Nyuma yo gutwika Bibiliya, umuhanzi Muchoma Mucomani yasabye imbabazi

Ubwo yari ari mu kiganiro cya Buracyeye cya KT Radio, umuhanzi Muchoma Mucomani apfukamye azamuye amaboko asaba imbabazi abantu bababajwe no kuba mu ndirimbo ye ‘Ni Ikibazo’ yaragaragaye ashwanyaguza Bibiriya, akayitwika akanayihamba.

Muchoma yasabye imbabazi apfukamye kuko yashwanyaguje Bibiliya
Muchoma yasabye imbabazi apfukamye kuko yashwanyaguje Bibiliya

Muchoma avuga ko atari agambiriye kubabaza abamukunda ahubwo yashakaga kwerekana ko bamwe mu bakirisitu bitwaza Bibiriya cyane, ariko aho kuyikoresha mu gukora ibyiza ngo ibiyirimo bibabere urugero, bakayitatira, bagakora ibikorwa bibi birimo inzangano, ubujura, ubugome n’ibindi.

Yagize ati “Ntabwo nashwanyaguje Bibiliya byo kuyitesha agaciro ahubwo nabikoze nerekana ko hari abakirisito bahorana Bibiliya bagakora ibikorwa bihabanye na yo kandi biyitesha agaciro, bakayitwika mu bikorwa byabo bakayishwanyaguza uko bwije n’uko bukeye. Icyo nakoze ni ukwishyira mu mwanya w’uwo mukirisitu gito mbyereka abantu”.

Muchoma asaba imbabazi abafana be ndetse akabasaba gukomeza kumushyigikira bagakunda indirimbo kandi agasaba n’Imana imbabazi.

Muchoma yasabye abamukunda kumushyigikira kurushaho
Muchoma yasabye abamukunda kumushyigikira kurushaho

Yagize ati “Ni ubwa mbere ngiye gusaba imbabazi abo nababaje bose ariko jyewe Muchoma Mucomani nsabye imbabazi n’umutima wanjye wose, umuntu wese wababajwe no kumbona nshwanyaguza ngatwika Bibiliya y’Imana. Imana imbabarire n’abandi bose babifashe nabi bambabarire”.

Mucomani ni umwe mu bahanzi bari kubaka izina hano mu Rwanda, avuga ko aririmba ubuzima akanibanda mu kuvuganira abana bo mu muhanda cyane ko na we yababayemo, ndetse akumva afite indoto zo kuzahora abavuganira no kubafasha.

Ni gutya Muchoma agaragara mu ndirimbo ye Ni Ikibazo
Ni gutya Muchoma agaragara mu ndirimbo ye Ni Ikibazo

Uretse indirimbo ‘Ni Ikibazo’, Muchoma amaze gukora indirimbo nyinshi nka ‘My love’, ‘Haraka’, ‘Ubuhamya’ yakoranye na Mico The Best n’izindi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 10 )

Muramutera ubwoba bw’ubusa. Si uwambere uyitwitse kandi kiriya ni igitabo nk’ibindi. Gusa ntampamvu yo gutwika igitabo.

Adina yanditse ku itariki ya: 2-11-2020  →  Musubize

Biblia si igitabo nkibindi muvandi kuko nubaza neza uzasanga ari nacyo gitabo cyambere cyaguzwe cyane ku isi. Gusa Imana ni inyembabazi itandukanye nabantu kd irababarira

Theo yanditse ku itariki ya: 3-11-2020  →  Musubize

2 Tim 3:16
[16]Ibyanditswe byera byose byahumetswe n’Imana kandi bigira umumaro wo kwigisha umuntu, no kumwemeza ibyaha bye no kumutunganya, no kumuhanira gukiranuka

alias yanditse ku itariki ya: 2-11-2020  →  Musubize

Mk 3:28-29
[28]“Ndababwira ukuri yuko abantu bazababarirwa ibyaha byabo byose, n’ibitutsi batuka Imana,
[29]ariko umuntu wese utuka Umwuka Wera ntabwo azabibabarirwa rwose, ahubwo aba akoze icyaha cy’iteka ryose.”

alias yanditse ku itariki ya: 2-11-2020  →  Musubize

Kucoma bivuga gutwika. Azanye gusaba penetentia naho ubundi yiteye umwaku.

Alias yanditse ku itariki ya: 2-11-2020  →  Musubize

Icyaha si ugutwika Bible gusa.Niba dushaka ubuzima bw’iteka muli paradizo,tubanze dushake umuntu uzi neza bible ayitwigishe ku buntu kandi barahari benshi.Nitumara kuyimenya kandi tugakora ibyo Imana ivuga,nibwo Imana izaduha ubuzima bw’iteka muli paradizo.Nubwo utatwika bible ariko ntukore ibyo ivuga,ntaho uba utaniye n’uyitwika.

kirenga yanditse ku itariki ya: 2-11-2020  →  Musubize

Nasabe Imana imbabazi.
Ashobora gucoma Biblia Imana nayo ikazamucoma!
Bahanzi mwitonde Imana ntikinishwa!
Ahaaa!

Jean de Dieu NDAYAMBAJE yanditse ku itariki ya: 1-11-2020  →  Musubize

Nasabe Imana imbabazi.
Ashobora gucoma Biblia Imana nayo ikazamucoma!
Bahanzi mwitonde Imana ntikinishwa!
Ahaaa!

Jean de Dieu NDAYAMBAJE yanditse ku itariki ya: 1-11-2020  →  Musubize

uwomugabo hh ninkora shyana

nkurunziza yanditse ku itariki ya: 1-11-2020  →  Musubize

Mbega umujama, nibura yibuke gukuramo ingoforo tumenye ko asabye imbabazi y’ubashe abo azisaba

Sabiiti yanditse ku itariki ya: 31-10-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka