Ingabo u Rwanda rwatanze muri EASF ngo ziratanga icyizere ko uwo mutwe uzakomera

Abasirikare n’abapolisi u Rwanda rwatanze mu mutwe wo gutabarana aho rukomeye mu bihugu 10 bigize akarere ka Afurika y’uburasirazuba (East African Standby Forces/EASF) ngo baratanga icyezere ko uwo mutwe uzakomera kuko na Kenya nayo yamaze kubatanga.

Mu muhango wo kwerekana abasirikare b’u Rwanda bazajya muri EASF ndetse n’ibikoresho bazifashisha, kuri tariki 06/11/2014, umuyobozi w’ubunyamabanga bwa EASF, Ambasaderi Issmail Chanfi, yatangaje ko bigaragaza ko kuba Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) wariyemeje kwikemurira ibibazo by’amakimbirane mu bihugu bitandukanye bigize uyu mugabane, bitakiri inzozi ahubwo ngo byahindutse ukuri.

Amb Chanfi yagize ati: “Ibyo kuba twashyizeho umutwe wa EASF bitarenze ukwezi k’Ukuboza muri uyu mwaka [umutwe uzatangira akazi ko gutabara ibihugu mu mwaka utaha wa 2015], ntibikiri inzozi byatangiye kugaragara ko ari ukuri; turashimira u Rwanda kuba rwashyize mu bikorwa ibyo rwiyemeje”.

Umuyobozi w'ubunyamabanga bwa EASF (wambaye kostime y'umukara) n'abahagarariye ibihugu by'abaterankunga, baje kumurikirwa abasirikare n'abapolisi u Rwanda rwatanze muri EASF.
Umuyobozi w’ubunyamabanga bwa EASF (wambaye kostime y’umukara) n’abahagarariye ibihugu by’abaterankunga, baje kumurikirwa abasirikare n’abapolisi u Rwanda rwatanze muri EASF.

Ubuyobozi bw’Ingabo na Polisi by’u Rwanda, bwerekanye abasirikare barwanisha ibimodoka by’intambara, abapolisi n’ibikoresho bazifashisha, ku bunyamabanga bwa EASF n’abahagarariye ibihugu bitandukanye by’abaterankunga, birimo Leta zunze ubumwe za Amerika, u Bubiligi n’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC).

Ku itariki ya 22/8/2014 mu nama yabereye i Kigali, buri gihugu mu bigize akarere ka Afurika y’uburasirazuba, cyari cyemeye uruhare rwacyo mu ngabo n’ibikoresho bizafasha mu mikorere y’umutwe wa EASF, aho u Rwanda rwemeye gutanga batayo imwe y’abasirikare bakoresha ibimodoka by’intambara ndetse n’ibyo bimodoka ubwabyo, abaganga ba gisirikare; abapolisi n’ibikoresho bifashisha ndetse n’abasivili.

“Twe nk’u Rwanda twiyemeje gufata iya mbere mu gutabara ku mugabane wa Afurika tudategereje inkunga z’amahanga, kuko ubusanzwe izo nkunga za Loni zitazira igihe kandi zikaba zidakemura ibibazo nk’uko byakagombye”, Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Joseph Nzabamwita yabitangarije abanyamakuru, mu gikorwa cyo kwerekana ingabo n’ibikoresho mu Kigo cya gisirikare kiri i Kami, mu karere ka Gasabo.

Abasirikare (n'ibikoresho) batanzwe n'u Rwanda bagize umutwe wa EASF.
Abasirikare (n’ibikoresho) batanzwe n’u Rwanda bagize umutwe wa EASF.

EASF yitezweho kurwanya imitwe y’iterabwoba hamwe n’indi yose yitwaje intwaro ikorera mu karere ka Afurika y’uburasirazuba; aho ivugwa cyane ari Al Shabab irwanya ibihugu bitandukanye, ADF-NALU na LRA irwanya Leta ya Uganda, FDLR na RNC birwanya Leta y’u Rwanda, ndetse na FNL irwanya u Burundi.

Ku ruhande rwa Polisi y’igihugu yatanze abagera kuri 240 barimo 100 bazajya boherezwa mu butumwa bw’amahoro ku giti cyabo, Umuvugizi ACP Damas Gatare, yavuze ko abo bapolisi bose biteguranye ibikoresho bashobora kwifashisha aho rukomeye, mu guhosha imyigaragambyo, kurinda abantu n’ibintu ndetse no kongerera ubushobozi bagenzi babo bo mu bihugu bazajyamo.

“Ishyirwaho ry’umutwe w’ingabo na Polisi bagize EASF ni ikintu kimwe, ariko kubohereza kubungabunga amahoro ku buryo burambye, ni ikindi kintu kikitubereye imbogamizi”, nk’uko Amb Chanfi yabitangaje ko ikibazo cyo kubura amikoro kizaganirwaho mu kwezi kwa gatatu k’umwaka utaha wa 2015, ubwo bazaba bitabaza abaterankunga bo mu muryango wa AU, uw’Ubumwe bw’i Burayi (EU) ndetse n’ibihugu bitandukanye.

Abapolisi batanzwe muri EASF nabo ngo bariteguye.
Abapolisi batanzwe muri EASF nabo ngo bariteguye.

Umuryango w’abibumbye (UN) hamwe n’uwa Afurika yiyunze (AU) bari basabye ibihugu bya Afurika kwishyira mu matsinda atanu yo gutabarana (itsinda ry’amajyaruguru, iry’uburengerazuba, irya Afurika yo hagati, iry’uburasirazuba ndetse n’iry’amajyepfo), bakaba bagomba gushyiraho ingabo zibahuza bitarenze impera z’umwaka wa 2015; ariko Akarere ka Afurika y’uburasirazuba ko kakaba kariyemeje guhita gashyiraho uwo mutwe bitarenze impera za 2014.

Agace ka Afurika y’uburasirazuba kashyizeho umutwe wa EASF kagizwe n’ibihugu by’u Rwanda, u Burundi, Uganda, Kenya, Ethiopia, Sudan y’epfo, Sudan, Djibouti, Somali, Seychelles na Comoros.

Andi mafoto ajyanye n’iyi nkuru

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 10 )

turi tayari kurinda umutekano aho tuzitabazwa hose kugira ngo amahoro ahagaruke,kandi twe ntan’igitangaza kirimo kuko tubifitemo ubunararibonye

mama yanditse ku itariki ya: 7-11-2014  →  Musubize

akarere kacu kari kugenda gakomeye kandi ari nako karushaho gutera imbere uko bucya nuko bwira ibi nibikwereka rwose ikiza cyo kwishyira hamwe ndizerako ko ntawapfa kutumeneramo ibi kandi ni impamo , turashima cyane abayobozi bacu bakomeze kuturinda ari nako baduteza imbere uko bwije uko bukeye,

damascene yanditse ku itariki ya: 7-11-2014  →  Musubize

Any way ,turashimira Leta y’u Rwanda kuba yafashe iyambere ku kubaka igisilikare cy’akarere. RDF ijye ihora imbere mu kuzana amahoro mu karere no ku isi yose.

Marshall yanditse ku itariki ya: 6-11-2014  →  Musubize

where is TZ

fils Bagabo yanditse ku itariki ya: 6-11-2014  →  Musubize

EAC,NA EALA babitwemereye muli iyo nama,kurwanya geno-side bongereho nokwamagana abapfobya genoside yakorewe abatutsi mu rwanda 1994.

Canisius yanditse ku itariki ya: 6-11-2014  →  Musubize

ibyo bikorwa nibyo twari twarabuze ubu nicyogiheguhangana nuwariwe wese uzashaka kubuza amahoro akarere.

bizimana alphonse yanditse ku itariki ya: 6-11-2014  →  Musubize

ibyo bikorwa nibyo twari twarabuze ubu nicyogiheguhangana nuwariwe wese uzashaka kubuza amahoro akarere.

bizimana alphonse yanditse ku itariki ya: 6-11-2014  →  Musubize

Ikizere cy’umutekano urambye turimo kucyongera uko bukeye.

Murera yanditse ku itariki ya: 6-11-2014  →  Musubize

Iki gikorwa kiratanga ikezere cyo kwikemurira ibibazo tudategereje ab’ikantarange baza impitagihe.

niyitanga yanditse ku itariki ya: 6-11-2014  →  Musubize

waouh, u Rwanda rwiteguye neza guhangana n’umwanzi aho ava akagera cyane muri aka karere duherereyemo

kami yanditse ku itariki ya: 6-11-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka