Abasenateri bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bayobowe na Senateri Graham Lindsey bageze mu Rwanda kuri icyi cyumweru taliki 25/08/2013 mu rugendo bagirira mu karere haganirwa ku cyatuma umutekano ugaruka mu karere k’ibiyaga bigari.
Ndayisabye Jean Claude w’imyaka 51 y’amavuko afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke nyuma yo gutabwa muri yombi, tariki 24/08/2013, ubwo we n’undi mugabo utarafatwa bari bamaze gutekera umutwe umugore bakamwambura amafaranga ibihumbi 320 bamubwira ko bamujyanye mu mushinga w’abantu b’Imana (…)
Abanyeshuli b’abahungu bane biga mu kigo cy’ishuli ryisumbuye rya Collège Saint Emmanuel Hanika mu karere ka Nyanza polisi yabafatiye mu rugo rw’umuturage ariho barimo kunywera ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Abanyeshuri 6 biga mu ishuri rya Groupe Scolaire Rusororo i Gitwe mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, batewe n’indwara yo kwishimagura kuri icyi cyumweru tariki 25/06/2013, aho umwe yamufashe ubundi nawe ayanduza abandi.
Abantu bataramenyekana bibye Miliyoni zisaga 10 muri koperative umwalimu-sacco yo mu karere ka Huye ndetse bica n’uwari ushinzwe kuharinda witwa Kabandana J.Bosco.
Mukabaziga Dativa w’imyaka 60 wari utuye mu murenge wa Muganza ho mu karere ka Gisagara nyuma y’iminsi itatu ataboneka, abaturanyi bamubonye mu nzu yarishwe, mukeba we bari baturanye batumvikana akaba yemera icyaha cyo kuba yaramwicishije atanze amafaranga ibihumbi 30.
Abakandida bari ku rutonde rw’abazatorerwa kujya mu nteko ishingamategeko, baratangira kwiyamamaza guhera tariki 26/08/2013 kuzageza tariki 15/09/2013.
Umwanditsi w’urukiko rwihariye rwashyiriweho igihugu cya Sierra Leone, Madamu Binta Mansaray, yatangaje ko ibyo abanya Sierra Leone umunani bafungiye mu Rwanda bahabwa birenze ibyo bari bagenewe.
Abajura batabashije kumenyekana bacukuye mu rukuta rw’inzu y’umucuruzi witwa Kamana Martin mu cyumweru gishize binjiramo batwara ibyuma bya muzika, televiziyo, inzoga z’amoko atandukanye n’inyama z’ihene, byose hamwe bifite agaciro k’ibihumbi 227.
Koperative Girisuku Color yo mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Mushubati yahawe inguzanyo na VUP ingana na miliyoni imwe n’ibihumbi 725, ariko bamwe mu banyamuryango baza gutahurwa bamaze kubikuza rwihishwa abarirwa mu bihumbi 800.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Rusumo mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero ararega umuturage akaba n’umucuruzi mu kagali ayobora ko yigomeka ku buyobozi bw’akagali ndetse akanamwangisha abaturage n’abayobozi bamwe na bamwe.
Umurenge wa Busoro ubarizwa mu gice cyitwa icy’amayaga ukaba ari n’umwe mu mirenge 10 igize akarere ka Nyanza waje ku isonga mu kuba imihigo yose wiyemeje yaragezweho mu mwaka wa 2012-2013 hitawe kuri gahunda Guverinema y’u Rwanda igenderaho.
Havumbuwe porogaramu izakoreshwa muri telefoni zigendanwa, umuntu akamenya aho umukunzi we aherereye, akamenya ubutumwa bugufi (SMS) yohererezanya n’abandi ndetse akaba yanabasha kumva ibyo avugana n’abo bari kumwe igihe baganira.
Ingabo zigize itsinda rya Joint Mechanism Verification (JMV) kuri iki cyumweru taliki 25/08/2013 ryasuye ahatewe ibisasu mu karere ka Rubavu bivuye muri Congo kugira ngo bazagaragaze niba byararashwe n’ingabo za Congo cyangwa niba byararashwe na M23.
Abapolisi bakuru 28 baturuka mu bihugu 12, byo muri Afurika, harimo n’u Rwanda, bahahawe impamyabumenyi mu ishuri rikuru rya Polisi (National Police College) riherere ye mu karere ka Musanze, nyuma y’umwaka umwe bakurikirana amasomo muri iryo shuri.
Mu mukwabo wakozwe na Polisi mu karere ka Ruhango mu gitondo cya tariki 24/08/2013, hafashwe imodoka 15 zirafungwa n’izindi 11 zafatiriwe ibyangombwa ndetse hanafatwa moto imwe nayo irafunze.
Umuhanzi Jean Paul Murara umaze kumenyekana cyane mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel) bo mu idini Gaturika, ku wa kabiri tariki 27.8.2013, azashyira hanze amashusho y’indirimbo ye yise “Ndabyemeye” iri kuri alubumu ye “Nzaririmba”.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye riri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’epfo (UNMISS) ryambitse imidari y’ishimwe Ingabo z’u Rwanda zo muri batayo ya kabiri irwanira ku butaka, hamwe n’umutwe wa 85 w’ingabo zirwanira mu kirere, kuri uyu wa gatanu ushize tariki 23/8/2013.
Abagore 26 bahatanira kuzatorwamo abadepite 6 bazahagararira intara y’Iburasirazuba mu nteko ishinga amategeko bahawe amabwiriza y’uko bazitwara mu gihe cyo kwiyamamaza no mu matora nyirizina kandi berekwa abayobozi b’inzego z’ibanze n’iz’umutekano banabasaba kuzabafasha mu buryo bwemewe n’amategeko.
Mu gihe cy’impeshyi usanga abantu bakora umurimo w’ubuhinzi badafite icyo bakora kuko haba hariho izuba ryinshi . Bamwe mu bagore bo mu karere ka kamonyi , baturiye uruganda rutunganya kawa rwa sosiyete C.DORMAN Rwanda bahitamo kuhasaba akazi ko kujonjora kawa ;bikabafasha kubona amafaranga yo kugura ibyo bakeneye.
Abaturage bo mu murenge wa Ruramira mu karere ka Kayonza bavuga ko bizeye iterambere mu gihe kiri imbere bazagezwaho n’umushinga Higa Ubeho bazaniwe n’umuryango utegamiye kuri Leta witwa Young Women Christian Association (YWCA).
Kuwa gatanu tariki 23/8/2013 mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo guhemba no gushimira abantu bose cyangwa ibigo byateye inkunga mu gutanga amafranga mu kigega Agaciro Development Found.
Mu gihe abanyeshuri bari barabujijwe gutunga ama telephone, ubu noneho Ikigo cy’itumanaho cya MTN cyabagombotse kibaha ubundi buryo bazajya bifashisha kugirango babashe kuvugana n’imiryango yabo.
Gutanga ubumenyi bufite ireme ari nabyo nkomoko ya service ifite ireme nibyo byasabwe abarezi n’abanyeshuli 201 bahawe impamyabumenyi z’ikiciro cya mbere cya kaminuza bo mu ishuli ry’ubuforomo n’ububyaza rya Nyagatare kuri uyu wa 23 Kanama.
Mu mukino wayo wa kabiri, ikipe y’u Rwanda ya Basketball yatsinzwe na Maroc amanota 87-57 mu gikombe cya Afurika (Afrobasket 2013), kirimo kubera i Abidjan muri Cote d’Ivoire
Abasirikare n’abapolisi bakuru b’ibihugu bitandatu by’Afurika baje mu Rwanda kwiga uburyo bwo kubaka amahoro n’ubutabera bwunga mu bihugu bivuye mu ntambara, bavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari icyaha kirenze kamere, kandi ko abayikoze aho bari hose bagombye gukurikiranwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwagiranye inama n’abaturage mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, yari igamije kubahumuriza no kubasaba kwirinda kugendagenda kugira ngo ibisasu biri guterwa mu Rwanda bitagira uwo bihitana.
Imurikagurisha n’imurikabikorwa ryari ritegerejwe mu karere ka Nyamasheke ryatangijwe ku mugaragaro kuri uyu Gatanu tariki 23/08/2013. Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (MYICT), Jean Philbert Nsengimana, waritangije yashimiye abikorera intambwe bagezeho y’ibikorwa bigaragara, anabasaba (…)
Minisitiri w’umutungo kamere, Sitanslas Kamanzi avuga ko kuba umukandara w’ishyamba utandukanya pariki y’igihugu ya Nyungwe n’abaturage hagamijwe kubungabunga ubusugire bwayo utasarurwaga byari igihombo gikomeye ku Rwanda.
Mu rwego rwo gutegura neza shampiyona ndetse n’amarushanwa mpuzamahanga, ikipe ya Rayon Sport iri mu biganiro by’uko yakina imikino ya gicuti n’amakipe yo mu karere harimo Yanga yo muri Tanzania na Vital’o yo mu Burundi.
Uwintore Jean Bosco, umusore w’imyaka 16 ukora umwuga wo gusiga amarangi ku magare, gushyiraho indi mitako no kuyasana, yitangariza ko umubeshejeho nyuma yo kuba imfubyi ku babyeyi bombi.
Nyuma yo gutsindwa na Reta Zunze ubumwe za Amerika mu mukino wayo wa mbere, ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 21, kuri uyu wa gatanu tariki 23/08/2013 yongeye gutsindwa na Tuniziya amaseti 3-0 mu gikombe cy’isi kirimo kubera muri Turukiya.
Bamwe mu baturage bo mu turere dukora kuri Pariki y’ibirunga bagiye kugabanywa miliyoni 124, zizajya mu mishinga igamije kuzamura imibereho myiza y’abaturiye iyi parike, kurinda urusobe rw’ibinyabuzima ndetse no kubungabunga ibikorwa remezo.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi, Jean Philbert Nsengimana arasaba urubyiruko gukangukira gukoresha ikoranabuhanga, koko ari wo murima wo gukuramo umusaruro ubuziraherezo.
Mu masaha y’isaa 16h30’ zo kuri uyu wa Gatanu tariki 23/08/2013, ikindi gisasu cyongeye kugwa mu karere ka Rubavu, mu murenge wa Busasamana akagari ka Gacurabwenge umudugudu wa Bukumu.
Uruganda rwagenewe gutunganya umusaruro w’imyumbati rwubatse mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero rwari ruteganyijwe gutangira gukora mu ngengo y’imari y’umwaka ushize wa 2012-2013, ariko ubu ntiruruzura kubera ikererwa ry’imashini zizakoreshwa muri urwo ruganda.
Nyuma y’uko abaturage bo mu mujyi wa Ngororero no mu nkengero zawo bari bamaze igihe bishimiye ikoranabuhanga rya internet ryabegerejwe mu bigo bizwi ku izina rya BDC (Business Development Center), ubu bararira ayo kwarika kuko hashize amezi 5 iyo serivisi yarahagaze.
Abayobozi b’amadini n’amatorero akorera mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero biyemeje gufatanya n’ubuyobozi bwa Leta muri uwo murenge mu gikorwa cyo kwimura abantu batishoboye batuye ahantu habi hateza impanuka (High Risk Zone).
Ubwo yatangizaga uruganda rutunganya imbuto z’ibigori, ubuhinikiro bw’imyaka, n’ahateranirizwa imashini z’ubuhinzi kuri uyu wa gatanu tariki 23/8/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye ashimitse abashoramari n’abahinzi kongera umusaruro w’ibiribwa, bashingiye ku bumenyi bafite.
Abantu 16 bari mu maboko ya Polisi bakurikiranweho kwangiza ibidukikije batema ishyamba nta burenganzira, ndetse banatwika amakara mu ishyamba rya gisirikare rya Gako mu karere ka Bugesera.
Umurambo w’umukobwa w’imyaka 27 witwa Dusabe Elisabehte wari usanzwe ari umukozi wo mu rugo mu murenge wa Gihundwe mu kagari ka Kamatita watoraguwe mu kiyaga cya Kivu kuwa 22/08/2013, saa cyenda aho abaturage bawubonye ugeze mu murenge wa Nkaka mu kagari ka Kangazi.
Nyuma y’impfu zitunguranye zimaze iminsi ziboneka mu karere ka Gicumbi, inteko rusange y’ako karere yashishikarije abaturage gutangira amakuru ku gihe kugirango izo mpfu zishireho burundu.
Scanner ifotora ibintu bitari impapuro bikaza bifite impande zabyo zose (3D Scanner), yitwa The Makerbot Digitizer ikaba igura amadolari y’America 1.400 (850.000FRW). Izatangira kujya ku isoko mu ntangiriro z’Ukwakira.
Abahanzi bibumbiye mu itsinda ryitwa "Swagga Slow” ribarizwa mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kabarore, bahagurukiye kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko bakoresheje impano bifitemo yo kuririmba.
Abanyenshuli 44 basoje amasomo y’igihe igito (short courses) mu gutunganya imitsima (Kitchen technology), gutunganya ibyo kurya ( Food Production) bahabwaga muri ES Jill Barham ku nkunga y’ikigo cy’igihugu giteza imbere ubumenyingiro (WDA).
Nyuma y’aho umutoza wa Rayon Sport atangarije ko akeneye abakinnyi babiri bakina ku busatirizi, iyo kipe irimo kugerageza ba rutahizamu babiri Ngunga Robert na Cyubahiro Jacques uwo bazashima akazahita asinya amasezerano.
Koperative y’abahinzi b’ibitoki bo mu murenge wa Mushikiri mu karere ka Kirehe, kuri uyu wa 22/08/2013, batanze inkunga y’ibitoki ingana na toni cumi n’eshanu na kilogama 600 mu rwego rwo gufasha Abayanyarwanda bari mu nkambi ya Kiyanzi birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 23/08/2013, Umucuruzi wa boutique n’inzoga witwa Niyigena Theophile yatawe muri yombi na Polisi imusanganye magendu y’amakarito 25 y’inzoga ya African Gin.
Umukwabo wakozwe n’inzego z’umutekano mu rukerera rwa tariki 23/08/2013, wataye muri yombi indaya 5, inzererezi 4 n’abacuruzi b’ibikwangari 7.
Abantu batandukanye barimo n’abashinzwe umutekano mu muhanda bavuga ko uburyo inka zitarwa mu mamodoka cyane cyane zijyanwe ku masoko Atari bwiza kuko bushobora no guteza impanuka.