Ibikorwa byo gushakisha abagwiriwe n’inkuta za etage yaguye mu mujyi wa Nyagatare byasojwe ndetse n’umuhanda uca mu mujyi wari wafunzwe n’ibisigazwa by’inzu yaguye ubu wongeye gukoreshwa.
Abaturage babiri bo mu kagari ka Muyira mu murenge wa Manihira bagwiriwe n’ikirombe bahita bitaba Imana ubwo barimo bacukura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Wolfram mu buryo butemewe mu kagari ka Remera mu murenge wa Rusebeya kuwa mbere tariki 13/05/2013.
Abari abakinnyi n’abafana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bagiye kujya bibukwa buri mwaka uheyeye ubu. Igikorwa kizajya kimara ibyumweru bibiri, uyu mwaka kikazatangira tariki 01-05/06/2013.
Kuri uyu wa gatatu tariki 15/5/2013, Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zahaye ingabo z’u Rwanda ibikoresho bizajya muri Sudani y’Epfo byo gutegura ibiribwa, mu rwego rwo gukomeza ubufatanye busanzweho hagati ya USA n’igisirikare cy’u Rwanda, bwo kubungabunga amohoro mu bihugu bitandukanye.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru asaba abaturage bo mu murenge wa Rugengabari, mu karere ka Burera, gukura amaboko mu mufuka bagakora baharanira kwigira kuko kwigira bya mbere bihera mu rugo.
Nyuma yo gutsinda Musanze FC igitego 1-0 mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 25 wabereye kuri Stade Amahoro kuri uri uyu wa gatatu tariki 15/05/2013, Rayon Sport yegukana igikombe cya shampiyona ku nshuro yayo ya karindwi, ikaba yari imaze imyaka icyenda itarongera kucyegukana.
Abanyarwanda barakangurirwa kuzitabira isiganwa ku maguru mpuzamahanga riharanira Amahoro (Kigali International Peace marathon) rizaba ku cyumweru tariki 19/05/2013, rikazitabirwa n’abazaba basiganwa bavuye mu mpande zitandukanye z’isi.
Nyuma y’igihe gito hatowe ubuyobozi bushya mu itorero pantekote mu Rwanda (ADEPR), kuri uyu wa gatatu tariki 15/05/2013, ubuyobozi bukuru bwa ADEPR bwasuye itorero ry’akarere ka Nyamagabe mu rwego rwo kumenyana n’abakirisitu no kubashimira icyizere babagiriye babashinga umurimo wo kuragira intama z’Imana, ndetse no kuganira (…)
Kuva taliki 12/05/2013 muri Kivu y’amajyaruguru mu gace ka Masisi hongeye kwaduka intambara hagati y’imitwe yitwaza intwaro irimo Nyatura na FDDH umutwe uvuga ko uharanira uburenganzira bwa muntu ; intambara imaze gukura mu byabo abantu bagera ku 4000.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, arashishikariza abaturage kugira ibitekerezo bibyara imishinga y’iterambere kuko Leta ibishingira mu kubona amafaranga yo gushyira mu bikorwa iyo mishinga yo kubateza imbere.
Abanyamabanga bahoraho b’amahuriro y’abafatanyabikorwa b’uturere (JDAF) baturutse mu gihugu hose bakoreye urugendoshuri rw’umunsi umwe mu karere ka Rusizi baje kubigiraho ibyiza bagezeho.
Mu karere ka Karongi haravugwa ikibazo cy’abantu bigarurira ubutaka bwa Leta bakoresheje uburiganya bushingiye ku kuba hari ubutaka bwa Leta butazwi.
Nk’uko bigaragarira buri wese ko umugi wa wa Byumba wo mu karere ka Gicumbi uri mu migi yasigaye inyuma mu iterambere no kunyubako zitajyanye nigihe
Nyuma y’uko bigaragaye ko mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Ngoma amaterasi yaho yakozwe nabi kuko nta musaruro yabahaga, abaturage basabye akarere kuzagenzura neza uzafata isoko ryo kuyubaka kugirango batazongera kononerwa ubutaka.
Abajyanama b’ubuzima bakorana n’Ikigo nderabuzima cya Bugaragara bibumbiye muri Koperative KOTABU bateye inkunga ikigega Agaciro Development Fund ingana n’amafaranga 510.000.
Uruganda rwa SIMERWA rukora isima y’u Rwanda rubarizwa mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi rugiye kongererwa ubushobozi kuburyo umusaruro uzikuba incuro esheshatu bigatuma n’igiciro kigabanuka.
Abagabo babili bakora mu kabari mu mujyi wa Mexico baraye batawe muri yombi, bakekwaho kugira uruhare mu iyicwa rya Malcom Shabazz, umwuzukuru wa Malcom X.
Amakuru atangazwa n’inzego z’umutekano ziri ahabereye impanuka y’igorofa yaguye muri Nyagatare aratangaza ko abantu 6 aribo bamaze kumenyekana ko bitabye Imana abandi bagera kuri 26 nabo bakaba bamaze kugezwa ku bitaro bya Nyagatare bakomeretse.
Platini, umwe mu basore babiri bagize itsinda rya Dream Boys yadutangarije ko ibivugwa ko bazasubirana na Muyoboke Alexis wigeze kubababera Manager ari ibihuha kuko ababivuga batazi aho babikura.
Kuri uyu wa kabiri tariki 14/05/2013, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yashyikije abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Gakenke bitabiriye itorero terefone na radiyo basabye kugira ngo babashe kumenya amakuru y’igihugu no gutumanaho n’abandi.
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Kisaro mu karere ka Rulindo, baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kubona uko bivuza kuko bibuze ku rutonde rw’abagomba kurihirwa mu ubwisungane mu kwivuza.
Umwana w’imyaka 12 witwa Tuyizerimana Jean Baptiste ukomoka mu Karere ka Nyamasheke, Umurenge wa Gashonga, Akagali ka Rusayo, avuga ko yaburanye na se umubyara ubwo bari bageze muri Gare ya Nyabugogo bimukiye mu Ntara y’Iburasizuba.
Ministri w’Ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yasuye abashoramari bo mu karere ka Rusizi kuwa 14/05/2013, anashyira ibuye ry’ifatizo ahazubakwa inyubako y’isoko mpuzamahanga ryo kwagura ubucuruzi bwo bwambukiranya umupaka wa Rusizi ya mbere.
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 umuryango utabara imbabare Croix Rouge umaze ugeze mu Rwanda, abakorerabushake b’uwo muryango biyemeje gukomeza guharanira gufasha ababaye kurusha abandi nta gihembo, guharanira ubuzima bwiza hitabwa ku isuku n’isukura banabyigisha abandi.
Umuhanzi Karangwa Lionel uzwi ku izina rya ‘Lil G’ yateguye igitaramo cyo kumurika amashusho y’indirimbo ‘‘Imbabazi’’ yakoranye na Mani Martin. Iki gitaramo kizabera muri New Bandal hirya gato ya Alpha Palace tariki 18/05/2013 guhera ku isaha ya saa tatu za nijoro.
Ikigo Terrafugia cyo muri Leta zunze ubumwe za Amerika kirateganya gushyira ku isoko imodoka yitwa Terrafugia TF-X izaba inafite ubushobozi bwo kuguruka mu kirere nk’indege ikanagaruka ku butaka nta kibazo igize.
Barayavuga Israel wo mu kagari ka Gasura umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi, ari imbere y’ubutabera kubera amagambo yuzuyemo ingengabitekerezo ya jenoside Yabwiye umuturanyi we wari umwishyuje amafaranga amurimo.
Itegeko rishya rigenga itangazamakuru mu Rwanda rirasaba abanyamakuru kuba abanyamwuga koko kandi bakarangwa n’ubushishozi kuko iryo tegeko ribaha urubuga rwo kumenya no gutangaza amakuru yose ntawe ubakumira kandi bazaba bigenzura bo ubwabo.
Umwaka w’ingengo y’imari 2013-2014, uzarangira ubukungu bw’intara y’Amajyaruguru bwiyongereye ku kigero cya 15%, binyuze mu bikorwa bitandukanye bibyara inyungu biboneka muri iyi ntara bigiye gushyirwamo imbaraga nyinshi.
Kantarama Anne Marie w’imyaka 58 ndetse n’umukobwa we witwa Izerimana Gisele w’imyaka 20 y’amavuko bo mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke bafungiye kuri Station ya Police ya Ruharambuga muri aka karere bakekwaho urupfu rw’umugabo nyir’urugo.
Polisi y’igihugu ivuga ko amasezerano agamije gukumira ibyaha yasinye n’akarere ka Rubavu tariki 14/5/2013 ameze nk’imihigo inzego zombi zigomba kuzajya zigenderaho zikora inshingano zazo mu kurinda umutekano.
Nyuma yo gutangaza ko noneho sim card imwe yemerewe gutora inshuro nyinshi ku munsi, benshi mu bakurikiranira hafi muzika nyarwanda by’umwihariko amarushanwa ya PGGSS 3 byabateye urujijo.
Minisitiri w’umuco na Sport, Protais Mitali, ari kumwe n’abahanzi batandukanye barimo Masamba Intore, Gakondo Group ndetse n’umuhanzi ukunze kwitwa Mibirizi bagiriye uruzinduko mu karere ka Nyabihu kuri uyu wa 14/05/2013 bashishikariza urubyiruko kumenya amateka y’u Rwanda.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, arakangurira abacuruzi bo mu karere ka Rusizi kubaka amasoko arimo ibicuruzwa byifuzwa n’ababagana cyane cyane Abanyekongo dore ko bakunze cyane ibicuruzwa byo mu Rwanda.
Byinshi mu bucuruzwa bikorerwa mu Rwanda byoherezwaga mu Bushinwa, guhera tariki 01/07/2013 biratangira kwinjira muri iki gihugu nta mahoro bitanze, nyuma y’uko iki gihugu kibikomereye imisoro mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi bw’u Rwanda.
Itsinda ry’abaganga b’indwara z’umutima bo muri Amerika (American Heart Association) rirashishikariza abantu gutunga inyamaswa zo mu rugo zigendana n’abantu (animal de compagnie) kuko ngo bigabanya ibyago byo kurwara indwara z’umutima.
Ikigega cy’isi gishinzwe gutera inkunga ibihugu bikennye kugirango bibungabunge ibidukikije (GEF) cyasabye ibyo bihugu kugira uruhare runini kurusha inkunga bihabwa, bitewe n’uko amafaranga gifite ari make, mu gihe ibidukikije bigenda birushaho kwangirika.
Umurirmbyi wo mu Rwanda Masamba Intore arashishikariza urubyiruko rw’iki gihe kujya rwegera abantu bakuze rukaganira nabo kugira ngo rumenye amateka nyayo y’u Rwanda ndetse runamenye ibiranga umuco Nyarwanda.
Umushinga PASAB wa Caritas Rwanda ushinzwe guhangana n’ikibazo cy’ibiribwa mu karere ka Bugesera wahagurukiye gushyigikira gahunda ya Girinka Munyarwanda, utanga inka 60 z’icyororo ku baturage bo mu mirenge 14 igize akarere ka Bugesera.
Abakozi babiri barasaba akarere ka Rutsiro kubishyura amafaranga arenga miliyoni ebyiri n’ibihumbi 400 kubera ibikorwa bakoze ku rwibutso rwa Jenoside rwa Congo Nil mu kwezi kwa gatanu k’umwaka ushize wa 2012.
Primus Guma Guma Super Star icyiciro cya gatatu (PGGSS III) yatangiriye mu karere ka Rusizi tariki 11/05/2013 ubwo abahanzi 11 bataramiraga imbaga y’abantu bari bateraniye kuri stade y’ako karere.
Ubuyobozi bushinzwe iyogezabutumwa muri Diyoseze Gaturika ya Ruhengeri buravuga ko buri gukora uko bushoboye kugirango Bibiliya Ntagatifu iboneke mu ngano ntoya, ku buryo buri wese abasha kuyitwara bimworoheye.
Urukiko rw’iremezo rwa Ngoma rwagize umwere Nyirigira Eric wahoze ari umucungamutungo wa Sacco Abanzumugayo mu murenge wa Nyamirama wo mu karere ka Kayonza. Nyirigira yari amaze amezi atanu afunzwe akekwaho kugira uruhare mu bujura bw’amafaranga yibwe muri Sacco Abanzumugayo mu kwezi kwa 01/2013.
Imibare itangazwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe igaragaza ko koperative zo kubitsa no kugurizanya “umurenge Sacco” zo mu mirenge 17 igize ako karere zizigamiye abanyamuryango bazo amafaranga angana na miliyoni 957 ibihumbi 771 n’amafaranga 214.
Abaturage batuye mu karere ka Ruhango barasabwa kugira umutima wo kuremera abatishoboye, kandi ibyo babaremeramo bakabyishakamo badategereje ngo hazabanza kuboneka inkunga z’amahanga babone kuremera abadafite amikoro.
Ubuyobozi bwa Koperative y’abahinzi n’aborozi CEA-Gisenyi burahamagarira abanyamuryango bahawe inguzanyo kwikubita agashyi bakishyura kuko abahawe inguzanyo batishyura bikaba bigeze ku bucyererwe bwa miliyoni 20.
Prezida Paul Kagame avuga ko abayobozi bakenewe mu buyobozi bw’ibihugu by’Afurika bagomba kurangwa n’indangagaciro 6 kugira ngo ibihugu bibashe guhangana n’ibibazo bibyugarije.
Ubwo abafana b’ikipe ya Manchester United mu karere ka Nyagatare bishimiraga ibikombe 20 bamaze gutwara no gusezera ku wari umutoza wayo Sir Alex Furguson, tariki 12/05/2013, banateye inkunga umupfakazi w’umufana w’iyi kipe bamuha amafaranga ibihumbi 205, icumbi ry’ukwezi n’amatike y’urugendo.