Umuturage wo mu mudugudu wa Kinkoronko mu kagari ka Gikaya ko mu murenge wa Nyamirama muri Kayonza afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Mukarange mu karere ka Kayonza, akekwaho kuba yarateye igiti cy’urumogi iwe mu gikari.
Umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 19 wigaga mu ishuri ry’imyuga, Amizero Training Center ryo mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza, yabyaye umwana tariki 10/12/2013 amuzingira mu myenda arangije amusiga mu nzu abanyeshuri bararamo [dortoir] ahita ajya kwa muganga.
Dusabimana Berchmans uri mu kigero cy’imyaka 62 na Sibomana Celestin uri mu kigero cy’imyaka 48 bafungiye kuri polisi mu murenge wa Rwinkwavu. Abo bagabo bombi bafashwe na polisi tariki 09/12/2013 bateka Kanyanga mu mudugudu wa Twiyunge mu kagari ka Mukoyoyo, mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza.
Abanyeshuri bigaga muri Kaminuza yitwaga Community Intergrated Polytechnic CIP baravuga ko bahejejwe mu gihirahiro n’ubuyobozi bw’iyo kaminuza, nyuma y’aho ifungiwe kubera kutuzuza ibyangombwa.
Komite nshya y’abanyeshuri bo mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda, Rwanda Teachers’ College (RTC) ryahoze ari Rukara College of Education ryo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza, yiyemeje guteza imbere ireme ry’uburezi mu bigo by’amashuri abanza n’ay’uburezi bw’ibanze yo mu murenge wa Rukara n’inkengero za wo.
Turatsinze Gad wo mu mudugudu wa Cyeru mu kagari ka Kayonza mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza yasanze igisazu mu murima yahingaga ku gicamunsi cya tariki 06/12/2013, ku bw’amahirwe nticyamuturikana.
Nshumbusho Francois na Nyirarukundo Agnes bo mu kagari ka Kabura mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kabarondo kava tariki 07/12/2013 bakekwaho gukora no gukoresha inzoga ya Kanyanga.
Abaturage batuye mu karere ka Kayonza, umurenge wa Rukumberi mu tugari twegereye umugezi w’Akagera baratabaza ko imvubu zikomeje kubonera zivuye mu kagera zikanabarira amatungo cyane cyane ingurube.
Umurambo w’umugore utamenyekanye watoraguwe mu nsi y’ibarizo ry’uwitwa Ntakirutimana Emmanuel wo mu kagari ka Cyabajwa mu murenge wa kabarondo wo mu karere ka Kayonza tariki 03/12/2013 mu masaha ya saa sita n’igice. Uwo murambo wahise ujyanwa ku bitaro bya Rwinkwavu byo mu karere ka Kayonza.
Uwihanganye Samuel na Kizora bafatanywe inyama z’isatura, impongo n’urukwavu mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili mu karere ka Kayonza tariki 02/12/2013.
Abaturage bo mu kagari ka Kirehe mu murenge wa Kabare wo mu karere ka Kayonza bari bamaze icyumweru kirenga baratewe n’imvubu yabahungabanyirizaga umutekano.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO ifite ikirango RAC 456 D yari iri gupakira ibiti byo gutera mu muganda wabaye tariki 30/11/2013 mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza yagushije abantu 21, umunani muri bo barakomereka bikabije.
Mukunzi Mutabazi w’imyaka 20 wo mu mudugudu wa Tsima mu kagari ka Kahi mu murenge wa Gahini wo mu karere ka Kayonza yakomerekejwe n’imbogo yo muri Parike y’Akagera mu gitondo cya tariki 30/11/2013.
Niyodusenga Placide ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Murama wo mu karere ka Kayonza afungiye i Kibungo akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano.
Imva ishyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 y’i Karubamba mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza, yatangiye kwangirika ku buryo hari impungenge ko muri iki gihe cy’imvura amazi yayinjiramo akangiza imibiri isaga ibihumbi umunani iyishyinguyemo.
Habineza Theogene wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Ruyonza mu murenge wa Ruramira wo mu karere ka Kayonza, afunzwa kuva tariki 25/11/2013 akurikiranyweho kunyereza amafaranga ibihumbi 313 yatanzwe n’abaturage nk’imisanzu yo kubaka ibyumba by’amashuri.
Nyuma y’amezi arenga abiri nta muyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage akarere ka Kayonza gafite, tariki 23/11/2013 Uwibambe Consolee w’imyaka 40 y’amavuko yatorewe uwo mwanya ku majwi 95,8% by’inteko itora yari igizwe n’abajyanama 145.
Abayobozi mu nzego z’ibanze bo mu karere ka Kayonza ngo bakwiye guha ijambo abaturage muri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kugira ngo bavuge ibyababaje kubera amateka u Rwanda rwanyuzemo bityo babohoke.
Umunyegare witwa Nshimyumuremyi Aboubakar w’imyaka 17 yagonzwe na moto ifite ikirango RA 060N akomereka mu mutwe anavunika akaboko k’imoso ndetse anakuka n’amenyo atandatu.
Amahugurwa y’iminsi ine yahawe abatoza b’umupira w’amaguru bo mu karere ka Kayonza ngo azabafasha gushaka no guteza imbere impano z’umupira w’amaguru mu bana bakiri bato hirya no hino mu mirenge igize akarere ka Kayonza, nk’uko bivugwa na Nsengiyumva Francois umwe mu batoza b’umupira w’amaguru muri ako karere.
Irondo ryafashe imodoka ya FUSO ifite ikirango RAA 600R itwaye ibiti bya Kabaruka. Iyo modoka yafatiwe mu murenge wa Murama mu karere ka Kayonza mu ijoro rishyira tariki 15/11/2013 itwawe n’umushoferi witwa Kayinamura Jean Claude.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari two mu karere ka Kayonza batarara aho bakorera bahawe icyumweru kimwe cyo kuba bamaze kwimukira mu tugari bayobora, abatabishoboye ngo bagasezera ku kazi. Uyu ni umwe mu myanzuro yafatiwe mu nama yahuje abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kayonza kuva ku rwego rw’akagari n’abagize (…)
Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 45 watoraguwe mu kiyaga cya Muhazi ku gice cy’umurenge wa Gahini mu karere ka Kayonza tariki 09/11/2013.
Umuhuzabikorwa wa porogaramu yitwa PROBA ishinzwe gutanga ubujyanama kuri ba rwiyemezamirimo, Hakiza Kumeza Innocent, arasaba abantu bose bafite ubushobozi n’ingwate guhararira abatabufite bashaka kuba ba rwiyemezamirimo kugira ngo abe ari bo bishingirwa n’ikigega cyitwa BDF gifasha kubona inguzanyo abantu badafite ingwate.
Ikigega cyihariye cy’ingoboka ku binyabiziga gikomeje kwishyura abaturage batuye mu nkengero za Parike y’Akagera bahohotewe n’inyamaswa z’iyo Parike, haba mu buryo bwo kubangiriza imitungo, kubakomeretsa cyangwa kubicira ababo.
Ilibagiza Marlene wo mu mudugudu wa Myatano mu kagari k’Urugarama ko mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza, arakekwaho kwica umugabo we witwaga Kayumba Laurent mu ijoro rya tariki 06/11/2013 afatanyije na murumuna w’umugabo we. Bombi ubu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rukara.
Ibisenge by’inzu eshatu zo mu mudugu w’Umutekano mu kagari ka Migera mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza byagurukijwe n’imvura ivanze n’umuyaga yaguye ku gicamunsi cya tariki 05/11/2013.
Abaturage bo mu turere twa Rwamagana na Kayonza barasabwa kudahishira abajura biba insinga zirinda inkuba (uturindankuba) ziba zimanitse ku mapoto y’amashanyarazi.
Umuyobozi w’ishami ry’ikigo cya EWSA rya Rwamagana, Karemera Emmery, avuga ko muri uyu mwaka wa 2013 bamaze guha amashanyarazi abaturage barenga 6000 mu turere twa Rwamagana na Kayonza; muri rusange bafite abafatabuguzi 23608 muri utwo turere.
Umuyobozi wa sitasiyo ya EWSA mu karere ka Ngoma, Mugeni Genevieve, araburira abajura biba insinga z’amashanyarazi kuko abazafatirwa muri ibyo bikorwa bazahanwa by’intangarugero.