Kwamamaza abakandida depite b’umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Gatsibo byatangiriye i Nyarubuye, mu murenge wa Kageyo kuri uyu wa kabiri tariki 27/08/2013.
Umuyobozi wungirije wa komisiyo y’igihugu y’amatora, Ndahiro Kansanga Marie Odette, arasaba Abanyarwanda bazitabira amatora kuzatora neza umukandida bumva ari ingirakamaro kuko ngo uzatora imfabusa azaba nawe yigize imfabusa.
Umuyobozi w’ingabo mu turere twa Karongi, Rutsiro na Ngororero, Colonel Evariste Murenzi, arasaba umuntu wese, nubwo yaba ari umusirikare, ko atagomba kwegera cyangwa gukora ku gisasu gitoraguwe ahantu runaka.
Ubwo abakandida-depite b’umuryango FPR-Inkotanyi biyamamazaga mu karere ka Nyabihu, tariki 27/08/2013, abaturage baturutse mu mirenge ya Jomba, Muringa na Rurembo bavuze ko hari byinshi bakesha umuryango FPR-Inkotanyi bituma bazitabira gutora abakandida bayo.
Kuva saa 11h55 zo kuri uyu wa 28/08/2013, ibisasu bitatu bimaze kugwa mu Rwanda bivuye muri Kivu y’Amajyaruguru aho ingabo za Congo (FARDC) zihanganye n’inyeshyamba za M23 mu bice bya Kanyarucinya.
Abanyamuryango barenga 3000 ba FPR-Inkotanyi n’ab’indi mitwe ya politike yishyize hamwe bahuriye mu kagari ka Birambo umurenge wa Gashari mu karere ka Karongi, tariki 27/08/2013, mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida babo bahatanira kuzajya mu Nteko Ishinga Amategeko.
Umuyobozi w’intara y’Iburasirazuba,Uwamariya Odette , aravuga ko igihembwe bamaze kucyitegura bafatanije n’ikigo cya Leta cy’ubuhinzi (RAB) aho imbuto zamaze kugera hafi y’abahinzi.
Rwagasore Protais w’imyaka 46 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Ryinkuyu akagali ka Bushoga, umurenge wa Nyagatare yagwiriwe n’ikirombe cy’amabuye yifashishwa mu bwubatsi mu gihe yayacukuraga tariki 26/08/2013 ahita yitaba Imana.
Mu Karere ka Huye, Umuryangi FPR-Inkotanyi ni wo wabimburiye andi mashyaka kuwa 27/8/2013mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida bazawuhagararira mu nteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite.
Umuyobozi w’umuryango wa RPF-Inkotanyi mu ntara y’Uburasirazuba yemeza ko ibikorwa RPF imaze kugeraho ubwabyo biyamamaza muri aya matora, mbere yuko abanyamuryango bagira icyo bavuga.
Umuryango nyarwanda uharanira kurengera ubuzima (Health Development Initiative:HDI) urasaba ko urukingo rwa SIDA rwageragejwe mu nyigo yiswe PrEP, rwaboneka kandi ku giciro gito cyane kugirango rufashe abafite akaga ko kwandura agakoko gatera SIDA bose kutandura.
Ubwo yatangizaga gahunda y’ibiterane byiswe “Rwanda Shima Imana” bizakorerwa hirya no hino mu gihugu, umuvugabutumwa w’Umunyamerika, Pastor Rick Warren, yatangaje ko gahunda yo gukorera ku ntego ari icyifuzo cy’Imana ku Rwanda n’Abanyarwanda
Umugabo witwa Iyamuremye wo mu murenge wa Ririma mu karere ka Bugesera yakomerekejwe n’ingona ku myanya ndangagitsina, tariki 26/08/2013, akaba arwariye mu bitaro bya ADEPR Nyamata.
Bugingo Augustin w’imyaka 58 utuye mu Mudugudu wa Nyamarebe, akagari ka Gakenke, umurenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo yatawe muri yombi tariki 26/08/2013 akekwaho kwica umugore we witwa Mukakarangwa nawe w’imyaka 53 amutemye.
Nyuma y’uko akarere ka Gakenke kahembwe abayobozi b’imidugudu bahize abandi mu gushishikariza abaturage gahunda za Leta zirimo umuganda, mitiweli, n’izindi mu mwaka ushize, ubu bamwe mu bayobozi bafite ishyaka ryo gukora cyane kugirango nabo bazegukane ibyo bihembo.
Umuyobozi w’ishyaka rya PS Imberakuri, Christine Mukabunani, aravuga ko ishyaka rye niritorerwa kujya mu nteko ishinga amategeko muri manda itaha rizaharanira impinduka mu burezi n’ubuvuzi.
Komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi akaba na Minisitiri w’Intebe yabwiye abatuye umurenge wa Remera akarere ka Musanze ko FPR-Inkotanyi itazigera itenguha Abanyarwanda, nk’uko itigeze inabikora mu gihe cyose imaze.
Leta y’u Rwanda yishyuye amafaranga arenga miliyari 2,37 mu manza yatsinzwe mu nkiko, ahanini bitewe no kutubahiriza amasezerano ibigo byayo byagiranye na ba rwiyemezamirimo ndetse na bamwe mu bakozi bagiye birukanwa binyuranyije n’amategeko.
Abantu 134 bari mu maboko ya Polisi y’igihugu, nyuma yo gufatirwa mu bikorwa bitandukanye bya operation Polisi y’igihugu yari imazemo ukwezi igenzura ibihungabanya umutekano w’u Rwanda muri rusange.
Umuyobozi w’ingabo za ICGRL zigenzura imipaka y’igihugu cy’u Rwanda na Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, Gen. Geoffrey Muheesi, yasabwe na Congo gusubira mu gihugu cye ashinjwa kuba inshuti y’inyeshyamba za M23 hamwe n’u Rwanda.
Umusore w’imyaka 23 y’amavuko ucumbitse mu mujyi wa Nyanza ari naho akora kuri station ya essence yafatiwe kuri butike agiye kugura ibintu maze amasaha atatu amushiriraho asobanura imvo n’imvano y’amafaranga yishyuye yaketswe ko yaba ari amahimbano.
Umugabo w’imyaka 38 witwa Samson utuye mu Karere ka Bagamoyo mu Ntara ya Pwani muri Tanzaniya yatawe muri yombi nyuma yo gukora amahano arongora umwana w’umukobwa w’imyaka 8 amugira umugore wa kabiri.
Umukobwa ukomoka i Musambira mu karere ka Kamonyi, wigaga mu ishuri rikuru rya Kabgayi (ICK) riherereye mu mu mujyi w’akarere ka Muhanga yagiye gusura umusore wari fiyansi we maze aza kuhakurwa yashizemo umwuka.
Ubwo ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri munyarwanda (Parti Liberal) ryatangiraga gahunda yaryo yo kwiyamamaza, tariki 26/08/2013, abarwanashyaka baryo basobanuriwe ko igihugu kitatera imbere kiyobowe n’ishyaka rimwe.
Hamaze iminsi havugwa amakuru y’ubukwe bwaba bwenda kuba bwa Knowless na Clement ariko aba bombi barabihakana.
Ku wa gatandatu tariki 31/08/2013 muri Sport View Hotel hazerekanwa imideli izagaragaramo imyambaro y’Abanyarwanda ba cyera cyane mu gihe bambaraga ishabure.
Inzego za polisi mu gihugu cya Argentine zatahuye ko hari abacuruzi b’ibiyobyabwenge bari barigishije inyoni z’inuma kujya zitwara urumogi zikarugemurira abanywi barwo mu duce twa kure batagize aho bahurira n’inzego z’umutekano.
Mu isambu y’umuturage witwa Kamegeri mu kagari ka Burima umurenge wa Kinazi, tariki 26/08/2013 hatoraguwe imibiri y’abantu bane batazwi.
Ubuyobozi bw’ikipe ya La Jeunesse bwatangaje ko ikipe yabo itazitabira shampiyona y’uyu mwaka izatangira tariki 21/09/2013, kubera ko ari nta mikoro ifite, nyuma y’aho sosiyete yitwa Tinco yayiteraga inkunga isheshe amasezerano bari bafitanye.
Umushinwa witwa Dong Hai amaze imyaka 30 afungiye mu kazu gato kameze nk’umwobo yafungiranywemo n’ababyeyi be mu mwaka wa 1983 ubwo ngo bamubonagaho indwara idasanzwe kandi ibitaro by’iwabo bikanga kumwakira ngo bimuvure.
Kuri uyu wa kabiri tariki 27/08/2013, ikipe y’u Rwanda ya Basketball irakina na Senegal muri 1/8 cy’irangiza mu mikino y’igikombe cya Afurika (Afrobasket 2013) irimo kubera i Abidjan muri Cote d’ivoire.
Mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida-depite b’ishyaka PSD cyatangiriye mu karere ka Gicumbi tariki 26/08/2013, abayobozi b’iryo shyaka batangaje ko muri manda yaryo ya 2013 -2018 bazubaka umuhanda Nyagatre-Gicumbi.
Abapfakazi ba Jenoside bibumbiye mu muryango AVEGA Agahozo mu ntara y’Uburengerazuba barizezwa ko ibibazo bagifite bizakemuka kuko uwo muryango ugifitanye umubano mwiza n’abaterankunga; nk’uko byemezwa na Mukandori Dancile, Visi Prezidante wa AVEGA ku rwego rw’igihugu.
Nyuma yo gutsindwa n’amakipe yose uko ari ne yari kumwe nayo mu itsinda, ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 21, yasezerewe mu mikino y’igikombe cy’isi kirimo kubera muri Turukiya.
Inkongi y’umuriro yafashe ibiro by’ubutaka by’intara y’Uburasirazuba mu ijoro rishyira tariki 15/08/2013, nta byangombwa bikomeye yangije nk’uko bivugwa na Mukunzi Augustin Emmanuel, umubitsi wungirije w’impapuro mpamo z’ubutaka mu ntara y’uburasirazuba.
Kaminuza ya Kibogora (Kibogora Polytechnic) ngo igiye guteza imbere ikoranabuhanga mu myigishirize ku buryo buri munyeshuri uzajya ayigamo azabasha kugira mudasobwa ye (laptop) kandi akaba afite ubumenyi bwo kuyikoresha, bityo bikazazamura ireme ry’uburezi ku bahavoma ubumenyi.
Muri kampanyi yo kwiyamamaza kw’abakandida-depite yatangiye kuri uyu wa mbere tariki 26/08/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, wifatanyije na FPR-Inkotanyi mu karere Kamonyi yavuze ko uyu muryango abereye umuyobozi, uzakomeza kuba moteri idakwama y’iterambere n’imiyoborere myiza by’u Rwanda.
Karekezi Olivier wari kapiteni w’ikipe y’u Rwanda (Amavubi) yahagaritse burundu kuyikinira nyuma y’imyaka 13 yari ayimazemo kuva mu mwaka wa 2000 kugeza muri uyu mwaka wa 2013.
Umukecuru witwa Tindimuma Salme w’imyaka 58 wari utuye mudugudu wa Kirimbi, akagari ka Gihanga, umurenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi yiyahuye akoresheje umugozi.
Umukozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana ushinzwe ubushakashatsi kuri politike zigamije imibereho myiza, arashima uburyo Leta y’u Rwanda yahurije hamwe gahunda zigamije kurengera abatishoboye.
Abagabo babiri bo muri Kenya bisanze bakunda umugore w’umupfakazi umwe utuye mu Ntara ya Mombasa bananirwa guharirana bafata umwanzuro wo kumutunga bombi bakazanafatanya kurera abana bazabyara.
Muri gereza ya Rilima iri mu karere ka Bugesera haravigwa ubushyamirane hagati y’abagororwa n’abacungagereza, ubwo bushyamirane bukaba bwaraturutse kuri sharijeri ya telefone igendanwa.
Abanyarwanda bongeye gusubira gukorera i Goma nyuma y’ubwoba bwinshi batewe n’imyigaragambyo yabaye taliki 24/08/2013 ikagira n’Abanyarwanda ihitana.
Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Kongo- Kinshasa (MONUSCO) zirashinjwa urupfu rw’abanyekongo babiri bitabye imana barashwe mu myigaragambyo yabaye tariki 24/08/2013.
Bamwe mu batuye mu karere ka Muhanga barasaba Leta ko yashyiraho ikigo ngororamuco cy’abakobwa b’inzererezi kuko nabo bamaze kurembya Abanyarwanda benshi.
Umusaza w’imyaka 68 witwa Ntahungakaje Anastase yiyahuye yishyize mu kagozi arapfa ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 25/ 08/2013, bikekwa ko yabitewe no kurambirwa no kubana n’ubwandu bwa Sida.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye arasaba abana b’abakobwa kwirinda abagabo n’abasore bagamije kubashora mu ngeso z’ubusambanyi ahubwo bakubaka ejo hazaza habo.
Minisiteri ishinzwe guhangana n’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) igiye gutangiza uburyo bwo gutanga amakuru byibura mbere ho amasaha atatu, ku mvura ishobora kugwa cyangwa ibiza bishobora kwitura ku baturage.