Wang Shi, Umushinwakazi, yagiye mu gitabo cy’abaciye uduhigo ku isi “Guinness World Record” kuko amaze amazi 17 atwite.
Bamwe mu bagabo bo mu Karere ka Ngoma babana n’abagore batarasezeranye, bavuga ko babibuzwa no gutinya ko basezeranye abagore bajya babasuzugura.
Mu mukino wasozaga imikino yose ya gisirikare yaberaga mu Rwanda, Ingabo z’u Rwanda zatsinze iza Tanzania igitego 1-0, ariko ntizabasha kwegukana iki gikombe kuko zasabwaga gutsinda uyu mukino ku kinyuranyo cy’ibitego 2.
Abanyeshuri 10 b’Abanyarwanda bahawe amahirwe yo kujya kwiga muri kaminuza zo mu Buyapani babwiwe ko bitezweho kuzagarukana udushya mu ikoranabuhanga.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje amwe mu makuru mashya avugwa mu ikipe yabo nyuma y’imyitozo ya mbere
Ikipe ya Benediction Club y’umukino w’amagare mu Karere ka Rubavu, yatumiwe mu isiganwa ry’umunsi umwe rizabera i Goma ku wa 21 Kanama 2016.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza burashimangira ko gahunda yashyizweho n’abafatanyabikorwa igamije gusura ibikorwa bya buri mufatanyabikorwa izatuma iterambere ry’abaturage rirushaho kuzamuka.
Umuhanzi Wizkid ukomoka muri Nigeria yemeje iby’urugendo rwe mu gihugu cy’imisozi igihumbi aho azataramira abakunzi ba muzika mu gitaramo ngarukamwaka cya Mitzing BeerFest.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro n’ubw’inzego z’umutekano zigakoreramo bwagiranye inama n’abaturage b’Umudugudu wa Bitenga mu Kagari ka Kavumu mu Murenge wa Ruhango, buburira abatema inka z’abaturage.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Rayon Sports ni bwo yatangiye imyitozo yabereye kuri Stade Mumena, aho hagaragayemo umutoza mushya wungirije ndetse n’abakinnyi bashya iyi kipe yaguze
Urubyiruko rw’abadozi mu Karere ka Gakenke rurinubira ko agakiriro rwashyizwemo katagira abakiriya kuko kari kure y’urusisiro.
Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Rulindo bagaragaje ko bazashyira amafaranga arenga miliyari mu bikorwa by’imihigo y’uyu mwaka wa 2016-2017.
Abubatsi bo mu Burasirazuba baravuga ko bishyuzwa umusoro ku bikoresho bagurira abaturage, bo ntibabashe kuwugaruza kuko abo baturage atari abacuruzi bemewe.
Abaturage bo mu Murenge wa Mushubi muri Nyamagabe bahagaritse guhinga amatunda, bitewe n’uko yabembye, bahinga ntibagire icyo basarura.
Minisitiri ushinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi Mukantabana Seraphine arasaba Abanyarwanda bahunze gutahuka, kuko nyuma y’uyu mwaka bitazaborohera gutahuka kuko ibyo bafashwagamo bitazongera kubaho.
Polisi ikorera mu Karere ka Muhanga iragaya urubyiruko ruhatuye rutitabira ibikorwa byo kubungabunga umutekano.
Kuri uyu wa Kabiri ubwo haza gukinwa umukino wa nyuma mu mikino ya gisirikare, APR irasabwa gutsinda ikinyuranyo cy’ibitego 2-0 ikeguna igikombe mu mupira w’amaguru
Abafungiwe Jenoside muri gereza ya Rwamagana bemeza ko Club yo kurwanya Jenoside yabavanye ku izima bemera ibyaha bamaze imyaka 22 bataremeraga.
Inama y’umutekano yaguye y’Akarere ka Nyamasheke yasanze mu kwezi gushize umutekano warishwe n’impfu za hato na hato n’inkongi z’umuriro.
Bamwe mu bagore bizigama mu bimina bivuguruye bavuga ko byabongereye umutuzo n’abo bashakanye kuko batakibategaho buri kimwe.
Abakorerabushake b’Abanyakoreya bari bamaze imyaka itanu babana n’abaturage mu Karere ka Kamonyi, barabasaba gusigasira ibikorwa by’iterambere babafashije kugeraho kuko bo bagiye gusubira iwabo.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko muri 2020, abunzi bazaba bari ku rwego rwo gukemura ibibazo by’abaturage ku kigero cya 95% kubera umurava bakorana.
Ikigo Mpuzamahanga cy’Umutungo mu by’Ubwenge (WIPO) cyashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere, byahanze udushya.
Tubane James wari umaze imyaka ibiri mu ikipe ya Rayon Sports, yamaze kuyivamo asinyira AS Kigali imyaka ibiri
Mu mikino ya gisirikare iri kubera mu Rwanda, Kenya yatsinzeu Rwanda ihita yegukana igikombe mu mukino wa Handball
Direct Pay Online (DPO), soyiyete yo muri Afurika y’Epfo itanga serivisi zo kwishyura hifashishijwe ikoranabuhanga, yaguze sosiyete ya Virtual Card Services (VCS) nayo ikora amakarita abikwaho amafaranga, bihinduka sosiyete nshya yiswe Payments Service Provide (PSP).
Abayeshuri bo mu Karere ka Ngoma bavuga ko gusura parike bikenewe kugira ngo baboneshe amaso ibyo biga mu bitabo, bityo barusheho gusobanukirwa.
Ubuyobozi buhangayikishijwe n’uko ababyeyi batuye mu Murenge wa Katabagemu muri Nyagatare, batitabira kunywa amata kandi boroye ahubwo bakinywera inzoga z’inzagwa.
Musenyeri wa Diyosezi ya Nyundo Mwumvaneza Anaclet yahaye ububasha bw’ubusomyi bw’ivanjili n’ubuhereza Abafaratiri 14 bitegura kuba ba Padiri, abasaba kuzakora inshingano bahawe.
Abasigajwe inyuma n’amateka ngo bishimiye ko basigaye basangira n’abandi Banyarwanda kandi mbere bitarabagaho, bakaba babikesha gahunda y’Ubumwe n’ubwiyunge.
Abahinga mu Gishanga cya Kayumbu baratangaza ko bagira imbogamizi zo guhinga mu Mpeshyi kubera ikibazo cy’amazi make muri icyo gishinga.
Ibihugu bine byitabiriye imikino ya Gisirikare byasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994 ruri ku Gisozi, ndetse na Economic zone
Utudege tutagira abapilote twitwa ’drones’ twatangiye kugezwa mu Rwanda guhera ku cyumweru tukazahita dutangira kwifashishwa muri serivisi z’ubuvuzi.
Umuyobozi w’intara y’Iburasirazuba Uwamariya Odette, arashima uruhare rw’amadimi mu bikorwa batanyana n’ubuyobozi mu iterambere ry’iyi ntara.
Nkundabagenzi Emanuel n’abavandimwe be bizeye gutera imbere kubera buhira bakeza no mu cyi, nyuma yo kureka ubumotari agahitamo guhinga imboga.
Abagabo batuye mu kagali ka Ndekwe Umurenge wa Remeramu Karere ka Ngoma, bashinja abagore babi kwitwaza uburinganire bagakora ibikorwa biteza amakimbirane mu ngo.
Urubyiruko n’abagore bo mu turere abenshi bavuga ko batazi ntibanasobanukirwe n’imikorere y’Ikigego cy’imari (BDF), mu gihe cyari cyashyiriweho kubafasha guteza imbere imishinga yabo.
Abatuye mu Kagari ka Rwanza mu Murenge wa Save muri Gisagara barasaba kwishyurwa ingurane z’ibyabo byangijwe hacibwa imihanda mu myaka ine ishize.
Abana batatu bo mu Kagari ka Gisiza mu Murenge wa Musasa ho mu Karere ka Rutsiro bakubiswe n’inkuba babiri bahita bitaba Imana.
Abayobozi mu nzego zitandukanye zigize Akarere ka Karongi basanga uburyo bushya bwo guhiga hifashishijwe ikoranabuhanga buzatanga umusaruro kurushaho.
Mu mukino w’intoki wa Basketball, ikipe y’ingabo z’u Rwanda yegukanye umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda imikino yose yagombaga gukina.
Umwana w’imyaka 4 yitabye Imana, undi arwariye mu bitaro bya Nyagatare mu gihe abandi babiri barwariye mu rugo bikekwa ko bazira imyumbati bariye.
Nubwo hashize umwaka hatangirwa amasomo y’imyuga, urubyiruko ruhamya ko kutagira umuyoboro wa internet bituma Ikigo cy’Urubyiruko cya Kamonyi kitagendwa cyane.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yavuze ko mu Rwanda hagiye gutangira Ishuri Mpuzamahanga ry’Ubugenge rikaba ryitezweho kuzamua ireme ry’uburezi kuko rizibanda cyane ku bushakashatsi.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyamasheke yakoze umukwabu wo gufata abantu bananiranye bazwi ku izina ry’“ibihazi” inafata bimwe mu biyobyabwenge n’ababigurishaga.
Itorero rya ADEPR mu Karere ka Rubavu ryatangije ibikorwa byo gushishikariza urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge no kwirinda imitwe yitwaza intwaro.