Kirehe: Kizito Mihigo yakoze igitaramo cyo gutegura amatora y’abadepite
Umuhanzi Kizito Mihigo hamwe n’abandi bahanzi batandukanye ku bufatanye na komisiyo y’igihugu y’amatora bakoreye igitaramo mu isoko rya Nyakarambi mu karere ka Kirehe mu rwego rwo gusobanurira abaturage amatora y’abadepite ateganijwe mu kwezi kwa cyenda.

Iki gitaramo cyabaye kuri uyu wa 11/06/2013 cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “Umusanzu w’umuhanzi mu burere mboneragihugu ku matora” cyanagaragayemo abahanzi nka Amag The Black hamwe na Sofiya uzwi mu gucuranga inanga.

Oscar Uwayisaba, umukozi muri komisiyo y’igihugu y’amatora, yasobanuye uburyo amatora y’abadepite azakorwa yibutsa abitabiriye icyo gitaramo ko basabwa gushishoza mbere yo gutora kugira ngo bahitemo abadepite bazabagirira akamaro,aho abaturage bazajya babagezaho ibibazo byabo nabo bakaba babigeza ku bashobora kubibakemurira.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Murayire Protais, we yafashe umwanya wo kwibutsa abaturage ko kugira ngo bagire iterambere bisaba ko hatorwa ababavuganira ku bibazo bagira kandi bakaba bafata n’umwanya wo kubikemura.
Grégoire Kagenzi
Inkuru zijyanye na: Kizito Mihigo
- Iperereza rya RIB ku rupfu rwa Kizito Mihigo ryagaragaje ko yiyahuye
- Kizito Mihigo yapfuye yiyahuye - Polisi
- RIB yemeje ko Kizito Mihigo yatawe muri yombi
- Amashimwe ni yose kuri Kizito na Ingabire Victoire bakijijwe Gereza
- Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bahawe imbabazi
- Kizito Mihigo yasabiwe gufungwa burundu
- Mama wa Kizito Mihigo ntabwo arwaye
- Kizito n’abo baregwana ibyaha by’iterabwoba n’ubugambanyi bakatiwe gufungwa iminsi 30
- Kizito Mihigo nabo bareganwa bireguye ariko bataha batazi niba bazafungwa iminsi 30
- Minisitiri Mitali yagize icyo atangaza ku itabwa muri yombi ry’umuhanzi Kizito Mihigo
- Kizito Mihigo ariyemerera ko yakoranaga na RNC na FDLR
- Umuhanzi Kizito Mihigo arakekwaho ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu
- Ngoma: Kizito Mihigo yabasusurukije anabakangurira kuzitabira amatora
- Kizito Mihigo, Sophia na Fulgence basusurukije Abanyagakenke
- Nyamagabe: KMP irasaba urubyiruko kugira umuco w’amahoro n’ubwiyunge
- Ubumuntu ntibugomba gupfobywa n’ubumuga-Umuhanzi Kizito Mihigo
- Kizito Mihigo yashyize ahagaragara indirimbo yahimbiye ikigega AgDF
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|