Uri mu kato kubera Covid-19 agiye kujya yishyura bimwe mu bimugendaho
Kimwe mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yabaye ku wa Mbere tariki 18 Gicurasi 2020, ni uko abazajya bashyirwa mu kato kubera Covid-19 cyane cyane abazava hanze, bazajya biyishyurira aho bacumbikirwa mu gihe ibyo byari bisanzwe bikorwa na Leta.
- Dr. Daniel Ngamije Minisitiri w’Ubuzima
Ibyo ni ibyatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije, ubwo yari mu kiganiro kuri Radio Rwanda kuri uyu wa 19 Gicurasi 2020, aho yasobanuraga bimwe mu byemezo byafashwe n’iyo Nama y’Abaminisitiri, cyane cyane ibijyanye no guhangana na Covid-19.
Minisitiri Ngamije yavuze ko Covid-19 ari indwara nk’izindi bityo ko abantu bagomba kugira uruhare mu bibatangwaho mu gihe bashyizwe mu kato.
Ati “Umunyarwanda amenyereye kugira uruhare muri serivisi agenerwa zo kwa muganaga. Iyi ni indwara kimwe n’izindi, igihe kirageze rero ngo ibintu bimwe na bimwe Leta yamukoreraga na we abigiremo uruhare, kuko mu ntangiriro abantu bacumbikirwaga, bakagabururwa, bakavurwa kugeza basuzumwe bagasanga uburwayi bwarabashizemo bagataha”.
Ati “Abo tureba cyane ni abari guturuka hanze kuko bahaguruka bazi ko bazahita bashyirwa mu kato, umuntu agomba rero no kumenya ko azagira uruhare mu bimutangwaho bityo akore urugendo abizi.
Kugeza ubu icyo atazishyura ni amafaranga y’umuganga n’abaforomo n’imiti, ariko amafunguro n’icumbi agomba kumenya ko agiye kujya abyishyura”.
Minisitiri Ngamije yavuze kandi ko hari ibyiciro bitandukanye by’aho abantu bazashyirwa mu kato bityo ngo ntihagire ugira impungenge.
Ati “Hazaba hari aho gushyira umuntu mu kato hatandukanye ku biciro bityo umwe wese azahitamo akurikije amikoro ye. Tugiye kuzabimenyekanisha ku buryo uzashaka gufata urugendo azaza azi neza uko bihagaze bityo akamenya icyo agomba kwitwaza nk’impamba”.
Uwo muyobozi yavuze kandi ko kuba ingamba zari zafashwe zo kwirinda icyorezo cya Covid-19 zigenda zoroshywa bitavuze ko cyarangiye, ahubwo ngo ni uko kugikurikirana bigenda neza kuko itsinda ry’abanduye rizwi ndetse ko n’abagenda bandura ahanini aho bandurira hazwi.
Abantu rero ngo bagomba gukomeza ingamba zo kwirinda zisanzweho, zirimo kwambara agapfukamunwa umuntu agiye mu bantu benshi, gukaraba intoki kenshi, kwirinda guhana ibiganza mu gusuhuzanya no gutanga amakuru mu gihe hari ugaragaweho ibimenyetso by’icyo cyorezo.
Inkuru bijyanye na: Coronavirus
- Gukora Siporo muri Kigali utarenze Umudugudu wawe biremewe
- Abatunguwe na Guma mu Rugo i Kigali barafashwa gukora ingendo ku munsi wa mbere
- Umuti ugabanya ubukana bwa COVID-19 uragera mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu
- Mu Rwanda abantu 4 bishwe na COVID-19, habonetse abarwayi bashya 227
- Kigali: Abantu 12% banduye Covid-19 (ubushakashatsi)
- Umujyi wa Kigali washyizwe muri Guma mu Rugo (Inama y’Abaminisitiri)
- Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize ku kurwanya COVID-19
- Covid-19 iratwegereye cyane, tubyibazeho neza itatwegera kurushaho - Minisitiri Busingye
- Kigali: Polisi yafatiye abantu 13 mu rugo rw’umuturage barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
- Mu Rwanda abantu 182 babasanzemo COVID-19, abapfuye ni babiri
- Mu Rwanda abantu 277 babasanzemo COVID-19, abapfuye ni babiri
- Mu Rwanda abantu 257 babasanzemo COVID-19
- Nageze ku muryango w’urupfu Imana ikinga akaboko - Ubuhamya bw’uwakize COVID-19
- Mu Rwanda abantu batanu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 194
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 172
- #COVID19 : Abarwayi bashya 166 barimo 108 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19
- Kicukiro: Abagera kuri 17 bafashwe bakora ibirori urugo baruhinduye nk’akabari
- Umubare w’abarenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 waragabanutse
- #COVID19 : Mu barwayi bashya 169 harimo 125 babonetse i Kigali
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|