Kirehe: Abayobozi bagejejweho ibyigiwe mu mwiherero wabereye i Gabiro

Umuyobozi w’akarere ka Kirehe, Murayire Protais, yagejeje ku bayobozi b’imirenge n’utugari ibyavuye mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu wabereye i Gabiro tariki 28-30/03/2013 akaba yabasobanuriye bimwe mu byo bigiye muri uyu mwiherero mu rwego rwo gutanga servise nziza.

Umuyobozi w’akarere yabibukije ko mu mwiherero byagaragaye ko hari inzego zidakorana neza bityo ugasanga akazi katagenda neza akaba yabasabye gushyira ingufu mu mikoranire mu rwego rwo gukora akazi neza uko bikwiye kugira ngo bakore akazi kabo neza.

Umuyobozi w'akarere ka Kirehe n'abandi bayobozi bayoboye inama.
Umuyobozi w’akarere ka Kirehe n’abandi bayobozi bayoboye inama.

Uyu muyobozi yabibukije ko ari inshingano z’umuturage guhabwa serivise nziza, akaba yababwiye ko muri uyu mwiherero basanze hari byinshi bifatirwa umwanzuro ariko ugasanga bitarakozwe kandi byaremejwe.

Yibukije abakozi bari muri iyi nama ko bagombye kujya bibukiranya ku gikorwa kitarangijwe uko bikwiye aho kwitana bamwana. Abayobozi ngo ntibagomba kunaniza abandi cyangwa ngo bapingane ahubwo hakenewe kuzuzanya.

Yakomeje abasaba gukora akazi uko bigomba umunsi ku wundi, aho yababwiye ko ikifuzwa ari uko bagera ku byo biyemeje mu cyerekezo 2020, ibijyanye n’ibikorwaremezo umuturage akabona amashanyarazi imihanda hamwe n’imiturire nyayo, hakongerwa n’ubushobozi bw’abakozi.

Abayobozi bitabiriye inama.
Abayobozi bitabiriye inama.

Aba bayobozi basobanuriwe ko byaba byiza bashatse uburyo bamenyera gukoresha ikoranabuhanga ririmo kumenya gukoresha imbuga nkoranyambaga bakamenya ibibera mu Rwanda no ku isi hose.

Basabwa kandi gushyira ingufu mu kwibutsa abaturage gukoresha biogas na rondereza mu rwego rwo kugabanya iyangirika ry’ibidukikije, kandi bagakemura ibibazo by’abaturage bikava mu nzira.

Gregoire Kagenzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka