Pascal Nyamurinda ni we muyobozi mushya w’Umujyi wa Kigali

Pascal Nyamurinda ni we watorewe kuyobora Umujyi wa Kigali, atsinze Umuhoza Aurore bari bahanganye kuri uwo mwanya ku majwi 161 kuri 35.

Pascal Nyamurinda watorewe kuyobora Umujyi wa Kigali (Photo: Igihe)
Pascal Nyamurinda watorewe kuyobora Umujyi wa Kigali (Photo: Igihe)

Nyamurinda ufite imyaka 54, yahoze ari umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe indangamuntu mu Rwanda (NIDA). Inama Njyanama y’Akarere ka Gasabo yamugiriye icyizere cyo kuyihagararira mu matora yabaye ku itariki 14 Gashyantare 2017

Abakurikiranira hafi ibya politiki, bemeza ko Nyamurinda wari na visi Perezida w’inama Njyanama y’Akarere ka Gasabo, azashobora inshingano nshya bakurikije uko yayoboye NIDA nk’urwego rukomeye rwunganira umutekano w’igihugu.

Nyamurinda mu gikorwa cy'amatora yaje no gutsinda.
Nyamurinda mu gikorwa cy’amatora yaje no gutsinda.

Yatowe n’inteko y’Umujyi wa Kigali, mu matora yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 17 Gashyantare 2017, nk’uko twari twabatangarije ko hari kuba amatora.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Turamwishimiye kandi tumusabiye umugisha uva kumana no kurangiza neza inshingano nshya zisaba ubwitange ahawe.

Sylvestre yanditse ku itariki ya: 19-02-2017  →  Musubize

NANJYE IYO NZA KUBA MUNTEKO ITORA,NTAWUNDI NARI GUTORA;PASCAL...VRAI TECHENITIAL.

AUGUSTIN yanditse ku itariki ya: 17-02-2017  →  Musubize

yego nkuko yerekanye ko ashoboye mumahanga no murwanda akomeze atwereke ibyo ashoboye

domus yanditse ku itariki ya: 17-02-2017  →  Musubize

tumwijeje ubufatanye

nitwa vedaste yanditse ku itariki ya: 17-02-2017  →  Musubize

Bahisemwo neza. Pascal uretse ubumenyi afite n’inyangamugayo kandi akunda i gihugu n’umurimo.
Ntagushidikanya ko afatanyije n’Imana na bagenzi be azarangiza Inshingano nshya neza. CUDOS!

André R. yanditse ku itariki ya: 17-02-2017  →  Musubize

Congs kuri Mayor wa Kigali city. Ibonye umuyobozi mwiza uri humble, calme akaba diplomate and technician

Manzi yanditse ku itariki ya: 17-02-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka