Mu muganda rusange wabereye mu mudugudu wa Gitovu mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza kuwa gatandatu tariki 25/01/2014, abaturage babiri bari bawitabiriye bahawe inka muri gahunda ya Girinka Munyarwanda ku buryo butunguranye.
Komisiyo y’igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu Rwanda iratangaza ko kuva kuri uyu wa mbere tariki ya 27/01/2013 kugeza kuwa 30/01/2014 izaba iri mu gikorwa cyo gutangiza no gusobanura neza gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’ mu mirenge yose igize akarere ka Nyamasheke kugira ngo abayobozi mu nzego z’ibanze bayicengerwe neza bazayigeze (…)
Abaturage bo mu murenge wa Kaniga mu karere ka Gicumbi bamaze imyaka 8 baratanze amafaranga arenga miliyoni ebyiri ngo bakwaga n’abababwiraga ko ngo ari umusanzu leta ibaka ngo bazabone umuriro w’amashanyarazi, ariko ubuyobozi bw’akarere na EWSA ishinzwe gutanga uwi muriro bemeje ko ayo mafaranga batigeze bayakira kandi (…)
Umwana witwa Kwizera Dieudonne w’imyaka 10 ku gicamunsi yagonzwe n’imodoka y’ivatiri, Toyoya Corona ifite ikirango RAA 807 L, igufwa ry’ukuguru k’uwo mwana rihita ricika.
Mu karere ka Rutsiro mu ntara y’Uburengerazuba ngo bahangayikishijwe cyane n’uko abacuruzi bahakomoka bamara gutera imbere bakimuka bakigira mu yindi mijyi, aho kugira ngo bakomeze bashore imari mu karere bakomokamo. Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda mu Rwanda ariko yanenze ko hari ibyo akarere katarakora ngo abo banyemari (…)
Mu muganda rusange wabaye kuwa gatandatu tariki ya 25/01/2014 mu karere ka Ruhango, hakozwe ibikorwa byo gutunganya urwibutso rw’ahitwa Kinazi, ahateganyijwe kuzashyingurwa imibiri isaga ibihumbi 60 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuntu umwe urembye cyane arwariye mu bitaro bya Nyamata azira gukubitwa n’inkuba we na bagenzi be bane ku mugoroba wo kuwa 24/1/2014, ubwo inkuba yakubitaga abantu batanu mu mvura yaguye ku mugoroba. Abandi bane cyakora bahise bazanzamuka, mu gihe uyu mugenzi wabo akomeje gukurikiranwa n’abaganga.
Umukino uhuza ikipe ya Rayon Sports na Kiyovu kuri icyi cyumweru kuri stade Amahoro i Remera niwo uri kuvugisha benshi mu mikino yose ya shampiyona y’u Rwanda igeze ku munsi wa 15. Kuri uyu gatandatu tariki ya 25/01/2014 ariko amakipe ya AS Kigali na Espoir yagabanye amanota mu mukino yanganyijemo igitego 1-1 kri stade ya (…)
Abaturage bo mu karere ka Rubavu bashishikarijwe guharanira kuba intwari binyuze muri gahunda ya “Ndi umunyarwanda,” kuko ifasha umuntu kumva nk’umunyarwanda icyo agomba gukorera igihugu cye n’abagituye.
Urubyiruko rwo mu karere ka Huye rwasobanuriwe ko uru rumuri rw’icyizere bashikirijwe ari urubashishikariza kuva mu mwijima w’amacakubiri babibwemo bakibagirwa Ubunyarwanda bubahuza bagaha intebe amoko abatanya.
Umugabo witwa Kanakuze Fidele w’imyaka 30 y’amavuko yishe nyina umubyara witwa Kabarerwa Patricia w’imyaka 72 y’amavuko amutemye ijosi n’umusaya kubera ko yaramubujije kwinjiza indaya munzu.
Urwego rw’umuvunyi rurasaba abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Rusizi gukemura ibibazo by’abaturage batiriwe babasiragiza, kuko arizo nshingano zabo bashyiriweho.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abaturage bo mu murenge wa Rugengabari, mu karere ka Burera, gufata neza umutungo kamere w’amabuye y’agaciro ari mu murenge wa bo kugira ngo uzabafashe kwigira kandi baharanira kuwusaranganya.
Perezida wa Rupubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yakiriye kandi anagirana ibiganiro n’itsinda ry’abasenateri n’abadepite baturutse muri leta zunze ubumwe z’Amerika, kuri uyu wa gatandatu tariki 25/1/2014.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya Nyamagumba riherereye mu murenge wa Muhoza, akarere ka Musanze, baravuga ko abanyeshuri babo batazongera guhura n’impanuka za hato na hato bitewe n’uruzitiro ruzatuma nta mwana wongera gusimbukira mu muhanda uko yishakiye.
Abaturage n’abagize komite nyobozi y’umudugudu wa Nyarucyamo ya kabiri mu kagari ka gahogo mu karere ka Muhanga, baravuga ko gahunda y’Umugoroba w’ababyeyi ibafasha kunga no gukemura amakimbirane hagati y’abashakanye.
Umurenge wa Muhima mu karere ka Nyarugenge wifuje guhozaho gahunda yo gusuzuma ubwandu bwa SIDA n’igituntu ku bakora imirimo y’ubucuruzi itandukanye, kugirango birinde banarinde ababagana kwandura izo ndwara z’ibyorezo.
Ibitaro bya Kibungo byo mu karere ka Ngoma, mu ntara y’Uburasirazuba kwitegura kugirwa ibitaro by’urwego rukuru, igikorwa cyanashimwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Agnes Binagwaho, ubwo yabigendereraga kuwa Kane tariki 24/1/2014.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Cyeza n’uwa Muhanga yo mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, barashinja ku mugaragaro bamwe mu bagize komite z’ubudehe ko babarya amafaranga.
Abasirikare bakuru baturuka mu bihugu bitanu byo muri Afurika y’Uburasirazuba, EAC biga mu ishuri rya gisirikare rya Nyakinama RDF Command and Staff College barashima intambwe imaze guterwa mu kwegereza ubuyobozi abaturage mu ntara y’Iburengerazuba no kubihuza n’umutekano w’abenegihugu.
Imvura yaguye ku mugoroba wo kuwa 23/01/2014 yasenye igikuta cy’isoko rya Ruhuha kingana na metero 20, umuvu w’amazi wavuye muri iryo soko ukaba wahise ujya mu nzu y’umuturage witwa Nyiribakwe Silas w’imyaka 81 y’amavuko maze utwara ibyari mu nzu byose.
Umwana w’umwaka umwe n’igice witwaga Ishimwe mwene Ndayambaje Emmanuel na Nyirahabimana Evelyne wo mu mudugudu w’Isoko mu kagari ka Juru mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza yatwawe n’isuri arapfa.
Ahagana ku isaha ya saa cyenda z’ijoro mu gitondo cy’itariki ya 24/1/2014, ikamyo y’ibeni yagonze inzu ahitwa i Tumba hafi y’aho itagisi zitwa abajya Tumba zikatira, maze inkuta z’inzu zigwira umwana w’umusore wari uyiryamyemo arapfa.
Mu gitabo Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yanditse cyiswe ‘Rwanda: Building a model nation state’ yagaragajemo ko iyo u Rwanda rutagira ‘abanyapolitiki bashingira ku mazuru y’abantu’ guhera mu mwaka wa 1959 kugeza 1994, ngo ruba rwarafashe inzira nyayo y’iterambere itaruganisha kuri Jenoside n’ingaruka zayo zashegeshe (…)
Abaturage bo mu mirenge ya Gashonga, Nzahaha na Rwimbogo mu karere ka Rusizi barishimira ko bagejejweho amazi meza bakaba batazongera kuvoma ibishanga n’imigezi bavomagamo amazi y’ibirohwa ndetse kenshi bakahandurira indwara zikomoka ku mwanda no gukoresha amazi mabi.
Ubuyobozi bw’ingabo z’igihugu buratangaza ko butewe ishema n’uburyo umutekano w’u Rwanda uhagaze muri iki gihe, bikiyongeraho ko n’izi ngabo ziri hirya no hino ku isi mu gikorwa cyo kubungabunga amahoro no kuyageza ku bandi mu rwego mpuzamahanga.
Uwahoze ari umutoza wa Rayon Sport, umufaransa Didier Gomes da Rosa, ku wa kane tariki ya 23/1/2014 nibwo yasesekaye mu mugi wa Garoua muri Cameroun aho agiye gutoza ikipe ya Coton Sport Garoua ikipe ifite igikombe cya shampiyona ya Cameroun.
Imfungwa yo mu gihugu cya Tanzaniya mu ntara ya Mwanza mu karere ka Nyamagana yitotobetse umwanda uzwi nk’amazirantoki umubiri wose agamije gucika umunyururu ngo kuko yumvaga nta muntu uri butinyuke kumufata ariko umugambi we ntiwamuhira.
Umunyarwanda witwa Mugimba Jean Baptiste wabaga mu gihugu cy’u Buholandi yatawe muri yombi tariki 23/01/2014 ngo azisobanure ku ruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, aho yabaga mu mujyi wa Kigali ahitwa mu Nyakabanda.
Abasirikari bo mu ishuri rikuru rya gisirikari rya Nyakinama ngo bagiye kongera imbaraga mu kubungabunga amahoro n’umutekano kuko ari byo biri gutuma Abanyarwanda bagera ku iterambere mu nzego zose, ndetse n’abatuye ibindi bihugu bakaba bakeneye umutekano nk’uw’u Rwanda ngo bagire intambwe batera.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubumenyingiro muri minisiteri y’uburezi, aravuga ko abantu bakwiye guhindura imyumvire bakamenya ko ubumenyingiro butagenewe abantu batabashije kwiga amashuri ngo babone impamyabushobozi, kuko n’abazifite babukeneye.
Kuri uyu wa kane tariki ya 23 Mutarama, intumwa idasanzwe y’Umuryango w’Abibumbye mu ishami rishinzwe uburenganzira bw’ibanze bwa muntu mu birebana no kwishyira ukizana, Bwana Maina Kiai, n’itsinda ayoboye basuye Polisi y’u Rwanda.
Impugucye z’ibihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’ibiyaga bigari (CEPGL) bashoboye kumvikana kuri gahunda izakoreshwa muri uyu muryango kuva 2014 kugera 2020, nyuma y’umwaka warushize bataryumvikanaho.
Abanyarwanda bavuye muri Congo batangaje ko kuba mu mahanga ntaho bihuriye no kuba mu gihugu cyawe kuko iyo babaga ngo ni mu mashyamba byumvikana ko badafite ubwisanzure.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamasheke yateranye kuri uyu wa Kane tariki ya 23/01/2014 yafashe umwanzuro wo gufunga utubari dukorerwamo kandi ba nyiratwo badutuyemo. Ibi ngo bigamije kubungabunga umutekano ndetse no kubahiriza amasaha yashyizweho yo gufunga no gufungura utubari tw’inzoga.
Nteziyaremye Jean Damascène wicishije mukase isuka amushinja y’uko ngo yaba amurogera abana urukiko rwisumbuye rwa Huye rwamuhanishije imyaka 25 y’igifungo mu rubanza rwasomewe aho cyaha cyakorewe mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza.
Abantu bataramenyekana bibye ibendera ry’igihugu ku biro ry’Akagali ka Muhaza mu Murenge wa Cyabingo, Akarere ka Gakenke mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane tariki 22/01/2014.
Umuturage witwa Nsabimana Jean Baptiste, utuye mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera, yambuwe inka yagabiwe muri gahunda ya “Gira Inka” ihabwa undi utishoboye kubera ko ngo atakurikije amasezerano ajyanye n’inka zitangwa muri iyo gahunda.
Kuva mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mutarama uyu mwaka abakozi bose hamwe bagera ku 10 bakoreraga amakompanyi atwara abagenzi ya Intenational, African Tours, La Colombe na RFTC, bahagaritswe ku kuzi.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 igizwe n’abakinnyi 24, ku cyumweru tariki ya 26/1/2014, izatangira umwiherero ugamije kwitegura imikino y’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Senegal muri 2015.
Mukabemeye Patricia w’imyaka 45 ufite umugabo n’umwana umwe utuye mu murenge wa Sake mu karere ka Ngoma, kuwa 21 Mutarama 2014 yafatanwe utubure 48 tw’urumogi arucururiza iwe mu rugo.
Hagumimana Jean Damascene w’imyaka 48 utuye mu Kagali ka Rugimbu, Umurenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke avuga ko afite agahinda ko yakubise umugore ageza n’ubwo akuramo inda.
Amakuru atangazwa n’ikinyamakuru Dailymail cyandikirwa mu Bwongereza aravuga ko Manchester United na Chelsea zamaze kumvikana ku kugura umunya-Espagne Juan Mata, akaba agomba gukora ibizamini by’ubuzima (Medical test) kuri uyu wa kane tariki ya 23/1/2014, mbere yo gusinya amasezerano y’igihe kirekire mu ikipe ya Manchester (…)
Kayitesi Immaculée w’imyaka 51 y’amavuko utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza avuga ko kugira ngo yige ari muri iyo myaka ikuze byatewe n’amateka mabi y’ivangura yakorewe mbere y’1994 akamuvutsa uburenganzira bwo kwiga akiri muto.
Nyuma yo gutahuka avuye mu buhungiro, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yasaranganyije abaturage ubutaka bw’ababyeyi be buherereye mu karere ka Ruhango mu ntara y’Amajyepfo.
Abadepite bo muri Kenya basuye intara y’Uburasirazuba tariki 22/01/2014 ngo batunguwe n’ukuntu ubuyobozi bw’u Rwanda bushishikajwe no guteza imbere imibereho y’abaturage bo hasi.
Umuyobozi wungirije w’Inteko Ishinga amategeko muri Koreya y’Epfo, Park Byeong Suk, yijeje abaturage bo mu mudugudu wa Mushimba ko nibakomeza gukorera hamwe bazatera imbere, kuko inzira barimo ari nk’iyo igihugu cyabo cyanyuzemo mu myaka 40 ishize.
Itsinda ry’abasirikare bo mu rwego rwo hejuru (aba-ofisiye) 11 biga mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama baravuga ko basanze abaturage b’akarere ka Musanze barihagije mu biribwa biturutse kuri gahunda yo guhuza ubutaka.
Abanyeshuli b’ishuli rikuru rya gisirikare rya Nyakinama bagiriye urugendo shuri mu karere ka Gatsibo basobanurirwa uko abaturage begerejwe ubuyobozi n’isano bifitanye no gutera imbere kw’amajyambere.
Abadepite b’Abanyakoreya y’Epfo bari mu Rwanda batangaje ko barajwe ishinga no guteza imbere imyuga n’ubushakashatsi mu burezi bwo mu Rwanda, nyuma yo gusanga igihugu cyabo gihuje n’u Rwanda ubushake bwo kwiyubaka nyuma y’intambara.