Abahagarariye amashuri abanza yigenga bishimiye imyanzuro yavuye mu biganiro byahuje Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) n’amashuri abanza yigenga. Ni ibiganiro byabereye mu mujyi wa Kigali kuri uyu wa mbere tariki 02 Ukuboza 2019.
Umunya-Esipanye Unai Emery watozaga ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yirukanywe atamaze kabiri muri iyo kipe, dore ko yahawe akazi ko kuyitoza muri Gicurasi mu mwaka ushize wa 2018 asimbuye Arsene Wenger.
Mu Karere ka Musanze, umuryango utari uwa Leta witwa FXB Rwanda ukurikirana ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’ingo mbonezamikurire y’abana bato (Early Childhood Development- ECD) uratangaza ko ingo mbonezamikurire y’abana bato zitanga umusaruro.
Abatunganya imbaho n’ibizikomokaho mu Rwanda baravuga ko ubumenyi bwabo bukiri hasi, ndetse ngo ntibaragira uburyo bunoze bwo gutunganya ibisigazwa biva ku biti n’ibiva ku mbaho mu gihe nyamara na byo biba bishobora kubyazwamo ibindi bikoresho.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 02 Ugushyingo 2019, Banki ya Kigali yafatanyije n’Akarere ka Bugesera ndetse n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye, batera ibiti bivangwa n’imyaka muri ako karere ka Bugesera mu murenge wa Rweru bibarirwa mu bihumbi mirongo itandatu na kimwe na magana atanu (61,500), bikaba byatewe ku buso bwa (...)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abitabiriye inama yiga ku iterambere ry’ikoranabuhanga ibera muri Qatar ko iterambere ry’imijyi rikwiye kuba iriteza imbere abaturage mbere ya byose kuruta kuba imijyi yuzuyemo ibikoresho by’ikoranabuhanga.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame asanga Abanyafurika ari bo bakwiye gufata iya mbere mu guharanira iterambere rya Afurika kuruta gutegereza ko bizakorwa n’abandi.
Imwe mu miryango itegamiye kuri Leta iravugwaho guhangana n’inzego z’ubuyobozi mu gihe ikora ubuvugizi ku bibazo by’abaturage, bigatuma n’ibibazo byakorewe ubuvugizi bidakemuka vuba kubera iryo hangana.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa gatandatu tariki 05 Ukwakira 2019, yitabiriye igikorwa gihuza Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda kizwi ku izina rya Rwanda Day cyabereye i Bonn mu Budage.
Ku mugoroba wo ku wa kane tariki 26 Nzeri 2019, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya mbere cy’impunzi zikuwe muri Libya.
Madame Jeannette Kagame yasabye Afurika n’Isi muri rusange guteza imbere abagore n’abakobwa mu buyobozi no mu nzego zifata ibyemezo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari kumwe n’Umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, batangaje ko Inama y’ibihugu bihuriye mu Muryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) itaha izabera mu Rwanda ku itariki ya 22 Kamena 2020.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri mu nama y’inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 74 irimo kubera i New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yagaragaje ko mu byo u Rwanda rwitayeho mu iterambere harimo guteza imbere ubuvuzi n’imibereho myiza y’abaturage.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku cyumweru tariki 22 Nzeri 2019 ubwo yari i New York muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yahuye n’abagize inteko y’abajyanama be n’aba Guverinoma y’u Rwanda muri rusange barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga, abashimira uruhare rukomeye bagira mu iterambere ry’u Rwanda.
Bwa mbere mu Rwanda hateguwe irushanwa ryo guhanga udushya, twafasha inganda gutera imbere hifashishijwe ikoranabuhanga.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yashimiye ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, ku bw’igitero zagabye ku nyeshyamba zayoborwaga na Lt Gen Sylvestre Mudacumura ndetse akahasiga ubuzima.
Mu gihe hari abatekereza ko bene iyi mikino yo kurwana abayijyamo baba bagamije kujya bakubita abantu, abayikina bo si ko babivuga ahubwo bemeza ko mu byo bigishwa ari no kugira imyitwarire myiza (Discipline) birinda ubushotoranyi, ahubwo bakaba bakwirwanaho mu gihe basagariwe cyangwa bagatabara, bakanakiza umuntu mu gihe (...)
Guverinoma y’u Buyapani, ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’Ubuyapani, yageneye ishimwe Abanyarwanda bize mu Buyapani bibumbiye mu ishyirahamwe JAAR (JICA Alumni Association of Rwanda) kubera uburyo bakoresha ubumenyi bakuye mu Buyapani mu bikorwa by’iterambere.
Mark Sullivan na Kristin Jensen Sullivan bo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika muri Leta ya California biyemeje kwitangira ibidukikije, by’umwihariko mu Rwanda bahatangiza umuryango REAO (Rwanda Environment Awareness Organization) wita ku bidukikije.
Ikigereranyo cy’inkunga ihabwa ba rwiyemezamirimo b’abagabo n’ihabwa ba rwiyemezamirimo b’abagore bo ku mugabane wa Afurika kigaragaza ikinyuranyo kinini cyane kingana na miliyari 42 d’Amadorali ya Amerika, hagati y’izo nkunga, abagabo bakaba ari bo bahabwa menshi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimye Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron n’abandi bayobozi batandukanye b’ibihugu birindwi bikize ku isi (G7) kubera umwanya n’ijambo bahaye abayobozi bo ku mugabane wa Afurika kugira ngo bungurane ibitekerezo muri iyo nama ihuza ibihugu birindwi bikize ku isi.
Umukecuru witwa Amina Mukanduhura, ni umwe mu bayoboke b’idini ya Islamu mirongo inani na batanu (85) basesekaye i Kigali ku cyumweru tariki 25 Kanama 2019 baturutse i Maka muri Arabiya Sawudite mu mutambagiro mutagatifu (Hidja).
Prof Niyomugabo Cyprien ashyira mu majwi abiganjemo urubyiruko, akavuga ko hari imvugo bagenda badukana bigatuma imvugo n’amagambo byari bisanzwe biriho bitakaza umwimerere wabyo bikazimira nyamara ntacyo byari bitwaye.
Abanyeshuri biga muri IPRC Tumba mu byerekeranye na Tekiniki (Electronics and Telecommunication) bakoze imashini yifashishwa mu gutara ibitoki (Banana Ripening Machine) bigashya mu gihe gito kandi bitangiritse.
Inama yabereye i Luanda muri Angola kuri uyu wa gatatu tariki 21 Kanama 2019 yasojwe abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda bumvikanye kongera kunoza umubano w’ibihugu byombi ku bw’inyungu z’abaturage n’inyungu z’ibihugu by’u Rwanda na Uganda ndetse n’inyungu z’ibindi bihugu byo mu karere muri rusange.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame agaya abanenga iterambere ry’u Rwanda bashingiye ku makuru babwiwe gusa n’ayo basomye kuri Internet, agasobanura ko iterambere ry’u Rwanda ritari mu mibare gusa ahubwo ko rigaragarira no mu byo Abanyarwanda bamaze kwigezaho kandi buri wese yabasha kugenzura akabibona.
Madame Jeannette Kagame yashimiye abitabiriye amasengesho ngarukakwezi yo gusabira igihugu, barimo abayobozi muri Guverinoma, mu Nteko Ishinga Amategeko, mu bikorera no mu banyamadini n’amatorero, n’abandi baturutse hirya no hino mu Rwanda no mu mahanga.
Abaturage babarirwa mu bihumbi bine bo mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Kigali mu Kagari ka Mwendo bagiye kwegerezwa amazi meza, nyuma y’uko muri ako kagari hari ikibazo cyo kutabona amazi meza ahagije.
Prof Tombola Gustave, umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe amasomo muri Kaminuza y’ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’ubucuruzi (UTB) asanga abantu cyane cyane urubyiruko bakwiye guhindura imyumvire yahozeho ku bantu bakora ibijyanye n’ubukerarugendo. Ashishikariza urubyiruko kubyiga kuko birimo amafaranga.
Mu bantu batanu bitabira imurikagurisha mpuzamahanga ririmo kubera i Kigali, batatu muri bo ngo ushobora kubasangana udukingirizo bakuye muri iryo murikagurisha.