Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), iratangaza ko hagiye gukorwa inyigo igaragaza imibare nyayo y’uko ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe gihagaze Mu Rwanda, kugira bashobore gufasha abafite ibyo bibazo.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Musanze, yafashe umusore w’imyaka 29 ukurikiranyweho kwiba telefone zigezweho (smart phones), akazigurishiriza mu bindi bihugu.
Uwo mukinnyi mpuzamahanga wamenyekanye mu makipe atandukanye, ndetse akanitwara neza cyane mu gikombe cy’Isi cya 2014, ibyatumye izina rye rirushaho kwamamara, yafashe uwo mwanzuro ukomeye nyuma yo gukomereka inshuro zitandukanye.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda (AMAVUBI) igarutse mu Rwanda aho ije gutegura umukino wo kwsihyura ugomba kuyihuza na Benin ku kibuga kitaramenyekana kugeza ubu.
Abana biganjemo abari barataye ishuri bitewe no kutagira ibikoresho nkenerwa, biborohereza mu myigire yabo ndetse n’abigaga batabifite bo mu Karere ka Musanze, nyuma yo gushyikirizwa ibikoresho by’ishuri bameje ko ari imbarutso yo kutazongera kugira ipfunwe ryababeraga inzitizi mu myigire yabo.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yanganyije na Benin 1-1 mu mikino w’umunsi wa gatatu w’amatsinda yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023 wabereye muri Benin.
Umusaza w’imyaka 73 witwa Patrick Ndwiga Njagi, yapfuye amaze umunsi umwe mu bitaro nyuma yo kugaragaza ibimenyetso by’indwara ya ‘Antharax’ mu gihe abandi bagera kuri 365 bari mu bitaro, bazira kurya inyama z’inka irwaye iyo ndwara.
Umubyeyi yataye umwana mu musarani w’ibitaro, atabarwa n’umugabo wari uje gushaka ikizamini cy’umusarani yari atumwe na muganga.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno, avuga ko icyumweru cy’Umujyanama cyateguwe hagamijwe kwegera abaturage no gukemura ibibazo bibangamiye cyane iby’ihohoterwa n’amakimbirane mu miryango, ndetse n’icy’abangavu baterwa inda ariko no kumenyekanisha Abajyanama, kugira ngo abaturage bajye babifashisha mu bibazo (…)
Umukozi w’Akarere ka Gatsibo ushinzwe kurengera umwana, Sebatware Clement, avuga ko mu mezi atandatu gusa, abana 237 bari munsi y’imyaka 18 ari bo bamaze kumenyekana batewe inda.
Umuryango utari uwa Leta IMRO (Ihorere Munyarwanda Organisation) uharanira uburenganzira bwa muntu wibanda ku buzima bw’imyororokere no kurwanya SIDA, wateguye amahugurwa yagenewe abakora mu miryango itari iya Leta, mu rwego rwo guhanahana ubumenyi no guhuza imbaraga mu kumenyekanisha amakuru yerekeranye n’ubuzima (…)
Mu nama nyunguranabitekerezo yahuje Sena y’u Rwanda n’inzego za Siporo, Senateri Mureshyankwano Marie Rose yasabye ko hagira igikorwa mu kurwanya uburiganya buvugwa mu gushaka intsinzi mu mikino mu Rwanda.
Abavuka mu karere ka Burera bakorera mu duce dutandukanye tw’igihugu n’inshuti z’ako karere, bahuye n’ubuyobozi bw’ako karere mu nama nyunguranabitekerezo yiga ku iterambere rirambye ryako.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yabonanye na Minisitiri w’intebe akaba na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Qatar, Sheikh Mohammed bin Abdulrahman bin Jassim Al-Thani, baganira ku guteza imbere inzego z’ubufatanye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro hamwe n’abafatanyabikorwa barimo Intrahealth na Reach the Children Rwanda, batangije icyumweru cy’ubuzima, gitangirizwa mu irerero rya Ayabaraya mu Murenge wa Masaka, tariki 21 Werurwe 2023.
Iteganyagihe ryo kuva tariki 21 kugeza ku ya 31 Werurwe 2023, rivuga ko imvura iteganyijwe kugwa mu mpera z’ukwezi kwa Werurwe, izaba nyinshi ugereranyije n’isanzwe igwa.
Ubwonko bw’umuntu bukenera kwitabwaho, by’umwihariko kugira ngo buzakomeze kugira imikorere myiza no mu gihe umuntu azaba ageze mu zabukuru. Ubushakashatsi dusanga ku rubuga www.passeportsante.net bugaragaza bimwe mu bibangamira ubuzima bwiza bw’ubwonko n’ibyakorwa kugira ngo bumererwe neza.
Ubuyobozi bwa Koperative y’abahinzi b’umuceri, COPRORIZ Ntende, buvuga ko amarerero bazubaka azengurutse igishanga bakoreramo, ariyo azarandura impanuka zakiberagamo.
Ku wa Kabiri tariki ya 21 Werurwe 2023, hatangiye imikino ihuza abapolice bo muri Afurika y’Iburasirazuba, EAPCCO, aho Polisi y’u Rwanda yatangiye neza.
Umugore witwa Uwimana yafatanywe imifuka ipakiyemo inzitiramibu (Super net), bikekwa ko yari azijyanye kuzigurishiriza muri Uganda, kandi bitemewe.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi ntabwo izakirira Benin kuri Sitade Huye mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023 kubera hoteli zitari ku rwego rwifuzwa.
Saa sita n’iminota 20 z’amanywa yo ku wa Kabiri tariki 21 Werurwe 2023, bamwe mu banyamuryango ba Koperative Twuzuzanye ikorera mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe bagwiriwe n’ikiraro cy’inkoko basamburaga, umuntu umwe ahita apfa.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki 21 Werurwe 2023, Perezida Paul Kagame yahuye n’umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Amir Sheikh Tamim Bin Hamad, bagirana ibiganiro. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda byatangaje ko Perezida Kagame na Amir Sheikh Tamim Bin Hamad bahuriye Amiri Diwan baganira ku ngingo zitandukanye zirimo ubufatanye (…)
Urubyiruko rutandukanye rutazi inkomoko kubera amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rurasaba gufashwa gukemurirwa urusobe rw’ibibazo bahura na byo birimo gushakirwa aho kuba.
Bamwe mu bana basambanyijwe bagaterwa inda, bavuga ko abagabo cyane cyane abifite bataye umuco ku buryo basigaye bubahuka abana babashukisha ibintu bagamije kubasambanya.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Félix Namuhoranye, yatunguye benshi ubwo yagaragazaga ubuhanga afite mu gukina umupira w’amaguru.
Urubyiruko rubarizwa mu muryango FPR-Inkotanyi rwo mu Karere ka Musanze rwasoje icyiciro cya gatatu cy’amasomo yiswe ‘Irerero ry’Umuryango’, ruvuga ko rugiye kugira uruhare mu gusigasira ibyo Igihugu cyagezeho, gushyira hamwe no kugendera kure amacakubiri kugira ngo bazabashe kugeza Igihugu ku iterambere, ndetse rukabera (…)
Abaturage b’Umudugudu wa Gikobwa, Akagari ka Munini, Umurenge wa Rwimbogo, bavuga ko bagorwa no kwivuza kubera ko ivuriro ryabo ry’ibanze ritagikora kubera ko ryasenyutse.
Mu mukino wabimburiye indi mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba, Police y’u Rwanda yatsinze u Burundi ibitego 3-1
Dr Daniel Ngamije wahoze ari Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe gahunda yo kurwanya Malaria ku Isi akazatangira izo nshingano nshya tariki ya 8 Mata 2023.
Umuturage witwa Mushengezi Jean Damascène arashinja Akarere ka Musanze kumuteza igihombo cya miliyoni 40, akarere nako kakabihakana kavuga ko ibyo uyu muturage avuga ko nta shingiro bifite.
Banki ya Kigali (BK) ifatanyije na sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda, batangije gahunda ya Macye Macye mu mezi make ashize, igamije gufasha Abanyarwanda kubona telefone zigezweho (smartphones), aho bazajya bazishyura mu byiciro kugeza kuri 200Frw ku munsi.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Kamonyi, ku wa Gatandatu tariki ya 18 Werurwe, yafashe abagabo babiri yasanze mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko.
Imikino ihuza abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba yatangijwe ku mugaragaro kuri Kigali Pelé Stadium, mu birori byasusurukijwe n’Itorero Inganzo Ngari.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga biyujurije iteme ribafasha kugeza umusaruro wabo ku isoko, rikanafasha imigenderanire, dore ko iryari rihari ryatwawe n’ibiza by’imvura bigahagarika ingendo z’ibinyabiziga.
Mu gihe mu bihe byashize wasangaga abacuruzi badashobora kwemera gusubirana ibicuruzwa byabo igihe bigaragara ko bidahuje n’icyifuzo cy’umuguzi, bavuga ngo “icyaguzwe ntigisubizwa mu iduka”, ubu byarahindutse, mu rwego rwo kurengera umuguzi, nk’uko bivugwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge, ihiganwa mu (…)
Umugenzi yasimbutse mu modoka ariruka, nyuma yo kwiba umugore bari bicaranye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 189. Abaturage bakibimenya, bamwirutseho agerageje kubarwanya bamurusha imbaraga baramufata.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF) Louise Mushikiwabo mu biganiro yagiranye na Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron byibanze ku gukomeza guteza imbere ururimi rw’igifaransa.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, ku wa Mbere tariki ya 20 Werurwe 2023, rwasinyanye amasezerano n’Ikipe y’Umupira w’amaguru y’abakanyujijeho ku Isi, azatuma u Rwanda rwakira amarushanwa 3 y’abakanyujijeho muri ruhago.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafashe Evariste Tuyisenge wiyita Ntama w’Imana 2 kuri Twitter, nyuma y’uko atangaje ubutumwa bushishikariza abantu gukora icyaha cyo gusambanya abana.
Rutahizamu wa PSG Kylian Mbappé yagizwe kapiteni mushya w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa asimbuye Hugo Lloris wasezeye.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2023, REG BBC, yatsinzwe na US Monastir yo muri Tunisia amanota 82 kuri 76.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Werurwe 2023, yageze i Doha muri Qatar mu ruzinduko rw’akazi.
Abatuye Akarere ka Burera bavuga ko ingano ari igihingwa bashyira ku mwanya wa mbere mu bibazamurira iterambere, aho ureba hirya no hino ku misozi igize ako karere, ukabona ubutaka hafi ya bwose buhinzego icyo gihingwa basarura byibura toni 3,3 kuri hegitari imwe.
Abakora kwa muganga mu bigo bitandukanye by’ubuzima mu Karere ka Muhanga, bibumbiye mu Ntore z’Impeshakurama z’Akarere ka Muhanga, bagobotse abari barabuze ubwishyu bw’igice cya kabiri cya Mituweli bakaba bagiye gukomeza kwivuza.
Ikigega cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (USAID) cyishimiye kurangiza umushinga wa Miliyoni 14.9 z’Amadolari ya Amerika yashowe muri gahunda ya Rwanda Nguriza Nshore, yari igamije kuzamura bizinesi ziciriritse zo mu rwego rw’ubuhinzi, no guhanga imirimo idashingiye ku buhinzi n’ubworozi ku Banyarwanda batuye (…)
Umugabo wo muri Kenya witwa Francis Chebuche w’imyaka 22, aravugwaho kuba yarahoraga mu makimbirane n’umugore we, nyuma aza no kumwirukana, ahubwo atangira kwicukurira imva, nyuma ajya no kugura isanduku n’imyenda azambara yihamba , ariko Abasaza bakuze bo mu muryango we, bavuga ko ahubwo uwo mugabo akeneye gukorerwa (…)