Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza isabukuru yo kwibohora ku nshuro ya 20, bamwe mu baturage bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza ngo bashimishijwe n’uko bimakaje gahunda ya Ndi Umunyarwanda aho gukomeza kwibona mu ndorerwamo z’amoko.
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba(IPRC East) riri mu karere ka Ngoma, ryifatanije n’abaturage bo mu murenge wa Murindi mu karere ka Kayonza mu muganda wo kubakira Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania, banatanga ubutumwa busaba abantu kwiga imyuga.
Abagore bibumbiye mu matsinda aterwa inkunga n’umuryango nyafurika w’ivugabutumwa AEE tariki 25/06/2014 baremeye bagenzi ba bo baniyishyurira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza y’umwaka wa 2014/2015.
Abari mu nzego z’ubuyobozi bw’urubyiruko mu karere ka Kayonza ngo bagiye gushyiraho uburyo bwo guhanahana amakuru bwitwa “Kayonza Network”, bukazatuma urubyiruko kuva ku rwego rw’umudugudu kugeza ku rwego rw’akarere rusangira amakuru y’ibijyanye n’iterambere.
Kimwe mu bibazo bikunze gutuma abana bakiri bato bishora mu busambanyi ngo harimo no kudasobanukirwa ibijyanye n’impinduka bagenda babona ku mibiri ya bo.
Nyuma y’imyaka igera hafi kuri ibiri badacana kandi barahawe amashanyarazi, abatujwe mu mudugudu wa Kiyovu wo mu kagari ka Musumba mu murenge wa nyamirama wo mu karere ka Kayonza bemerewe n’ubuyobozi bw’akarere ko bazishyurirwa igice cy’amafaranga y’ifatabuguzi ry’amashanyarazi nabo bagashaka ikindi gice.
Mu ijoro ryacyeye tariki ya 11 Kamena 2014 mu kagari ka Banda, mu Murenge wa Rangiro mu karere ka Nyamasheke, umukobwa wabyariye iwabo witwa Uwimana Emima yatemye bikomeye mu mutwe no ku maguru undi mukobwa wabyariye iwabo nawe witwa Munyuratabaro Mariya bapfa umugabo wabateretaga bose.
Umwana uri mu kigero cy’imyaka ibiri wo mu mudugudu wa Kinyemera mu kagari ka Bwiza ko mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza ku gicamunsi cya tariki 11/06/2014 yagwiriwe n’igikuta cy’inzu ahita apfa.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Dr Alvera Mukabaramba, avuga ko nta muntu wemerewe kugurisha inzu yubakiwe na Leta cyangwa ngo ayikodeshe ubuyobozi butabizi.
Umuryango nyafurika w’ivugabutumwa AEE tariki 10/06/2014 wakoreye ubukangurambaga abaturage b’umurenge wa Ruramira mu karere ka Kayonza, ubwo bukangurambaga bukaba bwari ubwo kubashishikariza gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza buzwi nka mitiweri no kubakangurira kwirinda SIDA.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kayonza barasabwa kurushaho gutanga serivisi nziza ku baturage no kuzirikana ko uretse kuba abaturage ari abagenerwabikorwa ari na bo bakoresha b’ababyobozi, kuko ngo badahari n’ubuyobozi butabaho nk’uko umuyobozi w’ako karere abivuga.
Bamwe mu bacungamutungo b’imirenge SACCO bavuga ko ibyo bigo b’imari bifite inyungu nyinshi byavana mu ihuriro ry’ibigo by’imari (Association of Microfinance Institutions in Rwanda, AMIR) biramutse biryinjiyemo.
Imwe mu mirenge y’akarere ka Kayonza ikunze kwibasirwa n’izuba ryinshi rikangiza imyaka y’abaturage bikabatera inzara, ariko by’umwihariko umurenge wa Ndego ngo ufite n’andi mahirwe yo kugira ibiyaga byinshi bitarabyazwa umusaruro ku buryo bufatika kandi byagira uruhare mu guhangana n’ingaruka z’iryo zuba.
Umurambo w’umuturage witwa Nkinzingabo Zabrone watahuwe umanitse mu giti cya avoka gihinze mu murima w’umuturage wo mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza ku gicamunsi cya tariki 05/06/2014, abaturage b’i Mukarange babonye uwo murambo bakaba bavuga ko batamuzi.
Umwana w’imyaka 13 ukomoka mu kagari ka Ryamanyoni ko mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza ari mu maboko ya polisi sitasiyo ya Rukara akekwaho kwica mugenzi we w’imyaka 12.
Nyiratsinda Flora warokokeye i Karubamba ho mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza avuga ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bafite igihango badakwiye gutatira bagiranye n’ingabo zabatabaye ubwo zahagarikaga Jenoside yorekaga imbaga mu bice bitandukanye by’u Rwanda.
Imibiri 8029 yashyinguwe mu rwibutso rushya rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Karubamba mu murenge wa rukara wo mu karere ka Kayonza tariki 25/05/2014. Imwe muri iyo mibiri yari isanzwe ishyinguye mu mva rusange y’i Karubamba ariko iza kuvanwamo nyuma y’uko bigaragaye ko iyo mva yatangiye kwangirika.
Amashuri makuru nderabarezi abiri, Kavumu College of Education na Rukara College of Education agiye guhurizwa hamwe ahinduke Rwanda Teachers College. Aya mashuri yombi asanzwe ategura abarezi bigisha mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye.
Mu gihe habura igihe gito ngo umwaka w’ubwisungane mu kwivuza wa 2013/2014 urangire, akarere ka Kayonza kageze ku gipimo cya 70,7 % mu bwitabire, mu gihe uwo mwaka ugitangira kari gafite intego yo kugeza ubwitabire ku gipimo cya 100 %.
Abacururiza hasi mu gice kidatwikiriye cy’isoko rya Kabarondo mu karere ka Kayonza bavuga ko imisoro basoreshwa ari myinshi ugeraranyije n’ibyo binjiza, bagasaba ko iyo misoro yagabanywa kugira ngo ijyanishwe n’ubushobozi bwa bo.
Nyuma y’amezi agera kuri atanu ikigo nderabuzima cya Nyamirama gihurijwe hamwe n’ivuriro (Clininique) ry’ikigo cya SOS gikorera mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, abivuriza muri icyo kigo nderabuzima ngo bishimiye uko serivisi bahabwa zisigaye zihutishwa kuko nta mu rwayi ukimara iminota 20 atarabonana na muganga.
Bamwe mu bagize imiryango y’Abasigajwe inyuma n’amateka yatujwe mu mudugudu wa Kiyovu mu kagari ka Musumba mu murenge wa Nyamirama wo mu karere ka Kayonza ngo bafite ibibazo by’imirire mibi baterwa no kuba batagira amasambu ahagije yo guhinga.
Umugabo witwa Felix Ngayaboshya ukorera mu karere ka Ruhango mu ntara y’amajyepfo avuga ko yafashe icyemezo cyo gutandukana n’umugore we nyuma y’aho amufatiye mu cyuho mu rukerera rwo kuwa 28/04/2014 mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza yararanye n’undi mugabo bari basigaye babana nk’umugabo n’umugore.
Mu rugo rwa Mbarushimana Felix wo mu mudugudu wa Nyabisindu mu kagari ka Musumba mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza inzego z’umutekano zahafatiye litiro 12 za Kanyanga n’ibidomoro bibiri hanamenwa izindi nzoga z’inkorano basanze mu rugo rwe.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Scania yagongeye umwana w’umunyeshuri mu mudugudu wa Rutagara mu kagari ka Cyabajwa mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza, tariki 28/04/2014, umushoferi wari uyitwaye arayiparika ahita yiruka ku buryo kugeza ubu ataramenyekana.
Hashize igihe kitari gito hagaragara isuku nke mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kabarondo mu karere ka Kayonza, cyane cyane mu gice cyo ku isoko n’imbere y’amwe mu maduka yo muri uwo mujyi. Hamwe mu hakunze kugaragara umwanda ni inyuma y’ibagiro riri hafi ya gare ya Kabarondo, hakunze kugaragara ibirundo by’imyanda yavanywe (…)
Abacururiza mu bice bitubakiye by’amasoko ya Kayonza ari mu mirenge ya Mukarange na Kabarondo bavuga ko babangamiwe cyane muri ibi bihe by’imvura, kuko banyagirwa ndetse na bimwe mu bicuruzwa bya bo bikangirika igihe bagerageza kubyanura imvura ibari ku mugongo.
Imibiri 8007 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yari ishyinguye i Karubamba mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza yataburuwe ikaba izongera gushyingurwa mu cyubahiro tariki 25/05/2014.
Mu gihe hakomeza gushyirwa imbaraga mu gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu karere ka Kayonza hakomeje kugaragara ahantu hagiye jugunywa imibiri y’abazize iyo Jenoside, ku buryo bitashoboka kuyihavana ngo ishyingurwe mu cyubahiro.
Nyuma y’imyaka 20 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye mu Rwanda, mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza hari ibyobo byacukurwagamo amabuye y’agaciro mbere ya Jenoside byajugunywemo imibiri y’Abatutsi bazize iyo Jenoside none ubu byananiranye kuyikuramo.