Urusengero rwa ADEPR Nyagatovu ruri mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza rwashenywe n’inkubi y’umuyaga wazanye n’imvura yaguye tariki 27/10/2012.
Abagabo batatu bakekwaho kuba bamwe muri ba rushimusi bo muri Pariki y’igihugu y’Akagera batawe muri yombi, mu murenge wa Mukarange wo mu karere ka Kayonza, aho bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Mukarange, nk’uko polisi ibitangaza.
Umunyamabanga w’ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’akarere ka Kayonza, Kivunanka Jeremy, avuga ko umwe mu bafatanyabikorwa b’ako karere witwa DOT Rwanda yabaye ahagaritswe ariko uwo muryango urabihakana.
Abagurisha amazi ku mavomero rusange mu karere ka Kayonza barasaba ikigo gishinzwe amazi, ingufu n’isukura (EWSA) kubagabanyiriza ibiciro ku mazi kuko ngo nta nyungu bakuramo.
Minisitiri w’umutungo Kamere, Stanislas Kamanzi, avuga ko umuco wa “Hinga Tugabane” ugomba guhagarara, bitewe n’ubutaka bwo kororeraho, bwahawe abaturage muri gahunda y’isaranganya.
Itsinda ry’intumwa za rubanda zo muri komisiyo y’ubukungu mu nteko ishinga amategeko zimaze iminsi itanu zumva ibibazo abaturage bafite ku bijyanye n’ubutaka n’imiturire mu karere ka Kayonza.
Abaturage batuye mu nkengero z’umudugudu wa Kabuga, akagari ka Mburabuturo, umurenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, bavuga ko bamaze imyaka ine barishyuye amafaranga y’ifatabuguzi ry’amashanyarazi, ariko ikigo cya EWSA ngo ntikirabaha amashanyarazi.
Abanyeshuri bo mu ishuri ry’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda, Kabarondo B, bigishijwe uburyo bwiza bwo gukaraba intoki n’abakorerabushake b’ikigo cy’Abayapani gishinzwe umubano mpuzamahanga cya JICA.
Mu karere ka Kayonza hagiye gutangizwa uruganda ruzajya rukora impapuro mu bivovo by’insina. Iyo nyigo yakozwe n’abasore babiri bize mu gihugu cy’u Buhinde, nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi Gakuba Damascene ukuriye urugaga rw’abikorera mu karere ka Kayonza abivuga.
Hari abakirisitu batinya gukoresha agakingirizo ngo batarebwa nabi n’abayobozi b’amadini basengeramo ariko ntibibabuze gusambana. Uko kwanga ko hagira umuntu ubabona bagura agakingirizo bituma bamwe mu bayoboke b’amadini bakora imibonano mpuzabitsina idakingiye.
Urugaga rw’abikorera rurashishikariza abikorera bo mu ntara y’uburasirazuba kujya bagana ikigo mpuzamahanga cy’ubukemurampaka cya Kigali (KIAC) igihe bagize ibibazo by’impaka mu bucuruzi. Icyo kigo ngo gikemura ibibazo by’impaka z’ubucuruzi vuba kurusha uko byakemukira mu nkiko.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, Bizimana Claude, avuga ko buri muturage yishyize hamwe n’abandi akajya yigomwa igiceri cy’ijana yazageraho akabasha kwigurira matora.
Bamwe mu batuye mu kagari ka Rwimishinya, umurenge wa Rukara mu karere ka Kayonza, baravuga ko muri ako gace hari abantu baza bashaka kugura itungo, batakumvikana na nyiraryo ku giciro bwacya mu gitondo nyir’itungo agasanga baryibye.
Florida Niyiragira wo mu mudugudu w’Akabare ka II, akagari ka Rwimishinya, umurenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza, yemeza ko mu icebe ry’ihene ye havuyemo igisiga gihita gipfa.
Abasigajwe inyuma n’amateka batuye mu mudugudu wa Kiyovu, akagari ka Musumba, umurenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, bamaze amezi arenga umunani badacana umuriro w’amashanyarazi kandi warashyizwe mu mazu batujwemo.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) irasaba abanyamadini kuyifasha gukumira ibiza bitaraba. Abanyamadini ni bamwe mu bantu bagira abayoboke benshi kandi ku buryo buhoraho.
Akarere Kayonza kahize guhinga soya ku buso bwa hegitari 3200, kugira ngo uruganda rwa Mount Meru Soyco ruzajya rutunganya soya rukayibyaza amavuta rutazagira ikibazo cyo kubura iyo gukoresha.
Inzabya ebyiri bategura nk’umutako (vase) zifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 30, zaguzwe amafaranga ibihumbi 500 mu cyamunara tariki 04/09/2012. Izo nzabya zatanzwe n’umugore wahejejwe inyuma n’amateka nk’umusanzu we wo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund.
Akarere ka Kayonza kakusanyije miliyoni 565, ibihumbi 598 n’amafaranga 390 yo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund. Muri ayo mafaranga, ayahise yishyurwa ni miliyoni imwe n’ibihumbi 22.