Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 23 Nyakanga 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 16, bakaba babonetse mu bipimo 4,035. Abantu 9 banduye babonetse i Karongi, 5 i Kigali na 2 i Rubavu. Nta muntu witabye Imana, imibare igaragaza ko abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize (…)
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Nyakanga 2022, Umugaba murukuru w’Ingabo za Bénin, Brigadier General Fructueux Candide Ahodegnon GBAGUIDI, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi, rugamije kunoza umubano hagati y’Ingabo z’ibihugu byombi.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS), Shema Maboko Didier, avuga ko amanyanga yakorwaga mu mikino ihuza ibigo by’amashuri arangiranye n’uyu mwaka, ko utaha nta muntu uzajya akinira ishuri kubera ko ifite ikarita yaryo gusa, ahubwo agomba kuba yanditse muri sisiteme muri Minisiteri y’Uburezi.
Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), cyatangaje ko Uturere tugize Umujyi wa Kigali tutazabona amazi kuri iki Cyumweru tariki 24 Nyakanga 2022, bitewe n’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ku ruganda rw’amazi rwa Nzove no mu bice bihakikije by’imirenge itandukanye.
Muri rusange abangavu bagiye batwara inda, bavuga ko bicuza kuba baragize intege nkeya zabaviriyemo gutwara inda, kuko nyuma yo kuzitwara babayeho nabi byatumye banatekereza kwiyahura.
Gen. James Kabarebe, Umujyanama wa Perezida w’u Rwanda mu bijyanye n’umutekano, avuga ko Habyarimana Juvenal kugwa n’indege ye birimo urujijo, kuko ngo hari ibyagiye biba mbere y’urugendo rwe bitari bisanzwe.
Abantu benshi bamenya ubwoko bw’imodoka bitabagoye iyo babonye ibirango byazo, ariko se ni bangahe baba bazi ibisobanuro biri inyuma y’amazina n’ibirango byazo?
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Nyakanga 2022, yagiranye ibiganiro n’uwahoze ari Perezida wa Niger, Mahamadou Issoufou uri mu Rwanda mu nama mpuzamahanga ku kubungabunga ibyanya bikomye muri Afrika (APAC).
Minisiteri y’Ibidukikije ivuga ko u Rwanda rwishimiye kwakira inama ya gatandatu yo ku rwego rw’Isi, iziga kuri gahunda yo gutunganya no kwita ku mashyamba, izaba mu mwaka wa 2025, bikaba byemerejwe mu nama nk’iyi irimo kubera muri Canada.
Ku wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022, u Burusiya na Ukraine byasinyanye amasezerano yo gutuma ingano zigera kuri Toni Miliyoni 25 zaheze ku byambu muri Ukraine zishobora gusohoka.
Inararibonye zibarizwa mu muryango NOUSPR Ubumuntu, zivuga ko hakwiye kubaho amahugurwa menshi afasha abantu gusobanukirwa uburyo bwo gufashanya ku bijyanye n’ubumuga bwo mu mutwe.
Urukiko rwo muri Suwede (Sweden) ku wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022, rwahanishije igifungo cya burundu no kugarurwa mu Rwanda, Uwizeye Jean nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umugore we. Uwizeye w’imyaka 38, yatawe muri yombi mu Gushyingo 2021 nyuma y’uko we ubwe yari amaze gutanga amakuru ku rupfu rw’umugore we mu gace (…)
Imiryango irengera ibidukikije ku Isi iyobowe n’uwitwa ‘Climate Clock’ na ‘Fridays For Future’, irimo kugenda yereka abatuye Isi, isaha izareka kubara ari uko imyaka irindwi ishize, iyo myaka ikaba ari yo ibihugu byihaye kugira ngo bizabe byagabanyije ubushyuhe bungana na dogere (Degré Celcius) 1.5, kuko ngo ari bwo buteje (…)
Abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Kent State yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) baherekejwe n’abarimu babo, ku wa Gatanu tariki ya 22 Nyakanga 2022, basuye Polisi y’u Rwanda ku cyicaro gikuru giherereye ku Kacyiru, muri gahunda y’urugendoshuri barimo kugirira mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 58, bakaba babonetse mu bipimo 3,999. Abantu 36 banduye babonetse i Kigali, 7 i Karongi, 6 i Musanze, 5 i Rutsiro, 3 i Burera n’umwe i Rusizi. Nta muntu witabye Imana, imibare igaragaza ko abamaze (…)
Imibare itangwa n’inzego z’ubuzima mu Rwanda, igaragaza ko abantu bafite hagati y’imyaka 18 na 65, abagera kuri 15.9% bafite indwara y’umuvuduko w’amaraso uri ku gipimo cyo hejuru, ariyo mpamvu harimo gushakishwa igitera ubwiyongere bukabije bw’abafatwa n’iyo ndwara.
Ikipe ya Rayon Sports yatangiye imyitozo ku kibuga cyayo isanzwe yitorezaho kiri mu Nzove, yitegura umwaka utaha w’imikino, abakinnyi 15 gusa akaba aribo babonetse.
Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC), n’abahagarariye Abakuru b’ibihugu by’uwo muryango batabashije kuboneka, bahuriye mu nama y’iminsi ibiri yaberaga i Arusha muri Tanzania, yasojwe kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Nyakanga 2022, bakaba baganiriye ku birebana n’iterambere ry’uwo (…)
Abantu bafite ikibazo cy’umubyibuho ukabije aho bari hose bagirwa inama yo kugabanya ibiro kugira ngo bitazabakururira ibyago byo kurwara izindi ndwara biturutse kuri uwo mubyibuho ukabije.
U Rwanda na Senegal n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo Mastercard Foundation n’abandi batangije ikoranabuhanga rya ‘Smart Health Card’ rizajya rifasha abaturage b’ibyo bihugu byombi kubika no kwerekana amakuru yerekeye ubuzima bwabo, aho bikenewe bitabaye ngombwa kwitwaza impapuro.
Mu gikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 ndetse n’imyaka 18 cya Handball kizabera mu Rwanda guhera mu kwezi gutaha, u Rwanda rwamenye amatsinda ruherereyemo
Polisi y’u Rwanda, ku wa Gatatu tariki 20 Nyakanga, yafashe uwitwa Habirora Anaclet w’imyaka 30, afatanwa Amafaranga y’u Rwanda 82.000 by’amahimbano, akaba yafatiwea mu Karere ka Rwamagana, mu Murenge wa Muhazi, Akagari ka Nyarusange, Umudugudu wa Pulaje.
Banki ya Kigali (BK Plc) yongeye kwegukana ku nshuro ya kabiri mu myaka ikurikirana ya 2021 na 2022, igihembo cya ‘Euromoney Awards of Excellence’ nka Banki yaranzwe n’imikorere myiza kurusha izindi mu Rwanda.
Imiryango 24 y’abahoze ari abasirikare bakaza gusubizwa mu buzima busanzwe ariko bigaragara ko batishoboye, bahawe inzu zo kubamo basabwa gufatanya n’abandi basanze mu bikorwa bibateza imbere.
Padiri Nyombayire Faustin ubarizwa muri Diyosezi ya Byumba mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyarugu, amaze guhanga indirimbo zisaga 60 mu myaka irenga 40 amaze akora ubuhanzi.
Ku wa Kane tariki 21 Nyakanga 2022, i Rabat mu gihugu cya Maroc habereye umuhango wo gutanga ibihembo ku bakinnyi n’abandi bafite aho bahuriye na ruhago ya Afurika bitwaye neza mu 2022, Sadio Mané ahiga abandi atwara igihembo ku nshuro ya kabiri.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko muri gahunda yo kwiyandikisha yo gukorera impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga, iyo umubare wagenwe wuzuye imashini idashobora kuwurenza, ahubwo ifunga imiryango.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 21 Nyakanga 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 20, bakaba babonetse mu bipimo 3,072. Abantu 10 banduye babonetse i Kigali, 4 i Burera, 3 i Musanze, 2 i Ngororero n’umwe i Muhanga. Nta muntu witabye Imana, imibare igaragaza ko abamaze kwitaba (…)
Ku wa Gatandatu tariki 23/07/2022, hateganyijwe Inama isanzwe y’Inteko rusange ya FERWAFA, aho yitezwe na benshi kubera ibibazo bimaze muri iri shyirahamwe
Abagore n’abakobwa cyane cyane abirabura, usanga bahendwa n’amavuta yo kwisiga akesha uruhu kandi atarwangiza. Abandi nabo ugasanga barashakira umucyo w’uruhu mu mavuta arwangiza, yaba ahenze cyangwa aciriritse (mukorogo).
Igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka cyemejwe mu mwaka wa 2020, cyerekana ko kugeza mu mwaka wa 2050 byibura 70% by’Abanyarwanda bazaba batuye mu Mijyi.
Ikigo cy’Ubushakashatsi no gusesengura ingamba za Leta (IPAR), muri Gashyantare 2021 kugera muri Gashyantare 2022 cyakoze ubushakashatsi ku bakora ubucuruzi 1,545 , gisanga abagera ku 1,212 ari bo bakiri mu kazi bahozemo.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yakoze impinduka mu mu buyobozi bw’ikipe yayo y’umupira w’amaguru “Police FC”, inashyiraho Mashami Vincent nk’umutoza mukuru
Kuri uyu wa Kane tariki 21 Nyakanga 2022, nibwo u Burusiya bwongeye gufungura umuyoboro ujyana Gaz mu Burayi, ariko Moscou ngo izakomeza gucunga iyo ‘ntwaro’, Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi bitezeho umutekano mu bijyanye n’ingufu mu gihe cy’ubukonje kigiye gutangira.
Ikipe ya Rayon Sports yakoresheje ibizamini by’ubuzima abakinnyi biganjemo abashya mbere yo gutangira imyitozo kuri uyu wa Gatanu
Ku wa Gatatu tariki 20 Nyakanga 2022, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda umutwe w’Abadepite yasinyanye amasezerano (MoU) n’Inteko Ishinga Amategeko ya Ghana, akaba yerekeye imikoranire myiza y’izo Nteko zombi, akaba yitezweho kurushaho gushimangira umubano w’impande zombi.
Abanyamuryango bagize ishyirahamwe ‘Inkanda Tailoring’, rikora ubudozi mu Murenge wa Kagogo mu Karere ka Burera, barishimira imibereho myiza bamaze kwigezaho babikesha umwuga bahangiwe w’ubudozi, watumye bava mu burembetsi.
Mu Karere ka Nyagatare tariki ya 19 Nyakanga 2022, hatangijwe iyubakwa ry’imihanda ya kaburimbo mu mujyi wa Nyagatare ireshya n’ibirometero hafi birindwi ku nkunga ya Banki y’Isi.
Ku wa Kabiri tariki ya 19 Nyakanga, Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rubavu, ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), ryafashe Niyirora Emmmanuel na Ntagungira Eric, bafite udupfunyika 6000 tw’urumogi.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), rwemeje imfashanyigisho izajya yifashishwa mu kugorora no kwigisha abafunzwe bitegura kuzasubira mu miryango yabo.
Abakobwa babyariye iwabo bize imyuga mu kigo cy’umuryango uharanira iterambere (Bureau Social de Development ‘BSD’) mu Karere ka Muhanga, barasabwa kudapfusha ubusa ayo mahirwe kugira ngo batazongera guhura n’icyo kibazo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 20 Nyakanga 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 19, bakaba babonetse mu bipimo 3,020. Abantu 7 banduye babonetse i Karongi, 6 i Kigali, 6 i Ngororero, 4 i Karongi, 2 i Musanze n’umwe i Muhanga. Nta muntu witabye Imana, imibare igaragaza ko (…)
Abaturage bo mu Karere ka Ngororero bakora umwuga w’ubuhinzi baravuga ko batunguwe no gusanga amababa y’inkoko avamo ifumbire ihendutse kurusha ifumbire mvaruganda basanzwe bakoresha.
Agendeye ku byatanzwe n’Urwego rw’iperereza rwa Amerika, Umuvugizi w’urwego rw’umutekano muri icyo gihugu (National Security Council), John Kirby, yavuze ko u Burusiya bwatangiye gukora ibintu bimwe na bimwe bigaragaza ko bushaka kwiyomekaho ibindi bice bya Ukraine.
Kigali Titans Basketball Club imaze umwaka umwe ishinzwe, yamaze kuzamuka mu kiciro cya mbere nyuma yo gutsinda Flame Basketball Club imikino ibiri ku busa muri kamarampaka.
Tombola y’uko amakipe azahura muri Champions League y’abagore izakinwa hahereye mu ma zones yerekanye amatsinda amakipe arimo na AS Kigali aherereyemo
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nyakanga 2022, yashimiye umuryango wa Ange Kagame n’Umugabo we Bertrand Ndengeyingoma bibarutse umwana wa kabiri (ubuheta). Perezida Kagame, yashimiye aba bombi mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, buherekejwe n’ifoto y’imfura ya Ange na Bertrand.
Ishimwe Marius w’imyaka 22 yongeye kuba umwe mu banyamahirwe batsindiye ibihumbi 500 FRW mu mukino wa Jackpot Lotto. Ishimwe avuga ko aya mafaranga yatsindiye amaze gukina imikino 4 gusa ku mafaranga ibihumbi 2000.
Mu Karere ka Karongi, mu Murenge wa Gitesi mu Kagari ka Kirambo mu Mudugudu wa Kirambo habereye impanuka y’imodoka, umuntu umwe ahita apfa, umushoferi arakomereka.
Nteziyaremye Jean Pierre w’imyaka 49 wo mu Kagari ka Kagitega mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, avuga ko yaretse ibikorwa bibi yahozemo aho yari umuhendebutsi, ahitamo kujya kwiga umwuga w’ububaji muri TVET Cyanika, akaba yiteguye kuzashinga uruganda.