Partners in Health yateye inkunga Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya

Inshuti mu buzima (Partners in Health) basuye Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi mu karere ka Kirehe babagezaho inkunga y’amafaranga miliyoni 6 n’ibihumbi 431 azafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Abayobozi ba Partners in Health mu Nkambi ya Kiyanzi basura Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya.
Abayobozi ba Partners in Health mu Nkambi ya Kiyanzi basura Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya.

Umwe mu bashinze umuryango Partners in Health, Ophelia Dahl, yavuze ko bifatanyije n’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bakaba ariyo mpamvu baje kureba uko bamerewe.

Umuyobozi muri Minisiteri y’ibiza no gucyura impunzi ushinzwe ibibazo by’impunzi, Jean Claude Rwahama, yashimiye Partners in Health uburyo baje gufasha aba Banyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya ku nkunga yabateye.

Partners in Health bahereza cheque abo mu nkambi ya Kiyanzi.
Partners in Health bahereza cheque abo mu nkambi ya Kiyanzi.

Uretse abafite imiryango yabo mu gihugu bahita boherezwamo, abandi Banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bakirirwa mu nkambi ya Kiyanzi iri mu karere ka Kirehe. Mu Rwanda hamaze kwakirwa Abanyarwanda barenga 6000 birukanwe muri Tanzaniya.

Partners in Health Berekana cheque basigiye abo mu nkambi ya Kiyanzi.
Partners in Health Berekana cheque basigiye abo mu nkambi ya Kiyanzi.

Grégoire Kagenzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka