Perezida Kagame yasuye icyicaro gikuru cya FIFA
Perezida Paul Kagame yasuye icyicaro gikuru cy’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi, FIFA, ahura na Perezida wayo Gianni Infantino, ndetse anasura inzu ndangamurage ya yayo.
Amaze gusura inzu ndangamurage ya FIFA, Perezida Kagame yashimiye Umuyobozi wa FIFA ku mpano yamuhaye, anamwizeza ko azagaruka agasura ibindi bice bigize inzu ndangamurage ya FIFA atabashije gusura.
Yagize ati “Ni amahirwe akomeye kuba mbashije gusura iyi nzu ndangamurage, mwakoze cyane ku mpano nziza mwampaye. Nzafata umwanya uhagije ngaruke nsure n’ibindi bice by’iyi nzu ndangamurage ntabashije kugeramo".
Yashimiye kandi Gianni Infantino ndetse n’ikipe bafatanya kuyobora FIFA ku bufatanye bakomeje kugirana, kugira ngo imirimo ya FIFA igende neza.
Muri uru ruzinduko rwabaye kuri uyu wa 8 Kamena 2017, Perezida wa FIFA Gianni Infantino yahaye impano Perezida Kagame, zirimo umwenda wo gukinana wanditseho rimwe mu mazina ye, ndetse na numero icyenda.
Perezida Kagame yaherukanaga na Gianni Infantino wa FIFA ku itariki ya 27 Gashyantare 2017, aho yari yaje mu Rwanda gushyira ibuye ry’ifatizo ahubakwa Hoteri ya FERWAFA yatewemo inkunga na FIFA.
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Umusaza nimukuru mubwenge.mugihe abandi baza bagatereza nkabana bato basanko kujya kuri - bava+.nuko jyambere Muzehe wacu