Uru rubanza rusomwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri, rwemeje ko bakomeza gufungwa mu gihe bategereje kuburana mu mizi.
Dianne Rwigara na Mukangemanyi Rwigara Adeline bakurikiranweho icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda. Bajuririye icyemezo cy’urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge cyo kubafunga iminsi 30 y’agateganyo.
Diane Rwigara ku giti cye akurikiranweho icyaha cy’inyandiko mpimbano, bivugwa ko yakoresheje igihe yashakaga kujya ku rutonde rw’abashakaga kuba abakandida mu matora ya Perezida wa Repubulika yabaye muri Kanama 2017
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|