
Mu rubanza ruri kubera i Gikondo, aho icyaha cyakorewe, urukiko rwa Gisirikare rwemeje ko aba basirikare bashinjwa ibyaha bitatu bakomeza kuburana bafunze kubera ko impamvu batanze bisobanura zidahagije.
Urukiko rwabwiye abaturage bari bitabiriye iri buranisha, kuri uyu wa kabiri tariki 27 Kamena 2017, ryaberaga mu nzu mberabyombi iri ahitwa kuri CGM, ko mu byaha baregwa harimo icyaha cy’ubufatanyacyaha mu bwicanyi kandi gihanishwa hejuru y’imyaka ibiri.
Ibindi byaha baregwa birimo ubwambuzi bukoresheje kiboko, ubugande, kurasa nta tegeko no konona ikintu cy’undi ku bw’inabi.
Pte Ishimwe yemeye ibyaha byose aregwa uko ari bitatu naho mugenzi we yemera icyaha cy’ubufatanyacyaha gusa.
Tariki 10 Gicurasi 2017, nibwo aba basirikare barashe Ivan Ntivuguruzwa, bamusanze ku kabari ke ahagana mu masaa munani z’ijoro, bamurashe amasasu menshi.
Claudine Umuhoza umugore wa Ntivuguruzwa, yishimiye iburanishwa mu ruhame ry’aba bashinjwa kumwicira umugabo.
Ohereza igitekerezo
|