Mu ma saa tanu yo mu ijoro rishyira tariki 27/06/2013, ikamyo yari itwaye amavuta ya vidanje iyakuye i Mobassa iyajyana i Bujumbura yibirinduriye mu ikoni ry’aho bita ku mukobwa mwiza, mbere gato y’uko zinjira mu mujyi wa Butare.
Urwego rushinzwe kubungabunga ibidukikije mu Karere ka Gatsibo ruvuga ko abakora umwuga w’ububazji bo muri aka Karere batema ibiti bakoresha mu mwuga wabo ku buryo butemewe n’amategeko.
Abayobozi mu nzego zitandukanye n’abahinzi-borozi bagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa mu karere ka kirehe kuva ku rwego rw’umudugudu kuzamura bashimiwe ku mugaragaro mu nkera y’imihigo yabaye tariki 26/06/2013 bahabwa n’ibihembo by’ibikoresho bizabunganira mu kazi bakora.
Nyuma y’umwaka wose Karamuka Junior uzwi nka producer Junior Multisystem avuye muri Bridge Records benshi banemeza ko yahavuye nabi, yagarutse avuga ko muri Bridge Records ari ku ivuko kandi ko nta kibazo yigeze agirana nabo.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana icumbikiye abasore batatu bemera ko bibye umucuruzi witwa Uwurukundo Ignace igihe bari bamusabye ko ava mu iduka rye akajya kubayobora aho bavugaga ko bashaka gukodesha inzu.
Ubwo hemezwaga ingengo y’imari y’umwaka 2013-2014, abagize Inama njyanama y’akarere ka Ngoma bagaragaje ko bishimiye kuba baragize uruhare mu kuyitegura bitandukanye na mbere kuko yategurwaga n’akarere bakaza baje kuyemeza gusa.
Mahoro Alexis w’imyaka 28 y’amavuko yasanzwe mu muhanda wa kaburimbo yapfuye mu ijoro rya tariki 25/06/2013, ariko icyamwishe ntikiramenyekana.
Patient Bizimana, Gaby Irene Kamanzi na Alphonse Bahati batorewe guhatanira igihembo cy’umuhanzi nyarwanda muri African Gospel Music Awards kuri ubu bari kwitegura urugendo rwerekeza i Londre mu muhango wo gusoza ayo marushanwa tariki 06/07/2013.
Brig Gen Dan Gapfizi waguye mu mpanuka y’imodoka tariki 25/06/2013 azashyingurwa kuwa Gatanu, tariki 28/06/2013 mu irimbi rya Gisirikare Kanombe; nk’uko tubikesha itangazo ry’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF).
Nyuma yaho mu tugari tumwe na tumwe hagiye habura ibikoresho, umuyobozi w’akarere ka Rusizi arasaba abayobozi kutarangara ngo bageze aho bibwa ibikoresho bya Leta. Mu kagari ka Shagasha baherutse kwiba televisiyo y’akagari yagenewe abaturage bayikuye mu biro by’ako kagari.
Abana 38 biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu karere ka Rusizi baratewe inda, abatungwa agatoki mu kubatera inda akaba ari abarezi babo akaba ariyo mpamvu ubuyobozi bw’akarere burimo inzego z’itandukanye batangiye igikorwa cyo kubakurikirana.
Inama Njyanama y’akarere ka Karongi yarateranye kuwa 26-06-2013, yemeza ko ingengo y’imari y’umwaka wa 2013-2014 ingana n’amafaranga miliyari 11 n’imisago; kandi ngo izakoreshwa neza kuruta iy’umwaka ugiye kurangira, kuko ngo amasoko azatangwa ku gihe kandi hakazabamo udushya twinshi.
Abacuruzi bacururiza mu ishoko rya Ruhango cyane cyane abakorera mu isoko rya kijyambere, barishimira imikorere ya radiyo nshya Ijwi rya Ruhango imaze iminsi mike itangiye gukorera mu mujyi wa Ruhango.
Kuri uyu wa gatatu tariki 26/06/2013, mu murenge wa Kamegeri mu karere ka Nyamagabe habereye umuhango wo gutaha no gushyikiriza minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ibikorwa remezo byubatswe ku nkunga ya Koreya y’Epfo ngo bifashe abaturage bo mu murenge wa Kamegeri na Gasaka.
Umugabo n’umugore b’Abanyarwanda bari bamaze iminsi mike barushinze ariko bataratangira kubyara, umugabo akaba akunze kugira akazi kenshi ku buryo niyo ari mu rugo ku mugoroba aba ari kuri laptop ye yandika. Ibi rero ngo byateraga umugore we umutima mubi hafi kwahukana.
Ishami ry’ingabo z’umuryango w’abibumbye zibungabunga amahoro muri Mali (MINUSMA) riratangaza ko Jenerali Jean-Bosco Kazura yamaze kugera mu gihugu cya Mali aho aje gutangira imirimo yo kuyobora uwo mutwe.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Williams Nkurunziza, yagejeje impapuro zimwemerera guhagarira u Rwanda mu Bwongereza ku mwamikazi Elizabeth II.
Umusore witwa Niyomugabo David utuye mu kagari ka Gasiza, umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, yakomerekejwe n’imbogo ubwo iyo mbogo yavaga muri parike y’ibirunga maze ikajya mu baturage igateza umutekano muke.
Umugabo witwa Ndimurwango Alphonse yatewe icyuma n’uwitwa Izagirukwayo amuhoye kuba yaranze ko acururiza kanyanga mu kabari ke kari mu gasantere ka Nkanika mu Mudugudu wa Karambo, Akagari ka Gakamba, Umurenge wa Mayange akarere ka Bugesera.
Ku bufatanye bw’umuryango The Aspinall Foundation, isosiyete kabuhariwe mu bwikorezi DHL yatwaye ingagi ziri mu miryango icyenda izivana ahitwa Port Lympne Wild Animal Park, Kent izigeza muri parike y’igihugu cya Gabon yitwa Batéké Plateau National Park.
Mu gihe ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) ndetse na minisiteri y’ubuzima mu Rwanda basaba Abanyarwanda kureka itabi kubera ko ryangiza ubuzima, umusaza witwa Kajanja Jonas wo mu murenge wa Kabaya mu kagali ka Gaseke avuga ko amaze imyaka myinshi atunzwe no guhinga itabi ku buryo atifuza ko ryacika.
Uwari umucungamari wa SACCO y’umurenge wa Hindiro mu karere ka Ngororero witwa Ayingeneye Vilginie yaburiwe irengero atorokanye amafaranga asaga miliyoni 21 z’iyo SACCO.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare ikomeje kuza ku isonga mu isiganwa ry’amagare ririmo kubera muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo.
Ikipe y’u Rwanda nkuru mu mukino wa Basketball mu bagabo, yitabiriye irushanwa ryo kwizihiza isabukuru y’imyaka 38 y’ubwigenge bwa Mozambique, imaze gutsindwa imikino ibiri n’ikipe y’icyo gihugu.
Abana 11 n’abagore 7 n’umugabo umwe bavuga ko bishimiye gutahuka mu gihugu cyabo nyuma y’imyaka 19 basiragira mu mashyamba ya Congo. Bageze mu Rwanda kuri uyu wa kabiri tariki 26/06/2013 binjiriye ku mupaka wa Rusizi ya mbere.
APR FC yageze muri ½ cy’irangiza mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ririmo kubera muri Soudan, nyuma yo gusezererqa Express yo muri Uganda iyitsinze ibitego 2-0.
Mu ruzinduko abanyeshuli bo muri college de Nkaka yo mu Karere ka Rusizi bari gukorera mu gihugu cy’Ubudage kuva tariki 20/06/2013 kugeza 03/07/2013 , barishimira uburyo bakiriwe n’abaturage bo mu mujyi wa Speyer mu gihugu cy’Ubudage.
Abaturage bahoze batuye mu cyahoze ari Komini Mutura bibutse ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bavuga ko Jenoside yatangiye 1990 hakorwa igeragezwa kugera 1994.
Abasenateri bagize komisiyo ya Politiki n’imiyoborere myiza bari mu karere ka Kirehe kuva tariki 24/06/2013 mu rwego rwo kureba uburyo abaturage bakorana n’abunzi hamwe n’urwego rushinzwe kugira inama abaturage ku bijyanye n’amategeko (MAJ).
Mu myaka itatu hazaba ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu hazaba huzuye inzu izafasha abatuye ibi bihugu kuganira ku byazana amahoro n’ubumwe n’ubwiyunge mu bihugu byombi.
Umuryango Croix-Rouge uzwiho gutabara imbabare watangiye gutegura abasore n’inkumi 20 muri buri murenge mu rubyiruko ruvuye ku rugerero ngo bagire ubumenyi bwa ngombwa mu bikorwa by’ubutabazi bw’ibanze kugira ngo bajye bagoboka abaturage igihe cyose habaye Ibiza n’impanuka, babarindire ubuzima mbere y’uko bagezwa kwa muganga.
Ibitaro byitwa Mercy bya Oklahoma muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), byemereye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ko bizafatanya n’inzego za Leta mu guteza imbere ubuvuzi mu Rwanda, nyuma y’inyigo irimo gukorwa kugira ngo bamenye ibyiciro bigomba kwitabwaho kurusha ibindi.
Umukecuru witwa Consolata Nyirabusanane utuye mu murenge wa Gitovu, akarere ka Burera ashima ubuyobozi bwatumye ava mu bukene bigatuma abasha gufasha umwana we kwiga amashuri yisumbuye ndetse na kaminuza.
Umushinga IBYIRINGIRO wa Caritas waterwaga inkunga na USAID muri Diyoseze ya Nyundo usize abantu barenga 1000 babana n’ubwandu bwa SIDA bamwenyura ndetse bakemeza ko nubwo urangiye aho bageze badateze gusubira inyuma.
Abahinzi b’imbuto zinyuranye mu turere twa Nyanza na Karongi batunguwe n’uko ngo burya hariho uburyo bwabafasha gusarura umusaruro wikubye inshuro nyinshi baramutse bahinduye imikorere gakondo benshi bakoresha mu buhinzi bwabo.
Muri za kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda, havutse ihuriro ry’abakobwa b’abayobozi (Girl’s Leaders Forum), rigamije gukorera ubuvugizi abakobwa ku bibazo bahura nabyo, ndetse no kubagira inama ku myitwarire ibategurire ejo hazaza heza.
Umuyobozi w’ingabo zigize umutwe w’Inkeragutabara mu Ntara y’Amajyepfo, Brig. Gen. Dan Gapfizi, yakoze impanuka y’imodoka yabaye mu ijoro rishyira ku wa 26/06/2013 ahita ahasiga ubuzima.
Abayobozi b’umuryango MSAADA w’Abongereza usanzwe ufasha abarokotse Jenoside mu ntara y’Iburasirazuba bemereye umuyobozi w’iyo ntara ko bagiye gufasha abarokotse Jenoside kubaka imishinga ibyara inyungu kandi iramba bazajya bikorera ubwabo kuko ngo kubaha imfashanyo za hato na hato bibaheza mu bukene no gutegereza ak’imuhana.
Jean Damascène Ndagijimana w’imyaka 35 yatawe muri yombi ku nshuro ya kabiri azira kwiba insinga z’amashanyarazi zifite uburebure bwa metero 1100 zaguzwe n’abaturage bagamije kwizanira amashanyarazi iwabo mu tugari twa Mataba na Shyembe two mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro.
Abagore batatu hamwe n’abana babo bane banze kwakirwa mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi kubera ko bari baratahutse bakaza gusubira muri Congo rwihishwa bagamije kugera kunyungu bahabwa na HCR.
Urugaga rw’abikorera (PSF) mu karere ka Rusizi rwashyizeho itsinda ry’abacuruzi b’indashyikirwa bazajya bafasha bagenzi babo mu buryo butandukanye burimo kubagira inama no kubakorera ubuvugizi.
Umuhanzi Auddy Kelly aherutse gushyira hanze indirimbo « Sinzagutererana » yakoranye na Jody nyuma y’uko ngo bakomeje kuvugwaho urukundo hagati yabo.
Abagize komite y’Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha (Community Policing Commitees) bo mu turere twose tw’u Rwanda ndetse n’umujyi wa Kigali bari mu itorero i Nkumba, mu karere ka Burera, aho bari gutozwa gukora uko bikwiye akazi bashinzwe.
Bifashishije itorero ry’igihugu ryatangijwe mu ishuri rya bo, abana biga mu ishuri ribanza rya SOS Kayonza biyemeje kuba umusemburo w’ubutwari muri bagenzi ba bo nk’uko babyemereye umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Boniface Rucagu, ubwo yabasuraga tariki 25/06/2013.
Ingengo y’imari akarere ka Ngororero kazakoresha mu mwaka wa 2013-2014, ingana n’amafaranga miliyali 9 azakoreshwa mu bikorwa bitabashije kurangizwa ndetse n’ibindi bikorwa bizamura imibereho y’abaturage.
Abanyeshuri b’urwunge rw’amashuri rwa Ririma mu karere ka Bugesera barishimira amazi meza bagejejweho n’umushinga Water Breeze kuko ubundi mbere bavomaga amazi mabi y’ibiyaga, kandi bakaba bashoboraga no guhura n’impanuka zo kuribwa n’ingona ziba muri ibyo biyaga bajya gushaka amazi.
Ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA), kuri uyu wa 25/06/2013 mu karere ka Kirehe hateraniye inama yo kwiga ku buryo bwo gukomeza gukumira forode zishobora kuzanywa mu gihugu zinyujijwe ku mipaka y’u Rwanda n’u Burundi.
Federation Internationale des Droits de l’Homme (FIDH) na Ligue des Droits de l’Homme (LDH) n’Umuryango Survie, kuwa mbere tariki 24/06/2013 yashyikirije ikirego Urukiko Rwisumbuye rw’i Paris mu Bufaransa irega Umufaransa Capt. Paul Barril ubufatanyacyaha muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni n’uwa Kenya, Uhuru Kenyatta bagiranye inama kuri uyu wa Kabiri tariki 25/06/2013 mu Mujyi wa Kampala biyemeza guteza imbere ibikorwaremezo n’ubucuruzi mu Karere k’Afurika y’Uburasizuba (EAC).