Abaturage bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza barahamya ko guhinga ku materase y’indinganire byabagiriye akamaro kanini kuko umusaruro babonaga wikubye inshuro zisaga enye, nk’uko bamwe babitangarije Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi ubwo yasuraga uwo murenge tariki 03/02/2014.
Itsinda ry’abaganga b’inzobere bavuye mu gihugu cy’Ubwongereza bari mu bitaro bya Gahini mu karere ka Kayonza, aho kuva tariki 03/02/2014 bari kuvura indwara ya Hernia, benshi bita Haniya mu Kinyarwanda.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Kayonza ngo bifuza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yashyirwamo ingufu mu mashuri, kandi ikaba rimwe mu masomo y’ingenzi yigishwa kuko mu mashuri ariho hari imbaraga z’ahazaza h’u Rwanda.
Ababyeyi bafite abana biga mu mashuri y’incuke n’abanza mu karere ka Kayonza ntibavuga rumwe ku cyemezo cya Minisiteri y’Uburezi gitegeka abayobozi b’ibigo by’amashuri byacumbikiraga abana bari mu nsi y’imyaka 10 kubihagarika.
Umwana witwa Kwizera Dieudonne w’imyaka 10 ku gicamunsi yagonzwe n’imodoka y’ivatiri, Toyoya Corona ifite ikirango RAA 807 L, igufwa ry’ukuguru k’uwo mwana rihita ricika.
Umwana w’umwaka umwe n’igice witwaga Ishimwe mwene Ndayambaje Emmanuel na Nyirahabimana Evelyne wo mu mudugudu w’Isoko mu kagari ka Juru mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza yatwawe n’isuri arapfa.
Abasirikari bo mu ishuri rikuru rya gisirikari rya Nyakinama ngo bagiye kongera imbaraga mu kubungabunga amahoro n’umutekano kuko ari byo biri gutuma Abanyarwanda bagera ku iterambere mu nzego zose, ndetse n’abatuye ibindi bihugu bakaba bakeneye umutekano nk’uw’u Rwanda ngo bagire intambwe batera.
Abantu batatu bapfiriye mu mpanuka y’ikamyo yo mu bwoko bwa Scania yagonganye na Toyota Dyna ifite ikirango RAB 969 Q ku mugoroba wa tariki 21/01/2013. Iyo mpanuka yabereye ahitwa i Rusera ho mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza.
Hatangimana Evariste wo mu kagari ka Gihinga mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza avuga ko kumva amabwire ya nyina byatumye amara igihe kigera ku myaka itanu atumvikana n’umugore we.
Bagaragaza Jean Damascene wari utuye mu mudugudu wa Bugaraga, akagari ka Buriba, umurenge wa Rukira ,Akarere ka Ngoma, umurambo we watoraguwe mu kiyaga cya Rwabizigira tariki 17/01/2014 yatawemo nyuma yo kwicwa.
Abaturage b’akarere ka Kayonza barasabwa kugira umuco wo kumenyekanisha ahabereye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kuko ngo rigira uruhare runini mu kudindiza iterambere ry’umuryango ryabereyemo ndetse n’igihugu muri rusange.
Nshakabyanga Evariste wari uri mu kigero cy’imyaka 32 14/01/2014 yishyize mu mugozi ashiramo umwuka. Uwo mugabo yari atuye mu kagari ka Juru ko mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza. Umurambo we wajyanywe ku bitaro bya Gahini kugira ngo ukorerwe isuzuma (Autopsy).
Abahinzi ku giti cya bo n’amakoperative akora ubuhinzi mu bice birimo inzuri mu karere ka Kayonza ngo barinubira uburyo bakubitwa n’abashumba bakurikirana inka mu nzuri igihe baboneshereje.
Ntakirutimana Sylvain wo mu kagari ka Rubumba mu murenge wa Kabare wo mu karere ka Kayonza ku mugoroba wa tariki 13/01/2014 yateye icyuma uwitwa Semana Jean bapfa telefoni Semana yavugaga ko mugenzi we yamwibye.
Ubuyobozi bw’akagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza bwafashe icyemezo cyo kubuza abashumba kugendana inkoni kuko ngo zikoreshwa mu bikorwa by’urugomo.
Umukobwa witwa Mariya ubana na virusi itera SIDA wo mu karere ka Kayonza yiyemeje kujya atanga ubuhamya bugamije gukangurira Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko kwirinda SIDA. Imbaraga zo kubyatura ngo azikesha ubujyanama yaherewe mu kigo cy’urubyiruko cya Kayonza.
Umwana witwa Ncunguyinka Patrice wari uri mu kigero cy’imyaka ibiri yapfiriye mu nzu mu ma saa moya z’ijoro rya tariki 09/01/2014, ariko icyamwishe ntikiramenyekana. Uwo mwana yarerwaga kwa nyirasenge utuye mu kagari k’Urugarama mu murenge wa Gahini wo mu karere ka Kayonza ahazwi ku izina rya Videwo.
Niyitegeka Angelique wakoraga muri koperative yatsindiye gukora isuku mu bitaro bya Gahini mu karere ka Kayonza yapfuye ku wagatatu tariki 08/01/2014 yishwe n’amashanyarazi.
Sitade ya Rwinkwavu, imwe mu za mbere zabayeho mu Rwanda yakinirwagaho n’ikipe yitwaga Standard FC yatangiye gusanwa nyuma y’igihe kini yarabaye itongo.
Ngirabanzi bakunda kwita Kabandari wo mu mudugudu wa Matahiro mu kagari ka Kirehe mu murenge wa Kabare wo mu karere ka Kayonza yatwitse inzu y’umugore yari yarataye ihiramo ibikoresho byose n’imyaka yari irimo.
Munyemana Jean de Dieu wo mu mudugudu wa Cyamburara mu kagari ka Buhabwa mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza arwariye mu bitaro bya Gahini nyuma yo gukomeretswa n’imbogo tariki 07/01/2014.
Umwana w’imyaka 10 witwaga Tuyishime Amiel wo mu mudugudu wa Kabeza mu kagari ka Byimana mu murenge wa Ndego wo mu karere ka Kayonza yarohamye mu kiyaga cya Rwakigeri yitaba Imana.
Abashumba babiri (Gatete na Gashema) baragiraga inka mu nzuri ziri mu nkengero za Parike y’Akagera mu ijoro rishyira tariki 27/12/2013 bakubise abaturage barindwi bo mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza bahita batoroka.
Urubyiruko rugera kuri 50 rwo mu karere ka Kayonza rwahuguwe ku bijyanye no kwihangira imirimo mu kigo cy’urubyiruko cya Kayonza, rwahawe impamyabushobozi nyuma y’amezi atatu rwari rumaze ruhugurirwa muri icyo kigo.
Umurambo wa Hakizimana Emmanuel wari mu kigero cy’imyaka 34 watoraguwe mu kiyaga cya Kadiridimba tariki 26/12/2013 ahagana saa mbiri za mugitondo ahitwa mu Gacaca ho mu murenge wa Rwinkwavu mu karere ka Kayonza.
Umukwabo wabaye mu mirenge ya Mukarange na Nyamirama mu karere ka Kayonza tariki 21/12/2013 wafashe abantu batatu bafite inzoga ya Kanyanga ifatwa nk’ikiyobyabwenge, undi umwe afatanwa urumogi.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwibambe Consolee, avuga ko bateganya uburyo hashyirwaho abantu bakora nk’abajyanama b’ubuzima mu nkambi ya Rukara icumbikiye Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya hagamijwe kunoza isuku muri iyo nkambi.
Mu karere ka Rwamagana hamaze gufungurwa ishami ry’umuryango mpuzamahanga bita “Soroptimist”, ugamije gufasha abagore kugera ku iterambere n’imibereho myiza, kugera ubwo buri mugore wese azagerwaho n’ibyiza abandi bagore bose batigeze bagira.
Abanyeshuri n’abarimu bo muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya College of Medecine and Health Sciences ryahoze ryitwa KHI bamaze iminsi ibiri batanga serivisi z’ubuvuzi ku Banyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bacumbikiwe mu nkambi ya Rukara mu karere ka Kayonza, kuva tariki 19/12/2013.
Nshimiyimana Daniel w’imyaka 18 wo mu mudugudu wa Bikoki mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwiri wo mu karere ka Kayonza ku mugoroba wa tariki 19/12/2013 yinaze mu kibumbiro [valley dam] inka zishokamo ahita apfa.