Koperative y’abahinzi yafashije abirukanywe muri Tanzaniya abari mu nkambi ya Kiyanzi

Koperative y’abahinzi b’ibitoki bo mu murenge wa Mushikiri mu karere ka Kirehe, kuri uyu wa 22/08/2013, batanze inkunga y’ibitoki ingana na toni cumi n’eshanu na kilogama 600 mu rwego rwo gufasha Abayanyarwanda bari mu nkambi ya Kiyanzi birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya.

Mukagasana Vestine nawe ni umwe mu bari mu nkambi ya Kiyanzi avuga ko babatesheje ibyaho akaba nta kintu na kimwe yigeze azana akaba asaba ko bakomeza bakabafasha muri ubu buzima babayemo batari bamenyereye.

Kangaho Sama nawe uba mu nkambi ya Kiyanzi avuga ko kuba babahaye ibyo kurya bibafitiye akamaro kuko babonye ibyo baha abana babo kuko akenshi usanga batabona uko bahinduranya ibyo kurya.

Abanyarwanda bari mu nkambi ya Kiyanzi bafata ibitoki bahawe na koperative yo mu murenge wa Mushikiri.
Abanyarwanda bari mu nkambi ya Kiyanzi bafata ibitoki bahawe na koperative yo mu murenge wa Mushikiri.

Perezida wa Koperative ihinga ibitoki, Mufunga Shadarack, arasaba andi makoperative gufasha muri iki gikorwa cyo gufasha aba Banyarwanda birukanywe muri Tanzaniya kugirango nabo babeho neza.

Abana bakingiwe mu rwego rwo kubarinda indwara z’ibyorezo

Abana bo mu nkambi ya Kiyanzi kandi bahawe urukingo rw’imbasa, iseru na rubeole mu rwego rwo kubarinda indwara zishobora kuba zabamerera nabi.

Umwana ari gukingirwa mu nkambi ya Kiyanzi.
Umwana ari gukingirwa mu nkambi ya Kiyanzi.

Abana bakivuka kugeza ku bafite imyaka itanu bahabwaga urukingo rw’imbasa naho kuva ku mezi icyenda kugeza ku myaka 15 bahabwaga urukingo rw’iseru hamwe na Rubeole.

Grégoire Kagenzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka