Ruhango: Umunyeshuri arimo gukorera ikizami cya Leta mu bitaro nyuma yo kubyara
Umunyeshuri witwa Umubyeyi Consili arimo gukorera ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye ku kigo nderabuzima cya Kibingo mu murenge wa Ruhango nyuma yo kubyara tariki 01/11/2013.
Uyu munyeshuri wakoreraga iki kizami cya Leta ku ishuri ryisumbuye rya Lycee de Ruhango, yari yatangiranye n’abandi ibizami ariko biza kuba ngombwa ko ajya kubikorera ku kigo nderabuzima ubwo mu gitondo cya tariki ya 01/11/2013 yafatwaga n’ibise akajyanwa kwa muganga, nk’uko bitangazwa na Karekezi ukuriye site y’ibizami uyu munyeshuri yakoreragaho.
Byiringiro Francois umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya G. S. Gitisi ariho uyu munyeshuri yigaga mu ishami rya MEG, avuga ko uyu munyeshuri bari basanzwe bazi ko atwite kuko yari umugore w’umugabo akavuga ko bitabatunguye.
Umuvugizi wa polisi mu ntara y’Amajyepfo, Chief Supert. Hubert Gashagaza, avuga ko uyu munyeshuri koko arimo gukorera ibizami kwa muganga, gusa ngo nta kibazo gihari kuko igihe cyo gukora ikizami boherezayo umupolisi n’umwarimu.
Eric Muvara
Ibitekerezo ( 4 )
Ohereza igitekerezo
|
Uwo mubyeyi tumwifurije gutsinda examen
Birasanzwe Kandi bibaho.Ntagitangaza Ahubwo Niyonkwe.Gusa Abe Aretse Gusubirayo nah’ubundi Ikigo Yagiye Gukoreramo(lycee de Ruhango Ikirezi) N’icyimigisha Kuko Yahavuye Amahoro Agahita Abyara.
ahaaaa niyihane kuko imana imuzi kandi yagaragaje ubwitange.
UWO MUKOBWA URI GUKORERA IBIZAMINI MU BITARO NIYIHANGANE BIBAHO MUBUZIMA.