Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kabura mu murenge wa Kabarondo afunzwe akekwaho gukoresha inzoga ya Kanyanga ifatwa nk’ikiyobyabwenge mu Rwanda.
Abajyanama b’ubuzima bo mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza baguze imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna ku mafaranga miliyoni 15 ikazabafasha kurushaho kwiteza imbere.
Impanuka y’inzu y’amagorofa ane ya Geoffrey Barigye yaguye mu karere ka Nyagatare tariki 14/05/2013, ngo yatewe n’ibikoresho bayubakishije bitari bifite imbaraga zo kwikorera uburemere bwa yo, nk’uko byatangajwe n’itsinda ry’impuguke ryakoze igenzura ku cyaba cyarateye impanuka y’iyo nzu.
Mani Martin na Massamba bibumbiye muri Art For Peace, basusurukije urubyiruko rw’i Kayonza kuri uyu wa Gatanu tariki 31/05/2013, muri gahunda ya Youth Connekt yo muri kwezi kwahariwe urubyiruko.
Abahagarariye inzego z’urubyiruko mu karere ka Kayonza barasabwa kuba aba mbere mu kwitabira umurimo kugira ngo babere intangarugero urundi rubyiruko bahagarariye.
Abasore batatu tutabashije kumenya amazina batuburiye umugenzi amafaranga ibihumbi 100 muri gare ya Kayonza baracika, ariko nyuma baza gufatirwa mu kabari bari bagiye kwiyakiriramo bakubitwa n’abaturage karahava mbere yo kugezwa kuri Polisi.
Abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu mwaka ushize wa 2012 batitabiriye urugerero banenzwe bikomeye n’umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Boniface Rucagu, tariki 23/05/2013, ubwo yasuraga intore ziri ku rugerero muri ako karere.
Bamwe mu batuye mu karere ka Kayonza bavuga ko umukuru w’igihugu, Paul Kagame, aha agaciro Abanyarwanda baba hanze y’igihugu. Iyo ngo ni yo mpamvu agira gahunda yo kujya kubasura aherekejwe n’abandi Banyarwanda bo mu byiciro binyuranye, kugira ngo baganire ku iterambere u Rwanda rugezeho n’ahazaza harwo.
Urukiko rw’iremezo rwa Ngoma rwagize umwere Nyirigira Eric wahoze ari umucungamutungo wa Sacco Abanzumugayo mu murenge wa Nyamirama wo mu karere ka Kayonza. Nyirigira yari amaze amezi atanu afunzwe akekwaho kugira uruhare mu bujura bw’amafaranga yibwe muri Sacco Abanzumugayo mu kwezi kwa 01/2013.
Jean Bosco Nduwamungu, Jean de Dieu Kalisa, Jean Claude Nsengimana, Samuel Shyaka na Silvain Mutabaruka bafungiye kuri sitasiyo ya polisi mu murenge wa Rukara bakekwaho icyaha cyo guhiga muri Parike y’Akagera mu buryo bunyuranye n’amategeko.
Umukwabu wakozwe na Polisi mu karere ka Kayonza tariki 06/05/2013 wafashe abantu 31 batagira ibyangombwa, unafatirwamo abamotari 15 bakoze amakosa mu muhanda, abatagira ubwishingizi bwa za moto za bo, n’abatari bafite ingofero zabugenewe ku bagenda kuri moto.
Ikiyaga cya Kadiridimba cyo mu murenge wa Rwinkwavu mu karere ka Kayonza kivugwaho kuba kibitse imodoka y’ikamyo yuzuye inzoga za byeri na kigingi wa yo baguyemo mu myaka myinshi ishize.
Abajura bataramenyekana bateye ingo ebyiri zo mu kagari ka Kayonza, umurenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza mu ijoro rya tariki 02/05/2013 bashaka amafaranga, basiga batemesheje imihoro abagore n’abagabo bo muri izo ngo zombi.
Sebuhoro Daniel wo mu mudugudu wa Kabuye mu kagari ka Rurambi mu murenge wa Nyamirama wo mu karere ka Kayonza yishe umugore we n’umwana we w’amezi atatu mu ijoro rya tariki 18/04/2013 nawe ahita yitera ibyuma.
Imibiri isaga 200 y’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR Nyagatovu ahazwi ku izina ryo kuri Midiho ikomeje kuburirwa irengero nyuma y’imyaka 19 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza, Mugabo John, avuga ko mu cyumweru cyo kwibuka muri ako karere ka Kayonza hagaragaye ingero eshatu z’abantu bafite ingengabitekerezo ya Jenoside no kuyipfobya.
Abahagarariye amadini akorera mu karere ka Kayonza biyemeje kuzatanga ituro ry’umunsi umwe mu minsi y’amateraniro ya bo, mu rwego rwo gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye.
Abanyamahanga batuye mu Rwanda ngo baba badakunze kwitabira gahunda zo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 uko bikwiye; nk’uko byavugiwe mu nama ya nyuma itegura gahunda zo kwibuka Abazize Jenoside mu karere ka Kayonza.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Kayonza barasaba ko abayobozi bakuru b’igihugu bari mu mwiherero i Gabiro mu karere ka Gatsibo bazaganira ku biciro by’ubukode bw’ubutaka n’itangwa rya serivi inoze.
Ihuriro ry’abagore Women Foundation Ministries ryo mu karere ka Kayonza, rifite intego yo guteza imbere umuryango nyarwanda rihereye ku mugore n’umwana w’umukobwa, nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’iryo huriro Pastor Alice Mignonne.
Umusore utazwi yateje akavuyo muri gare ya Kayonza tariki 19/03/2013 ahagarika imodoka mu gihe cy’iminota itanu zibura uko zisohoka. Uwo musore yabikoze asa n’ushaka kwiyahura kuko yavugaga ko n’ubundi nta buzima afite, agasaba ko imodoka zamunyura hejuru.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mutesi Anita, arasaba abagore bo muri ako karere kudahangana n’abagabo ba bo bitwaje uburinganire.
Abaturage batuye mu nkengero za Parike y’Akagera barasabwa kutegera uruzitiro rw’iyo Parike kuko bashobora gufatwa n’amashanyarazi baramutse barwegereye kuko urwo ruzitiro rukozwe n’insinga n’ibyuma byashyizwemo amashanyarazi kugira ngo ajye akanga inyamaswa zirwegereye ntizibashe gusohoka muri Parike.
Abakuru b’imidugudu 50 bitwaye neza mu tugari tugize akarere ka Kayonza bahawe amagare y’ishimwe azaborohereza ingendo mu kazi kabo ka buri munsi, bakaba bahawe ayo magare nk’ishimwe ry’uko bafite imiyoborere myiza mu midugudu yabo.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Kayonza bavuga ko kuvuga imyanya ndangabitsina mu ruhame atari ukwiyandarika cyangwa gushira isoni, baremeza ahubwo ko ari uburyo bwo gutanga ubutumwa bukiza abantu benshi kuko hari abahura n’ibibazo bitewe n’uko badasobanukiwe n’ubuzima bw’imyororokere.
U Rwanda ngo rwiyemeje kutazigera rutezuka ku miyoborere myiza nk’uko byemezwa na Senateri Ncunguyinka Francois, umwe mu bagize inama y’ubuyobozi mu kigo cy’igihugu cy’imiyoborere myiza RGB, Rwanda Governance Board.
Umubyeyi witwa Yankurije Eugenie wo mu mudugudu wa Rwinyana, mu kagari ka Shyogo, umurenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, yiyemeje kujya akamishiriza abana bafite ibibazo by’imirire mibi mu mudugudu atuyemo. Abo bana ngo azabakamishiriza nta kiguzi asabye ababyeyi babo.
Abakuru b’imidugudu mu karere ka Kayonza ntibazongera gusinya ku byangombwa ahubwo bizajya bitangirwa mu kagari kuko ari rwo rwego ruto rwa Leta rugira kasha; nk’uko bisobanurwa n’umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mutesi Anita.
Leta y’u Rwanda igiye kuzana intare n’ubundi bwoko bw’inyamaswa zitabaga muri Parike y’Akagera nk’uko bivugwa na Ngoga Telesphore ushinzwe guhuza Parike z’igihugu n’abazituriye, akaba anashinzwe ishami ryo kubungabunga Parike z’igihugu mu kigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB).