitegura kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, mu karere ka Nyabihu bavuga ko biteguye neza, kugira ngo ibiteganijwe mu minsi y’icyunamo bizakorwe neza.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gatsibo mu mirenge ya Rwimbogo, Gasange na Kageyo, batangaza ko kutagira ivuriro hafi yabo byatumaga badatanga amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de Santé).
Ubuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya E.S. Kirambo, riri mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, buracyasaba ubufasha bwo kubaka “Dortoire” y’abanyeshuri yibasiwe n’inkongi y’umuriro iturutse ku mashanyarazi, mu mpera z’umwaka wa 2012.
Itsinda ry’abaganga b’impuguke b’ibitaro by’igihugu bya gisirikare (Rwanda Military Hospital) kuva kuri uyu wa mbere tariki 18/03/2013 bari mu karere ka Karongi, aho baje kuvura indwara zitandukanye abarwayi bafashwa n’ikigega cyita ku bacitse icumu rya Jenoside (FARG).
Abaturage baherutse kugerwaho na gahunda ya Leta yo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu byaro baratangaza ko aho baboneye umuriro bashiduka bugiye kubakeraho bakiri mu tubari kubera kutamenya ko bwije bitewe n’umuriro w’amashanyarazi babonye.
Ibishambusha birimo inyama bikunze gucururizwa mu masenteri yo mu cyaro, ibyo muri santeri ya Musumba, mu murenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi babyita “Nzaba ndwubaka”. Abahatuye bavuga ko iryo zina baribihaye kuko bikunze kuribwa n’abasore badafite abagore.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe iterambere ry’amakoperative (RCA) hamwe n’ubw’akarere ka Gasabo, bahosheje amakimbirane yari agiye gutuma abagize koperative COPCOM y’abacuruzi b’ibikoresho by’ubwubatsi n’ububaji mu mujyi wa Kigali, isenyukana n’ibikorwa byayo.
Kuri uyu wa 18/03/2013 abakozi 32 bakora imirimo itandukanye mu karere ka Kirehe barahiriye gutunganya neza akazi kabo ka buri munsi bakaba basabwa kugatunganya uko bigomba bakirinda kuba abacanshuro.
Itsinda ryashyizweho na Minisitiri w’Intebe ngo ryige ku bibazo abacitse ku icumu bafite, tariki 15-16/3/2013 ryari mu karere ka Rubavu aho basanze hari amazu yubakiwe abacitse ku icumu rya Jenoside ariko akarere kakayatuzamo abandi bantu batari abagenerwabikorwa ba FARG.
Ari abahinzi n’abafite imigabane mu ruganda rutunganya umuceri (Bugesera Rice Mill) barishimira amasezerano yo kujya bagemura umuceri ku ruganda ku gihe kandi umusaruro umeze neza.
Icyuzi gifata amazi ajyanwa mu mirima y’umuceri mu gishanga cya Ntende kiri mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo kivuganye umwe mu bakozi bakuramo ibikangaga mu gitondo cya tariki 16/03/2013.
Mu itorero rya Union des Eglises Baptiste au Rwanda “UEBR”, ishami rya Ruhango haravugwa ubwumvikane ni buke hagati y’ubuyobozi kuko bamwe mu barimu bo mu ma makanisa batakivuga rumwe na pasiteri wabo Nkomeje Viateur kuko ngo ashaka kwiharira umutungo wa paruwasi.
Ikipe ya Benediction Club y’i Rubavu niyo yegukanye umwanya wa mbere mu mikino yo gusiganwa n’isaha bita ‘Course contre la montre’ yabaye ku cyumweru tariki 17/03/2013 i Masoro mu karere ka Gasabo.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Milutin Sredojevic Mucho, aratangaza ko abakinnyi bose bakina hanze y’u Rwanda yahamagaye bazagera mu Rwanda bitarenze tariki 21/03/2013, kugira ngo akomeze kwitegura neza gukina na Mali ku cyumweru tariki 24/03/2012.
Nubwo byagaragaye ko goroba k’ababyeyi gafite umumaro munini abagorebo mu karere ka Rulindo bavuga ko abagabo badakunze kukitabira, kandi ngo nyamara bazi neza ibyiza byako.
Ndahimana Anastase wari umwanditsi mukuru mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo mu mujyi wa Kigali yirukanywe ku kazi ke n’inama nkuru y’ubucamanza azira kuba yaratse ruswa umuburanyi.
Ubwo umunyamakuru Munyengabe Murungi Sabin na mugenzi we Pontien bakora ku inyarwanda.com barangizaga amashuri umwaka ushize wa 2012, bemerewe inka n’umuhanzi Eric Senderi International Hit.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mutesi Anita, arasaba abagore bo muri ako karere kudahangana n’abagabo ba bo bitwaje uburinganire.
Umuhanzikazi Young Grace asanga kuba atarashoboye kugaragara mu bahanzi 11 bazahatanira Primus Guma Guma Super Star ya 3 (PGGSS 3) bitaraturutse ku mikorere ye muri muzika.
Ku myaka 25, umukinnyi Lionel Messi yaje muri ba kizigenza ba mbere ku isi batsinze ibitego byinshi kuva irushanwa rya UEFA Champions League ryatangira mu mwaka w’1955. Ubwo Barcelone yatsindaga AC Milan ibitego 4-0 tariki 12/03/2013, Messi yatsinzemo ibitego 2.
Nyuma y’uko benshi mu bajyenda cyangwa bakiga mu ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK) bagaye cyane inyubako z’iri shuri, ubuyobozi bwaryo bwamuritse igishushanyo mbonera cy’inyubako nshya igezweho bajyiye kubaka.
Ikipe ya APR BBC mu bagore irahabwa amahirwe yo kuzegukana igikombe cya Play-off muri uyu mwaka, nyuma yo gutsinda Ubumwe BBC amanota 54 kuri 41mu mukino wa mbere wabereye kuri Stade ntoya i Remera tariki 16/03/2013.
Nyuma yo guhungira mu Rwanda abari abarwanyi ba Bishop Runiga bakuwe ku mupaka uhana imbi na Congo bashyirwa mu murenge wa Mudende naho uwari umuyobozi wabo akurwa mu Nkambi ya Nkamira ajyanwa ahandi arindirwa umutekano.
Umuyobozi w’akarere ka Burera asaba abaturage bo muri ako karere bashaka kubaka kubikora ari uko bahawe uburenganzira n’ababishinmzwe kugira ngo hagenderwe ku mategeko ajyanye n’imyubakire.
Ingabo 400 zarwanaga ku ruhande rwa Runiga zishyize mu maboko ya Gen Makenga naho abandi 718 bahungira mu Rwanda n’abayobozi babo barimo Runiga, Col Ngaruye, umuvugizi wabo Lt Col Mirindi Seliphin n’abanyapolitiki bagera 15.
Seminari nto yitiriwe Virgo Fidelis iri ku Karubanda mu karere ka Huye, tariki 16/03/2013 yizihijwe yubire y’imyaka 50 imaze ishinzwe. Iri shuri ryizwemo n’abantu bakomeye batandukanye barimo umuyobozi w’intara y’amajyepfo, Munyantwari Alphonse, abadepite batandukanye n’abandi bayobozi banyuranye.
Ikipe ya Espoir Basketball Club yegukanye igikombe cya Play-off ku wa gatandatu tariki 16/03/2013, nyuma yo gutsinda APR BBC umukino wa nyuma wa gatatu wabereye kuri Stade ntoya i Remera.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotyanyi bo mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga basuye bagenzi babo bo mu murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi mu rwego rwo kureba aho akarere ka Karongi kageze mu iterambere ariko banaboneraho guhuza urugwiro bakina umupira w’amaguru baranasangira.
Nyuma yo gukomorerwa ubucuruzi bw’inka, ikigo nyarwanda gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kirasaba abatuye akarere ka Nyagatare gukomeza ingamba zari ziriho zo gukumira indwara y’uburenge.
Ubwo Karidinari Jorge Mario Bergoglio yari amaze gutorerwa gusimbura Papa Benedigito XVI, tariki 13/03/2013, Umunyamerikakazi yavumbuye ikimenyetso kidasanzwe, ubwo yarimo yigendera abona igicu gifite ishusho nk’iy’umumarayika, ahita yumva ko ari ikimenyetso giturutse mu ijuru.
Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda, Gen. James Kabarebe, yavuze ko Abanyafurika bagomba kwiyumvamo ko aribo bagomba kwikemurira ibibazo, hashyirwa imbere inyungu z’igihugu n’abagituye.
Annanie Nshunguyinka wo mu kagari ka Gaseke umurenge wa Nyanjye mu karere ka Ngororero, arashimirwa n’ubuyobozi bw’akarere n’abaturage kubera ibikorwa by’iterambere abagejejeho harimo kwesa umuhigo yari yarihaye wo kubaka uruganda ruzajya rutunganya umusaruro w’urutoki n’izindi mbuto zitandukanye.
Umugabo w’imyaka isaga 6o mu Bufaransa, mu mujyi wa Brest, yakatiwe igifungo cy’umwaka umwe hamwe n’izahabu y’amafaranga kubera gufata amashusho (Video) abagore basaga 1.535 batabizi kandi bari mubwiherero (toilette).
Bishop Jean Marie Runiga n’ingabo ze batsinzwe n’abasirikare ba M23 yiyomoyeho, yashyize atangaza ko yemeye ko yatsinzwe. ubwo yagezwaga mu nkambi ya Nkamira yatangaje ko agiye kugendera ku mategeko agenga impunzi.
Ishuri rikuru ry’ ubuhinzi rya Kibungo (INATEK) riratangaza ko ritazahwema gushyigikira ikigega agaciro development fund no gushyigikira gahunda za leta ziterambere, nyuma y’uko batanze amafaranga ya mbere muri iki kigega ingana na miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda.
Mu rwego rwo gukarishya ubumenyi bw’abaganga ngo barusheho kujyana n’ibihe tugezemo, ibitaro La Croix du Sud bizwi ku izina ryo kwa “Nyirikwaya” byatangiye gahunda izajya ihabwa abaganga babyifuza.
Abaturage bo mu Murenge wa Mataba, Akarere ka Gakenke, barasabwa kugana SACCO biyujurije itwaye miliyoni 25.5 zaturutse mu banyamuryango ubwo, nyuma y’uko itashywe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki 15/03/2013.
Barayavuze Kalimunda w’imyaka 19 y’amavuko n’undi witwa Mukundabantu Saveri w’imyaka 16 y’amavuko bagejejwe kuri sitasiyo ya Polisi ikorera mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, nyuma y’uko abo basorebafatanywe bimwe mu byo biyemerera ko bibye birimo ihene eshatu, inyama z’ihene babaze, umufuka w’ibigori n’igitoki.
Umugore witwa Clémentine Nyiracumi afungiye kuri sitatiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, akurikiranyweho kwica nyirabukwe amutemye ijosi.
Amakuru agera kuri Kigali Today aremeza ko ingabo zigera kuri 650 zari mu mutwe uyobowe na Bishop Jean Marie Runiga wiyomoye ku buyobozi bwa M23 zamaze kwambuka umupaka w’u Rwanda zihahungira nyum yo gutsindwa mu mirwano yazishyamiranyije n’iza M23 zasigaye ziyobowe na Sultani Makenga.