Abaturage bo kukirwa cya Gihaya mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi ibyishimo byari byose kuri uyu wa 25/10/2013 ubwo bazaga gusanganira abashyitsi bo ku rwego rwa karere ka Rusizi bari baje kubashikiriza Poste de sante bagereranya na Hopital kuko ngo mu mateka yabo ari bwo bwa mbere babonye serivisi nk’iyi ibegera.
Akarere ka Nyamagabe karatangaza ko gahunda yo kwegurira abikorera ku giti cyabo gukusanya amahoro anyuranye bizatanga umusaruro ushimishije amafaranga kinjizaga akiyongera.
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cyo kuzigama wabereye mu rwunge rw’amashuri rwa Uwinkomo ruri mu murenge wa Tare mu karere ka Nyamagabe, tariki 24/10/2013, byagaragaye ko abana bo muri uyu murenge bamaze kugira ubwizigame bungana na miliyoni 20.
Kuri uyu wa 25/10/2013, mu Rwanda hinjiye Abanyarwanda 98 bavuye mu buhungiro mu bice bitandukanye bya Congo. Bamwe bavuga ko batashye kubera kurambirwa ubuzima bubi abandi bavuga ko bari bamaze kumenya amakuru y’ukuri ku bibera mu Rwanda.
Murenzi Protais wari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Gitovu, umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yagurishije ishyamba rya Leta ringana na hegitari eshatu amafaranga avuyemo ahitamo kuyifunga aho kuyageza mu isanduku y’Akarere.
Kaminuza ya Pune yo mu Buhindi yatangije ishami ryayo i Kigali ryitwa Singhad Technical Education Society (STES), ryigisha ubumenyi buhanitse mu icungamari n’imirimo itandukanye yo mu nganda, harimo ubwubatsi, gutanga ingufu, ikoranabuhanga n’itumanaho, ubuhanga mu bukanishi, mu buhinzi n’ibinyabuzima.
Bamwe mu batuye akarere ka Muhanga batandukanye baratangaza ko umuco wo gupfubura umaze kumenyekana, wagakwiye kubahwa nubwo byagaragaye ko ushobora gusenya mu gihe bidakozwe neza.
Umusaza w’imyaka 70 witwa Mulangira Iddi ukomoka mu Karere ka Bundibugyo muri Uganda yafashe umwanzuro wo gusubira ku ntebe y’ishuri ribanza mu mwaka wa gatatu kugira ngo atazapfa atazi gusoma no kwandika.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ku bufatanye n’umutoza w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare Jonathan Boyer, kuri uyu wa kane tariki 24/10/2013 ryashyizeho abakinnyi batatu bazayobora (captains) bagenzi babo mu isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ rizaba kuva tariki ya 17-24/11/2013.
Bamwe mu bakobwa babyariye iwabo ndetse n’abandi bantu batandukanye barasaba ko izina rihabwa abana babyarwa n’abakobwa batashatse ryahindurwa kuko babona harimo ipfobya.
Tumurere Jean yatemwe n’umugore we Uwimana Christine w’imyaka 24 amushinja kumuca inyuma ubwo nyamugore yari asanze umugabo avugana n’umukobwa kuri telephone.
Abaturage batuye mu mudugudu wa Kageyo akagari ka Rusura umurenge wa Busasamana akarere ka Rubavu baratangaza ko ingabo za Congo zitangiye kurasa mu Rwanda.
Ikipe ya Espoir Basketball Club, iratangira guharanira kongera kwegukana igikombe cya Play off yatwaye umwaka ushize, ikina na APR BBC mu mukino wa ½ cy’irangiza ubera kuri Stade ntoya i Remera kuri uyu wa gatanu tariki 25/10/2013 guhera saa kumi n’imwe z’umugoroba.
Umuhanzi Mugisha Benjamin wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya The Ben yashyize hanze indirimbo nshya yise “Urabaruta” ikaba ari indirimbo y’urukundo asa n’aho abwira umukobwa ko ari nta wundi umuruta kandi ko ari nta wundi wamusimbura.
Mu rwego rwo gufasha abapfakazi barokotse Jenoside b’incike, umunyamabanga wa Leta muri ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza, Dr Mukabaramba Alvera yasuye abo mu karere ka Gisagara, baraganira banagezwaho imfashanyo irimo ibiryamirwa.
Abahanzi batandukanye baririmba indirimbo zihimbaza Imana twaganiriye ku kibazo cya Theo “Bosebabireba” na ADEPR bemeza ko kuririmbana n’umuyisilamu bitari bikwiriye kuba ikibazo mu gihe abandi bemeza ko biterwa n’amahame y’idini umuntu asengeramo.
Umunyamegisikani (Mexicaine) w’imyaka 40 aherutse gufungwa igihe gito azira kuba inshuti ye y’umukobwa yamuregeye polisi ko yafungishije ikoboyi ye ingufuri ngo atamuca inyuma.
Abadepite bahagarariye ibihugu by’u Burundi, Kenya, u Rwanda, Uganda na Tanzaniya bamaze gusaba ko Leta z’ibyo bihugu zategura uko ururimi rw’Igiswayile rwatezwa imbere kandi rukigishwa abaturage bose rukazakoreshwa nk’ururimi rw’ubucuruzi mu muryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC).
Ku isaha ya saa kumi z’igitondo cyo kuri uyu wa 25/10/2013 nibwo imirwano yongeye kubura hagati ya M23 n’ingabo za Congo, aho abaturage bari batuye Kibumba barenga 400 bamaze guhungira mu Rwanda.
Habimana Maheneri wari ufite imyaka 19, wo mu murenge wa Munyiginya ho muri Rwamagana yaguye mu kiyaga cya Muhazi mu ijoro rishyira tariki 24/10/2013 apfiramo.
Bamwe mu batuye akarere ka Kamonyi basanga byaba byiza abakobwa bigishijwe imyitwarire ikwiye irimo kutiyandarika no gukunda umurimo, kuko hari abagaragaza imyitwarire itari myiza, kandi aribo babyeyi b’ejo hazaza.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, aratangaza ko kuva u Rwanda rwashyiraho gahunda yo guteza imbere ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT), hari byinshi bimaze guhinduka mu mibereho y’abaturage cyane cyane ibiganisha ku bukungu.
Ndikumana bakunze kwita Rukara w’imyaka 27 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gasharu, Akagali ka Katarara mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yatemaguwe bikabije mu mutwe, igikanu no ku maboko bamuziza ko ngo abanye neza n’umukoresha acururiza inyama z’inka.
Ihuriro ry’igihugu nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya politiki (NFPO) ryasabye ko imitwe ya politiki yose iririmo, yakwemeza cyangwa igahakana ko ari abanyamuryango, nyuma y’ishyirwaho ry’itegeko rishya rigenga imitwe ya politiki.
Abasirikare 27 ba FDLR bashaka gutaha mu Rwanda kuva tariki 14/10/2013 babujijwe gutaha n’ubuyobozi bwa Congo na MONUSCO. Muri aba harimo 25 bafungiye mu kigo cya MONUSCO naho abandi babiri bari mu maboko ya FARDC.
Aborozi b’inka zitanga amata bo mu karere ka Burera batangaza ko ikusanyirizo ry’amata begerejwe ryatumye barushaho kumenya agaciro k’inka kuko basigaye babona amafaranga aturutse ku mata bagurisha kuri iryo kusanyirizo.
Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zirateganya ko mu gihe kitarenze imyaka 5 zizajya zifashisha imashini zikora nk’abantu (Robots) mu bintu bitandukanye harimo gutwara ibintu no kurwana ku rugamba.
Itsinda ry’abadepite 4 bayobowe na Honorable Kaboneka Francis bafashe akanya ko kuganiriza urubyiruko rw’abakobwa bo mu ishuri ryisumbuye rya Gashora Girls Academy of Science and Technology, riri mu karere ka bugesera ku mateka yaranzwe u Rwanda n’Abanyarwanda.
Abasaza, abakecuru, ababyeyi, abasore n’inkumi babarirwa hafi muri 200 baraye ku biro by’umurenge wa Bwishyura, aho bari baje guhembwa amafaranga y’amezi atatu bamaze batishyurwa na rwiyemezamirimo urimo gusana umuhanda Muhanga-Karongi.
Nyuma yo kumara imyaka irenga ibiri abaturage b’imirenge ya Mushubi na Nkomane batorohewe no kwambuka umugezi wa Rwondo ubatandukanya kuko ikiraro cyaho cyari cyarasenyutse bigasaba kuvogera, abatuye iyi mirenge bavuga ko kuba iki kiraro kigiye kuzura ari inkunga ikomeye mu iterambere ryabo.
Umugabo witwa Nsengiyumva utuye mu kagari ka Kintambwe mu mudugudu wa Nyiragiseke mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera ari mu maboko ya polisi azira gukubita umugore we Uwamariya Marie Louise umugeri mu nda agahita apfa.
Intumwa zo muri Togo ziri mu Rwanda, ziravuga ko imikorere ya Mwalimu SACCO ikwiye kubabera urugero, kuko hari byinshi imaze kugezaho umwalimu wo mu Rwanda, haba ku giti cyabo ndetse no ku buzima bw’igihugu.
Umukino wa shampiyona w’umunsi wa kane wahuje Police FC na APR FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa gatatu, warangiye amakipe anganyije ibitego 2-2 ariko mu buryo bwatunguye cyane abawurebaga.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare, Jonathan Boyer, yashyize ahagaragara amazina y’abakinnyi 10 bazaba bagize amakipe abiri muri atatu azaba ahagarariye u Rwanda mu isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ rizaba kuva tarki 17-24/11/ 2013
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu, tariki ya 23/10/2013 yemeje ivugururwa ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ingufu, amazi n’isukura (EWSA) kikavamo amasosiyete abiri, imwe ishinzwe ingufu naho indi ishinzwe amazi n’isukura.
Umwarimu wigisha ku kigo cy’amashuri cya Butanga afungiye kuri station ya police Kibungo akekwaho gushuka umunyeshuri yigishaga ko agiye kumuha akazi yamugeza mu rugo akamufata ku ngufu.
Umugore witwa Mariya umaze iminsi agarutse muri aka karere ka Rusizi nyuma yo gusubizwa mu gihugu cye cy’UBurundi ubu noneho yagarukanye ingeso yo kwishora mu mvura abandi bugamye avuga ko ari kuvuga ubutumwa bwa nyuma.
Umukino wahuje Espoir FC na Kiyovu tariki 23/10/2013 mu karere ka Rusizi warangiye Espoir itsinze igitego 1-0. Iki gitego cyatsinzwe na Saidi Abedi mu minota ya nyuma y’igice cya mbere.
Nyuma y’uko ubuyobozi bwa RFTC ifite gare ya Musanze, RURA n’abafite amasosiyete atwara abantu bagiranye ibiganiro biyobowe n’umuyobozi w’intara y’Amajyaruguru, hemejwe ko haba hakurikizwa amabwiriza asanzwe ariho, ibitanoze RURA ikabyigaho mu gihe kitarenze icyumweru.
Umurambo wa Nyakubyara Marie Jeanne w’imyaka 49 y’amavuko watoraguwe mu mugezi, icyakora umukobwa we witwa Mukarukundo Clarisse w’imyaka 21 y’amavuko bari kumwe aburirwa irengero, bikaba bikekwa ko bahanutse ku iteme ry’ibiti bibiri bambukagaho bataha iwabo mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro.
Umugabo washatse guhindura igitsina cye yabyaye umwana w’umuhungu mu gace gakennye kitwa Neukoellin mu gihugu cy’Ubudage mu mugi wa Berlin.
Nyuma y’aho ikipe ya Borussia Dortund itsindiye Arsenal ibitego 2-1 tariki 22/10/2013, andi makipe yo mu Budage yerekanye ko akomeye nyuma y’aho Bayern Munich itsindiye ikipe ya Viktoria Plzen ibitego 5-0 kuri Stade Arienz Arena mu Budage.
Abanyeshuli bafite ubumuga bwo kutavuga barimo gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuli abanza bavuga ko bagerageza kandi bafite n’ikizere cyo kuzatsinda ariko ngo igihe bahabwa kibabana gito ntibabashe kubirangiza no gutanga ibisobanuro birambuye bitewe n’imiterere yabo.
Ikipe ya Rayon Sport ubu iri ku mwanya wa mbere by’agateganyo muri shampiyona y’u Rwanda nyuma yo gutsinda Amagaju ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa kane wabereye i Nyamagabe kuri uyu wa gatatu tariki ya 23/10/2013.
Mu Tugari twa Karambo na Kirebe ho mu Murenge wa Karambo, Akarere ka Gakenke haravugwa ikibazo cy’umutekano muke uterwa n’ubujura butandukanye burimo gupfumura amazu nijoro bagasahura ibintu birimo.
Nubwo bamwe mu bahagarariye Leta ya Congo bari mu mishyikirano ibahuza na M23 bagasubira Kinshasa, itsinda rya gisirikare n’umutekano rya Leta ya Congo ntiryatashye kuko kuri uyu wa gatatu tariki 23/10/2013 ryakomeje ibiganiro n’abahagarariye M23.
Ubukwe bwa Mutuyimana Martin w’imyaka 27 y’amavuko na Ingabire Chantal w’imyaka 26 y’amavuko bombi bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bwasubitswe bugeze mu myiteguro ya nyuma biturutse ku muryango w’umukobwa wanze ko Ingabire ashyingiranwa na Mutuyimana.
Ingo z’abafite amafaranga nizo zikunda guhura n’ibibazo byo gutandukana kurusha abadafite ayo mafaranga bafatwa nk’akakene, nk’uko byemezwa na bamwe mu bubatse ku mpande zombi.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 8 wo mu mudugudo wa Kavune mu kagari ka Ninzi mu murenge wa Kagano wo mu karere ka Nyamasheke yarohamye mu Kiyaga cya Kivu, tariki 22/10/2013 ubwo yari yajyanye n’abandi bana koga.
Ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda bwashyikirije itsinda ry’ingabo za ICGLR zishinzwe kugenzura impaka y’u Rwanda na Congo (EJVM) abasirikare batatu ba Congo bari bafungiye ku butaka bw’u Rwanda.