Iyo uvuze Ibere rya Bigogwe abantu benshi bahita bumva ahantu nyaburanga hasigaye hakurura ba Mukerarugendo mu kureba ibikorwa bikorerwa muri aka gace birimo n’ubworozi bw’inka.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Emmanuel Hategeka yagaragaje inyugu n’amahirwe u Rwanda rufite mu ishoramari mu bijyanye n’ingufu.
Urubanza rwa Ishimwe Dieudonne uzwi ku izina rya Prince Kid rwagombaga kuba tariki ya 10 Werurwe 2023 rwimuriwe tariki 31 Werurwe 2023 kubera ko kuri uwo munsi hateganyijwe Inama y’Urukiko.
Ikipe ya Sunrise kuva tariki 7 Werurwe 2023 iri mu karere ka Huye aho izamara iminsi hafi ine mbere yuko ikina umukino wa shampiyona na Mukura VS kuri uyu wa gatandatu.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente kuri uyu wa Kane tariki 09 Werurwe 2023, yakiriye mu biro bye umuyobozi Mukuru w’umuryango GiveDirectly Rory Stewart.
Nyinawurugo Rose, umwe mu bagore biteje imbere avuga ko agaya cyane bagenzi be birirwa bicaye, bategereje byose ku bagabo, kuko uwo muco wari uwakera kandi n’abawuhozemo bawuvuyemo basigaye bakora bagahuriza hamwe n’abagabo.
Ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’isi yose mu kwizihiza umunsi w’umugore ku nshuro ya 42, Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT) yatangiye gahunda yo kugeza ikoranabuhanga kuri buri mugore yiswe LiftHerUp (Umugore ku ruhembe), hagamijwe kwihutisha iterambere.
Imikino ya 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro isize APR FC izahura na Marine FC muri 1/4. APR FC yageze muri 1/4 nyuma yo gusezerera ikipe ya Ivoire Olympique muri 1/8 cy’irangiza iyitsinze igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wabereye kuri sitade ya Bugesera. Ni igitego cyatsinzwe na Bizimana Yannick mu gihe mu mukino ubanza amakipe (…)
Sylvie Uwitonze ukuriye inama y’igihugu y’abagore mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, avuga ko mu bibangamiye abagore b’i Kibeho harimo ubukene n’ubujiji, kutaboneza urubyaro n’amakimbirane mu ngo.
Abanyarwanda bacana umuriro w’amashanyarazi bikubye inshuro zirenga 12 mu myaka 20 ishize, nk’uko bikubiye mu cyegeranyo cy’ibyavuye mu ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire ryakozwe mu mpera za 2022.
Tariki 08 Werurwe ni itariki ngarukamwaka y’umunsi mpuzamahanga w’umugore, aho muri uyu mwaka wa 2023 u Rwanda rwahisemo insanganyamatsiko igira iti “Ntawe uhejwe, guhanga udushya n’ikoranabuhanga biteza imbere uburinganire”.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda), kivuga ko ubushyuhe bukabije bumazeho iminsi cyane cyane i Kigali, bwatewe n’uko hashize iminsi haka izuba ryinshi kandi nta mvura igwa.
Umuryango Mpuzamahanga wa gikirisitu, World Vision ishami ry’u Rwanda, ku bufatanye n’ikigega cy’Abanyakoreya, Koica, bubatse amasoko abiri mu Karere ka Rutsiro azafasha abagore gucuruza baticwa n’izuba.
Imiryango 442 ibarizwa mu Mirenge igize Akarere ka Burera, yari imaze igihe ibana mu buryo butemewe, yasezeranye imbere y’amategeko, ihita iniyemeza kuba imbarutso yo kurandura amakimbirane no kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye.
Perezida wa Sena mu Bwami bwa Eswatini, Pastor Lindiwe Dlamini, uri mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda, mu biganiro yagiranye na Hon. Donatille Mukabalisa, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, yishimiye ko u Rwanda ruhagarariwe n’abagore benshi mu Nteko.
Ku Gatatu tariki 8 Werurwe 2023, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwasabiye Yvonne Idamange Iryamugwiza kongererwa igihano yakatiwe muri 2021, kuva ku myaka 15 kugera kuri 21 bitewe n’ibyaha akurikiranyweho.
Umubare w’abagore batwite n’abonsa bahuye n’imirire mibi, wazamutseho 25% mu bihugu 12 byo muri Afurika no muri Aziya, guhera mu 2020, nk’uko byagaragajwe muri raporo ya UNICEF.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire, avuga ko hagiye kujyaho uburyo bworohereza abagore gutunga telefone zigendanwa, hagamijwe kuzamura umubare w’abazikoresha no kubafasha gukoresha ikoranabuhanga.
Musenyeri Jean Marie Vianney Twagirayezu, watorewe na Nyirubutungane Papa Francisco kuba umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Kibungo, azimikwa ku itariki ya 01 Mata 2023.
Nyuma y’igihe kinini cyari gishize bamwe mu bahinga igishanga cya Gatuna bataka igihombo baterwaga n’amazi y’imvura yateraga imyuzure muri icyo gishanga imyaka babaga bahinze ikahatikirira; kuri ubu icyo kibazo cyamaze kubonerwa igisubizo biturutse ku mushinga wo kugitunganya mu buryo bugezweho ugiye gushyirwa mu bikorwa mu (…)
Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abagore bo mu Rwanda no ku Isi yose, mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore.
Umugabo wo mu Bushinwa yibye kuri Sitasiyo ya Gaz mu 2009, atwara Amayuwani (yuan) 156, ni ukuvuga Amadolari 22.50, nyuma amara imyaka 14 mu buvumo bw’umusozi yihisha Polisi.
Jean Pierre Ntwali Mucumbitsi umuhanzi nyarwanda uzwi ku izina rya Jali yasabye anakwa Rocio Salazar bamaze imyaka 10 bakundana, uwo mukunzi we akaba afite inkomoko muri Espanye.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bumaze gutangaza ko buvuye mu gikombe cy’Amahoro, buvuga ko bwatewe n’amategeko ya FERWAFA adasobanutse
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Werurwe 2023, rwatangaje ko rushakisha umugabo witwa Sebanani Eric bahimba Kazungu, ukurikiranyweho icyaha cyo kwica umugore we Murekeyiteto Suzane w’imyaka 34 y’amavuko, agahita atoroka.
Mu ruzinduko Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, yagiriye mu Karere ka Musanze ku wa Kabiri tariki 07 Werurwe 2023, yaganiriye n’abayobozi b’inzego z’ibanze, iz’umutekano n’abandi bafatanyabikorwa b’ako karere, barebera hamwe icyagateye kutesa neza imihigo ya 2021/2022.
Iperereza rimaze iminsi rikorwa muri kiliziya Gatolika, rirashinja uwahoze ari umushumba wayo nyakwigendera Jean Paul II ko yaba yarahishiriye ihohoterwa ryakorerwaga abana muri Pologne, ndetse ngo abapadiri bakoraga ibyo byaha akabohereza mu tundi turere kugira ngo abakingire ikibaba.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda), Aimable Gahigi avuga ko n’ubwo ibice bimwe by’Igihugu bimaze iminsi byakamo izuba rikabije, imvura y’itumba igiye kuhagaruka.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, ku wa Kabiri tariki ya 7 Werurwe 2023, yakiriye Umunyamabanga wa Leta ushinzwe iterambere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Denmark, Lotte Machon, bagirana ibiganiro byibanze ku mahoro n’umutekano muri aka karere, n’ubufatanye mu iterambere ry’ibihugu (…)
Iri soko ryubatswe mu mujyi wa Mocimboa da Praia, ryuzuye mu minsi 54, rikaba rifite agaciro ka miliyoni 25Frw, nk’uko byatangarijwe muri uwomuhango.
Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi wigeze kuba Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi, akaba yaguye mu bitaro byo mu gihugu cy’u Bubiligi aho yari amaze iminsi yivuriza, bikavugwa ko yitabye Imana ku wa Mbere tariki 6 Werurwe 2023.
N’ubwo mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu wa Afurika yo hagati (ECCAS), umaze igihe ushinzwe, ngo usanga bakiri inyuma mu byerekeye ubutwererana hagati y’ibihugu biwugize.
Itsinda ry’Abadepite bo mu Nteko Ishinga Amategeko y’inzibacyuho ya Guinea Conakry kuri uyu wa mbere tariki ya 6 Werurwe 2023 bagiranye ibiganiro na Visi Perezida Hon. Edda Mukabagwi hamwe na Hon. Sheikh Musaza Fazil Harerimana uko u Rwanda rwagiye rwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 no ku mubano (…)
Ikipe ya REG ikina Basketball ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2023 yerekeje muri Senegal mu mikino ya Sahara Conference.
Itegeko rigena ibyo gutanga ingingo (Organ donation), biteganyijwe ko rizasohoka mu Igazeti ya Leta mu bihe bya vuba, nyuma ubuvuzi bujyanye no gusimbuza ingingo mu Rwanda bukaba bwatangira muri Gicurasi uyu mwaka 2023.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB), cyatangaje ko Umurenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, amatungo yaho ashyizwe mu kato kubera indwara y’uburenge yagaragaye mu nka.
Itsinda rya EJVM ryashyikirijwe imirambo ibiri y’abasirikare ba RD Congo barasiwe ku butaka bw’u Rwanda, harimo uwarashwe tariki 19 Ugushyingo 2022 n’undi warashwe tariki 4 Werurwe 2023, bose barasiwe mu Murenge wa Gisenyi barimo kurasa ku birindiro by’ingabo z’u Rwanda.
Umukobwa w’imyaka 25 witwa Umutoni Claudine yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano, bikaba bivugwa ko yafunguye inzu y’umuturage akiba ibikoresho bitandukanye. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Sylvestre Twajamahoro, avuga ko umutoni Claudine yafatiwe mu Murenge wa Kigarama, Akagari ka Nyarurama, Umudugudu wa (…)
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, ku gushimangira ubufatanye bugamije gukemura ikibazo cy’abimukira, n’abakora ubucuruzi bw’abantu.
Bamwe mu Banyarwanda b’Abametisi (bavutse ku banyamahanga b’uruhu rwera), bavuga ko imibereho mibi y’abana bavuka muri ubu buryo yatumye bashinga imiryango ikora ubuvugizi, ku buryo nabo babona uburenganzira bwabo, harimo kumenya aho ba se baherereye.
Ikigo mpuzamahanga cy’ikoranabuhanga ‘Direca Technoligies’, kiratangaza ko cyiyemeje kugoboka inzego zitandukanye zirimo imiyoborere, uburezi, ubuvuzi, ubuhinzi n’ubworozi, ibigo by’imari, ibidukikije, ubukerarugendo n’izindi mu rugendo rw’ikoranabuhanga.
Ikigo gishinzwe kugenzura no gukumira indwara z’ibyorezo muri Afurika (Africa CDC), cyashyizeho ingamba zigamije impinduramatwara mu buzima, aho gisaba abafite ikoranabuhanga bose kwitabira iyo gahunda.
U Rwanda rurateganya gukurura ishoramari ringana na miliyari 19FRW mu buhinzi bw’urumogi, nk’igihingwa gifite akamaro kanini mu buvuzi ku rwego rw’isi.
Mu minsi ishize ni bwo mu Rwanda hasojwe isiganwa rya Tour du Rwanda ryegukanywe n’umunya-Eritrea Henok Muluebrhan
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, mu ijambo yagejeje ku bitabiriye inama yiga kuri gahunda yo guhangana n’ubukene iri kubera i Doha muri Qatar, yavuze ko kuba hari bihugu byari bikennye bikaba byaravuye muri iki kiciro, byagombye kubera urugero rwiza ibindi, rwo gukora cyane nabyo bikava muri uwo murongo.
Ibi ni bimwe mu byagarutsweho na Dr Bizimana Jean Damascène, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Uburere mboneragihugu, ubwo ku wa Gatandatu tariki 4 Werurwe 2023, ku cyigo cya GAERG-Aheza Healing and Career Center kiri i Ntarama mu Karere ka Bugesera, haberaga ibirori byiswe “GAERG turashima”, byateguwe n’umuryango GAERG (…)
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko gukorera ku bipimo, ku ntego no ku gihe ari bimwe mu byatumye iyo Ntara iza ku isonga mu kwesa imihigo, ndetse n’Uturere tubiri twayo tukaza muri dutanu twa mbere.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimiyaga, Bagabo Anthony, avuga ko hakenewe ubushakashatsi bwihariye hagamijwe kumenya impamvu itera bamwe mu babyeyi gusambanya abana babo kuko hari aho bigenda bigaragara.
Nubwo Laboratwari y’Igihugu y’ibimenyetso bya gihanga (Rwanda Forensic Laboratory - RFL) itaramara igihe kinini, ariko imaze kugera kuri byinshi kandi byo kwishimira. Iki ni kimwe mu byatumye u Rwanda rwemezwa nk’igihugu kigomba kubakwamo icyicaro gikuru cy’Ihuriro rya Afurika ku bimenyetso bya gihanga bikoreshwa mu butabera (…)
Rutahizamu Byiringiro Lague werekeje muri Sandvikens IF avuye muri APR FC arafata indege ijya muri Suède kuwa 7 Werurwe, 2023.