Kirehe: Nubwo bitabira kwipimisha SIDA ntibarasobanukiwe uko yandura
Nubwo abaturage bo mu Krere ka Kirehe bipimisha SIDA ari benshi, bamwe mu bo twasanze mu Kigo Nderabuzima cya Kirehe tariki 16 Kanama 2015 ntibazi uburyo yandura.
Ubwo bari bategereje ibisubizo abandi bari ku murongo bipimisha, bamwe muri bo bagarazaga ubumenyi buke ku myandurire ya SIDA.

Nyirabuhizi Marcelline agira ati “Ntura ndwara buri gihe, nubu mvuye mu bitaro naje kwipimisha ngo menye icyo ndwaye kuko mfite umwana w’umukobwa wanduye ahora ambwira ngo uwamuha nanjye nkarwara nkawe. Bintera ubwoba ko ashobora kuyinaga mu gikoma.”
Avuga ko ari umupfakazi adaheruka umugabo ariko ngo kurwara kwe kwa buri kanya bimutera impungenge ku buryo ngo asanze ari muzima yashima Imana.
Ndimubeza Théophile, , na we ati “Naje kwipimisha ngo menye ko naba narangiritse. Ntegereje igisubizo n’ubwoba, gusa ntacyo nikeka ariko twumva ngo n’ibyuma biranduza mwadusobanurira.”
Nubwo abenshi bataracengerwa neza n’uburyo SIDA yandura bazi uburyo bakwitwara basanze baranduye.

Mukabageni Spéciose agira ati “Ntegereje igisubizo nikiza ari kibi ndihangana nkurikize inama za muganga nkafata ingamba zo kutanduza abandi ndetse nkanabivuga kuko kwanduza abandi ni ugusenya igihugu.”
Nsengiyumva Justin, Umuyobozi Wungirije w’Ikigo Nderabuzima cya Kirehe, avuga ko gahunda yo gukangurira abaturage kwipimisha SIDA ari ukubafasha kumenya uko bahagaze bagirwa n’inama uko bakwiye kwitwara bahabwa inyigisho z’uko SIDA yandura n’uko bayirinda.
Asaba abaturage kugana Ikigo Nderabuzima cya Kirehe bagapimwa kuko ari igikorwa cya buri munsi kandi nta n’ikiguzi.
Servilien Mutuyimana
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
Haaaaahahahahhhhhhhhhhhhhhhhh abaturage we!!!
Mujye mubabwira baze bipimishe naho uko yandura mubireke iyangombwa se si uko batayirwara?
Abaturage ni abana beza cyangwa baba bajijisha ngo ntibazi uko sida yandura?