Rutsiro: Huzuye inyubako y’amacumbi itwaye asaga miliyoni 46

Paruwasi ya Crête Congo Nil yujuje inyubako y’amacumbi yahawe izina rya “Cana House” kikaba ari igikorwa cyakozwe na paruwasi ubwayo mu rwego rwo kwiteza imbere muri gahunda yo kwigira no kwibeshaho, ndetse no kunganira abagenda mu karere ka Rutsiro rimwe na rimwe baburaga aho gucumbika.

Iyo nyubako yuzuye itwaye miliyoni 46 n’ibihumbi 875 n’amafaranga 405 utabariyemo imirimo y’amaboko ijyanye no gusiza ikibanza yakozwe n’abakirisitu. Imiganda y’abakirisitu na yo ibariwemo ngo agaciro k’iyo nyubako kagera muri miliyoni hafi 50 z’amafaranga y’u Rwanda.

Padiri Gilbert Ntirandekura uyobora paruwasi ya Crête Congo Nil avuga ko isoko ya mbere y’ubushobozi bwo kubaka iyo nyubako ari abakirisitu kuko ikibanza ari kimwe mu bikorwa byari bigoranye kugira ngo kibashe kuboneka.

Iyi nyubako yuzuye itwaye amafaranga asaga miliyoni 46.
Iyi nyubako yuzuye itwaye amafaranga asaga miliyoni 46.

Ngo batekereje iyo nyubako kugira ngo bagire igikorwa gifatika cy’ubukungu cyunganira paruwasi ariko kikanafasha akarere ku bijyanye no gucumbikira abakagendamo baba baturutse hirya no hino, kuko bamwe baburaga aho bacumbika bakajya kurara mu turere twa Karongi na Rubavu.

Ubusanzwe mu karere ka Rutsiro nta hoteli ibonekamo, icyakora hari kuzamurwa inyubako (Guest House) ishobora kuzunganira akarere mu bihe biri imbere.

Padiri Ntirandekura ati “ntabwo ari igitangaza cy’inzu, nta n’icyo twiratana na gitoya kibaho, twebwe icyo tukibonamo ni ikimenyetso cy’ubumwe bw’abakirisitu, n’umubyeyi uri kubaka umudugudu we, ntabwo ari ku bwacu”.

Paruwasi ubwayo n'abakirisitu bayo ngo ni bo bishatsemo ubushobozi bwo kuyubaka.
Paruwasi ubwayo n’abakirisitu bayo ngo ni bo bishatsemo ubushobozi bwo kuyubaka.

Aho i Congo Nil haboneka ingoro y’umubyeyi Bikira Mariya. Umwepisikopi wa mbere wa Diyosezi ya Nyundo, Musenyeri Aloys Bigirumwami, ni we wategetse ko iyo ngoro ihubakwa mu 1954, bityo abakirisitu gatulika bo muri Diyosezi ya Nyundo bakajya bahateranira kabiri mu mwaka bari hagati y’ibihumbi cumi na bitanu na makumyabiri.

Icyakora no mu yindi minsi isanzwe hakunze kuboneka ba mukerarugendo kimwe n’abandi biganjemo abakirisitu gatulika baba baje muri gahunda z’amasengesho.

Nubwo iyo nyubako idahagije, izajya yunganira abagenda mu gace iherereyemo bakenera aho kurara hameze neza. Ni inyubako ifite ibyumba icumi bigezweho n’uruganiriro. Kwishyura muri ibyo byumba ngo bizajya biterwa n’abantu uko baje, kuko ushaka kuraramo wenyine azajya yishyura ibihumbi 15 by’amafaranga y’u Rwanda.

Aya macumbi yitezweho kunganira ababuraga aho bacumbika mu karere ka Rutsiro.
Aya macumbi yitezweho kunganira ababuraga aho bacumbika mu karere ka Rutsiro.

Icyakora kubera ko ari ibyumba binini, mu gihe ababikeneye baramuka ari benshi ngo hashobora no kongerwamo ibindi bitanda icyo gihe ibiciro bigahinduka.

Barateganya ko iyo nyubako nshya y’amacumbi yiswe Cana House izaragizwa Papa Yohani Pawulo wa kabiri umaze iminsi abaye umutagatifu.

Iyo nyubako izifashishwa nk’amacumbi ije yiyongera ku yindi nzu mberabyombi imaze iminsi yuzuye aho kuri paruwasi ya Crête Congo Nil ikunze guteraniramo abakirisitu, ikaberamo inama, amahugurwa n’ubukwe.

Musenyeri Alexis Habiyambere wa Diyosezi ya Nyundo ni we wayifunguye ku mugaragaro.
Musenyeri Alexis Habiyambere wa Diyosezi ya Nyundo ni we wayifunguye ku mugaragaro.

Paruwasi irimo no kubaka amacumbi y’abanyeshuri b’abakobwa biga ku rwunge rw’amashuri rwa Congo Nil, kuko ubusanzwe bicumbikiraga mu mazu atandukanye ari mu nkengero z’ikigo bakaba bashobora guhuriramo n’ibibi byinshi.

Malachie Hakizimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

biragaragara ko ntawagavuyeho, iyo aba muri bya bigo byamenyereye kunyereza umutungo baba bavuga ko yatwaye miliyoni 200. Bravo Abihayimana.

Mary yanditse ku itariki ya: 18-07-2014  →  Musubize

Bravo kuri icyo gikorwa cyiza,
Ariko ndabona nta bwatsi buhateye cyangwa ibiti byiza bisanzwe biranga ahatuye cyangwa ahakorera ABIHAYIMANA, kuko byakurura ba MUKERARUGENDO

Rukundo yanditse ku itariki ya: 17-07-2014  →  Musubize

duharanire kugira u rwanda rwiza cynae kuko ubu noneho dufite umwanya wo kubaka. ibi byose tubikesha ubuyobozi bwiza

masabo yanditse ku itariki ya: 17-07-2014  →  Musubize

ibi byose nibyerekana iterambere aho rigeze kandi byerekana ubushake bwantu bwo gutera imbere bafite kandi rwose dufite ubuyobozi bwiza reka rwose twere kubipfusha ubusa , tuve hasi dukore

karenzi yanditse ku itariki ya: 17-07-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka