Bamwe mu baturiye umupaka w’Akanyaru mu Karere ka Nyaruguru bakunda kujya guhahira i Burundi baravuga ko bari kwangirwa kwambukana ibyo bahashye.
Mu rwego rw’umunshinga w’imyaka itatu yo gutegura abana b’abakobwa mu mupira w’amaguru, abakobwa b’I Nyagatare bari mu myaka 6-12 batewe inkunga y’imipira 65.
Abaturage bo mu Murenge wa Gasange Akarere ka Gatsibo, batangaza ko batanyurwa n’uburyo abakerewe kwishyura umusanzu mu kwivuza ba wakirwamo.
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iravuga ko igifite gahunda yo gufasha ubukungu bw’igihugu kuzamuka ku rugero rwa 11.5% muri 2020.
Abayobozi b’ibigo nderabuzima, amavuriro n’ibitaro by’Akarere ka Nyagatare biyemeje kumanura ubuvuzi bw’amaso ku rwego rw’umudugudu, kugira ngo bugere kuri benshi.
Abaturage n’ubuyobozi mu Karere ka Kamonyi baritana ba mwana k’uwari ukwiye kubungabunga amasoko nyuma y’aho amazi ya WASAC abagereyeho.
Abasore bo muri Burera batuye mu gace k’amakoro batangaza ko kubaka inzu bikora umugabo bigasiba undi kubera itaka ryaho rihenze.
Abahinga mu kabande kari munsi y’inkambi ya Mugombwa yo mu Karere ka Gisagara, barasaba ingurane bakimuka kuko amazi ayivamo abangiriza ibihingwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko kuba aka karere kagaragaramo abana b’akobwa benshi batwara inda zitateganyijwe, biterwa n’uburangare bw’ababyeyi batabaganiriza.
Urugaga rw’abagore bashamikiye ku muryango RPF-Inkontanyi mu Ntara y’Uburengerazuba basuye, banaremera umuryango w’umugore uherutse kwicwa aciwe umutwe n’abagizi ba nabi.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Ruhango irasaba ko bamwe mu bagore bataye inshingano z’ingo zabo, bareka ingeso yo kugorobereza mu tubari.
Imiryango itishoboye yimuwe igatuzwa ku mudugudu i Musovu mu Murenge wa Juru mu Bugesera, isaba ubuyobozi bw’akarere kuyifasha kubona ubutaka bwo guhingaho.
Ababyeyi bo mu Kagari ka Kanyove mu Karere ka Nyabihu barashimira RDB yabaruhuriye abana kwigira mu mashuri ava.
Itorero ry′Igihugu ryahuguye abakozi ba Banki y′Abaturage bagera kuri 450, ku ndangagaciro zikwiye kubaranga ndetse na kirazira.
Bamwe mu banyonzi bakorera mu Mujyi wa Muhanga baratungwa agatoki ko biba imitwaro y’abagenzi baba batwaje.
Minisiteri y’Ingabo (MINADEF), iratangaza ko imikino ihuza abasirikare bo mu Muryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yongera ubucuti bw’abaturage.
Bamwe mu baturage bakennye cyane bo mu Karere ka Kamonyi barifuza ko ababegera bakabaha ibitekerezo byatuma bagera ku mishanga yo kwiteza imbere.
Kuwa 18/08/2016 Minisiteri ifite imicungire y’ibiza mu nshingano (MIDIMAR) yahaye inkunga y’amabati ya miliyoni enye imiryango 23 yasenyewe n’imvura idasanzwe.
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangarije abacuruzi b’ibijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi, uburyo bw’ikoranabuhanga bwihutisha iyoherezwa n’itumizwa ry’ibintu mu mahanga.
Umushinga wo bungabunga amazi y’imvura ukorera mu Karere ka Nyamagabe, watumye umusaruro w’ubuhinzi wiyongera ku binjiye muri gahunda yo kubika neza ayo mazi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi butangaza ko bufite abaturage ibihumbi 37 batazi gusoma no kwandika, hakaba gukorwa ibishoboka bagakurwa mu bujiji.
Abatujwe mu mazu mashya mu Karere ka Burera, bishimira ko bavanywe mu byo bitaga “mu mwobo” bagatuzwa aheza, bakagarura icyizere cy’ubuzima.
Miliyoni 60 zigiye guhabwa abahinzi baturiye ibiyaga mu Karere ka Ngoma,muri gahunda ya nkunganire mu kugura ibikoresho byo kuhira imirima.
Umugore witwa Izabiriza Alphonsine arakekwaho kwica umugabo we witwaga Mbyariyehe Francois afatanyije n’umwana we Tuyishimire Fabien bagamije kugarurira imitungo yose.
Minisitiri wa MIDIMAR Mukantabana Seraphine atangaza ko batangiye kubaka amazu areberwaho mu guhangana n’ibiza avuga ko abashaka kubaka bareberaho.
Umutoniwase Edwige w’imyaka 18 yashushanyije ifoto ya Madame Jeanette Kagame mu rwego rwo kumushimira byimazeyo agaciro aha abakobwa.
Abatuye mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro bavuga ko bahinduye imibereho yabo babikesha kujya mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya.
Abanyamuryango ba zimwe muri koperative zikorera mu Karere ka Ngoma bavuga ko bacibwa intege no kumva hinjira amafaranga menshi,bagahabwa raporo ko yakoreshejwe yose.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu Burasirazuba bafitiye za SACCO imyenda barasabwa kwishyura vuba, batabikora bagafatirwa ibyemezo birimo no guhagarikwa ku kazi.
Ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri z’uyu mugoroba tariki ya 18/08/2018 imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Coaster ya Kompanyi Stella ifite pulake RAB 672 I yavaga Kigali yerekeza Gicumbi yakoze impanuka.
Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko (RLRC), ivuga ko kuba amategeko ahinduka kenshi mu Rwanda atari ikibazo kuko ari igihugu kirimo kwiyubaka.
Uko buri mwaka ushize ni ko hasohoka terefone nziza kandi z’agatangaza, ariko izi terefone 25 ni zo zakunzwe kurusha izindi kuva terefone ngendanwa zatangira gukorwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi butangaza ko mu banyeshuri 4278 bari bataye ishuri mu myaka y’amashuri ya 2015 na 2016, hakiri 827 batarabasha kurisubizwamo.
Abatuye i Nyakariro mu Karere ka Rwamagana baravuga ko ubujura bugaragara muri ako gace ari inzitizi ibangamiye iterambere ryabo.
Nyuma y’amezi asaga ane Uruganda rw’Ibirayi rwa “Nyabihu Potato Company” ruhagaze kubwo kubura ambalaje rupfunyikamo ibyakozwe rwongeye gufungura imiryago.
Abageze mu zabukuru batishoboye bo mu Murenge wa Mugano muri Nyamagabe, bahabwa inkunga y’ingoboka, barinubira ko batakiyihabwa n’amafaranga bizigamye ngo bazahabwe amatungo ntibayasubizwe.
Johnattan McKinstry wari umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yamaze guhagarikwa ku mirimo yo gutoza Amavubi nyuma yo gutanga umusaruro muke
Impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka ihitana abantu babiri abandi batatu barakomereka bikomeye.
Abaririmbyi batandukanye bo mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko kuba badatera imbere ngo bamenyekane mu Rwanda hose babiterwa n’amikoro make.
Ubutaka bwari bwubatseho Inkambi ya Nkamira muri Rubavu bwatejwe cyamunara, none igiye kwimurirwa ahitwa i Kijote mu Bigogwe muri Nyabihu.
Ubushakashatsi bushya bwasohotse bugaragaza ko abafite ubumuga bagifite imbogamizi mu matora aba mu Rwanda bituma batisanzura no gutora mu mucyo.
Ubunyamabanga bwa CEPGL butangaza ko bwiteguye gushakira igisubizo umubano w’u Rwanda n’u Burundi utameze neza mu gihe babisabwa n’ubuyobozi bubakuriye.
Polisi y’u Rwanda, yarashe umugabo ukekwaho iterabwoba wari witwaje imbunda yanikingiranye mu nzu mu bice bya Nyarutarama arapfa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi burasabwa imbaraga zidasanzwe mu mashuri y’incuke kugira ngo umwaka wa 20016-2017 usige bageze ku kigereranyo cyifuzwa ku mubare wayo.
Abaturage bakoreshejwe na rwiyemezamirimo Imena Vision Company Ltd mu mirima ya RAB baramusaba kubishyura amafaranga yabo y’amezi 7.
Abanyeshuri biga ku rwunge rw’amashuri rwa Muhoza ya II mu Karere ka Musanze bahangayikishijwe no kwirukanirwa amafaranga y’agahimbazamutsi ka mwarimu.
Bamwe mu baturage bakenera serivisi z’ibiro by’ubutaka muri Muhanga, barinubira gusiragizwa bashaka ibya ngombwa bya burundu by’ubutaka umwaka ugashira undi ugataha.
Abagore bagize komite y’inama y’igihugu y’abagore mu Burasirazuba basanga Gahunda y’Igiseke batangije igiye kubakuriraho imbogamizi y’ingwate n’igishoro bagatera imbere.
Guhera ku itariki 27 Kanama 2016, u Rwanda rurategura ibikorwa binyuranye bijyanye no kwita ku binyabuzima bitandukanye, bikazasozwa n’umuhango ukomeye wo “Kwita Izina” abana b’ingagi 21.