Amafoto: Kabuga yitabye ubushinjacyaha acungiwe umutekano bikomeye
Nyuma y’iminsi itatu afatiwe mu Bufaransa, Ku wa Kabiri tariki 19 Gicurasi 2020, Kabuga Felicien yitabye Ubushinjacyaha bwa Paris. Uyu mugabo wari umaze imyaka 26 yihishe ubutabera yaherekejwe mu Bushinjacyaha Bukuru acungiwe umutekano ku rwego rwo hejuru.

Ni intambwe ya mbere ku rubanza rw’uyu munyemari ukekwaho kuba umuterankunga ukomeye wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Biteganyijwe kuri uyu wa Gatatu Kabuga ashobora kuza kugaragara mu Rukiko rwa Paris, ariko umwunganizi we mu mategeko Me Emmanuel Altit, we yasabye ko umukiriya we yazagezwa mu rukiko ku wa gatatu w’icyumweru gitaha, hakazaba ari tariki ya 27 Gicurasi 2020.
Urukiko ruzaba rufite iminsi 15 yo guha agaciro impapuro zo guta muri yombi Kabuga, zashyizweho n’Urwego rwasimbuye icyahoze ari Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR).

Umushinjacyaha yamumenyesheje ibijyanye n’impapuro zimuta muri yombi zatanzwe n’urwo rwgo. Urukiko na rwo rugomba kuzamumenyesha ibyo aregwa, nyuma mu gihe cy’iminsi umunani abacamanza bakazatangira gukurikirana ikirego cye.
Amabwiriza ateganyako umuntu wahunze ubutabera mpuzamahanga mu gihe cy’imyaka 26 agomba koherezwa i La Haye mu Buholandi, agacibwa urubanza n’urwego rwatanze impapuro zo kumuta muri yombi (IRMCT).
Bivuze rero ko urubanza rwe rushobora kuzabera i La Haye cyangwa se i Arusha muri Tanzaniya.


Amafoto: Gettyimages
Inkuru zijyanye na: Kabuga Félicien
- Raporo y’abaganga ku burwayi bwa Kabuga Félicien bwo kwibagirwa irashidikanywaho
- Abaganga bagaragaje ko Kabuga Félicien atiteguye gukomeza urubanza
- Kabuga Félicien agiye kwitaba Urukiko mu nama itegura urubanza
- Imbere y’Urukiko i La Haye, Kabuga Félicien yavuze amazina ye gusa
- Kabuga Felicien aritaba urukiko bwa mbere nyuma yo kugezwa mu Buholandi
- Félicien Kabuga yajyanywe i La Haye kugira ngo atangire kuburana
- Kohereza Kabuga Arusha cyangwa i La Haye, ubutabera mpuzamahanga burasabwa gufata icyemezo
- Kabuga Félicien azaburanira i La Haye mu Buholandi
- Amazina y’abazaburanisha Kabuga yamenyekanye
- Urukiko rwo mu Bufaransa rwemeje ko Kabuga Felicien ashyikirizwa Urukiko Mpuzamahanga
- Kabuga Félicien ashobora koherezwa i Arusha mu kwezi gutaha
- Filime ivuga ku ruhare rwa Kabuga muri Jenoside yasohotse
- Kabuga Félicien yari afite umuyoboro wagutse umufasha kwihisha ubutabera – Amb. Rugwabiza
- Félicien Kabuga agiye kuburanishirizwa i Arusha
- Mu rukiko, Kabuga yasabye kurekurwa akaba ari kumwe n’abana be
- Kabuga Félicien yahakanye ibyaha ashinjwa
- Imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside irasaba ko Kabuga yoherezwa kuburanira mu Rwanda
- Barasaba ko abafashije Kabuga Félicien kwihisha ubutabera babiryozwa
- Urupfu rwa Bizimana ni igihombo ku butabera – JB Siboyintore
- Bizimana washakishwaga hamwe na Kabuga, byemejwe ko yapfuye muri 2000
Ohereza igitekerezo
|
akatirwe urumukwiye amaraso yabanyarwanda yamenye ayabazwe. yiba yaraje murwanda akaba ariho aburanira byarigufasha abanyarwanda.