Mariya Yohana ntiyemeranywa n’ababyinana igisabo

Umuhanzi Mariya Yohana ahamya ko mu muco Nyarwanda bitemewe kubyinana igisabo kuko iyo bibaye bityo kiba cyabaye igicuma.

Uyu muhanzi w’inararibonye m’Umuco Nyarwanda akaba kandi ari umwe mubahanzi bakuze babera urugero benshi mu rubyiruko, avuga ko n’ubwo umuco ukura ariko habaho na za kirazira m’Umuco.

Mu bahanzi benshi bamureberaho harimo na Nirere Shanel. Aha yamuririmbiraga mubukwe bwe.
Mu bahanzi benshi bamureberaho harimo na Nirere Shanel. Aha yamuririmbiraga mubukwe bwe.

Yagize ati “Dufite byinshi byahindutse ariko bitari mu muco. Kubyinana uduseke, inkongoro, ibisabo ntibifite icyo bivuze. Tugomba gukora ibyubahirije umuco. Mu cyubahiro cy’u Rwanda ibyo tuzabikuramo.”

Yakomeje agira ati “Urugero nko kubyina, ntawe ujishura igisabo ngo akibyinane, icyo gihe kiba kibaye igicuma, kandi ubundi igisabo kirubahwa.”

Mariya Yohana kandi asanga no kuvuza ingoma kubagore atari umuco w’i Rwanda. Ati “Mu muco nyarwanda nta mugore uvuza ingoma, byari ukubaha amabere.”

Yakomeje agira ati “Nta mugore ubundi wavuzaga ingoma, ku cyubahiro cy’u Rwanda no kubaha umugore, byari icyubahiro cy’amabere. Kugira ngo amabere yihondagure, kandi uzi ko uvuza ingoma aba afite ingufu nyinshi, nta mugore uvuza ingoma. Muri Ballet ntitubyemera n’ubu mu gihugu ntibikemerwa.”

Mu muco Nyarwanda usanga hari byinshi bigenda bihinduka aho usanga hari n’ibyo mu muco w’ibindi bihugu biza mu muco wacu nyamara ngo byose siko bitwubaka kandi ngo “Agahugu kabuze Umuco karacika.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Twe abato natubwire niba biriya byo kuvuza inanga cyangwa umuduri nabyo byemewe n’umuco.
Anatubwire niba mu muco wa kinyarwanda umukobwa yakina iyihe mikino itabangamira umuco

umusomyi yanditse ku itariki ya: 22-12-2015  →  Musubize

None se ko ikiraje ishinga benshi ari amafaranga, mwabonye he umukobwa wi Rwanda yambaye ubusa NGO araririmba, iriya ndirimbo ya Bing Bang yasohotse iraganisha he urubyiruko rwacu, birababaje.

carlos yanditse ku itariki ya: 21-12-2015  →  Musubize

ni igitekerezo cyiza

martin yanditse ku itariki ya: 20-12-2015  →  Musubize

yewe hali byinshi byakagomye guhinduka Biganiriweho.

martin yanditse ku itariki ya: 20-12-2015  →  Musubize

yewe hali byinshi byakagomye guhinduka Biganiriweho.

martin yanditse ku itariki ya: 20-12-2015  →  Musubize

Burya koko Rwanda urafite ababyeyi bakikurerera.rwose biboneka nabi kandi bikihuta muguhindura umuco nyarwanda.

BIZIMANA Francois yanditse ku itariki ya: 20-12-2015  →  Musubize

nibyo rwose uri umubyeyi w’i Rwanda

bizimana alex yanditse ku itariki ya: 20-12-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka