Nsengiyumva Felix uyobora akagari ka Gishwero mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango, ari mu maboko ya polisi guhera tariki 01/07/2013 nyuma yo gutabwa muri yombi ahetse litiro eshanu z’ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Bahame Hassan, yongeye kuburira abatuye akarere ka Rubavu bajya mu mujyi wa Goma kwitondera ingendo bakora kuko hari abagerayo bagahohoterwa bakamburwa cyangwa bagafungwa kugeza batanze amafaranga yo kwigura.
Uretse kuba hari umutwe wihariye washyizweho n’umuryango w’Abibumbye mu guhashya imitwe yitwaza intwaro mu burasirazuba bwa Congo, abava mu mutwe wa FDLR bahunguka mu Rwanda bemeza ko n’ubuzima bari basanzwe babamo butari bwiza.
Umuganga w’Umunyamerika witwa Sam Axelrad yasubije Nguyen Hung w’imyaka 74, umusirikare wo muri Vietnam warwanye intambara ya Vietcong amagufa y’ukuboko kwe yaciwe mu mwaka w’i 1966.
Mbarushimana Shaban w’imyaka 32 utuye mu mudugudu wa Cyegera mu kagali ka Nyamure ko mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza ahagana saa moya n’igice z’ijoro tariki 01/07/2013 yatemye mugenzi we urutoki ruvaho izindi arazikomeretsa ngo abitewe n’uko yari yasinze.
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bishimira ko ukwibohora kwabo kwatumye babona uburezi budaheza kuri buri wese, bitandukanye n’uko byari bimeze mbere y’umwaka w’1994 kuko ngo icyo gihe higaga umwana w’umutegetsi cyangwa undi ukomeye.
Naveena Shine ufite imyaka 65 y’amavuko aremeza ko amaze iminsi 47 adafata ku mafunguro ngo kandi azamara iminsi 100 mu rwego rwo kugaragaza ko abantu nabo bashobora kubaho batarya, bakaba batungwa n’izuba n’umwuka byo mu kirere nk’ibimera binyuranye.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 19 yasezerewe mu gikombe cy’isi kirimo kubera muri Mexique, nyuma yo gutsindwa imikino ine yose yo mu itsinda yari iherereyemo bituma ifata umwanya wa nyuma.
Ikipe ya Rayon Sports yari ihagarariye u Rwanda mu gikombe cya CECAFA Kagame Cup cyaberaga muri Sudan, yavuye muri iryo rushanwa itabashije guhembwa, nyuma yo gutsindwa na El Merreikh igitego 1-0 mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu wabaye ku wa mbere tariki 01/07/2013.
Abakozi basaga 150 bakorera sosiyete yubaka inyubako zo kwagura isoko ry’akarere ka Ngoma yitwa “ELITE GENERAL CONTRACTORS” baravuga ko bamaze igihe gisaga umwaka bakora badahembwa bakaba basaba ko barenganurwa bagahembwa amafaranga yabo.
Abanyarwenya (comedians) baje baturutse Uganda na Kenya kwitabira igitaramo cya Kings of Comedy gitegurwa na MTN barashishikariza Abanyarwanda gushyigikir¬¬¬¬a abanyarwenya bo mu Rwanda bakitabura ibitaramo baba bateguye, kubatera inkunga, ndetse no kutabagereranya n’abandi banyarwenya bo mu bindi bihugu.
Bamwe mu batuye mu karere ka Kayonza bemeza ko u Rwanda rwabonye ubwigenge mu 1962, mu gihe hari abavuga ko ubwigenge bwabonetse mu Rwanda nyuma y’urugamba rwo kubohoza igihugu rwakozwe na FPR-Inkotanyi.
Côte d’Ivoire ngo nicyo gihugu muri iki gihe kiganwa cyane na benshi mu Banyafurika baba bahunga gutotezwa bazira gukorana imibonano mpuzabitsina n’abo bahuje ibitsina mu bihugu bakomokamo.
Umusore w’imyaka 20 n’umugore w’imyaka 27 bafunze bakekwaho kugerageza kwinjiza ibiyobyabwenge mu kigo cy’amashuri Sonrise giherereye mu murenge wa Cyuve akarere ka Musanze.
Nyuma y’uko ishuri Community Integrated Polytechnic (CIP) rifungiye imiryango by’abateganyo mu ntangiriro z’ukwezi kwa gatanu uyu mwaka, abaryizemo bakomeje guhangayikishwa n’uko barimo kudindira nyamara bo barakoze ibyo basabwaga ngo bakurikire amasomo yabo nta nkomyi.
Leta ya Amerika iravuga ko u Rwanda rushobora kubera urugero ibindi bihugu byo mu karere ruherereyemo mu rwego rwo kwiyubaka, kubungabunga amahoro no kugera ku bumwe n’ubwiyunge hagati y’abaturage babyo.
Vital’o FC, ikipe yari ihagarariye u Burundi mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2013 ryaberaga muri Sudan, niyo yegukanye igikombe, nyuma yo gutsinda APR FC ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma wabereye mu mujyi wa Elfasher mu ntara ya Darfur.
Abanyekongo baba mu bice bitandukanye by’akarere ka Nyanza bifatanyije n’inshuti zabo mu kwizihiza umunsi igihugu cyabo cyahoze cyitwa Zaire ubu kikaba ari Repubulika iharanira Demokarasi ya congo cyaboneyeho ubwigenge tariki 30/06/1960.
Umwongereza witwa Angelica Bull ameze neza ariko ibyo ntibimuza gutegura imihango y’ishyingurwa rye. Ngo amaze imyaka itatu ategura akantu ku kandi uko bazamuherekeza bwa nyuma asoza urugendo rwe ku isi.
Mu gihe abantu benshi bamenyereye gufata amafunguro inshuro eshatu cyangwa zirenga ku munsi, umugabo witwa Kirby Lanerolle wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaze amezi 10 atunzwe n’umwuka.
Mukamwiza Jeannette w’imyaka 24, wo mu murenge wa Bwishyura akarere ka Karongi yatawe muri yombi tariki 30/06/2013 afatanywe urumogi rufunze mu dupfunyika (boules) 800, ariko akemera ko yari yamaze kugurishaho 200, bivuga ko yari afite utubure 1000.
Tariki 1 Nyakanga 1962, u Rwanda rwabonye ubwigenge maze abakoloni b’Ababiligi barekura imyanya bari bafite mu butegetsi bw’igihugu, baha ubutegetsi abene gihugu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buvuga ko hariho gahunda yo kongera ibikorwa remezo birimo imihanda, amahoteli ndetse no gutunganya ahantu nyaburanga mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubukerarugendo n’ishoramari muri ako karere.
Ingengo y’imari akarere ka Rulindo kazakoresha mu mwaka 2013-2014 izaba izaba ingana na miliyari 9, miliyoni 130, ibihumbi 870 n’amafranga 204 nk’uko byemejwe n’inama njyanama y’ako karere tariki 30/06/2013.
Leta y’u Rwanda ibinyujije mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) yageneye ishimwe umuryango ukorera mu Bwongereza witwa MSAADA kuko ukomeje gukora ibikorwa bikomeye mu guteza imbere ubworozi mu Rwanda.
Abayobozi ba za Farumasi z’uturere tugize u Rwanda tariki ya 29 Kamena 2013, boroje inka 2 umusaza n’umukecuru barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu Murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Mu masaha ya saa tatu za mu gitondo tariki 01/07/2013, inzuki zamaze amasaha abiri zabujije abagenzi gutambuka bavaga cyangwa bajya mu isoko mu mudugudu wa Kigarama mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.
Ku cyumweru tariki 30/06/2013, Inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe yarateranye yemeza ingengo y’imari aka akarere kazakoresha mu mwaka wa 2013-2014, iyi ngengo y’imari ikaba ingana na miliyari 10 miliyoni 805 ibihumbi 998 n’amafaranga 139.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, avuga ko nk’Umunyarwanda yaterwaga ipfunwe na Leta zaje zikurikira ubwigenge bwo ku ya 01/07/1962 ariko ngo yageze aho arabyibohora.
Ubwo abacuruzi bo mu karere ka Rusizi bibukaga ku nshuro ya kabiri bagenzi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, abafashe amagambo hafi ya bose bibanze ku mbaraga abacuruzi bikorera bagaragaje mu gushyigikira Jenoside.
Ubwo yasozaga ihiriro ry’urubyiruko 800 rwaturutse mu turere twose ryasojwe tariki 30/06/2013 mu mujyi wa Kigali, Perezida Paul Kagame yavuze ko abantu bari kuvuga ko mu Rwanda nta rubuga rwa politike ruhari ari abashinyaguzi badashakira amahoro Abanyarwanda.
Koperative yo kubitsa no kuguriza Duterimbere-COPEDU Ltd, tariki 29/06/2013, yahaye abapfakazi inka eshanu zifite agaciro ka miliyoni hafi eshatu z’amafaranga y’u Rwanda bo mu Murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yavuze ko ihuriro ry’urubyiruko ryiswe “Youth Connekt Dialogue”, ari ikimenyetso cy’uko u Rwanda rwongeye kubohorwa n’abana bato, nk’uko abari ingabo za RPA bahagaritse amateka y’amacakubiri na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ntamakiriro w’imyaka 21 utuye mu mudugudu wa Kabeza mu kagari ka Tangabo, umurenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro yahondaguye se umwase mu mutwe amukubita n’umutwe mu mbavu ku bw’amahirwe abaturage babasha kuhagoboka ataramumaramo umwuka.
Sosiyete ishinzwe gutwara abantu n’ibintu mu ntara y’Amajyepfo Volcano Express yubakiye umukecuru wibana mu karere ka Ruhango witwa Mukangango Beta inaha amatungo magufi abaturanyi be mu rwego rwo kuremera abatishoboye basizwe iheruheru na Jenoside.
Intore zo mu murenge wa Mukindo mu karere ka Gisagara zirashimwa ibikorwa zakoze mu gihe cy’urugerero, ariko zigasaba ko ubutaha ikibazo cy’ibikoresho zahuye nazo cyazakosorwa.
Abaturage baravuga ko bishimira intambwe igaragara yatewe mu rwego rw’ubutabera babifashijwemo cyane cyane n’inzu z’ubujyanama mu by’amategeko zabashyiriweho muri buri karere, zizwi cyane nka MAJ.
Urubyiruko rwibumbiye mu matsinda y’itangazamakuru (media clubs) mu mashuri yisumbuye yo mu karere ka Huye, ruratangaza ko rwiteguye kuzakora itangazamakuru rizira amacakubiri, rugamije kubaka u Rwanda ruzira Jenoside.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama, kuri icyi cyumweru tariki 30/06/2013, yatangaje ko afite umushinga ugamije kugeza amashanyarazi ku Banyafurika benshi batuye munsi y’ubutayu bwa Sahara.
Abagize urugaga rw’abikorera ku giti cyabo (PSF) mu karere ka Nyanza, ku mugoroba wa tariki 30/06/2013, bibutse abacuruzi 144 bimaze kumenyekana ko bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umuganda rusange wabaye tariki 29/06/2013 mu karere ka Ruhango mu murenge wa Byimana akagari ka Mpanda, waranzwe no gutunganya ahazamurirwa abantu batuye ahantu hahanamye “high risk zone”.
Amahirwe ya Rayon Sport yo kongera kwegukana igikombe cya CECAFA ku nshuro ya kabiri yarangiye ubwo yatsindwaga na Vital’o yo mu Burundi igitego 1-0 mu mukino wa ½ cy’irangiza wabereye Elfasher muri Soudan ku wa gatandatu tariki 29/06/2013.
Ishuri Rikuru rya Kibogora (Kibogora Polytechnic-KP) riri mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa gatandatu tariki 29/06/2013 ryafunguye imiryango yaryo ku mugaragaro nyuma y’igihe kigera ku mwaka ritangiye gutanga inyigisho.
Nk’uko bikomeje gutangazwa n’abaturage batuye mu mirenge itandukanye mu karere ka Rulindo, ngo basanga kuba Leta y’u Rwanda yaratekereje kubazanira gahunda y’imirenge SACCO ari ikintu bakwiye guhora bayishimira.
Muri iki gihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 94, hirya no hino mu karere ka Rulindo hakomeje kubera ibikorwa byo kwibuka mu bigo by’amashuri, aho abanyeshuri bigishwa bakanasobanurirwa ibyabaye muri Jenoside.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, arakangurira abaturage b’akarere ke kugira uruhare mu kurwanya ruswa kuko hari aho bigaragara ko abayobozi baka ruswa abaturage bayoboye kugirango babahe serivisi mu busanzwe bidasaba ko zishyurwa.
Ubwo umuyobozi w’akarere ka Ruzisi yasozaga ibikorwa byo kurugerero kuwa 29/06/2013, yashimye Intore ku bikorwa zageje ku murenge ariko agaragaza ko mu bukangurambaga zakoze ntaho rigaragaza umusaruro wagiye uvamo.
Umwe mu bagore bakoraga umwuga w’uburaya mu karere ka Rusizi yiyemeje kubireka ngo kuko amafaranga akuramo atera umwaku aho gutera imigisha; ngo iyo amaze kuyabona mu kanya gato amera nkutayakoreye.