Abakoresha umuhanda Cyanika-Musanze bibaza igihe uyu muhanda uzakorerwa, kuko ushaje ku buryo udindiza ubuhahirane ukanateza n’impanuka.
Inka eshanu mu zahawe abatishoboye bimiwe ahazubakwa Ikibuga cy’Indege cya Bugesera zimaze gupfa.
Mu ijoro rishyira ku wa mbere tariki 11 Nyakanga 2016, igice kimwe cy’Agakiriro ka Huye cyahiye ibyari birimo birakongoka.
Ikoranabuhanga rimaze kugera muri imwe mu mirenge igize Akarere ka Nyabihu rifasha mu kwihutisha imitangire ya serivise no gusabana n’abaturage.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kubera shampiyona y’igihugu mu mukino w’amagare yo ku misozi, ikazaba kuri iki cyumweru taliki ya 17 Nyakanga 2016
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iratangaza ko yatangiye gufasha abaturage babarirwa mu bihumbi 47 bibasiwe n’amapfa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bufite impungenge z’uko mituweli y’uyu mwaka ishobora kudindizwa n’abanga kwishyurira bamwe mu biyandikishije ku rutonde rw’abagize umuryango.
Lennox Niyitegeka ukina mu ikipe ya Elan Chalon yo mu Bufaransa, aje gukinira ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 18 mu gikombe cy’Afurika kigiye kubera mu Rwanda muri Basketball
Abanyereje amafaranga ya VUP mu Karere ka Karongi batubahirije amezi atatu bari bahawe ngo bayangarure ntibabikore bagiye gukurikiranwa.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke baratangaza ko babangamirwa no kutagira gare bategeramo imodoka kuko gutegera mu muhanda bidasobanutse.
Nk’uko tubikesha itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, riravuga ko Perezida wa Repubulika yavanye mu mwanya uwari Minisitiri w’Ubuzima Madamu Dr. Agnes Binagwaho.
Bamwe mu baturage bo mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke barishimira ko bagiye gukira amazi mabi kuko begerejwe umuyoboro w’ameza.
Abamasaderi bashya mu Rwanda bashyikirije Perezida Kagme impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, bizeje ko bazashyigikira igihugu umutekano n’ubukungu.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe barishimira ko basezereye indwara ziterwa n’imirire mibi bakaba bamaze kwiteza imbere babikesha korora neza inka bahawe n’umuterankunga Heifer.
Leta y’u Rwanda yashyize abagenzuzi mu mahoteli agera kuri 84 yo mu Mujyi wa Kigali kugira ngo bakurikirane uko abaje mu nama y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe bakirwa.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara rushamikiye ku muryango wa FPR Inkotanyi, rwiyemeje gushishikariza bagenzi babo umurimo no kurwanya inda zitateganyijwe.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke barasaba inzego zibishinzwe kongera gukaza amarondo kuko ubujura bw’amatungo bwongeye kugaragara mu karere.
Mukamuganga Cecile, umubyeyi ufite ubumuga bw’amaguru uhinga indabo mu Karere ka Gisagara, yiteze ko umwuga yinjiyemo nyuma yo kugira ubumuga uzamuteza imbere.
Ibigo nderabuzima bimwe na bimwe byo mu Karere ka Rutsiro birinubira ko bikoresha abakozi bake kandi bakira abarwayi benshi.
Abaturage bimuwe ahazubakwa Ikibuga cy’Indege cya Bugesera mu Murenge wa Rilima barasaba akarere kubaha ibyo bemerewe mbere yo kwimurwa.
Abaturage batuye mu Kagari ka Rusenge,Umurenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru, baratangaza ko kuva bavuka binywera amazi y’imigezi itemba.
Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta irashinja bamwe mu bafite ibigo byegamiye kuri Leta kwirukana abakozi babyo badakurikije amategeko, bigateza Leta igihombo kuko amasezerano abagenga ari ayayo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko bwatangiye gahunda yo kwambura abaturage inka bahawe muri gahunda ya "Gira inka Munyarwanda" batazikwiye .
Abahinzi bahagarariye abandi mu makoperative bigishijwe ibijyanye no kuhira imyaka muri IPRC-South, bavuga ko ubumenyi bahakuye batabukoresha ku bw’amikoro make.
Mu gihe abatuye Agasozi Ndatwa ka Mbayaya bavuga ko nta bikorwa remezo bihari ubuyobozi wo bu buvuga ko byose bihari ahubwo abaturage banze kuhatura.
Akarere ka Karongi gatangaza ko inka 214 muri gahunda ya «Gira inka» zaburiwe irengero burundu.
Club “Imboni zarwo” iratangaza ko batazategereza integanyanyigisho rusange ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu mashuri kuko babitangiye.
Bamwe mu bahinzi bakoresha imashini mukuhira imyaka yabo muri iki gihe cy’impeshyi, baravuga ko byabagabanyirije imvune n’ikiguzi batangaga ku bakozi.
Bamwe mu bari bato muri Jenoside baburanye n’ababo bakomeje gushakisha niba hari abo babona, kuko batazi aho bakomoka bikabagiraho ingaruka.
Perezida wa Komisiyo ya Afurika yunze ubumwe, Dr Nkosazana Dlamini Zuma yahamagariye ibihugu kwita ku buhahirane mu rwego rwo kwirinda gusabiriza.
Kuri iki cyumweru ubwo haba hakinwa umukino wa Rayon Sports na Kiyovu, Rayon irawifashisha mu kuzamura amafaranga yo gusinyisha Kwizera Pierrot na Emmanuel Imanishimwe
Perezida Kagame yibukije abagabo ko bagomba gufata iya mbere mu gushyigikira no guharanira ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore.
“Burera Beach Resort Hotel” yubakwaga ku Kiyaga cya Burera yuzuye, Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bukaba butangaza ko buri mu myiteguro ngo itangire kwakira abahagana.
Murekatete Odette, wo mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, yinjiza ibihumbi 500 buri kwezi kubera guhinga kamaramasenge zisa n’izidasanzwe.
Imiryango 10 y’abarokotse Jenoside mu Bisesero, Umurenge wa Rwankuba, Akarere ka Karongi ku wa 08 Nyakanga 2016 yashyikirijwe amzu yubakiwe na Good News International.
Uruganda rwa Sima mu Rwanda (CIMERWA) ruvuga ko rwanenzwe kutorohereza abacuruzi n’abubatsi kubona sima rukora, bigatuma igihugu gikomeza kuyitumiza hanze.
Polisi mu Karere ka Muhanga iratangaza ko hari abamotari bakomeje kugaragaza imyitwarire mibi rimwe na rimwe bakanakora ibyaha bitwaje Polisi.
Tumwe mu tuzu tw’amazi abatuye muri Buhabwa mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza bubakiwe twatangiye kwangirika batarabona amazi.
Ihuriro ry’imiryango iharanira iterambere ry’umugore muri Afurika, ryageneye Perezida Kagame igihembo cy’intangarugero mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda ziba i Nariobi muri Kenya bizihije umunsi wo kwibohora, bashimira ingabo zahoze ari iza RPF-Inkotanyi zabohoye igihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buravuga ko amafaranga asaga 40% mu yagenewe ibikorwa by’ubukungu, azagarukira abaturage binyuze mu guhabwa imirimo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwatanze icyizere ku iyubakwa rya Hotel Kivu Marina Bay, buvuga ko izaba yuzuye mu uy mwaka.
Abarwayi ba diyabete bakurikiranirwa ku bitaro bya Kibagabaga bashyiriweho aho bakirirwa hihariye bikabarinda ingaruka mbi bahura nazo bari ku mirongo.
Perezida wa Repubulika ya Centre Afrique Faustin Archange Touadera yakiriye impapuro zemerera Ambasaderi Jean Baptiste Habyalimana guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Rondpoint yari isanzwe kuri Kigali Convention Centre haruguru ya KBC yafunzwe burundu mu rwego rwo kwakira neza abashyitsi.
Amatsinda y’amakinamico aturuka henshi ku isi, yongeye kuzana mu Rwanda, iserukiramuco ryiswe ’ubumuntu’, aho bavuga ko imitima ya benshi ihafatirwa.
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro inyubako nshya muri Kigali ya Kigali Convention Centre, kuri uyu wa gatanu tariki 8 Nyakanga 2016.
Umuhanzi Maurix aratangaza ko nyuma yo kugaragara mu mashusho y’indirimbo “Tera imbuto y’urukundo” arenganura umuntu mu rurukiko, bamwe mu bakunzi be batangiye kumwiyambaza ngo abunganire mu manza.