Guverineri w’intara y’amajyaruguru asaba abaturage bo mu karere ka Burera gukomeza gushyigikira Leta y’u Rwanda ariko batayishyigikira mu magambo gusa ngo ahubwo bayishyigikira no mu bikorwa.
Abafana b’ikipe yitwa National yo mu gihugu cya Uruguay bagaragaje ibendera bivugwa ko ariryo rinini kuruta ayandi mabendera yagaragaye ku isi.
Ikibuga cya Stade Huye kizatangira gukinirwaho mu kwezi kwa munani uyu mwaka; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’akarere ka Huye Eugene Muzuka mu nama nyunguranabitekerezo yo kureba iterambere ry’ikipe ya Mukura VS, yateranye tariki 03/04/2013.
Abagize akanama ngishwanama k’Umukuru w’igihugu (PAC) bamaze iminsi mu Rwanda, basuye ikigo nderabuzima n’ishuri rikuru ryigisha ubumenyingiro, aho bemeza ko imyanzuro bafatiye hamwe na Perezida Kagame yo kwita ku buzima n’ubukungu bushingiye ku bumenyingiro irimo gukurikizwa.
Ubwo umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe yagezaga ku bakozi b’ako karere ibyavuye mu mu mwiherero wa 10 w’abayobozi bakuru uherutse kubera i Gabiro, yabasabye ubufatanye kugira ngo iyo myanzuro ibashe kugerwaho.
Ntaganzwa Faustin w’imyaka 61 y’amavuko akaba yaracitse akaguru n’akandi kakaba kadakora ndetse n’amaboko yombi ntakore, arashimira ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bwamuhaye igare agenderamo nyuma y’imyaka 19 yari amaze atava mu nzu.
Nubwo bamwe mu bafite imodoka bemeza ko gukora isuzuma ry’ibinyabiziga (Controle technique) bifite akamaro kuko bituma bamenya ibibazo ibinyabiziga byabo bifite, baraninubira igihe bamara bategereje ko bakorerwa igenzura ku kigo cya Polisi.
Umugabo witwa Martin Cooper umuyobozi mukuru w’uruganda rwa Motorola, ni we wavugiye bwa mbere kuri telefone igendanwa (mobile)mu 1973. Icyo gihe ngo yahamagaye umuyobozi w’isosiyete yitwaga AT&T’s Bell Labs, ikaba yari mucyeba wa Motorola.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo yasuye ibitaro by’akarere ka Nyanza tariki 04/04/2013 abonana n’abakozi bakora muri ibyo bitaro asiga abahaye impanuro zabafasha kurushaho gutanga servisi zinoze kugira ngo ababigana barusheho kunyurwa n’uburyo bakirwamo.
Abaturage batuye mu mbago z’ahazubakwa ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera mu murenge wa Ririma batangiye gusinyira imitungo yabo ngo bazahabwe ingurane.
(*Kuki abanyarwanda batizihirwa ?) Aye! Aye! (Yemwe Yemwe!) Za masiku? (Amakuru y’iminsi?)
Uburyo bwa document tracking management system bugamije gukemura ikibazo cyo gukoresha impapuro nyinshi bwatangijwe mu karere ka Ruhango tariki 04/04/2013 kandi intego ni uko buzanakomeza bukagera ku rwego rw’akagari.
Tariki 04/04/2013, mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo kwibuka no gushyira indabo ku mva z’Abashinwa icumi baguye mu mpanuka hagati y’imyaka 1985-1993 ubwo bakoraga umuhanda Kigali-Musanze.
Abantu batishoboye bari mu zabukuru n’imfubyi bo mu Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke bagenerwa inkunga y’ingoboka ya VUP bashyikirijwe imisarizo yo kuryamaho (matelas) 293 mu rwego rwo guca nyakatsi yo ku buriri.
Timothy Doner w’imyaka 17 wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika adidibuza indimi 23 zirimo indimi zizwi ko zikomeye. Uretse indimi eshatu yigiye mu ishuri izindi zigera kuri 20 yaraziyigishije.
Umukuru w’intara y’uburengerazuba yasabye abayobozi mu karere ka Rusizi kujya bakemura ibibazo by’abaturage batarindiriye ko hari undi uzaza kubikemura. Muri aka karere ngo hari abayobozi bavuga ko hari ibibabo byananiranye kandi mu by’ukuri nabo batekereza ugasanga babikemuye.
Umuhanzi Tom Close, asanga kurera neza ari ukubaka ejo hazaza h’igihugu, kuko abana aribo Rwanda rw’ejo bazaba bakora ibikorwa byose by’ubuzima bw’igihugu, bityo kubayobora mu nzira bakwiye gukuriramo akaba ari ugutegura ejo hazaza h’igihugu.
CARITAS ikorera muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri yagabiye inka imiryango 18 igizwe n’ababana n’ubwandu bwa SIDA, ikomoka mu mirenge ya Gahunga na Cyanika, mu karere ka Burera, ngo zibafashe kuva mu bukene ndetse no guhangana n’uburwayi bafite.
Bimwe mu byagaragajwe mu mwiherero wa 10 w’abayobozi bakuru b’igihugu, harimo n’imyanzuro y’umwiherero wabaye umwaka wa 2012, aho bagaragaje ko itarabashije kugerwaho ari imyanzuro ine.
Umuyobozi w’akarere ka Kirehe, Murayire Protais, yagejeje ku bayobozi b’imirenge n’utugari ibyavuye mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu wabereye i Gabiro tariki 28-30/03/2013 akaba yabasobanuriye bimwe mu byo bigiye muri uyu mwiherero mu rwego rwo gutanga servise nziza.
Abakuru b’imidugudu babiri, abashinzwe iterambere babiri n’umwe mu bashinzwe umutekeno mu mudugudu bo mu murenge wa Runda, bahagaritswe ku mirimo by’agateganyo bazira kudatanga serivisi mbi ku baturage kandi bikitirirwa ubuyobozi muri rusange.
Abagabo batakaza umusatsi wabo (kumera uruhara hejuru ku mutwe), ngo baba bafite ibyago byo kurwara umutima kurusha abagabo badafite uruhara nk’uko bitangazwa n’ubushakashatsi buherutse gukorwa na kaminuza ya Tokyo mu Buyapani.
Ubwo bari mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu, umukuru w’igihugu Paul Kagame yanenze bamwe mu bayobozi mu gihugu ko bakirangwa no kutubahiriza igihe.
Ihuriro ry’abapfakazi ba Jenoside (AVEGA), ritewe impungenge n’ubuzima bw’abagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko ngo uko bagenda basaza ni ko bakenera byinshi by’ibanze nk’ibiribwa, amacumbi ndetse n’abantu bo kubaba hafi no kubacungira urugo rutagira umwana n’umwe.
Abantu babiri bitabye Imana mu murenge wa Kanama akarere ka Rubavu bahitanwe n’imvura yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 04/04/2013.
Imanishimwe James w’imyaka 18 wo mu murenge wa Mururu, akagari ka Gahinga, mu mudugudu wa Birogo yatwawe n’umugezi wa Rusizi ya mbere ku mugoroba wa tariki 03/04/2013.
Musenyeri Desmond Tutu w’imyaka 81 yahawe igihembo cyitiriwe Templeton cya 2013 gifite agaciro ka miliyoni 1.3 by’amayero ashimirwa guharanira urukundo n’imbabazi mu isi yose.
Benshi mu Banyarwanda bakora imishinga ijyanye no kugabanya iyangizwa ry’ikirere ntibasobanukiwe n’uburyo mpuzamahanga bushobora kubaha amafaranga yabafasha kwiteza imbere bakanarushaho kuzamura iyo mishinga.
Mu rugendo rw’iminsi ibiri Guverineri w’intara y’uburengerazuba, Kabahizi Celestin, agirira mu karere ka Rusizi yabwiye abayobozi b’inzego z’ibanze ko nta mikoranire iri hagati y’abakozi bigatuma imihigo yahizwe imbere y’umukuru w’igihugu itagerwaho.
Abantu bataramenyekana, tariki 03/04/2013, bateze abakozi ba sosiyete yitwa GMC (Gatumba Mining Concession) icukura amabuye y’agaciro atandukanye mu karere ka Ngororero maze babambura amabuye avugwa ko ari mu biro 300.
Umugabo w’imyaka 30 witwa Faustin yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali akurikiranweho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 13 ku gahato.
Ku gicamunsi cya tariki 03/04/2013 mu Kagali ka Nyarutarama Umurenge wa Byumba, mu Karere ka Gicumbi habereye impanuka y’ikamyo yahitanye umuntu umwe maze ikomerekeramo bikabije abandi bane.
Bamwe mu baturage baturiye ahacukurwa amabuye y’agaciro na sosiyete yitwa New Bugarama Mining, mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, ndetse n’abahacunga umutekano, bagiranye ubushyamirane bwabyaye imvururu maze zituma hakomereka abantu bane barimo babiri bakomeretse bikomeye.
Real Madrid ibifashijwemo na kizigenza wayo Christiano Ronaldo, Karim Benzema na Gonzalo Huguain yatsinze Galatasalay bitayigoye ibitego 3-0, mu marushanwa ya ¼ k’irangiza cya UEFA Champions League.
Ikipe ya Rayon Sports yatangiye gahunda yo kwishyura Raoul Shungu umwenda w’ibihumbi 40 by’amadolari imubereyemo, nyuma y’aho ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) ritegetse ko ayahabwa byihutirwa mbere y’uko iyo kipe ifatirwa ibihano bikaze.
Mu ijoro ryo kuwa 13 Werurwe inka y’umukecuru witwa Cyabatuku Judith utuye mu murenge wa Tabagwe mu kagali ka Nyabitekeri, yishwe n’imvubu iyisanze mu kiraro.
Abenshi baturutse hirya no hino baza gusengera ku rutare ruri mu kagari ka Rubona umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango ngo kuko bahasubirizwa ibibazo baba bafite. Aho hantu bahise kuri “Banguka Nkutabare”.
Abagabo batatu bavugakana bafite ubumuga bwo kuba bagufi bidasanzwe, bavuga ko uko baremwe byatumye batabwa n’umuryango wabo ndetse n’abaturanyi bakabitaza, bityo ntibabashe kuba babona akazi ngo babashe kubona imibereho.
Umujyanama w’itsinda rya Urban Boys, Alex Muyoboke, aratangaza ko abafana bose bo mu gihugu ari ababo bityo nta kintu kidasanzwe Urban Boys bazakora kugira ngo biyegereze abafana kitari ukubagaragariza ibyo bashoboye.
Alex Muyoboke, umujyanama y’itsinda Urban Boyz, agiye gushyikiriza ubutabera Karasira Aimable uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Professor Nigga kubera ibitutsi aherutse kubatukira kuri facebook.
Umugore utuye mu mudugudu wa Nyarushinya, umurenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo arasaba ubuyobozi kumwakira umugabo we itike akisubirira iwabo i Burundi nyuma y’imyaka umunani bamaranye ariko kumvikana bikaba byarabananiye.
Umukozi ushinzwe umusaruro mu mushinga w’ubuhinzi n’ubworozi ufasha abaturage kurwanya ubukene binyujijwe mu makoperative wo muri APROJUMAP, avuga ko ibiti bibiri bya avoka byitaweho neza, mu gihe cy’umwaka bishobora kuvamo amafaranga agura inka.
Mani Martin n’abaririmbyi be bazitabira ibirori byo gutangiza iserukiramuco « Amani Festival » bizabera i Goma muri Congo tariki 06/04/2013.
Mu gihe abantu benshi bavuga ko Abanyakibungo bagendera ku rutaro, bamwe mu bahaba n’abahakomoka bemera ko ibyo bintu byigeze kubaho mu gihe abandi bavuga ko hari aho bakigendera ku rutaro na n’ubu.
Abaturage baturiye aho sosiyete ya GMC (Gatumba Mining Concession) icukura amabuye y’agaciro atandukanye mu murenge wa Gatumba mu karere ka ngororero bakomeje kutumvikana n’iyo sosiyete bitewe n’uko ibangiriza kandi ibyo ibizeje ntibishyire mu bikorwa.
Nyuma yo kugaragaza impungenge ku mazu bubakiwe ashaje ibisenge kandi atanakorewe isuku, abantu icyenda bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Ngororero bagiye kuvugururirwa.
Ashingiye ku bubasha ahabwa n’itegeko nshinga mu ngingo yaryo ya 113, kuri uyu wa gatatu tariki 03/04/2013, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yazamuye abapolisi 618 mu ntera zitandukanye.
Intumwa za rubanda 10 zo mu gihugu cya Uganda, tariki 03/04/2013, zasuye umupaka muto wa Rubavu zerekwa uburyo u Rwanda ruri gutegura ibikorwa by’imigenderanire n’igihugu cya Congo hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Agasozi kitwa “Ku Kabazungu” gaherereye mu mudugudu wa Mariko, akagari ka Kaganda, umurenge wa Kinyababa, akarere ka Burera, gafite amateka kuburyo ngo iyo abazungu bahageze bahagarara bagafotora.
Ikigo gishinzwe ubuzima (RBC) gifatanyije n’Umunyamerika w’inzobere mu buvuzi bw’indwara zandura, barahamya ko imiti igabanya ubukana bwa SIDA yashoboye kuvura SIDA abantu 14 bo mu Bufaransa hamwe n’umwana wo muri Amerika umwe, n’ubwo ngo nta wakwizera 100% ko bakize.