Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri, gufatanya n’abarimu bayobora mu gukangurira abana n’urubyiruko ndetse n’umuryango muri rusange, kwitabira ubwishingizi bw’igihe kirekire bwa Ejo Heza.
Mu mukino wa gicuti w’umupira w’amaguru wahuje abakozi b’Akarere ka Musanze n’abapadiri ba Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri kuri Stade Ubworoherane, ku wa Gatanu tariki 30 Nzeri 2022, warangiye abakozi b’akarere batsinze abapadiri ibitego 4-1.
Abagore bari mu ruhando rwa Sinema mu Rwanda barishimira urwego bamaze kugeraho, kuko rushimishije ugereranyije no mu myaka yatambutse.
Kuri uyu wa Gatandatu hakinwe imikino ine ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu mupira w’amaguru 2022-2023, aho mu makipe yari mu rugo imwe ariyo yabonye itsinzi gusa, Marine FC yatsindiwe mu rugo na Rayon Sports 3-2, Sunrise itsinda Kiyovu Sports 2-1.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu muri Singapore, yahuye na Kuok Hoon Hong, umwe mu bashinze akaba n’Umuyobozi Mukuru w’ikigo Wilmar International, kizobereye mu buhinzi kikagira n’inganda zitunganya ibikomoka ku buhinzi, cyane cyane izikora amavuta yo kurya.
Umwubatsi w’Umunya-Yemen witwa Hashem Al-Ghaili, aherutse kuganira na Televiziyo y’Abanyamerika (CNN), agaragaza ishusho ya hoteli yifuza kubaka ikoherezwa mu kirere kwiberayo imyaka n’imyaniko, itaragaruka ku Isi.
Itsinda ry’abasikare n’abapolisi b’u Rwanda 20, bahawe amahugurwa agamije kubongerera ubumenyi bwo guhugura abandi, mu birebana no kurengera abana no kubarinda gushorwa mu gisirikare.
Ubuyobozi bwa Koperative Umwalimu Sacco, butangaza ko budateganya kugabanya inyungu busaba abafata inguzanyo ihabwa Abarimu, kubera ibiciro birimo kuzamuka ku masoko hamwe n’inyungu banki icibwa mu gufata amafaranga mu zindi Banki.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (BK), bwatangije gahunda yo korohereza abakiriya bayo n’abandi bakeneye kuyigana, kuba bashobora gufungura konti bakoresheje telefone ngendanwa (Mobile Phones).
Mu gihe bamwe bavuga ko itegeko rigena ibyerekeye uburozi n’imyuka itagaragara ridakenewe, muri iki gihe Isi igezemo cya Siyansi na Tekinoloji, abandi bavugaga ko iryo tegeko rikwiye kugumaho kuko rikumira imyizerere ijyanye n’iby’imihango ya gipagani n’ibyo yangiza.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Musanze badafite imitungo ihagije, baremeza ko bahorana ubwoba bwo kugirirwa nabi n’abana babo, mu gihe batabahaye umunani.
Minisitiri w’Urubyiruko n’umuco, Rosemary Mbabazi, ku ya 30 Nzeri 2022 yayoboye inama nyunguranabitekerezo ihuje Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco n’ibyiciro bitandukanye, hagamijwe kuganira ku ngamba zo guteza imbere inganda ndangamuco z’ubuhanzi, guhuza ibikorwa no guha umurongo buri cyiciro mu iterambere ry’Igihugu.
Bamwe mu bayobozi b’amakoperative mu Karere ka Gatsibo, biyemeje gukemura bimwe mu bibazo bibangamiye abaturage, birimo kwishyurira abanyamuryango Ejo Heza n’ubwisungane mu kwivuza.
Abacuruzi ndetse n’abarema isoko rya Rugarama mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, bahangayikishijwe n’amazi y’imvura yireka muri iri soko, akahateza ibiziba n’ibyondo, bigatuma bamwe mu bacuruzi badakora, abandi bakajya gusembera ku mabaraza y’inzu z’ubucuruzi.
Abakinnyi ba Filime bishimiye ko ubutabera bw’u Rwanda bwarekuye mugenzi wabo Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati, agasubira mu buzima busanzwe.
Ambasaderi uhoraho w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN), Claver Gatete, ku wa Gatanu tariki 30 Nzeri 2022, ubwo yagezaga ijambo ku kanama ka UN gashinzwe amahoro, yagaragaje ko kuba FDLR iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bitagomba kwirengagizwa.
Mbere yo gukina na Marine FC, ikipe ya Rayon Sports mu Karere ka Rubavu yasuye abana biga ku kigo cy’amashuri cya G.S.St Joseph Muhato, bisanzurana n’abakinnyi inabagenera impano, igikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki 30 Nzeri 2022.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 30 Nzeri 2022 mu Rwanda habonetse abantu 2 banduye Covid-19 bakaba barabonetse mu bipimo 1,608. Abantu 2 banduye babonetse i Kigali. Nta muntu witabye Imana, imibare igaragaza ko abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 ari abantu 1,466.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iratangaza ko igiye gushora Amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 300 mu bikorwa bitandukanye by’ubuhinzi hagamijwe kongera umusaruro.
Kuri uyu wa 30 Nzeri 2022, inkubi y’umuyaga udasnzwe wiswe ‘Ian’, yahitanye abagera kuri 21 muri Leta ya Floride muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba aborozi kwirinda kugurisha inyana zivuga ku nka zatewe intanga, kuko baba bagurishije inka zifite imbaraga kandi zat=ri kuzatanga icyoror cyiza ku bifuza ubworozi bugezweho.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice aragira abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga inama yo gufata imyanzuro ituma baca ukubiri no kwitaba Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC).
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Muhanga bwasabiye igifungo cya burundu Murwanashyaka Charles, uzwi ku izina rya Gacumba, kubera icyaha bukumukurikiranyeho cyo kwica umugore we bashakanye mu buryo butemewe n’amategeko amutemye yabigambiriye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagaragaje ko mu 1994, ubwo amakuba ya Jenoside yakorewe Abatutsi yagwiriraga u Rwanda, agasiga Igihugu kitakiriho, ibintu byose ari umuyonga, mu myaka 28 ishize, igihugu cyongeye kubaho cyubakiye ku kwimakaza ubumwe, umutekano no guhanga udushya.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwakatiye Bamporiki Edouard igifungo cy’imyaka ine n’ihazabu ya miliyoni 60 z’Amafaranga y’u Rwanda, nyuma yo kumuhamya ibyaha byo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gukoresha mu nyungu ze bwite ububasha ahabwa n’itegeko.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), irahamagarira abagize umuryango kudaharira abagore imirimo itishyurwa yo mu rugo, kuko amasaha menshi bamara bayikora ari kimwe mu bikoma mu nkokora iterambere ryabo.
Abagize Imboni z’imiyoborere mu Karere ka Ruhango baratangaza ko hifashishijwe ikarita nsuzumamikorere, hazacika igisa n’indwara yamenyerewe n’abayobozi muri za raporo nyinshi zigaragaza ko ibintu byakozwe kandi ari ibinyoma, ibikunze kwitwa ‘gutekinika’.
Banki ya Kigali (BK Plc) yatangaje ko Eveque Mutabaruka yagizwe Umuyobozi mukuru ushinzwe itumanaho akaba yitezweho gushyira mu bikorwa ingamba n’imishinga y’udushya bitanga serivisi zinoze ku bakiriya.
Imibare itangazwa n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yerekana ko imyanya y’abagore yavuye kuri 12% mu 1995, kuri ubu ikaba igeze kuri 61.25% muri uyu mwaka wa 2022.
Perezida w’ikipe ya Kiyovu Sports Mvukiyehe Juvenal wari weguye ku buyobozi bw’iyi kipe ku wa 29 Nzeri 2022, yakuyeho ubwegure ubwe nyuma y’ibiganiro yijejwemo kuzahabwa ubufasha buzatuma havaho zimwe mu mbogamizi yari yatanze zatumye yegura.
Banki ya Kigali (BK Plc), yatangarije abakiriya ko kuva tariki 01 Ukwakira 2022, uwohereza amafaranga kuri telefone (MoMo) itari iye, azacibwa ikiguzi cya 0.5% by’amafaranga yoherejwe.
Abanyamuryango ba Koperative Jyamberemuhinzi yo mu Karere ka Nyaruguru, ntibishimiye kuba uruganda batijwe n’Akarere ngo rujye rubatunganyiriza umusaruro w’ibigori rumaze amezi arindwi rudakora, bakifuza ko ibibura byakwihutishwa kuboneka rukongera gukora.
Guhera ku itariki 21 kugeza ku ya 30 Ukwakira 2022, i Kigali hazongera kubera irushanwa ngarukamwaka rya Legacy Tournament 2022.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu gihugu cya Singapore, yageze muri Kaminuza yaho yitwa ’Nanyang Technological University’ ahatera igiti cyitwa Umukunde gisanzwe gifite akamaro kanini mu buvuzi.
Hari abanyeshuri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yahaye ibihembo nyuma yo gutsinda ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, kuko bujuje amanota 6 muri buri somo, ariko hari n’abandi bayabonye ntibahabwa ibihembo.
Abayobozi b’imishinga 150 ikorera mu Rwanda, bahawe ubumenyi buzabafasha gukumira amakosa akorwa mu kazi agatera igihombo.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje igihe abanyeshuri batsinze ibizamini bisoza amashuri abanza n’abatsinze iby’ikiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye, bakazatangira tariki ya 4 Ukwakira 2022.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ari mu ruzinduko rw’iminsi itatu agirira mu gihugu cya Singapore guhera kuri uyu wa 30 Nzeri kugeza tariki 02 Ukwakira 2022. Muri uru ruzinduko azagirana ibiganiro na Perezida wa Singapore H.E. Halimah Yacob, ndetse na Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu Lee Hsien Loong.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 29 Nzeri 2022 mu Rwanda habonetse abantu babiri banduye Covid-19, mu bipimo 1,347 byafashwe.
Umukinnyi wa filime akaba n’umunyamideli, Judith Niyonizera, wahoze ari umugore wa Niyibikora Safi Madiba waririmbaga mu itsinda rya Urban Boys, yahishuye indirimbo akunda y’uwahoze ari umugabo we. Judith, usanzwe utuye muri Canada, yabigarutseho ku wa Kane tariki 29 Nzeri, ubwo yari mu kiganiro Dunda Show kuri KT Radio na (…)
Abafite ubumuga barasaba ko imodoka zitwara abagenzi zashyirwamo uburyo buborohereza kuzigendamo, kuko izikoreshwa zitaborohereza mu gihe bakeneye gutega. Abasaba ibi ni abafite ubumuga butandukanye burimo ubw’ingingo, ubugufi bukabije n’abandi barimo abatabona. Bavuga ko igihe bagiye gutega imodoka zitwara abagenzi mu (…)
Polisi mu Ntara y’Amajyepfo iratangaza ko yataye muri yombi abagore batanu bafatanywe magendu y’imyenda ya caguwa itemewe, ku wa 28 Nzeri 2022, bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye.
Nibura abasirikare 11 bapfuye baguye mu gico cyatezwe imodoka zari zitwaye ibiribwa, aho bikekwa ko zatezwe n’inyeshyamba zo mu mutwe ushingiye ku idini ya Kiyisilamu aho muri Burkina Faso. Gusa ngo imbare y’abaguye muri icyo gitero ishobora gukomeza kwiyongera, naho abasivili baburiwe irengero bo ngo barabarirwa muri 50.
Mu Karere ka Rubavu aharimo gukorwa umuhanda uzahuza Umurenge wa Rugerero, Rubavu n’uwa Gisenyi, habonetse ibisasu 15 byari bitabye mu butaka. Ni ibisasu bishaje byabonetse mu nkengero z’umuhanda, bikaba bishoboka ko haboneka ibindi kuko atari ubwa mbere bihataburuwe.
Kuva tariki 22 kugeza 24 Nzeri 2022, mu kigo cy’ishuri rya St Aloys i Rwamagana, habereye ingando (camp) z’umukino wa Basketball, z’abana batarengeje imyaka 14 na 16 mu bahungu n’abakobwa ziswe ‘JR NBA Camp bye bye vacance’. Izi ngando z’iminsi 3, zikaba zarateguwe n’Ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Basketball (FERWABA) (…)