Nubwo amarushanwa ajyanye no guhemba abahanzi akiri make cyane hano mu Rwanda, bamwe mu bahanzi ntibemeranya ku bigenderwaho ndetse bakomeje kwibaza impamvu bo batajya bayagaragaramo.
Umusirikare wa Congo ufite ipeti rya Sergent wari winjiye mu Rwanda ku buryo bunyuranyije n’amategeko taliki ya 19/1/2014 kubera ibiyobyabwenge yasubijwe igihugu cye kuri uyu wa 29/01/2014 binyuze mu itsinda rigizwe n’ingabo z’umuryango wa ICGLR zicunga umupaka uhuza u Rwanda na Congo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko bwafashe icyemezo cyo guhinduranya abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari ndetse n’abashinzwe imibereho myiza n’ubukungu mu tugari (IDP) 47 mu rwego rwo kunoza imikorere no kugira ngo barusheho gutanga umusaruro uruta uwo batangaga.
Ababyeyi bafite abana biga mu mashuri y’incuke n’abanza mu karere ka Kayonza ntibavuga rumwe ku cyemezo cya Minisiteri y’Uburezi gitegeka abayobozi b’ibigo by’amashuri byacumbikiraga abana bari mu nsi y’imyaka 10 kubihagarika.
Abagabo batatu bari bacumbitse mu murenge wa Gishari mu karere ka Rwamagana bafungiwe kuri station ya polisi ya Kigabiro bakurikiranyweho kwiba inka ngo bashakagamo amafaranga yo kuryamo inyama no kugura amayoga yo ku munsi mukuru w’Ubunani.
Abakora akazi ko gutwara abantu kuri moto (abamotari) bo mu karere ka Musanze, barasabwa kugira uruhare rugaragara mu kubungabunga umutekano, batangira amakuru ku gihe, banagaragaza uwo bakekaho ibikorwa byo guhungabanya umutekano.
Abantu 17 bamaze kwakirwa n’ibitaro bya Ruhengeri, kuva tariki 26/01/2014, aho baza bavuga ko bariwe n’igisimba batazi ubwoko bwacyo, kikabakomeretsa ndetse kikaba gishobora no kuba cyahitana ubuzima bw’umuntu.
Ku bufatanye bw’ibitaro bya Gisirikari by’u Rwanda n’ikigega kigenewe gutera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye (FARG), kuva 27/01/2014 kugeza tariki 01/02/2014, abarokotse Jenoside bo mu karere ka Nyamagabe bari guhabwa ubuvuzi mu ndwara zinyuranye basigiwe na Jenoside.
Ingabo z’u Rwanda 56 nizo zasoje ibyiciro by’abajya mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Centrafrique (CAR), bakaba basanze bagenzi babo batangiye kugenda kuva tariki 16 z’uku kwezi kwa Mutarama 2014.
Bitandukanye n’ibyari byatangajwe mu kwezi k’Ukuboza mu mwaka ushize wa 2013, ko yari yemeye bimwe mu byaha akurikiranyweho byo kugirira nabi ubutegetsi bw’u Rwanda buriho; kuri uyu wa kabiri tariki 28/01/2014, Lt Joel Mutabazi yabwiye urukiko ko atemera ibyo ubushinjacyaha bumurega byose.
Abayobozi mu ihuriro mpuzamahanga ry’abanyabugeni n’abanyabukorikori bo muri Burkina Faso basuye abanyabugeni bo mu Rwanda mu rwego rwo kubakangurira kujya bitabira imurikagurisha ribera muri icyo gihugu kuko iyo abantu baje muri iryo murikagurisha baba bashaka ibintu byo mu Rwanda cyane.
Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, Ernest Ruzindaza atangaza ko umushinga wo kuhira imyaka mu karere ka Bugesera wabayemo uruhurirane rw’ibibazo byatumye utagera ku musaruro wari utegerejweho ariko ngo ugiye kongerwamo ingufu kugirango utange umusaruro.
Ishami rishinzwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu ngabo z’u Rwanda (RDF) rirasaba abagore b’abasirikare bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke kurushaho kuba inyangamugayo biyubaha mu bikorwa byabo bya buri munsi barwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Ikigo ngenzuramikorere (RURA) kiratangaza ko abantu badakwiye kugira impungenge ku ikoreshwa ry’uburyo bugezweho bwo gusakaza amajwi n’amashusho bwa digital, kuko buzanye ibyiza gusa ku bakoresha televiziyo.
Umufaransa witwa Luc COTTERELLE umaze imyaka ibiri azenguruka ibihugu bya Afurika akoresheje moto yashimye uko yacumbikiwe ku kigo cy’amashuri cya Gihinga II ubwo bwari bumwiriyeho ageze mu karere ka Rutsiro tariki 25/01/2014.
Mu muhango wo kwakira abanyeshuli 71 bashya baje kwiga mu ishuli rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (ILPD) wabaye ku wa 27/01/2014 byagaragaye ko abanyamahanga ari bo bitabiriye kuryigamo ari benshi.
Abanyeshuri biga muri za kaminuza zibarizwa mu karere ka Ngoma ndetse n’abarimu babo barasabwa kujya bitabira umuganda rusange w’ukwezi nk’abandi Banyarwanda aho kwitwaza impamvu z’amasomo bakawusiba.
Musabyimana Augustin yitabye Imana saa mbiri n’igice z’ijoro tariki ya 28/01/2014 agonzwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster yamugongeye mu mudugudu wa Mutobo akagari ka Mahembe umurenge wa Byimana akarere ka Ruhango.
Ikipe y’u Rwanda mu mupira w’amaguru w’abatarengeje imyaka 20, izabanza gukina na Sudan y’Epfo mu mikino y’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Senegal umwaka utaha.
Mu biganiro kuri gahunda ya “Ndi umunyarwanda” byatangiye mu mirenge yose igize igihugu tariki 27/01/2014, abagize inzego zihagarariye abaturage, bibukijwe ko politiki y’ikinyoma yatwikiriye ibikorwa by’ubutegetsi bubi, abaturage bagacengezwamo amacakubiri n’ubwicanyi ku buryo bageze n’aho bakora Jenoside.
Abakozi batatu bakoraga muri koperative yo kubitsa no kuguriza ya Kiziguro Isonga Sacco (KISACCO) bafunzwe bazira kunyereza umutungo ungana na miliyoni 5, naho umucunga mutungo w’iyi koperative we yahise aburirwa irengero, ubu akaba akiri gushakishwa n’inzego z’umutekano.
Nyuma y’icyiciro cya mbere cy’ibiganiro kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” cyibanze ku nzego nkuru z’Igihugu n’urubyiruko bikagera ku rwego rw’Akarere, kuva tariki 27/01/2014 iyi gahunda yatangijwe ku rwego rw’umurenge, aho abayobozi b’Imidugudu, Utugari, n’Umurenga bahuriye hagamijwe gutegura iyi gahunda ku rwego (…)
Abantu batandatu bakomerekejwe bikomeye n’igisasu cyo mu bwoko bwa grenade, cyaturutse mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere tariki ya 27/01/2014 mu kayira kari inyuma y’ishuri rikuru rya Polisi riherereye mu mujyi wa Musanze.
Ubwo yifatanyaga n’abaturage b’akarere ka Gisagara kwakira urumuri rw’icyizere rutazima, Depite Spèciose Mukandutiye yavuze ko buri Munyarwanda natwara uru rumuri mu mutima we umwijima wazanywe na Jenoside yo muri mata 1994 uzimuka hagahora umucyo.
Intumwa y’umuryango w’abibumbye ku burenganzira bwa muntu, Maina Kiai, yavuze ko nta gushidikanya guhari ko iterambere mu by’ubukungu u Rwanda rugezeho mu gihe gito nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, rigiye kujyana no guha abaturage uburenganzira n’ubwisanzure bwa buri muntu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, arasaba ingabo z’igihugu (RDF)kuba imbarutso y’umuvuduko w’iterambere ryihuse igihugu gifuza kugeraho.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera bakekwaho icyaha cyo gutema inka y’umuturanyi wabo warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu Rwanda mu 1994.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe rwahamije umugore witwa Uwamahoro Dative icyaha cyo kwica uwo bashakanye ndetse no kuzimanganya ibimenyetso, runamukatira igihano cyo gufungwa imyaka 10 no gutanga ihazabu y’amafaranga ibihumbi 100.
Nyuma yo kubona ikigo nderabuzima mu murenge wa Cyumba wo mu karere ka Gicumbi abagore bajyaga kubyara ndetse n’abandi barwayi bavuga ko kibagobotse urugendo rurerure bakoraga bajya kwivuza kure y’aho batuye.
Umugore n’umugabo batuye mu murenge wa Muhanga mu karere Muhanga bari mu makimbirane ashingiye ko bashakanye bemeranijwe amafaranga nyuma ntiyaboneka.
Nyuma yuko akarere ka Ngoma gatangarije ingengo y’imari ingana na miliyari zirenga gato 10 kazakoresha mu mwaka wa 2013/2014, nyuma y’amezi atandatu iyi ngengo y’imari yavuguruwe yongerwamo amafaranga hafi miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda.
Nyuma yuko akarere ka Ngoma kasheje umuhigo wo kwiyubakira inyubako z’ibiro by’utugali twose tugize aka karere zijyanye n’igihe, utu tugali twose ngo tuzanashyirwamo televiziyo zizajya zifasha abaturage kureba amakuru yo hirya no hino.
Abagore babiri (Uzamurera Elizabeth w’imyaka 35 y’amavuko na Kabatesi Christine w’imyaka 34 y’amavuko) bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa ibiro 12 by’urumogi barujyanye mu mujyi wa Kigali.
Bamwe mu baturage b’akarere ka Nyabihu basanga gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” bamaze iminsi basobanurirwa hamwe n’umunsi w’Intwari wizihizwa buri tariki ya mbere Gashyantare bifitanye isano ikomeye kandi byuzuzanya.
Umuhanzi Eric Senderi uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Senderi International Hit aratangaza ko kuri ubu abasore bariho kandi ko na cash zabonetse. Ibi yabitangaje abinyujije mu ndirimbo ye “Abasore bariho nta cash” aherutse gusubiramo akayita “Zarabonetse”.
Nyuma y’ibyumweru bibiri n’igice Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania, bavuye mu nkambi ya Rukara na Kiyanze bagatuzwa mu karere ka Ruhango, barishimira uko bakomeje kwitabwaho n’abo baje basanga.
Mwitenawe Augustin, umwe mu bahanzi bo mu Rwanda bo hambere, avuga ko atemeranya n’abavuga ko umuziki wo mu Rwanda wateye imbere ngo kuko ntiwatera imbere kandi abaririmbyi benshi bo mu Rwanda b’iki gihe bigana injyana z’ahandi aho kuririmba mu njyana kavukire.
Abakozi 11 bakoraga isuku mu kigo cy’imyuga cya Kavumu kiri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza barashinja rwiyemezamirimo witwa Agaba Sylvan kuba yarabambuye amafaranga y’ukwezi kwa karindwi mu mwaka ushize wa 2013.
Aimable Bayingana, wari umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda yongeye gutorerwa kuyobora iryo shyirahamwe mu gihe kingana n’imyaka ine, mu matora yabereye ku cyicaro cy’iryo shyirahamwe ku cyumweru tariki ya 26/1/2014.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux yavaga i Rusizi yerekeza i Kigali, yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka ubwo yari igeze mu kagari ka Buvungira murenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke. Cyakora abantu babiri bari bayirimo barokotse nta cyo babaye.
Umuzungu witwa Wolfgang ukomoka mu gihugu cy’u Budage arimo kuzenguruka u Rwanda n’igare, akaba ari igihugu cya 14 agezemo muri Afurika ngo afite gahunda yo kuzazenguruka ibihugu byose by’Afurika.
Umunya-Espagne Juan Mata yamaze kugera ku mugaragaro i Old Trafford muri Manchester United ndetse akaba yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ine, anahabwa umwambaro uriho numero 7 mu mugongo.
Umugabo witwa Harelimana Vedaste w’imyaka 60 yatoraguwe mu kinani ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/01/2014 mu Mudugudu wa Murambi mu Kagali ka Kagoma, Umurenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke yitabye Imana.
Ministeri y’Ubuzima yemeza ko ibitaro bya Kibogora mu karere ka Nyamasheke, Ibitaro bya Shyira mu karere ka Musanze ndetse n’ibya Mugonero mu karere ka Karongi byarangije umwaka wa 2013 nta mubyeyi n’umwe uhapfiriye mu gihe cyo kubyara.
Ministiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasobanuriye abantu uko Perezida Kagame ameze; avuga ko ari umwe mu bakuru b’ibihugu bakunda abaturage birenze uko bikunda, kandi ko aciye bugufi ariko akazirana n’umuntu umushotora.
Mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona y’u Rwanda wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku cyumweru tariki ya 26/1/2014, Rayon Sport yatsinze Kiyovu Sport ibitego 3-1, ishimangira umwanya wa kabiri.
Abaturage bo mu kagari ka Ruyenzi, umurenge wa Runda mu karere ka Kamonyi barashishikarizwa kwitabira umuganda ari benshi kuko abayobozi baboneraho kuhatangira ubutumwa bugenewe abaturage, bakanabagezaho zimwe muri gahunda za Leta.
Minisiteri w’Ubucuruzi n’Inganda iratangaza ko yamaze gufata icyemezo cyo kubaka uruganda rucicicitse rutunganya amabuye y’agaciro mu karere ka Rutsiro mu rwego rwo kongerera agaciro umusaruro w’amabuye aboneka muri ako karere no mu nkengero zako.